Mu rwego rwo kugabanya iyangizwa ry’ikirere no kurengera ibidukikije, Leta y’u Rwanda yiyemeje kugabanya umubare w’abakoresha inkwi n’amakara mu guteka. Intego ni uko umwaka wa 2024 uzagera ingo zikoresha inkwi mu guteka zigeze nibura kuri 42% ndetse no mu mijyi ikoreshwa ry’amakara rigacika.
Mu rwego rwo kurandura ubukene bukabije mu Rwanda bitarenze umwaka wa 2024 binyuze muri gahunda zitandukanye zirimo iy’ingenzi izwi nka VUP (Vision Umurenge Program), Ikigo gishinzwe Guteza imbere Imishinga y’Inzego z’Ibanze(LODA) cyashyizeho ibigenderwaho (inkingi) byatuma abaturage bo mu ngo zifite amikoro make basezera (...)
Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko rw’akazi muri Repubulika ya Kisilamu ya Mauritania, kuri uyu wa Kane tariki 24 Gashyantare 2022, yasuye ishuri rikuru rya gisirikare rya G5 Sahel Defense College.
Mu gitondo cyo kuri uyu Kane tariki ya 24 Gashyantare 2022, Abasenateri umunani bo muri komisiyo y’Amahoro n’Umutekano muri Sena ya Zimbabwe, basuye Polisi y’u Rwanda maze bashima imikorere yayo.
Abayobozi b’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), bavuze ko ibihano byafatiwe u Burusiya kubera ibitero bwagabye kuri Ukraine, biziyongeraho gusaba isi yose gushyira icyo gihugu mu kato gakomeye.
Umuhanzi Eliazar Ndayisabye yasohoye indirimbo yise ‘Imana ni yo nkuru’, ashimira Imana irokora abantu mu bibazo byabo bitandukanye, kabone n’ubwo abantu baba bamaze kwiheba nta kindi cyizere bari bagifite.
Mutesi Jolly wabaye Miss Rwanda akaba ari mu bagize akanama nkemurampaka mu irushanwa rya Miss Rwanda 2022, yasobanuye iby’amarangamutima yagaragaje ubwo umukobwa witwa Divine Nshuti Muteto, yatambukaga imbere y’akanama nkemurampaka maze akavuga ku bwiza bwe.
Iki ni igihe cy’imbonekarimwe ku bakunzi b’imikino mu Rwanda, aho uzasanga abakunzi b’umukino wa Basketball umukino w’amagare, ndetse na Ruhago ari yo sports iyoboye isi kugeza ubu mu kugira abayikurikirana ari benshi.
Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson, abinyujije kuri Twitter, yavuze ko ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine ari akaga kagwiriye umugabane w’u Burayi.
Umunyarwanda Jean Claude Ntirenganya yasohotse ku rutonde rw’abantu 50 ku Isi bari kuzamuka cyane mu ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu bumenyi bw’Isi n’amakuru ndangahantu.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN), António Guterres, yagize Amb Valentine Rugwabiza intumwa ye yihariye muri Santrafurika.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko bugeze ku musozo w’imyiteguro yo kubaka Sitade mpuzamahanga izakira abantu ibihumbi 40 bicaye neza. Ni Sitade izaba iri ku rwego mpuzamahanga kuko izubakwa ku nkunga y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), mu rwego rwo guteza imbere umupira w’amaguru mu Rwanda no (...)
Ku wa 23 Gashyantare 2022, niho mu Murenge wa Gashora mu Karere ka Bugesera, ikiraro kiri mu gishyanga cya Kanyonyomba cyacitse kijyana n’abantu batatu, babiri bararokoka, undi aburirwa irengero.
Umufaransa Alexandre Geniez ukinira ikipe ya Total Direct Energies ni we wegukanye agace kahereye i Muhanga berekeza i Musanze, akoresheje amasaha 3h12’14".
Mu gihe isi yose ihanze amaso u Burasirazuba bw’u Burayi, aho intambara ikomeje gututumba hagati y’u Burusiya na Ukraine, turagaruka ku mateka ya Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, umugabo uzwiho kutavugirwamo ku birebana n’umutekano w’igihugu cye.
Abaturage b’Akarere ka Kayonza, cyane cyane abo mu mirenge y’icyaro bishimiye guhabwa serivisi z’ubuvuzi babasanze iwabo mu midugudu.
