Kuri uyu wa Gatatu hakinwe imikino itatu ibanza ya 1/4 mu gikombe cy’Amahoro Kiyovu Sports itsindirwa i Ngoma, APR FC itsinda Marine FC.
Nyuma y’uko uko mu Murenge wa Cyeza, Akagari ka Kivumu Umudugudu wa Musengo, hatoraguwe umurambo w’umwarimu wigisha muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyagatare, amakuru avuga ko bamwe mu bamwishe batangiye gutabwa muri yombi, ndetse batanga n’amakuru ku kagambane kabaye ngo yicwe.
Donald Trump wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yitabye urukiko, nk’uko byagarutsweho n’ibinyamakuru bitandukanye byo hirya no hino ku Isi. Ni ubwa mbere mu mateka, umuntu wayoboye Leta zunze ubumwe za Amerika ahamagajwe mu rukiko ku byaha byamufungisha (criminal defendant).
Umuhanzi Stromae ufite inkomoko mu Rwanda akagira ubwenegihugu bw’Ababiligi, yasubitse ibitaramo byinshi yagombaga gukora ku mugabane w’u Burayi, avuga ko akeneye kwita ku buzima bwe.
Mu ma saa saba zo kuri uyu wa Gatatu itariki ya 05 Mata 2023, ikamyo yakoze impanuka igwirira inzu irimo abantu Imana ikinga akaboko, gusa bahise bajyanwa mu bitaro ngo bakurikiranwe.
Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko rwe mu Rwanda, Perezida wa Kenya William Ruto, ari kumwe na Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 5 Mata 2023, basuye ishuri rikuru ry’ubuhinzi butangiza ibidukikije, Rwanda Institute for Conservation Agriculture (RICA), riri mu Karere ka Bugesera mu murenge wa Gashora, Akagali ka (…)
Umwana na nyina bahurijwe mu Majyepfo ya Turukiya, nyuma y’uko ibipimo bya ADN byemeje ko uwo mwana w’umukobwa ari uw’uwo mubyeyi.
Komisiyo y’ubujurire ya FERWAFA yaraye itangaje umwanzuro ku kirego cyari cyatanzwe n’Intare FC yasabaga ko ikipe ya Rayon Sports iterwa mpaga
Muri Kenya, umugore utwite witwa Sabina Mwamidi n’abana be batatu, biravugwa ko bapfuye nyuma y’uko inzu babagamo itwawe n’imyuzure, ahitwa Mwatate muri icyo gihugu.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), isaba abantu bose bazategura ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, gufata amashusho n’amajwi y’ubuhamya buzatangwa.
Abagize Urwego rwunganira Akarere mu gucunga umutekano (DASSO) ntirugarukira mu gucunga umutekano gusa, ahubwo rugaragara no mu bikorwa bindi by’iterambere nko kubakira abatishoboye no kuboroza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko abaturage bangirijwe n’uruganda ruzakora sima rwa Anjia Prefabrication Ltd, bazishyurwa bitarenze ukwezi kwa Mata 2023 kuko bamaze kubarirwa imitungo yabo.
Perezida wa Kenya William Ruto mu biganiro yagiranye n’abiga muri Kaminuza ya Carnegie Mellon, yasabye abanyeshuri biga muri iyi Kaminuza kwiga bagamije kuzahanga imirimo aho kwiga bagamije gushaka akazi.
Raporo y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO), yagaragaje ko umuntu umwe muri batandatu (1/6), hirya no hino ku Isi, aba yarigeze guhura n’ikibazo cy’ubugumba mu buzima bwe, ibyo ngo bikaba bivuze ko hari byinshi bikeneye gukorwa mu rwego rwo kugira ubuvuzi bwiza bufasha abafite ikibazo cy’ubugumba, (…)
Perezida William Ruto uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, ari kumwe na Perezida Kagame bagiranye ikiganiro n’abanyamakuru basubiza ibibazo bitandukanye, yaba ibireba u Rwanda, ibireba Kenya ndetse na bimwe mu bireba Umuryango w’Ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba (AEC), aho avuga ko hakiri inzitizi mu kwambukiranya imipaka (…)
Ku wa Kabiri tariki 04 Mata 2023, ku cyicaro gikuru cya FPR-Inkotanyi i Rusororo, habereye umuhango w’ihererekanyabubasha hagati y’Umunyamabanga mukuru w’ishyaka ucyuye igihe, Hon François Ngarambe na Hon Wellars Gasamagera wamusimbuye kuri uyu mwanya.
