Abanyeshuri 970 bazatangira Kaminuza umwaka utaha mu Karere ka Kamonyi, bahawe impamba y’ubumenyi ngiro mu bigo n’amashuri byigisha imyuga.
Imyambarire bamwe babona ko idahwitse ni ikibazo kidakunze kuvugwaho rumwe, kuko hari abasanga uko umuntu yambaye, cyane cyane ab’igitsina gore bambara imyenda migufi cyangwa ibahambiriye, hari abatabibonamo ikibazo, abandi bakabona ari amahano.
Ikipe ya APR FC yanganyije na Police FC 1-1 mu mukino ufungura umunsi wa 21 wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda wabereye kuri Kigali Pele Stadium, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Gashyantare 2026.
Iki cyumweru nagitangiriye mu mwanya mwiza cyane, kuko nakoreye akazi mu bantu bandi ku mutima, kuko nkunda gufasha(charity,compassion).
Mu myaka isaga 40 ishize, ababyeyi bo mu Karere ka Rusizi intara y’Uburengerazuba, babyaye umwana wa kane bamwita Niyibizi Consolatrice.
Mu myaka ya za 1990, Consolatrice Niyibizi yize amashuri abanza yose mu Kigo cya Gatagara, ariko arangiza nta mashuri yisumbuye y’Abafite ubumuga bwo kutabona yari ahari, nyamara na gahunda y’uburezi budaheza itarashinga imizi. Ibyo byatumye Niyibizi yicara ategereje ko haboneka ishuri rimwakira mu cyiciro gikurikiraho (…)
Amashuri ya Niyibizi Consolatrice ufite ubumuga bwo kutabona, yajemo amakoni menshi, n’ubwo bitamubujije gukomera ku nzozi ze. Guhera mu bibazo yagiriye muri Cameroun, ukajya ku byo gutegkwa kwiga ibyo atiyumvamo kuko nta mahitamo yandi yari afite, byageze no muri Kaminuza, bati hari ibisabwa utujuje.
Wari uzi ko inzuki zivoma amazi zikayatwara mu nda? Wari uzi ko uruyuki rugira amaso atanu? Wari uzi ko inzuki zishaje ari zo zikora isuku ku muzinga? Wari uzi ko inzuki zo mu mizinga itandukanye zibana ubuki? Twaganiriye na Naho Joseph, umworozi w’inzuki (umuvumvu) ubimazemo imyaka 22. Abikorera mu Murenge wa Gahengeri mu (…)
Abahanga mu by’imirire bavuga ko guha umwana utaragira umwaka amata y’inka bimutera uburwayi butandukanye burimo no kubura amaraso mu mikurire ye.
Ubuzima bwa kinyamwuga ku bafite ubumuga bwo kutabona ndetse n’abafite ubundi bumuga, buhora bukurura impaka nyinshi, cyane cyane zituruka ku batemera ubushobozi bwabo, bagatekereza ko batatanga umusaruro, batabishobora.
Mu gihe isiganwa mpuzamahanga ry’amagare rya Tour du Rwanda rikomeje gukura no gukundwa, n’ibirori biriherekeza bizwi nka Tour du Rwanda Festival bigiye kongera kugaruka ku nshuro ya kane, bikaba byitezweho gususurutsa abakunzi b’umuziki n’imyidagaduro hirya no hino mu gihugu.
Mu gihe isiganwa mpuzamahanga ry’amagare rya Tour du Rwanda rikomeje gukura no gukundwa, n’ibirori biriherekeza bizwi nka Tour du Rwanda Festival bigiye kongera kugaruka ku nshuro ya kane, bikaba byitezweho gususurutsa abakunzi b’umuziki n’imyidagaduro hirya no hino mu gihugu.
Iyi weekend irimo ibikorwa byinshi cyane. Hari ibitaramo bya muzika, ahantu ho gusohokera wamenyanira n’abantu bashya, imikino itandukanye, ibikorwa by’ubuhanzi, n’ahantu heza ho kwidagadurira n’umuryango wawe. Niba ushaka kubyina, kugerageza ibiryo bishya, gushyigikira ikipe ukunda, cyangwa kwicara gusa wishimira ibihe (…)
Itorero Inganzo Ngari riri mu myiteguro y’igitaramo gikomeye kizaba gishingiye ku kwizihiza imyaka 20 rimaz.
Umuraperikazi ukomeye w’Umunyamerika, Amala Ratna Zandile Dlamini, wamamaye mu ruhando rwa muzika nka Doja Cat, aritegura kuza kuririmbira i Kigali ku itariki 17 Werurwe 2026, mu gitaramo gikomeye kizwi nka ‘Move Afica’, kizabera muri BK Arena, akazahava yerekeza muri Afurika y’Epfo.
Nubwo ntawe ukwiriye kwishimira ibyago bya mugenzi we, Abanyarwanda ntibazibagirwa umwaka w’imikino wa 2025-2026. Ni umwaka wabahaye amahirwe adasanzwe yo kureba ku butaka bwabo umupira wo ku rwego rwo hejuru bari basanzwe babona kuri televiziyo gusa.