Abakobwa bahatanira ikamba rya Miss Rwanda 2022, barahamagarira Abanyarwanda bose ndetse n’abatuye u Rwanda bagejeje igihe, kwikiginza Covid-19 byuzuye kugira ngo barusheho kugira ubudahangarwa bw’umubiri, buhangana n’icyo cyorezo.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 24 Gashyantare 2022, Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin yanditse amateka, aho yatangije urugamba ku gihugu kirinzwe n’Ingabo z’ibihugu by’u Burayi na Amerika bigize Umuryango OTAN.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 23 Gashyantare 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 17, bakaba babonetse mu bipimo 10,702. Nta muntu witabye Imana mu Rwanda kuri uwo munsi azize COVID-19, abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize Covid-19 ni 1,457 nk’uko imibare yatangajwe (...)
Abarokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ahazwi nko kwa Gisimba mu Murenge wa Nyakabanda mu Mujyi wa Kigali, baramagana igitabo cyanditswe na Jean François Gisimba uzwi ku izina rya ‘Sukuma’ kivuga ku byahabereye.
Abagabo batatu b’Abanyafurika batawe muri yombi muri Algeria bazira kwiyoberanya, bakigira nk’abagore b’Abarabu kugira ngo babashe kugera i Dubai.
Kuri uyu wa Gatatu, Perezida Kagame yageze muri Repubulika ya Kisilamu ya Mauritania mu ruzinduko rw’akazi, ku kibuga cy’indege cya Nouakchott–Oumtounsy International Airport, yakiriwe na mugenzi we Mohamed Ould Cheikh Mohamed Ahmed Ould Ghazouani.
Mu mvura yaguye mu ma saa tatu z’igitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Gashyantare 2022, inkuba yakubise ishuri ryisumbuye rya Gihinga ihungabanya abana 14, bane muri bo byagizeho ingaruka cyane bahita bajyanwa mu bitaro bya Rutongo, aho barimo gukurikiranwa n’abaganga.
Dieudonné Niyodushima na Alexis Musabirema, ni abanyamakuru b’umwuga, ariko muri iyi minsi biyeguriye ubuhinzi kuva mu mwaka wa 2018. Bavuga ko babitangiye ari ukugerageza amahirwe none kuri ubu bageze ku rwego rwo kohereza toni zisaga ebyiri z’imiteja mu mahanga buri cyumweru.
Mu gihe hategerejwe umukino ukomeye uzahuza APR FC na Rayon Sports, uzaba kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 26 Gashyantare 2022, umutoza wa Rayon Sports Jorge Manuel da Silva Paixão Santos, we avuga ko ari umukino usanzwe.
Nyuma yo gufatirwa ibihano, Perezida w’u Burusiya Vladmir Putin yatangaje ko Leta ye igikinguriye amarembo ibiganiro bya dipolomasi hagati y’u Burusiya na OTAN kugira ngo ikibazo cy’intambara muri Ukraine gikemuke, ariko ko inyungu n’umutekano by’Abarusiya atari ibyo asaba (non négociables).
Polisi y’u Rwanda yongeye kwibutsa abatwara ibinyabiziga kwitwararika kugira ngo birinde impanuka muri ibi bihe by’imvura, kuko imihanda iba inyerera, ndetse hari n’ibihu bishobora kugora abatwara.
Kigali Today iherutse kubagezaho inkuru yavugaga ku mpanuka y’ubwato yabereye mu Kiyaga cya Ruhondo, aho abantu batanu bo mu Murenge wa Gashaki mu Karere ka Musanze, barohamye mu kiyaga cya Ruhondo babiri baburirwa irengero. Ibikorwa byo kubashakisha byahise bitangira ariko batinda kuboneka. Kuri uyu wa Gatatu tariki 23 (...)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu n’Umurenge wa Rugerero, batangiye ibikorwa by’umuganda byo guhagarika isuri iva ku musozi wa Rubavu.
Umunya-Afurika y’Epfo, Main Kent, ukinira ikipe ya ProTouch yo muri Afurika y’Epfo, ni we wegukanye agace ka kane kavaga i Kigali berekeza i Gicumbi
Ikigo gishinzwe gutegura irushanwa rya Nyampinga w’u Rwanda kiratangaza ko nta ruswa cyangwa kubogama biba muri iryo rushanwa nk’uko bikunze kuvugwa n’abanenga imitegurire yaryo.
Ikipe y’igihugu ya Basketball iri mu gihugu cya Sénégal, aho yagiye mu irushanwa ry’amajonjora yo guhatanira itike y’igikombe cy’isi kizaba umwaka utaha wa 2023, yatsinze Misiri mu mukino wa gishuti, amanota 75 kuri 67.
Nyuma y’imyaka myinshi abagore n’abakobwa bo muri Arabia Sawudite batemerewe kujya mu mirimo imwe n’imwe, icyo gihugu gitsimbaraye ku muco wacyo, ubu noneho cyabemereye gukora imirimo ubusanzwe yari igenewe abagabo.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 26 Gashyantare 2022, APR FC irakirwa na Rayon Sports mu mukino w’umunsi wa 19 wa shampiyona.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 22 Gashyantare 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 41, bakaba babonetse mu bipimo 11,153. Umuntu umwe yitabye Imana mu Rwanda kuri uwo munsi azize icyo cyorezo, akaba ari umugabo w’imyaka 72 i Karongi. Abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize (...)
