Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwarekuye by’agateganyo abantu babiri muri 13 baregwa gukorana n’umutwe w’iterabwoba wa ADF ubarizwa mu ntara za Kivu y’Amajyaruguru na Ituri zo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagiriye uruzinduko mu Bufaransa, aho yakiriwe na mugenzi we, Emmanuel Macron, Perezida w’icyo gihugu, akaba yamwakiririye mu biro bye bya Champs Elysée.
Umuryango nyarwanda uharanira Iterambere ry’icyaro (RWARRI) utangaza ko umusaruro uzaboneka muri iki gihembwe cy’ihinga A uvuye ku bahinzi b’ibigori n’ibishyimbo bagera ku bihumbi 280, wamaze kubona isoko.
I BWIZA, ni filime ndende imara iminota 115 yanditswe inayoborwa ku bufatanye bwa Nahimana Clemence na Emmanuel Nturanyenabo, amashusho yayo afatwa na Sibomana Gilbert (One Hundred Pixels). Iyi filime yari imaze imyaka ibiri itunganywa, yerekanywe bwa mbere mu ruhame tariki 15 Ukuboza 2021 mu cyumba cya sinema cya Canal (...)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro burasaba abana b’abakobwa babyaye imburagihe gufatirana amahirwe bagize yo gufashwa, bakiyitaho n’abana babyaye.
Mu mpera z’icyumweru gishize mu Ntara y’Amajyepfo hebereye umunsi wa Kabili w’irushanwa ryiswe ‘Forzza Volleyball Tournament 2021’ mu turere twa Gisagara na Huye, ikipe ya Gisagara VC ikaba ikomeje kuyobora iryo rushanwa.
Ku itariki ya 13 Ukuboza 2021, abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye batangiye ibizamini bisoza igihembwe cya mbere, gusa hari bamwe batangarije Kigali Today ko hari amasomo bamaze igihembwe batize kubera ko batigeze babona abarimu.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije, yatangaje ko Abaturarwanda bose bagomba gufata urukingo rwa Covid-19 ku buryo n’abana b’imyaka itanu bazaruhabwa rukigera ku isoko.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) ari na rwo rufite ibijyanye n’ubukerarugendo mu nshingano, ruratangaza ko n’ubwo abantu bose baje mu Gihugu basabwa kuguma mu kato k’iminsi itatu ihwanye n’amasaha 72, atari ko bimeze ku basura Pariki z’Igihugu, kuko bo bapimwa gusa, basanga batanduye bakajya gusura.
Sosiyete y’u Rwanda y’ubwikorezi bwo mu kirere (RwandAir) yatangaje ko ku itariki ya 23 Ukuboza 2021 izasubukura ingendo zerekeza mu bihugu byo mu Majyepfo ya Afurika. Ni nyuma y’aho izi ngendo zari zasubitswe tariki 28 Ugushyingo kubera ubwandu bushya bwa Covid-19 bwiswe Omicron.
Abana basaga 1000 bo mu Karere ka Bugesera bahuguriwe kumenya bimwe mu bibangamira uburenganzira bwabo, binyuze mu matsinda y’abana bari bamazemo igihe cy’imyaka ibiri.
Imyigaragambyo ikomeye yadutse mu mujyi wa Goma, bikaba bivugwa ko yanaguyemo abantu babiri barimo umupolisi wambuwe imbunda agakubitwa n’insoresore zafunze imihanda.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, tariki 19 Ukuboza 2021, yabonanye na Perezida Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’ibiganiro byahuje Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi mu Bubiligi, bitegura inama izahuza iyi miryango yombi muri (...)
Mu Murenge wa Nyagisozi Mu Karere ka Nyanza ni hamwe mu hera cyane urutoki. Abahinzi barwo bavuga ko iyo ibihe byagenze neza iki gihingwa cyera cyane, ariko bakagaragaza imbogamizi zirimo ikibazo cy’uburwayi, ikibazo cy’isoko ry’umusaruro, ndetse n’ikibazo cy’uko urutoki ruri mu bihingwa bidatangirwa ubwishingizi.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, tariki 17 Ukuboza 2021 yari mu kibaya cya Bugarama mu Karere ka Rusizi aho yatangije igikorwa cyo guha abaturage ibyangombwa by’ubutubaka bigera ku 4,685 nyuma y’uko bari bamaze imyaka myinshi babisaba.
