Louise Mushikiwabo, Umunyamabanga mukuru w’umuryango OIF uhuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa yagiriraye uruzinduko i Vatican tariki 22 Ugushyingo 2021, rugamije kuganira ku mikoranire n’imigenderanire hagati ya OIF na Leta ya Vatican.
Umuturage wo mu Mudugudu wa Itolwa , mu Karere ka Chemba mu Ntara ya Dodoma, umugabo witwaga Juma w’imyaka 34 y’amavuko, yapfuye nyuma yo kwikata igitsina (ubugabo).
Minisiteri y’Uburezi (Mineduc) iratangaza ko muri gahunda yo gukingira abangavu n’ingimbi yatangirijwe muri Kigali ku wa Kabiri tariki 23 Ugushyingo 2021, abasaga ibihumbi 900 ari bo bagomba gukingirwa mu gihugu hose.
Mu mukino w’umunsi wa kane wa shampiyona wahuje ikipe ya APR FC na Rayon Sports, bamwe mu bafana bari mu byishimo mu gihe abandi byari agahinda
Abafana 15 b’umupira w’amaguru mu Rwanda bafunzwe bakekwaho guhimba ubutumwa bwemeza ko bapimwe COVID-19. Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu CP John Bosco Kabera yavuze ko abo bafana 15 bafunzwe bakekwaho guhimba ubwo butumwa bwemeza ko bisuzumishe COVID-19 kugira ngo babashe kwinjira muri sitade ya Kigali i Nyamirambo mu (...)
Kuba nta shuri ryigisha kuyobora Akarere, Umurenge, Akagari cyangwa Umudugudu, byatumye Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) itangiza gahunda izamara amezi atandatu yo kujya ihugura Abayobozi bose baherutse gutorwa.
Impuguke mu by’Ubukungu irasobanura impamvu amabanki y’ubucuruzi yungukira Banki Nkuru y’u Rwanda(BNR) amafaranga angana na 5% by’inguzanyo iba yayahaye, ariko abakiriya bajya gusaba inguzanyo muri ayo mabanki, bo bakayungukira arenze 18% by’amafaranga bahawe.
Umukozi w’Intara y’Iburasirazuba ushinzwe imiyoborere, Byukusenge Madeleine, avuga ko abakoze n’abatanze ibikoresho mu mirimo yo kubaka ibyumba by’amashuri bakishyuza amafaranga bakoreye bazishyurwa muri uyu mwaka w’ingengo y’imari.
Abatuye mu Mujyi wa Kigali baranenga abiba ibyapa ndetse bakangiza n’ibindi bikorwa remezo ku muhanda kuko bibasubiza inyuma mu iterambere. Bimwe mu byo bavuga bikunze kwibwa ni ibyapa biba biranga imihanda hamwe n’intsinga cyangwa ibindi bikoresho by’amashanyarazi bishyirwa ku muhanda mu rwego rwo kugira ngo (...)
Abaturage bo mu murenge wa Nyakabanda batuye mu kagari ka Munanira, Umudugudu wa Kigabiro bahangayikishijwe n’amafaranga y’amazi bacibwa ku ivomero rusange ry’abaturage badafite ubushobozi bwo kwizanira amazi mu ngo zabo.
Polisi ikorera mu Karere ka Rubavu tariki ya 22 Ugushyingo 2021 yafashe Manzi Christian w’imyaka 24 imufatana amafaranga y’u Rwanda Miliyoni 7 n’ibihumbi 953 n’amafaranga 500 yari yibwe umucuruzi witwa Ruvumba Fabrice w’imyaka 25. Manzi yafatiwe mu Murenge wa Gisenyi, Akagari ka Amahoro, Umudugudu wa Umunezero ari na ho (...)
Abangavu n’ingimbi bo mu Mujyi wa Kigali batangiye gukingirwa Covid-19 kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Ugushyingo 2021 basanzwe ku mashuri mu rwego rwo kurushaho guhangana no gukumira icyorezo.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 23 Ugushyingo 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 23, bakaba babonetse mu bipimo 9,207.
Uwahoze ari umukunzi wa Miss Josiane Mwiseneza yashyize ku mbuga nkoranyambaga amafoto amugaragaza ari kumwe n’umukobwa bivugwa ko yaba ari we barimo kwitegura kubana akaba yaramusimbuje Miss Josiane yari yarambitse impeta.
Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere(RGB) rwatangaje Igipimo cy’Iterambere ry’Itangazamakuru mu Rwanda kigaragaza ko Ibitangazamakuru n’abanyamakuru ubwabo, bagikeneye igishoro cy’ubumenyi n’amafaranga byabafasha gukora kinyamwuga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyarugenge hamwe n’abafatanyabikorwa, basabye abagize Inama Njyanama z’Imirenge batowe, guhindura imikorere bakegera abaturage kugira ngo ibibazo bafite birimo n’icyo kutumvikana n’abayobozi babo (hamwe na hamwe) bikemuke.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Ugushyingo 2021 Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yifashishije ikoranabuhanga, yitabiriye inama y’Umuryango w’Ubukungu COMESA yabaye ku nshuro ya 21.
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta, Dr. Ugirashebuja Emmanuel ari mu gihugu cya Turukiya aho yitabiriye inteko rusange ya 89 ihuza umuryango wa Polisi mpuzamahanga (Interpol). Iyi nama yatangiye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 23 Ugushyingo 2021.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije, arasaba abagize komite nyobozi y’Akarere ka Huye gushyira imbaraga mu kwihutisha gushyira mu bikorwa ibijyanye na gahunda Perezida wa Repubulika yiyemeje kuzageza ku Banyarwanda, mu myaka itatu isigaye ngo manda irangire.
Mu mukino wari utegerejwe na benshi wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, APR FC yahatsindiye Rayon Sports ibitego 2-1
Abayobozi bashya bagize Komite nyobozi y’akarere ka Muhanga baratangaza ko bagiye gufatanyiriza hamwe gukoresha ibyagezweho kugira ngo bateze imbere akarere.
Ubwo yarahiriraga kuzuza inshingano yatorewe hamwe n’abamwungirije, umuyobozi w’Akarere ka Burera Uwanyirigira Marie Chantal, mu byo yijeje abaturage harimo guca ruswa n’akarengane.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, arasaba abayobozi batowe muri komite nyobozi z’uturere tugize Intara y’Amajyepfo, gukorana neza n’itangazamakuru kugira ngo ibyiza bakora bimenyekane kandi ibitagenda neza bikosorwe ku gihe.
Binyuze muri Tombola, abanyamahirwe batatu bazafashwa kureba umukino wa shampiyona y’u Bwongereza uzahuza Arsenal na Manchester United tariki 23 Mata 2022.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Mbere tariki 22 Ugushyingo 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 15, bakaba babonetse mu bipimo 7,545.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi Dr. Gerardine Mukeshimana yasabye abayobozi batorewe kuyobora Akarere ka Nyagatare gukora mu buryo budasanzwe, bagakorana imbaraga n’ubwenge ndetse n’ubushobozi batizigamye kugira ngo babashe kugera ku ntego Igihugu cyiyemeje kuzaba cyagezeho mu mwaka wa 2024.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR-Inkotanyi, François Ngarambe, arasaba abagore bo mu muryango FPR-Inkotanyi kutaba ba mutarambirwa mu kurwanya ubwoko bwose bw’ihohoterwa rikorerwa abagore n’abana b’abakobwa.
Ikigo gishinzwe ibizamini bya Leta n’ubugenzuzi mu mashuri (NESA) gitangaza ko kimaze kwakira abanyeshuri bagera kuri 400 bakoze ibizamini bya Leta bisoza umwaka wa Gatandatu w’amashuri yisumbuye, bavuga ko batanyuzwe n’amanota babonye, mu gihe amanota yabo yatangajwe ku wa mbere w’icyumweru gishize.
Umukobwa witwa Sandra Nadege, umunyeshuri muri Kaminuza, yasohoye igitabo yanditse, akaba yaracyise ‘Light in the Dark’(Umucyo mu mwijima). Sandra avuga ko kwandika icyo gitabo ari ibintu byamugoye cyane, kuko ari igitabo kivuga ku buzima bwe kuva afite imyaka icyenda kugeza kuri cumi n’itandatu (9-16), kandi ngo (...)
Abantu 20 bafatiwe mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali bafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Rwezamenyo bakurikiranyweho gutwara ibinyabiziga banyoye ibisindisha.
Polisi ikorera mu Karere ka Nyanza, tariki 20 Ugushyingo 2021 yafashe uwitwa Hakizimana Jean Pierre w’imyaka 24 ucyekwaho kwiba Ruyenzi Jean Bosco w’imyaka 28 wari umukoresha we wo mu Mujyi wa Kigali. Yamwibye amadolari ya Amerika 800(800$). Hakizimana yafatiwe mu Murenge wa Mukingo, Akagari ka Mpanga, Umudugudu wa Kinyinya.
