Chadrack Rwirima w’imyaka 63, avuga ko nyuma yo kwicirwa abe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yanze guheranwa n’agahinda akiyemeza kwigira, byanatumye ajya kwiga amashuri yisumbuye afite imyaka 38, kuko yari yaravukijwe ayo mahirwe.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, yasabye abaturage muri ibi bihe byo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bakwiye kuba hafi abarokotse no kubafasha mu nzira yo kwiyubaka, aho kubabwira amagambo abakomeretsa kandi bigahera hasi mu Mudugudu.
Abarokokeye Jenoside mu mirenge inyuranye igize Akarere ka Rulindo, by’umwihariko mu Murenge wa Shyorongi na Rusiga, baremeza ko interahamwe yari yariyise Pirato yamaze benshi, hakaba hataranamenyekanye irengero ryayo.
Imodoka yari mu Mujyi wa Kigali hafi y’Isoko rya Nyarugenge ku muhanda unyura imbere yo kwa Nyirangarama, yafashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka, bikaba byabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 08 Mata 2023, ahagana saa cyenda.
Ukuriye Ibuka mu Karere ka Nyaruguru, Sylidio Habimana, avuga ko mu bikibangamiye abarokotse Jenoside b’i Nyaruguru, harimo kuba hari urubyiruko rwinshi rw’abashomeri, kuba hari abacikirije amashuri no kuba hari abahungabanye bakeneye gufashwa.
Umusore witwa Nshimiyumukiza John, bivugwa ko asanzwe yiga mu ishuri ry’ubumenyingiro rya UTAB, basanze yishwe, umurambo we umanitse ku gipangu.
Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda batuye muri Senegal, bibutse ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Iyo gahunda yabereye kuri ‘Place du Souvenir Africain’, ahafunguwe ku mugaragaro ahantu hagenewe kugaragaza amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi (hundred nights’ exhibition), hanasanzwe hari ikimenyetso cyo (…)
Ambasade y’u Rwanda muri Repubulika ya Congo, yateguye umuhango wo Kwibuka ku nshuro ya 29, Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, witabiriwe n’abasaga 230, ukaba wabaye i Brazzaville ku wa Gatanu tariki 7 Mata 2023.
Ubwo mu Rwanda hatangizwaga icyumweru cyo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu Karere ka Bugesera by’umwihariko mu Murenge wa Nyamata, cyatangijwe hibukwa abarenga ibihumbi 45 bishwe, bashyinguye mu rwibutso rwa Nyamata.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Muhanga yarashe igisambo cyari cyikoreye televiziyo kirapfa, kikaba cyari gifite n’ibikoresho cyifashisha mu kwiba birimo inkota na rasoro yo gucukura inzu.
Senateri Nsengiyumva Fulgence, avuga ko abari batuye mu Mutara bitwaga Abahima, ku buryo n’abakomoka mu bwoko bw’Abahutu, bageze ahandi mu Gihugu babwirwaga ko nta Muhima w’Umuhutu ubaho, iryo vangura ngo rikaba ryarabagizeho ingaruka zikomeye.
Tariki 7 Mata 1994 - tariki 7 Mata 2023, imyaka 29 irashize habaye amarorerwa, ibirenze ukwemera, ibigoye gusobanura no kuvuga mu magambo. Ese tuzi iki kuri uku kuri kwageze ku rwego rwo guhitana ubuzima bw’abasaga miliyoni, uko kuri kutari kwarigeze kubonerwa izina mu rurimi urwo ari rwo rwose mbere ya Raphaël LEMKIN mu 1943?
Umuryango Ibuka ukomeje gusaba abatarahigwaga mu 1994, kwerekana ahashyizwe imibiri y’abarenga 342 bo miryango 59 yazimye, biciwe mu Kagari ka Gasagara mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo.
Umusore witwa Ndayizeye Valens wo mu Kagari ka Kamisave, Umurenge wa Remera mu Karere ka Musanze, yagwiriwe n’igiti yarimo atema ahita apfa. Uwo musore yarimo atema icyo giti ari kumwe na nyina na we warimo akurura umugozi bari bakiziritse, ngo yabonye kiri hafi kugwa asanga nyina agira ngo amufashe kugikurura ngo (…)
Mu muhango wo gutangiza icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi, wabereye mu Karere ka Musanze, Guverineri Nyirarugero yibukije abaturage gukomera ku ndangagaciro z’ubumwe baharanira kurwanya ikibi n’ingengabitekerezo ya Jenoside, kuko biri mu by’ingenzi bikenewe mu rugendo Abanyarwanda barimo rwo (…)
Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, imibare itangwa n’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda (NPPA) igaragaza ko hari abakekwaho ibyaha bya Jenoside barenga 1000 bakidegembya hirya no hino ku isi.