Nyuma y’amabwiriza yo gukumira icyorezo cya Covid-19 yatangajwe ku wa Gatanu tariki 17 Ukuboza 2021, hashingiwe ku isesengura ry’inzego z’ubuzima, Guverinoma yavuguruye ayo mabwiriza, hagamijwe kurushaho gukumira ikwirakwira rya Covid-19, cyane cyane muri iki gihe cy’iminsi mikuru.
Polisi ikorera mu Karere ka Nyanza, ku Cyumweru tariki ya 19 Ukuboza 2021 yafashe Hategekimana Joseph w’imyaka 36 na Uwimana François, bakaba bakurikiranyweho gukoresha ubutumwa buhimbano bugaragaza ko bipimishije icyorezo cya COVID-19.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 19 Ukuboza 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 169, bakaba babonetse mu bipimo 32,826.
Mu ijoro ryo kuri iki cyumweru tariki 19 Ukuboza 2021, Chorale de Kigali iri mu zikunzwe n’abatari bake yongeye gushimisha abantu ibinyujije mu gitaramo “Christmas Carols Concert 2021” yakoreye mu nyubako ya Kigali Arena.
Ikigo AstraZeneca cyakoze urukingo rwa Covid-19 kivuga ko kigiye gushyira ku isoko umuti witwa Evusheld wongerera umubiri ubudahangarwa ku cyorezo Covid-19, nyuma yo kubyemererwa n’Ikigo gishinzwe ibiribwa n’imiti cya Leta zunze Ubumwe za Amerika(USA) cyitwa FDA.
Abantu batandukanye usanga kuri ubu bakora bimwe mu byarangaga umuhango wo guterekera wakorwaga kera, harimo imigenzo itandukanye bakorera umuntu wapfuye. N’ubwo abenshi babikora mu rusirimu wenda babyise n’andi mazina ariko mu Kinyarwanda byitwa “Guterekera”.
Umukecuru witwa Nyirabikari Thérèse yatwitswe n’abantu batahise bamenyekana bimuviramo gupfa. Ibi byabereye mu Mudugudu wa Mubwiza, Akagari ka Bukinanyana mu Murenge wa Cyuve Akarere ka Musanze.
Nyuma yo kwirukana umutoza Eric Nshimiyimana n’umwungiriza we Mutarambirwa Djabil, AS Kigali yashyizeho Jimmy Mulisa wari umaze iminsi asezeye muri iyi kipe nk’umutoza.
Umuhanzi Patient Bizimana wamamaye mu ndirimbo zo guhimbaza Imana yasabye anakwa umukunzi we Uwera Karamira Gentille.
Perezida w’Inama y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi (EU), Charles Michel, yagiranye ibiganiro na Perezida Paul Kagame i Buruseli mu Bubiligi. Ni ibiganiro kandi byarimo Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo Félix Tshisekedi ari na we uyoboye Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe.
Nyombayire Faustin ni Padiri uzwiho ubuhanga bwo kuvuga mu ruhame agakurikirwa na benshi bemeza ko baryoherwa n’amagambo yuje ubuhanga akoresha mu mbwirwaruhame ze, akaba n’umuhanga ku rwego ruhanitse mu ndirimbo za Liturijiya. Avuga ko yabaye Padiri mu gihe ababyeyi be bari abayobozi bakuru mu idini gakondo.
Nyuma yo gutsindwa n’ikipe ya Rayon Sports ku wa Gatandatu tariki 18 Ukuboza 2021 mu mukino w’umunsi wa cyenda wa shampiyona ibitego 2-1, AS Kigali yafashe icyemezo cyo kwirukana umutoza wayo Eric Nshimiyimana n’umwungiriza we Mutarambirwa Djabil kubera umusaruro muke.
Ku wa Gatandatu tariki 18 Ukuboza 2021, hakinwaga imikino itatu y’umunsi wa cyenda wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda yaranzwe no gutsindwa kw’ibitego 2-1 ku mikino yose yabaye, amakipe yose yari yakiriye imikino atsindirwa mu rugo.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 18 Ukuboza 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 230, bakaba babonetse mu bipimo 33,530.
Bamwe mu bahanzi n’abacuranzi bacurangaga ahantu hatandukanye baganiriye na Kigali Today nyuma y’aho hafashwe ingamba zo guhagarika ibitaramo mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19.
Ubuyobozi bw’Ishuri ‘Path to Success’ riherereye mu Murenge wa Kigarama mu Karere ka Kicukiro, bwatangarije ababyeyi baharerera ko abana babiri bakoze impanuka ku wa Gatanu tariki 17 Ukuboza 2021 ari bazima n’ubwo babazwe byoroheje, kandi ko umushoferi wari utwaye imodoka abo bana barimo akomeje gushakishwa.