Koperative Duhuze Imbaraga Gatsibo, ihuriyemo impunzi z’Abanyekongo zicumbikiwe mu nkambi ya Nyabiheke iherereye muri ako Karere hamwe n’abaturage bo mu Karere ka Gatsibo, yujuje uruganda rufite agaciro ka Miliyoni 210 z’amafaranga y’u Rwanda.
Umukinnyi wa filime Eric William Dane, wamamaye cyane muri ’Euphoria’, ’Grey’s Anatomy’ ndetse na ’X-Men: The Last Stand’ yitabye Imana azize indwara yitwa Amyotrophic Lateral Sclerosis (ALS) itera gucika intege no kubura ubushobozi bwo kwigenza.
Mu ntangiriro z’iki cyumweru, hari bamwe mu baturage bagerageje kwishyura umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza, Mutuelle de Sante, abenshi bakunze kwita Mituweli y’umwaka utaha (2026-2027), ariko bakwinjira muri sisitemu bagasanga warazamuwe ku bwikube bw’inshuro hafi zirindwi.
Kimenyi Yves wabaye umunyezamu w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda n’amakipe arimo APR FC, Rayon Sports na Kiyovu yatangaje ko asezeye umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga kubera imvune ikomeye yagize mu myaka itatu ishize.
Mu gihe impaka ku burenganzira bw’abagore n’imiterere y’umuryango zikomeje gufata indi ntera muri Côte d’Ivoire, depite muto kurusha abandi mu Nteko Ishinga Amategeko, Naya Jarvis Zamblé, yatangije igitekerezo gikomeje kuvugisha benshi: kwemerera abagabo gushaka abagore benshi, bikandikwa mu mategeko.
Mu gihe Isi ikomeje kugaragaza impinduka mu iterambere ry’ikoranabuhanga cyane cyane iry’ubwenge buhangano (AI), imyigire n’imyigishirize na yo birasaba ko ihuzwa n’aho Isi irimo igana. Ibi bitera bamwe impungenge ku ireme ry’uburezi haba ku barimu ndetse n’abanyeshuri bifashisha ubwenge buhangano, abandi bakagira impungenge (…)
Umuhanzi Ngabo Richard uzwi cyane nka Kevin Kade, agiye kuririmba bwa mbere mu ruhererekane rw’ibitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival bigiye kuba ku nshuro ya 7.
Col Charles Sumanyi uherutse kugirwa Umushinjacyaha Mukuru wa Gisirikare yarahiriye kuzuza inshingano ze nk’uko ziteganywa n’amategeko ya Repubulika y’u Rwanda
Komite ishinzwe Politiki y’Ifaranga muri Banki Nkuru y’u Rwanda yafashe icyemezo cyo kuzamura igipimo cy’inyungu fatizo ho 0.50%, kigera kuri 7.25%, mu rwego rwo kugabanya igitutu cy’izamuka ry’ibiciro rikomeje kugaragara mu gihugu.
Shampiyona ya volleyball irabura iminsi micye igashyirwaho akadomo, amakipe ntarizera niba azakina imikino ya kamarampaka.
Kelia Ganza Umukunzi, ni umwana w’umukobwa w’impunzi zicumbikiwe mu nkambi ya Mahama, ufite inzozi zo kuzambika Perezida wa Repubulika Paul Kagame, mu gihe azaba arangije amashuri ye.
Intara y’Iburengerazuba igizwe ahanini n’imisozi miremire kandi ihanamye, bigatuma iyo imvura iguye hamanuka amazi menshi ndetse rimwe na rimwe agateza n’inkangu, bityo aho ayo mazi anyura akahateza imyuzure ihitana abantu n’ibintu, ari yo mpamvu y’uyu munshinga watangijwe wo gukumira ibyo byago.
Bimwe mu bibazo bibangamiye guteza imbere ubushakashatsi no guhanga udushya mu mashuri makuru na Kaminuza harimo kubura amafaranga yakwifashishwa muri ibyo bikorwa (financing) n’abashakashatsi badafite ubumenyi n’ubushobozi buhagije, umubare wabo na bo ukaba muto.
Kuva kuri uyu wa 18 Gashyantare, i Kigali hateraniye inama y’iminsi ibiri ihuza abayobozi bashinzwe imari mu bihugu bigize Umuryango w’Ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) igamije kurebera hamwe uburyo bwo gushakira amafaranga imishinga yo kurwanya imihindagurikire y’ibihe.
Patrick Habimana ni impunzi y’Umurundi, uri mu Rwanda guhera muri Gicurasi 2015, aho yageze nta kintu na kimwe afite, akakirwa na Leta y’u Rwanda kugeza igihe agerejwe mu nkambi ya Mahama.