Mwizerwa Eric watanze ubuhamya mu gutangiza kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu muhango wabereye ku rwibuto rwa Kigali ruri ku Gisozi, yavuze ibihe bigoye yanyuzemo, asobanura uko byamusabye kubeshya abari bagiye kumwica ko ari Umuhutu, ku bw’amahirwe ararokoka.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana, yagaragaje ko ibyo Umuryango w’Abibumbye wiyemeje mu kurwanya Ingengabitekerezo ya Jenoside bitaragerwaho.
Mu butumwa Madamu Jeannette Kagame yanditse ku mbuga nkoranyambaga mu rwego rwo kwifatanya n’Abanyarwanda n’Isi muri rusange kwibuka ku nshuro ya 29, Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Madamu Jeannette Kagame, yagarutse ku gisobanuro ndetse n’akamaro ko kwibuka.
Ijambo Umukuru w’Igihugu yavuze atangiza icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu wa Gatanu tariki 07 Mata 2023, Perezida Paul Kagame yahisemo gukoresha Icyongereza, kugira ngo ubutumwa yari afite bubashe kumvwa n’umuryango mpuzamahanga hatagombeye ubusemuzi.
Perezida Paul Kagame ageza ijambo ku bitabiriye ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, yavuze ko Abanyarwanda batazigera bongera kwemera icyo ari cyo cyose cyagerageza kubacamo ibice.
Mu gihe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 7 Mata 2023 hatangiye icyumweru cyo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994,ikipe ya Arsenal yatanze ubutumwa bwo kwitanya n’Abanyarwanda muri ibi bihe.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 7 Mata 2023, Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame, batangije Icyumweru cy’Icyunamo n’iminsi ijana yo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi, uyu muhango ukaba wabereye ku rwibutso rwa Kigali ruherereye ku Gisozi mu Karere ka Gasabo.
Abagize Umuryango Ireme Education for Social Impact (IESI), biganjemo abavuka mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, by’umwihariko bize ku ishuri ribanza rya Nyabirehe, abaturage babashimira imishinga irimo iy’ubuhinzi n’ubworozi, ibikorwa remezo nk’amazi meza, amashanyarazi ndetse n’ikoranabuhanga bakomeje kubegereza (…)
Muri ibi bihe Abanyarwanda n’Isi muri rusange binjiye mu cyumweru cy’icyunamo, Umunyabamanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, yasabye abatuye Isi guhaguruka bakarwanya ikibi.
Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, barifuza ko umuturage witwa Bosco w’umunya-Tanzania yashyirwa mu barinzi b’Igihango, kuko yemeye ko mu butaka bwe hubakwamo urwibutso rw’Abatutsi bishwe muri Jenoside, ndetse akanakomeza ibikorwa byo kurukorera isuku.
Urubyiruko rwiganjemo urwiga muri Kaminuza i Huye, ruvuga ko rwasanze bidakwiye ko abantu bamira bunguri ibinyuze mu itangazamakuru byose.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burashishikariza abaturage bafite imishinga ishobora kubyara inyungu rusange, kwitegura kurushanwa kunononsora izaterwa inkunga na Leta, kugira ngo ifashe guha akazi abaturage.
Mu gihe Abanyarwanda n’Isi muri rusange bibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, urubyiruko rwo mu Mirenge igize Akarere ka Gakenke rumaze iminsi rufatanya mu bikorwa byo gusukura ibice ndangamateka ya Jenoside harimo n’inzibutso ziruhukiyemo imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu (…)
Umuyobozi wa Kaminuza y’u Rwanda, Dr Didace Kayihura, yatangaje ko hari impinduka zitandukanye ziteganyijwe muri iyo Kaminuza ayoboye, harimo kuba hari amashami amwe agiye kwimurirwa mu Karere ka Huye, hanyuma aho yigiraga hakazasigara higira abo mu cyiciro cya gatatu cya Kaminuza.
