Ambasaderi w’u Rwanda muri Pologne, Prof. Shyaka Anastase, yagiranye ibiganiro n’itsinda ry’Abasenateri b’icyo gihugu, byari bigamije kuganira kuri gahunda z’ubufatanye mu bihe biri imbere.
Ikigo ‘Construck’ gishamikiye kuri sosiyete ya NPD (imwe mu bigize Crystal Ventures) cyamurikiye Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA) n’Umujyi wa Kigali, imashini 31 n’imodoka 30 zifashishwa mu bwubatsi bw’ibikorwa remezo.
Bill Gates w’imyaka 67, umwe mu bashinze ikigo cya Microsoft, ubu akanyamuneza ni kose, nyuma yo kubenguka Paula Hurd, uyu akaba ari umupfakazi wa Mark Hurd, wari umuyobozi w’ikigo cy’ikigo cy’ikoranabuhanga cya Oracle, wigeze no kuyobora Hewlett-Packard, akaba yaritabye Imana muri 2019.
Komisiyo y’Ubutabera n’Amahoro ya Arikidiyosezi ya Kigali, ku wa Kane tariki ya 09 Gashyantare 2023 yamuritse umushinga witwa ‘Ubumwe n’Ubudaheranwa’, uzakorera mu turere twa Nyarugenge, Rulindo na Gakenke, ukazafasha abatuye muri utwo turere komorana ibikomere bya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.
Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Nzirabatinya Modeste, avuga ko bagiye gushyira imbaraga mu gushaka abavuzi b’amatungo bigenga, ndetse aborozi bagire uruhare mu kubishakira hagamijwe kongera ubuvuzi bw’amatungo n’umukamo.
Abagenzi barasaba ko abashoferi bajya bakwa telefone mbere yo gutangira urugendo kuko ari imwe mu mpamvu zibarangaza bikabaviramo gukora impanuka zitwara ubuzima bw’abatari bake baba batwaye.
Imiryango 240 yo mu Mirenge ya Karangazi na Katabagemu ibana mu makimbirane, igiye gufashwa kuyavamo binyuze mu mushinga ‘BAHO’ wa RWAMREC ku bufatanye na Care International, hagamijwe kugira imiryango itekanye kandi iteye imbere.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zasabye abaturage bazo bari i Nairobi muri Kenya kuba maso kuko hari ibitero by’iterabwoba bishobora kwibasira uwo Mujyi wa Nairobi.
Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’u Burayi (EU), watangaje ko ugiye guha inkunga ya miliyoni 22 z’ama Euros (asaga Miliyari 25FRW) Inkambi y’Agateganyo y’Impunzi ya Gashora iri mu Karere ka Bugesera.
Kaminuza ya Mount Kenya tariki ya 9 Gashyantare 2023 yahaye Imbuto Foundation amafaranga angana na 36.750.000 Frw azakoreshwa mu bikorwa byo kurihirira abanyeshuri batishoboye bafashwa n’uyu muryango.
Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’umurimo, Rwanyindo Kayirangwa Fanfan, ubwo yafunguraga ku mugaragaro inama igamijwe kureba uko ibijyanye n’abakozi n’umurimo bihagaze mu Rwanda, yitabiriwe n’abahagarariye ibigo bitandukanye birimo ibya Leta n’ibyigenga, yasabye abakoresha kubahiriza amabwiriza arebana n’umurimo.
Urukiko ku rwego rwisumbuye rwa Nyarugenge tariki 09 Gashyantare 2023 rwaburanishije urubanza Ubushinjacyaha bukurikiranyemo umugore witwa Mukarusine Caritas wabyaye umwana akamwica akamutsindagira mu musarane. Ubushinjacyaha bwamusabiye igihano cy’igifungo cy’imyaka irindwi.
Umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana umaze kubaka izina, Prosper Nkomezi kuri ubu ugeze kure imyiteguro y’igitaramo azakorera i Huye, yatangaje ko azasangira urubyiniro n’itsinda rya Papi Clever na Dorcas na bo bamaze kwigarurira imitima ya benshi bakunda ibihangano byabo.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, ku wa Kane tariki ya 9 Gashyantare 2023 rwasubitse ku nshuro ya kabiri, urubanza rw’umugore ukurikiranyweho urupfu rw’umwana w’umukobwa w’imyaka itanu yari abereye mukase rwabaye mu ntangiriro za 2022.
Abaturage barasaba ko abakora irondo bahugurwa bakigishwa uko bagomba kubana nabo, kubera ko babahohotera cyane, rimwe na rimwe bikabaviramo kubura ubuzima kandi nta kosa ridasanzwe bakoze.
Kuri uyu wa Gatanu ikipe ya Kiyovu Sports izakina umukino w’umunsi wa 19 wa shampiyona na Rwamagana City idafite abafana kuri stade Muhanga ndetse na bamwe mu bakinnyi b’ingenzi.
Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Umuvunyi, Nirere Madeleine, abaturage baherutse kumugaragariza impungenge bakomeje guterwa n’amazu batuyemo, bavuga ko yenda kubahirimaho, biturutse ku kirombe gicukurwamo amabuye, cyabateye kuba mu manegeka; bagahamya ko nta gikozwe mu maguru mashya, ayo mazu ashobora kuzabahirimaho, (…)
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Muhanga, yafashe Umugabo wari ufite amadolari ya Amerika y’amiganano magana atandatu ($600) ubwo yari agiye kuyavunjisha agizwe n’inoti 12 za 50 ahwanye na 650,229Frw.
Delroy Chuck, Minisitiri w’ubutabera wa Jamaica yavuze ko ubu biteguye gutangira uburyo bwo kudakoresha impapuro mu nkiko ‘paperless court system’ muri uyu mwaka, aho bashobora kurebera ku Rwanda uko rubigenza.
Inama mpuzamahanga yiga ku bibazo by’Ubuzima ku rwego rwa Afurika (Africa Health Agenda International Conference - AHAIC) iteganyijwe kuva ku itariki ya 5 kugera ku ya 8 Werurwe 2023 ikazibanda ku mihindagurikire y’ikirere.
Mu ruzinduko rw’akazi arimo muri Mali, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’U Burusiya Sergey Lavrov, yatangaje ko igihugu cye kizakomeza gutanga inkunga yacyo mu gushyigikira igisirikare cya Mali.
Abamotari bari bagize Koperative COTAMON0-Ubumwe bakorera mu karere ka Musanze bari mu rujijo nyuma yo kubwirwa ko inzu yabo yagurishijwe miliyoni 86, bahamagawe ngo bagabane babwirwa ko hasigaye 7, maze buri wese ahabwa ibihumbi 10.
Abahinzi b’ibigori mu Karere ka Nyagatare barishimira ko igiciro cy’ibigori kiyongereye bagasaba abaguzi kucyubahiriza kuko hari igihe hari abunama ku bahinzi bakabagurira ku giciro kiri munsi y’icyagenwe.
Itorero rya ADEPR, ku bufatanye na Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, ryatangije urugendo rw’ubumwe n’ubudaheranwa mu Karere ka Huye, ku wa Kane tariki 08 Gashyantare 2023.
Abafite inzu z’ubucuruzi, zo muri Centre y’ubucuruzi ya Kivuye, baravuga ko amakaro bakomeje kuyafata nk’inkingi ya mwamba mu rugendo barimo, rwo kunoza isuku no kubaka ibiramba.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru, buratangaza ko bwamaze gushyikirizwa Miliyari 9 z’amafaranga y’u Rwanda azifashishwa mu gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi, ku buryo bitarenze umwaka utaha wa 2024, kutagira amashanyarazi muri ako Karere bizaba byabaye amateka.
Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula yavuze ko u Rwanda rukeneye nibura miliyoni 30 z’amadolari ya Amerika, ni ukuvuga agera hafi kuri miliyari 30Rwf kugira ngo rwagure imiyoboro ya murandasi mu duce tugera kuri 300 mu gihugu hose.
Mu Murenge wa Kivuruga mu Karere ka Gakenke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yagonganye na Ritco hakomereka abantu babiri. Iyo mpanuka yabaye mu ma saa kumi z’umugoroba wo ku wa Gatatu tariki 8 Gashyantare 2023, ubwo izi modoka zombi zari zigeze mu makorosi y’umuhanda wa kaburimbo mu Mudugudu wa Bigogwe, Akagari ka (…)
StarTimes ikomeje kudabagiza abafatabuguzi bayo bakunda imikino ibereka shampiyona zitandukanye zo mu Rwanda no hirya no hino ku isi binyuze kuri shene za Sports zitandukanye nka Magic Sports CH 265 na CH 251 ku bakoresha antene y’igisahani.
Mu gikorwa cyo gusangira n’abahagarariye ibihugu n’imiryango mpuzamahanga mu Rwanda cyabaye ku mugoroba tariki ya 8 Gashyantare 2023 i Kigali, Perezida Paul Kagame yabwiye abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga mu Rwanda ko bidakwiye gukomeza kurebera ibibazo bya Congo ku Rwanda kuko uruhare rwo kubikemura biri (…)
Ikipe ya Gasogi United yabaye ikipe ya kabiri itangaje ko itazitabira imikino y’igikombe cy’Amahoro cya 2023, aho yatangaje ko ari impamvu zitabaturutseho
Umutoza Jorge Paixao watoje Rayon Sports avuga ko iyi kipe izongera gufatirwa ibihano mu gihe yarenza tariki 14 Gashyantare 2023 itamwishyuye ariko yo ikavuga ko mu bujurire yatanze yahawe iminsi 45 kugira ngo hasohoke imyanzuro.