Ni byinshi biba mu buzima n’imibereho y’inyamaswa, ariko bimwe ntitubimenye kuko tudakunze kuzibona kenshi. Kugira ngo zibeho ndetse zororoke, na zo zikenera guhura hagati yazo zigahuza ibitsina (gutera akabariro). Iziri muri aya mafoto zitwa inkomo, umunyamakuru ufotora wa Kigali Today akaba yaraziguye gitumo muri Pariki (...)
Kuva ku wa Mbere tariki ya 21 Gashyantare 202, intumwa za Polisi ya Malawi ziyobowe n’Umuyobozi wa Polisi wungirije ushinzwe imiyoborere, DIGP/A Merlyne Yolamu, bari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Perezida Paul Kagame hamwe n’abandi bayobozi batandukanye, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Gashyantare 2022, bakiriwe ku meza na mugenzi wabo wa Senegal Macky Sall nyuma yo gufungura ku mugaragaro Stade Olympique de Diamniadio.
Abasirikare bane batawe muri yombi ku kibuga cy’indege i Bangui bashinjwa gucura umugambi w’ubwicanyi, bakaba ari abo mu itsinda ry’abasirikare barinda Gen Stéphane Marchenoir ukuriye Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Santarafurika zizwi nka ‘MINUSCA’.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Gashyantare 2022, mu turere tugize Intara y’Amajyepfo, hose hatangijwe gahunda ‘Igitondo cy’isuku’, izajya ikorwa buri wa kabiri.
Kuri uyu wa Kabili tariki 22 Gashyantare 2022, Muri Sénégal mu muhango wo gutaha Stade Olympique de Diamniadio, hateganyijwe umukino uhuza abakinnyi b’ibihangange bakanyujijeho mu mupira w’amaguru bo muri Sénégal ndetse no kunmugabane wa Afurika muri rusange.
Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS), Dr Tedros Adhanom Gebreyesus, avuga ko harimo gukorwa imyanzuro isaga 200 igamije kurwanya icyorezo cya Covid-19, ikaba ishobora kuzemezwa n’ibihugu bigize isi muri Gicurasi uyu mwaka.
Umunyemari w’Umunyamerika akaba n’inshuti ikomeye y’u Rwanda, Joe Ritchie, yitabye Imana kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Gashyantare 2022, afite imyaka 75.
Ni ibihano biteganywa n’itegeko N° 010/2021 ryo ku wa 16/02/2021, rigena imitunganyirize y’Uburezi mu Rwanda.
Restrepo Jonatan Valencia ukinira ikipe ya Androni Giocattoli, ni we wegukanye agace katurutse i Kigali berekeza Rubavu, ahita anambara Maillot Jaune.
Abaturiye isoko rya Ndabanyurahe mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Musanze, babangamiwe n’ikimoteri cyuzuye imyanda kiri hagati y’ingo zabo n’utubare tugize iryo soko.
Nyuma y’urupfu rwa Professor Paul Farmer, wari impuguke mu bijyanye n’ubuvuzi, ndetse wagize uruhare rukomeye mu guhindura urwego rw’ubuzima mu Rwanda, Kaminuza ya Global Health Equity (UGHE) yashinze, yihanganishije cyane umuryango we, abo bakoranaga muri Partners in Health no mu muryango mugari wa UGHE.
Umukozi wo muri Laboratwari y’Ikigo nderabuzima cya Matimba, Renzaho Jean Bosco, ari mu maboko ya RIB Sitasiyo ya Matimba, akekwaho inyandiko mpimbano aho yahaye ibyemezo abantu bihamya ko batarwaye Covid-19 atabapimye.
Abafana b’ikipe ya Arsenal mu Rwanda bibumbiye mu itsinda rya RAFC (Rwanda Arsenal Fans Community), basuye ingoro y’amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu iherereye mu Karere ka Gicumbi, banakina umukino wa gicuti n’abasirikare bagize uruhare mu kubohora igihugu bakina mu ikipe ya Mulindi FC, banatanga mituweli ku (...)
Nyuma yo kwagurira mu muhanda amaresitora amwe y’i Nyamiramo mu Biryogo mu mwaka ushize, Umujyi wa Kigali watangaje ko umuhanda KG 18 Ave uzajya ufungwa ku binyabiziga, resitora n’utubari bibashe kwagurira imyanya y’abakiriya hanze mu muhanda.