Ku gicamunsi cyo ku wa Kane tariki ya 6 Mata 2023 muri Village Urugwiro, Perezida Paul Kagame yakiriye Urška Klakočar Zupančič, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Slovenia n’intumwa ayoboye, bagirana ibiganiro ku guteza imbere ubufatanye mu nzego zinyuranye hagati y’u Rwanda n’icyo gihugu, mu nyungu z’abaturage.
Mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, haravugwa abajura bakomeje kwiba abaturage ku manywa y’ihangu bitwaje imbwa. Mu gitondo cyo ku wa Kane tariki ya 06 Mata 2023, abaturage bo mu Mudugudu wa Karunyura mu Kagari ka Kabeza mu Murenge wa Cyuve bafashe abasore batatu bari bashumurije imbwa abana basanze mu rugo, maze abo (…)
Kuri uyu wa Gatanu tariki 07 Mata 2023, mu Rwanda hatangiye icyumweru cy’icyunamo, mu rwego rwo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Lisanne Ntayombya kuri uyu wa 6 Mata 2023, yagizwe Umuyobozi Mukuru wungirije ushinzwe Porotokole ya Leta muri Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda.
Ikigo cy’u Rwanda gikora ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir, cyasinyanye amasezerano na Sosiyete ikomeye y’ubwikorezi bwo mu kirere yo muri Turukiya, Turkish Airlines, yo gusangira ibyerekezo ibyo bigo bikoreramo ku Isi.
Uwimana Jeannette wabaye Miss Innovation mu irushanwa rya Miss Rwanda 2022, ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, agaragaza ko abagore n’abakobwa bafite ubu bumuga bajya bahura n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, harimo gufatwa ku ngufu hitwajwe ko batazabona uko batanga ikirego mu rukiko, kubera ko abahakora batazi ururimi (…)
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), yatangaje ko mu ngamba Igihugu gifite zo kongera umusaruro, harimo no guhagarika igabanuka ry’ubuso bw’ubutaka bwagenewe guhinga.
Ubuyobozi bukuru bwa Koperative Muganga SACCO, buratangaza ko bitarenze muri uyu mwaka abanyamuryango batangira gukoresha amakarita mpuzamahanga yo kubitsa no kubikuza, mu rwego rwo kuborohereza igihe bari mu mahanga.
Abahinzi ba kawa mu Karere ka Gatsibo, bavuga ko kuyigeza ku ruganda bakimara kuyisoroma byongereye ubwiza bwayo, ariko n’umusaruro uriyongera kubera kwishimira isoko.
Polisi ikorera ahitwa Shinyanga muri Tanzania, yatangaje ko hari abantu babiri bapfuye mu buryo butandukanye harimo umugabo umwe wishwe utahise amenyekana imyirondoro ye wishwe n’abaturage bamushinja kwiba ibigori bibisi mu murima.
Abakobwa 25 bigishijwe ikoranabuhanga mu gihe cy’amezi atandatu na Kaminuza Gatolika y‘u Rwanda, bavuga ko batangira kwiga batumvaga ko bazabishobora, none barangije bafite imishinga.
Abashoramari bo muri Kenya bakorera mu Rwanda, bashimiwe uruhare rwabo mu guteza imbere ishoramari ry’ibihugu byombi, basabwa gukomeza guhesha agaciro igihugu cyabo.
Umukino wo kwishyura wa 1/8 mu gikombe cy’Amahoro hagati ya Rayon Sports n’Intare FC washyizwe tariki 19 Mata 2023.
Umuryango utuye mu Kagari ka Kibuguzo, Umurenge wa Shingiro mu Karere ka Musanze, uratabariza umwana wawo w’imyaka itandatu, wafashwe n’indwara idasanzwe ku itako, ababyeyi be baramuvuza kugeza ubwo ubushobozi bari bafite bubashiranye adakize.
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Slovenia, Urska Klakocar Zupancic, avuga ko amateka ashaririye u Rwanda rwanyuzemo ariko rukabasha kwiyubaka, aribyo byatumye icyo gihugu cyifuza kugirana umubano ukomeye n’u Rwanda.
Perezida William Ruto ubwo yari mu ruzinduko rwe ku munsi wa kabiri mu Rwanda ku wa Gatatu tariki ya 5 Mata 2023 mu Karere ka Bugesera mu mujyi wa Nyamata yishimiye urugwiro yakiranywe n’abaturageakanasangira na bo.