Perezida Paul Kagame yakiriye abambasaderi 14 baturutse mu bihugu bitandukanye none tariki ya 8 Gashyantare 2023, bamushyikiriza impapuro zibemerera guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare burasaba ababyeyi b’abana bigaga mu bigo by’amashuri biherutse guhagarikwa kubera gukora mu buryo butemewe ko bafatanya n’inzego z’ibanze mu gushakira abana babo ahandi bajya kwiga ba nyiri amashuri nabo bagasabwa gushaka ibyangomba no gukosora ibyo basabwe.
Kim Jong Un uyobora Koreya ya Ruguru yategetse igisirikare cye gukaza no kwagura imyitozo njyarugamba igamije kwitegura intambara hagamijwe gukomeza gushotora no kwereka ibihugu bituranyi ndetse na Amerika ko iki gihugu gifite intwaro.
Umuhanzi Nasseb Abdoul Juma wamamaye cyane nka Diamond Platnumz muri Tanzania, Afurika y’i Burasirazuba no ku Isi muri rusange, yamaze gutangaza ko agiye kwibaruka undi mwana muri uyu mwaka.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA), Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) hamwe n’Umujyi wa Kigali, byaburiye ibigo by’abikorera ko bizahanirwa kudaha abakozi babyo ibyo bemererwa n’amategeko.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Dr Uzziel Ndagijimana none tariki ya 8 Gashyantare 2023 yagejeje ku Nteko Ishinga Amategeko Umushinga w’Itegeko rihindura kandi ryuzuza Itegeko N° 019/2022 ryo kuwa 30 Kamena 2022 rigena Ingengo y’Imari ya Leta y’Umwaka wa 2022/2023.
Ishuri rikuru ry’Abaporotesitanti (PIASS) ryubatse inzu yubatse mu buryo irengera ibidukikije, ikazajya inigishirizwamo ibijyanye no kurengera ibidukikije. Icya mbere umuntu abona agitunguka kuri iyo nzu ni ibikoresho by’ikoranabuhanga bizwi nka ‘Panneaux’ bifata imirasire y’izuba biri ku rukuta rwose rw’uruhande rumwe. (…)
Abafite ubumuga bo mu Karere ka Muhanga barishimira iterambere bagezeho kubera umuryango RPF Inkotanyi, washyizeho politiki yo kutabaheza ahubwo nabo bagahabwa ijambo bakitabira ibikorwa byo kwiteza imbere.
Ku nshuro ya mbere mu Rwanda hateguwe igitaramo cyiswe ‘Kaze Rugamba’ cyibutsa ubumwe bw’Abanyarwanda n’Abarundi, guhera ku ngoma y’Abami na nyuma yaho, uburyo bahoze ari umwe ntawe ushobora kubameneramo.
Umugabo w’Umushinwa yatunguwe no kumenya ko hari amenyo y’umuntu yamwinjiye mu mubiri (mu isura) n’ubwo abaganga batahise babibona kuko yabimenye hashize iminsi agonganye n’umuntu barimo bakina umukino wa ‘basketball’.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prof. Ngabitsinze Jean Chrysostome, avuga ko Leta igiye gushyira imbaraga mu buhinzi bwa Soya hagamijwe kubonera umusaruro uruganda rwa Mount Meru Soyco rutunganya amavuta yo guteka muri Soya.
Perezida Paul Kagame ku wa Kabiri tariki ya 7 Gashyantare 2023 yakiriye mu biro bye, Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi y’Ikigo Mpuzamahanga gishinzwe inkingo (International Vaccine Institute,) George Bickerstaff, ari kumwe n’umuyobozi Mukuru w’iki Kigo Jerome Kim, hamwe n’itsinda bari kumwe, bagirana ibiganiro byibanze ku (…)
Abanyarwanda baturiye Umujyi wa Goma bongeye gusubukura ibikorwa byambukiranya umupaka nyuma y’uko imyigaragambyo yari yatangijwe n’urubyiruko mu mujyi wa Goma ihagaze mu bice bimwe.
Nyuma yo gutandukana n’ikipe ya CD Trofense yakiniraga muri Portugal, myugariro w’Umunyarwanda Mutsinzi Ange yasinyiye ikipe ya FK Jerv yo muri Norvège.
Umubiri wa Thomas Sankara wigeze kuba Perezida wa Burkina Faso ndetse na bagenzi 12 bicanywe muri ‘Coup d’Etat’ yabaye mu 1987, biteganyijwe ko izashyingurwa mu cyubahiro mu mpera z’uku kwezi kwa Gashyantare 2023.
Sena yasabye ko hakemurwa mu buryo bwihutirwa ibibazo bigituma abana bava mu ishuri ry’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 kuko imibare y’abata ishuri imaze kwiyongera.