Umuhanzi ukorera ubuhanzi bwe mu Karere ka Musanze, unakunzwe cyane cyane muri ako gace, yashyize hanze indirimbo yitwa “Aramurika” yakoranye n’umunya-Uganda Raster JB.
Kuri uyu wa Gatandatu Tariki 18 Ukuboza 2021, Perezida Kagame yitabiriye inama ya gatatu y’ubufatanye hagati ya Afurika na Turukiya iri kubera muri Istanbul Congress Center. Ikiganiro cya mbere cyibanze ku mahirwe yo gushimangira ubufatanye bwa Afurika na Turukiya binyuze muri gahunda y’ibikorwa bihuriweho.
Mu gihe shampiyona igeze ku munsi wa cyenda, ikipe ya Rayon Sports mu mikino 8 imaze gukina yabonyemo amanota 12 kuri 24 amaze gukinirwa, Lomami Marcel uri gutoza iyi kipe yahumurije abakunzi bayo avuga ko hakiri kare.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byazamutse bikaba bitangira gushyirwa mu bikorwa guhera ku cyumweru tariki 19 Ukuboza 2021.
Ku wa Gatanu tariki 17 Ukuboza 2021 hakinwe imikino itatu ya mbere y’umunsi wa cyenda wa shampiyona y’icyiro cya mbere mu Rwanda yaranzwe n’intsizi ya mbere y’ikipe ya Gorilla FC.
Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byasohoye itangazo rikubiyemo ingamba nshya zigamije gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19 nyuma y’uko imibare y’abandura ikomeje kwiyongera. Izo ngamba ziratangira kubahirizwa mu gihugu hose guhera ku wa Mbere tariki ya 20 Ukuboza 2021, muri zo ngamba zafashwe harimo kuba ingendo (...)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 17 Ukuboza 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 153, bakaba babonetse mu bipimo 19,327.
Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Alfred Gasana, ku wa Gatanu tariki ya 17 Ukuboza 2021 yashimiye Polisi y’u Rwanda ku muhate n’ubushobozi mu kubumbatira umutekano no kugenzura iyubahirizwa ry’amategeko. Ibi yabivuze ubwo yatangizaga inama nkuru ya Polisi yabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru.
Mu Kagari ka Ruseke ho mu Murenge wa Ruramba mu Karere ka Nyaruguru, hari abahatuye bavuga ko intego yo gutera byibura ibiti bitatu by’imbuto yatanzwe na Minisitiri w’Intebe mu ntangiriro z’umwaka wa 2020 bo bayirengeje, ahubwo basigaye bashaka gutera icumi n’imisago.
Umukinnyi w’ikipe ya Rwanda Revenue Authority Volleyball Club n’ikipe y’igihugu witwa Ndagijimana Iris ashobora kumara uyu mwaka w’imikino atongeye kugaragara mu kibuga kubera ikibazo cy’imvune.
Umujyi wa Kigali ku bufatanye n’inzego zitandukanye, tariki 16 Ukuboza 2021 batashye irerero ry’abana bafite kuva ku mezi atatu kugera ku myaka itatu bafite ababyeyi bakora imirimo itandukanye mu Mujyi wa Kigali.
Imodoka yo mu bwoko bwa ’Coaster’ y’Ishuri ryigenga ryitwa ‘Path to Success’ riri ku Kimihurura, yasekuye igikamyo cy’abakora amatara yo ku muhanda cyari gihagaze mu muhanda witwa ’Poids Lourds’ kuri Sitasiyo y’ibikomoka kuri peteroli yitwa Engen i Kigali, abana bamwe barakomereka cyane.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yageze Istanbul mu gihugu cya Turukiya, aho yitabiriye inama y’ubufatanye hagati y’ibihugu bya Afurika na Turukiya.
Abaturiye inkambi y’impunzi ya Mugombwa mu Karere ka Gisagara, bifuza kugezwaho amazi meza kuko za kano zo mu kabande zisigaye zizana amazi makeya, bityo abatabasha kujya kuvoma mu nkambi yo ihoramo amazi, bakavoma ibirohwa byo mu kabande.
Rutahizamu Zlatan Ibrahimovic wakiniye amakipe atandukanye ubu akaba akinira ikipe ya Milan AC mu Butariyani, yasuye Papa Francis mu biro bye i Vatican tariki 14 Ukuboza 2021.