Kuri iki Cyumweru hafunguwe ku mugaragaro ikibuga cya Handball giherereye muri Kigali Arena, aho hanashimiwe abagize uruhare ry’umukino wa Handball
N’ubwo hari abahoze muri njyanama z’uturere bari bongeye kwiyamamaza mu matora yo muri uyu mwaka wa 2021, ababashije gutsinda ni bo bakeya, haba mu bajyanama rusange, mu bajyanama b’abagore 30%, ndetse no mu bajyanama bihariye bahagarariye abagore, urubyiruko, n’abafite ubumuga.
Mu kiganiro Umuhanzi Niyo Bosco aherutse kugirana na Isimbi TV, umunyamakuru yamusabye kugira icyo avuga ku byerekeye urukundo rwe, mbese ngo asangize abakunzi be inkuru y’urukundo rwe. Niyo Bosco yavuze ko inkuru y’urukundo rwe ari uko ari ntarwabayeho.
Nyabyenda Narcisse wamamaye cyane kubera gutoza itorero ry’ikinamico rya Radiyo Rwanda (Indamutsa), ubu ni umusaza ugeze mu zabukuru (imyaka 72). Yavukiye ahahoze ari muri komine Nshiri perefegitura ya Gikongoro, ubu ni mu karere ka Nyaruguru.
Ku wa Gatanu tariki 19 Ugushyingo 2021, Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro(RRA) cyashimiye abasora bo mu byiciro bitandukanye, mu muhango ngarukamwa wabaye ku nshuro ya 19, ukaba waritabiriwe n’Abayobozi Bakuru barimo na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.
Tariki 19 Ugushyingo 2021 uturere 27 mu gihugu twaraye tumenye abagize Komite Nyobozi nshya igiye kuyobora muri manda y’imyaka itanu. Muri ayo matora, hari umwihariko wagaragaye mu Ntara y’Amajyaruguru, aho mu bayobozi b’uturere batanu, umwe ari we wagarutse mu buyobozi, bane bakaba ari bashya muri izo nshingano zo (...)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 21 Ugushyingo 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 10, bakaba babonetse mu bipimo 14,839.
Mu kiganiro yagiranye n’Umunyamakuru wa Televiziyo Aljazeera mu mpera z’icyumweru gishize, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuze ku mubano w’u Rwanda na Uganda, icyo atekereza kuri opozisiyo hamwe n’ibijyanye no gukomeza kuyobora u Rwanda.
Inama y’Igihugu y’abana yateranye ku nshuro ya cumi na gatanu (15) ku wa Gatandatu tariki 20 Ugushyingo 2021, yari yitabiriwe n’abayobozi batandukanye ndetse n’abana bahagarariye abandi. Uretse abana bari kumwe n’abo bayobozi mu nama, hari n’abana bakurikiye ibyo biganiro bifashishije ikoranabuhanga bari hirya no hino mu (...)
Abizera b’itorero ry’Abadiventisiti b’umunsi wa Karindwi mu Rwanda bo mu Murenge wa Remera mu mujyi wa Kigali, barishimira kuba biyujurije urusengero rwuzuye rutwaye miliyoni 730 z’amafaranga y’u Rwanda.
Leta y’u Rwanda ku bufatanye na Leta y’u Budage iri kwiga inyigo y’umushinga w’uburyo amakuru y’imihindagurikire y’ikirere yarushaho kwegerezwa abaturage hagamijwe kubafasha kuzamura iterambere ry’ubuhinzi, hirindwa n’ibihombo baterwa no guhinga badafite amakuru ajyanye n’iteganyagihe.
Aba Ofisiye bo mu Ngabo z’u Rwanda, bari bamaze ibyumweru bibiri mu Kigo cy’Igihugu cy’Amahoro (Rwanda Peace Academy) bakarishya ubumenyi mu birebana no kuba Indorerezi mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye, ku wa Gatanu tariki 19 Ukwakira 2021, basoje amahugurwa, biyemeza kuba umusemburo mwiza muri bagenzi babo, yaba mu (...)
Perezida Paul Kagame, kuri iki Cyumweru tariki 21 Ugushyingo 2021 yitabiriye siporo rusange iba kabiri mu kwezi izwi nka ‘Car Free Day’.