Abahinzi bibumbiye muri Koperative COPARWAMU na IABM zihinga igigori zikanatubura imbuto zabyo, baratangaza ko imihindagurikire y’ikirere yatumye batagera ku musaruro bifuza, kuko izuba ryavuye mu gihembwe cy’ihinga 2023A, ryatumue ibangurira ry’ibigori ritagenda neza.
Mu kiganiro bagiranye n’itangazamakuru, Perezida William Ruto wa Kenya uri mu ruzinduko mu Rwanda na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, bavuze ko Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) uzabona igisubizo cy’ikibazo cy’umutekano muke urangwa mu Burasirazuba bw’Igihugu cya Congo.
Padiri Mukuru wa Paruwasi Shyorongi mu karere ka Rulindo Jean Pierre Rushigajiki uzwi ku izina ryo kuva mu bwana rya ‘Pierrot’ ari na ryo akoresha no mu buhanzi, yasohoye indirimbo yise “Yobora Intambwe zanjye” igamije kwigisha Uburyo abantu badakwiye kwigenga muri ubu buzima ahubwo ko bakwiye kwegera Imana ndetse no (…)
Abatuye mu Karere ka Bugesera baravuga ko kuba ako karere katarabona igishushanyo mbonera, byahagaritse imirimo myinshi ifitiye abaturage akamaro, ndetse n’iterambere ry’Umujyi wa Nyamata, kubera ko hari ibyo batemerewe gukora mu gihe cyose kitaraboneka.
Nyuma y’impaka n’inama zitandukanye, byemejwe ko ikipe ya Rayon Sports igomba gukina n’Intare FC umukino wo kwishyura mu gikombe cy’Amahoro
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko kuva muri Kamena kugera Ukuboza 2022, abangavu 904 nibo bamenyekanye batewe inda z’imburagihe harimo 02 bari munsi y’imyaka 14.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yashyizeho uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga rw’agateganyo rukozwe mu buryo bw’ikoranabuhanga ruzajya rutangwa binyuze ku rubuga Irembo.
Mutsinzi Antoine wavutse mu 1978, wamaze guhabwa inshingano z’Ubuyobozi Nshingwabikorwa bw’Akarere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, avuga ko n’ubwo yatunguwe no guhabwa izo nshingano, ngo yashimishijwe n’icyo cyizere yagiriwe.
Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Edouard yatangarije inteko y’Abadepite n’Abasenateri ko leta yashyizeho ikigega cya Miliyoni 350 z’amadorali kizafasha abahinzi n’aborozi kubona inguzanyo ku nyungu ya 8% mu gihe cy’imyaka 5.
Aborojwe inkoko mu mushinga wo guteza imbere ubworozi bw’amatungo magufi n’ibiyakomokaho ari wo PRISM, bavuga ko basanze inkoko ari itungo ryazamura uryoroye, abyitwayemo neza.
Abagize komite z’ibihugu bigize umuryango w’isoko rusange w’ibihugu byo mu karere ka Afurika yo hagati n’iy’iburasirazuba (COMESA), baravuga ko kuba mu miryango itandukanye kw’ibihugu ari kimwe mu bituma hari inzitizi mu bucuruzi.
Ku muhanda Musanze-Rubavu hafi y’Umurenge wa Busogo, mu Kagari ka Gisesero mu Karere ka Musanze, habonetse umurambo w’umusaza wo muri ako gace.
Perezida wa Kenya yamaze kugera mu Rwanda, mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri.
Dr. Delphine Abijuru, komiseri mu Muryango utoza abagore kujya mu myanya ifata ibyemezo (Leadership women network), avuga ko umuntu ubaho nta ntego akenshi yisanga arimo gufasha abandi kugera ku zabo.
Bamwe mu Banyarwanda baba muri Mozambique bahaye Urwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize (RSSB) Amadolari ya Amerika (USD) 20,594 (asaga miliyoni 22 z’Amanyarwanda (Frw), akaba yagenewe kunganira gahunda y’Ubwisungane mu kwivuza (Mituelle de Santé).
Abaturage bo mu Mirenge itandukanye yo mu Karere ka Musanze, kuri ubu bari mu gihombo batewe n’ibiza byatewe n’amazi y’imvura nyinshi yahaguye ibangiriza ibyabo.
Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, ubwo yagezaga ku Nteko rusange y’imitwe yombi yInteko Ishinga Amategeko, ku wa Mbere tariki ya 3 Mata 2023, gahunda zijyanye no kongera umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, yavuze ko abantu badakwiye gutinga gushora imari mu buhinzi n’ubworozi kuko Amadovize Igihugu cyinjije, (…)
Umugore witwa Ingabire Claudine hamwe n’umugabo we batwawe n’amazi y’umugezi witwa Kabwa, ugabanya imidugudu ya Musaga na Karambo mu Murenge wa Kinyababa mu Karere ka Burera, baburirwa irengero.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, avuga ko tariki ya 28 Mata 2023, ari bwo hazatahwa ku mugaragaro urwibutso rushya rw’Akarere, rwuzuye rutwaye Miliyoni 900.
Abahinzi b’umuceri bo mu Karere ka Nyagatare bemeza ko kuba amakoperative y’abahinzi b’umuceri yarahawe ubushobozi bwo kwituburira imbuto ari intabwe ikomeye yatewe, kuko bituma ubuhinzi bwihuta cyane ko basigaye babonera imbuto hafi yabo kandi ku gihe.
Gukoresha igikakarubamba bigira akamaro mu buryo butandukanye, yaba ku bijyanye no kwita ku ruhu cg kwita ku misatsi.
Polisi mu Ntara y’Amajyepfo irahumuriza abaturage kudakurwa umutima n’ibikorwa by’ubwicanyi n’urugomo, mu gihe kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorwe Abatutsi byegereje.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu yasohoye amabwiriza mashya agenga uko ibikorwa n’imihango yo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 izakorwa.
Mukarusine Claudine, umukobwa ufite ubumuga bw’uruhu, avuga ko nyuma yo kugaragara mu mashusho y’indirimbo ‘igitekerezo’ ya King James byahinduye abenshi mu bateshaga agaciro abafite ubumuga.
Incamake y’amateka ya minisitiri w’umutekano mu Bwongereza Suella Braverman wagize isabukuru kuri uyu wa mbere tariki 03 Mata.
Bamwe mu bangavu batewe inda mu Ntara y’Amajyaruguru, bavuga ko bigaruriye icyizere cy’ubuzima bari baratakaje nyuma y’uko bafashijwe na Réseau des Femmes yabasubije mu ishuri ibahugurira no kuzigama, ihugura n’ababyeyi bari barirukanye abana, bagarurwa mu miryango.
Mu gihugu cya Tanzania, ahitwa Arusha, abantu babiri barimo umuvuzi gakondo witwa Mbwana Makamba, bahanishijwe igihano cyo kwicwa nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica umwana w’imyaka ine, witwa Samira Said, nyuma bakamuca imyanya ndangagitsina ye bakayijyana.
Buri munsi dufata amafunguro atandukanye, hakabamo amwe dushobora kuba tuzi ko arushya urwungano ngongozi, n’andi dushobora kuba tutabizi, kandi nyamara no mu biribwa by’umwimerere (bitanyuze mu nganda), habamo ibishobora kunaniza igogora bigatera kumerwa nabi mu nda (gutumba, kugira ikirungurira no kubura amahwemo).
Abana b’abakobwa biga amasomo y’ubumenyi n’ikoranabuhanga mu mashuri yisumbuye, bashishikarizwa kuyakunda ku buryo n’igihe cyo gukomeza kaminuza bajya batinyukira kuyiga, mu rwego rwo gushimangira umusanzu wabo mu kubaka Isi yubakiye ku bumenyi, ikoranabuhanga n’imibare.
Minisitiri w’Umutekano mu Bwongereza, Suella Braverman, yashimangiye ko u Rwanda rufite umutekano uhagije urwemerera kwakira abimukira.
Perezida Kagame Paul avuga ko ashingiye ku cyizere abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bamugirira, bamutora kubabera umuyobozi, bituma yumva abafitiye umwenda.
Minisitiri w’Urubyuruko, Utumatwishima Abadallah, yagaragaje uburyo u Rwanda rutanga amahirwe mu buyobozi bw’Igihugu kuri buri wese, avuga uburyo yagizwe Minisitiri w’urubyiruko asanzwe ari muganga, mu gihe mu bindi bihugu kujya mu nzego nkuru z’ubuyobozi uri umuganga bifatwa nk’ikizira.
Senateri Mureshyankwano Marie Rose avuga ko yatangajwe no guhunguka ava mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yagera mu Rwanda ntibamusabe indangamuntu ndetse agasanga mu byangombwa biranga Abanyarwanda nta bwoko burimo.