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare Sempoma Felix yatangaje abakinnyi batanu bazaba bagize ikipe y’u Rwanda Isiganwa ry’Amagare rizenguruka u Rwanda rya 2026 rizatangira ku wa 22 Gashyantare 2026.
Ambasade y’u Rwanda mu Bwongereza yatangije umufasha w’ikoranabuhanga witwa ‘Nshuti’ ugamije gufasha Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda baba mu Bwongereza kubona serivisi z’ubujyanama no gusubizwa ibibazo byabo ku buryo bwihuse kandi bworoshye.
Igihugu cya Gabon kibicishije mu Rwego rukuru rwacyo rushinzwe Itumanaho (HAC), cyahagaritse ikoreshwa ry’imbuga nkoranyambaga zose ku butaka bw’iki gihugu mu gihe kitazwi.
Iterambere ry’Igihugu ryifuzwa ntiryagerwaho ibibazo byugarije imiryango bititaweho ngo bikemurwe. Iyi ni yo mpamvu mu Murenge wa Kicukiro mu Karere ka Kicukiro bateguye ubukangurambaga buzamara ibyumweru bitatu (kuva tariki 15/02 – 08/03/2026) bujyanye no gukemura ibibazo byugarije umuryango nyarwanda, by’umwihariko (…)
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Habimana Dominique, yifatanyije n’abaturage bo mu Kagari ka Nyakayenzi, mu Murenge wa Ngeruka, Akarere ka Bugesera, ahumuriza ababuze ababo bishwe n’inzoga zitujuje ubuzirange, zifatwa nk’ibiyobyabwenge.
Impunzi zicumbikiwe mu Rwanda, zishimira ko nubwo zikitwa impunzi kuko zitari mu gihugu cyabo cy’amavuko, ariko badahezwa, kuko ntaho imibereho yabo itandukanye n’iy’abenegihugu.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherezwa hanze, NAEB kiri kubaka ibigo bizajya byumishirizwamo umusaruro w’ibitunguru n’urusenda mu gukemura ikibazo cy’umusaruro wangirika.
Inama y’Umushyikirano yateraniye i Kigali ku nshuro ya 20 kuva tariki 05 kugeza tariki 06 Gashyantare 2026 iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yafatiwemo imyanzuro 12, harimo irebana n’ubukungu, imibereho myiza n’imiyoborere.
Ikipe ya Al Merreikh SC yatsinze Al Hilal SC ibitego 2-1 mu mukino w’ikirarane cy’ umunsi wa 15 gisoza imikino ibanza ya Rwanda Premier League, wabereye kuri stade Amahoro, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 Gashyantare 2026.
Komisiyo y’u Rwanda ishinzwe gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze mu ngabo, yakiriye intumwa z’Ihuriro ry’Abakozi riharanira Amahoro n’Ubwiyunge mu Karere k’Ibiyaga Bigari, zasuye ikigo cya Mutobo (Demobilization Centre) giherereye mu Karere ka Musanze.
Kuri uyu wa Kabiri kuri Kigali Pele Stadium hakiniwe imikino ibiri ibanza ya 1/8 cy’Igikombe cy’Amahoro, ikipe ya Police FC inganya na Gicumbi FC 1-1 mu gihe APR FC yatsinze Kiyovu Sports 2-0.
Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro guhanisha igihano cy’igifungo cy’imyaka itanu abantu batanu bakekwaho gusakaza amashusho agaragaza Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano ari gukora imibonano mpuzabitsina.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buraburira abaturage bawo ko hateganyijwe imvura nyinshi y’Itumba, bityo bagasabwa kwirinda kuko ishobora guteza ibiza.
Hashize imyaka umunani, abayobozi ba Afurika bashyigikiye igitekerezo kidasanzwe: ko umugabane ushobora gutangira kongera ubucuruzi hagati y’ibihugu byawo, ko abantu bashobora kujya mu mijyi itandukanye byoroshye hakoreshejwe indege, kandi ko Afurika yakwishyurira ibikorwa byayo idategereje inkunga z’amahanga.
Kuri uyu wa 16 Gashyantare, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yagarutse mu gihugu cye avuye mu nama ya Afurika yunze Ubumwe, aho yahawe umwanya wo kuyobora Inteko rusange y’uyu muryango muri uyu mwaka.
AMAFOTO - Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino w’abakinnyi beza muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (the 2026 NBA All-Star Game) wabereye i Los Angeles.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA) igaragaza ko mu myaka icumi ishize u Rwanda rwashyize ingufu mu gutunganya imihanda y’imigenderano yo mu cyaro, mu rwego rwo korohereza umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi kugera ku isoko.
Perezida Paul Kagame, yakiriye Adam Silver, Komiseri w’Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball muri Leta zunze Ubumwe za Amerika (NBA) ari kumwe hamwe na Mark Tatum, Umuyobozi Wungirije wa NBA, bagirana ibiganiro byibanze ku bufatanye bw’igihe kirekire u Rwanda rufitanye n’iri shyirahamwe rikomeye ku isi mu mukino wa Basketball.