Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi mu Murenge wa Nyamabuye bagabiye inka ebyiri imiryango ibiri y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi itishoboye, mu rwego rwo gukomeza gufata mu mugongo abarokotse mu gihe cy’iminsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Inama Njyanama y’Umurenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro imaze umwaka itoye umwanzuro wo gutera igiti no kubaka iriba cyangwa se ivomo, byombi byitiriwe amahoro, aho kizira ko umuntu yahabwirira mugenzi we nabi.
Imiryango 36 yari ituye ahitwa ku Gitaka, mu mbibe z’Umudugudu wa Nyakabuye mu Kagari ka Cyabayaga Umurenge wa Nyagatare ndetse n’Umudugudu wa Kajumo Akagari ka Mbare Umurenge wa Karangazi, barasaba ubuyobozi kubasubiza ibibanza bahoranye bakongera kubyubakamo nyamara ubuyobozi bukavuga ko bahimuwe mu rwego rwo kubahiriza (…)
Inteko y’Umuco yahawe inshingano zo gukurikirana no gutegura irushanwa rya Miss Rwanda, yatangaje ko hari gutekerezwa uko ryasubukurwa rigashingira ku gukosora amakosa yarigaragayemo.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo-Rwanda), kivuga ko ibihe by’izuba (Impeshyi) byatangiye, n’ubwo muri iki gice cya kabiri cy’ukwezi kwa Kamena 2023 (kuva tariki ya 11 kugeza tariki ya 20) hari aho imvura irimo kugwa.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera yamenyesheje abatazabasha kwitabira ibizamini ku matariki mashya bahawe bafite impamvu zumvikana, ko bazaba banemerewe kuzakora ku matariki bahawe mbere. Bagasabwa gusa kuzamenyesha impamvu batakoze ikizamini bakoresheje imeyili ([email protected]) cyangwa, (…)
N’ubwo kugeza ubu indwara ya kanseri hataramenyekana ikiyitera abaganga bemeza ko hari ibiribwa umuntu akwiye kwirinda bikamufasha kuba atarwara iyi ndwara.
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC), Prof. Claude Mambo Muvunyi, ahamagarira abaturage kurandura amakimbirane mu miryango, bagashyira imbere imibanire myiza kuko mu gihe byitaweho abagize urugo babona uko bajya inama, z’uburyo bwo kwita ku mirire bikarinda abana kugwingira.
Abahanga mu by’amateka bavuga ko mu Rwanda inyito y’amazina by’ahantu ziba zifite aho byakomotse mu bihe byo hambere bikaba ari yo mpamvu usanga ibice bitandukanye by’igihugu bifite amazina atandukanye.
Imiryango iheruka gusenyerwa n’ibiza yo mu Karere ka Gakenke, iravuga ko ubufasha Leta ikomeje kubagezaho, bukomeje kubagarurira icyizere cyo kongera kwiyubaka; aho ngo bizeye ko bidatinze ubuzima buzongera kuba nk’uko bwahoze mbere.
Mu Karere ka Musanze haravugwa inyamaswa yitwa ‘Igitera’, ishobora kuba yatorotse Pariki ya Gishwati, ikaba ikomeje kubangamira ituze n’umutekano w’abaturage, aho bagenda bafite ubwoba kuko hari n’abo ihutaza.
Abarokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi Mata 1994, i Rugarama mu Karere ka Kirehe, barasaba abandi baharokokeye ariko nyuma ya Jenoside bakajya gutura ahandi kuhagaruka bagafatanya mu iterambere kuko uretse kubatera irungu ngo n’icyo bahatinyaga cyarangiye kandi kitazongera kuhaba ukundi.
Umugore witwa Miriam Wesonga yafashwe n’inzego z’umutekano nyuma y’uko hari umuturage wamubonye yiruka ahunga kandi yaravuzweho kuba yaribye umwana muri Werurwe 2023.
Kuva i Nyamirambo ahitwa kuri ERP werekeza i Mageragere, mu rugendo rwa kilometero nk’ebyiri mbere yo kugera ahitwa Rwarutabura, ibinyabiziga bibanza gucurika mu ikorosi riri ku mucyamo w’agasozi gahanamye, ahitwa Kubibati.
Polisi y’u Rwanda yasabye abantu bose bafite ibinyabiziga byafatiwe mu makosa atandukanye kujya kubitora aho bifungiye ku cyicaro gikuru cya Polisi Kacyiru bitarenze tariki 20 Kamena 2023, uzarenza iyo tariki ikinyabiziga cye kikazatezwa cyamunara.
Umuvunyi mukuru wungirije ushinzwe gukumira no kurinda akarengane, Yankurije Odette, yasabye abayobozi mu Karere ka Nyagatare, gushishikariza abaturage gukemura ibibazo mu bwumvikane aho kugana inkiko, kuko bibatesha umwanya n’ubushobozi ndetse hakaba n’ubwumvikane bucye na bagenzi babo.
Maze igihe kitari kinini cyane ariko na none kitari gito kuri iyi si, ariko hari ibyo njya mbona bikanyobera. Umuntu agira atya akavuka atarabihisemo, akabyarwa n’ababyeyi atahisemo, akavukira mu gihugu atahisemo akaza ari igitsina atahisemo, akavuka ari umwera, umwirabura, umwarabu cyangwa uw’uruhu rujya gusa n’umuhondo (…)
Nyiramatabaro Jeanne D’Arc utuye mu murenge wa Gakenke mu karere ka Gakenke, yavuze uburyo yatabawe n’Inkotanyi nyuma y’uko Interahamwe zari zasiganiye kumwica.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi ikomeje imyitozo kuri Kigali Pele Stadium yitegura Mozambique, aho kugeza ubu yiyongereyemo Uwimana Noe na Mutsinzi Ange bakina hanze y’u Rwanda
Kuri uyu wa Mbere ikipe ya Kiyovu Sports yatangaje ko yasinyishije Petros Koukouras ukomoka mu Bugereki nk’umutoza mukuru mushya.
Perezida w’umutwe w’Abadepite, Mukabalisa Donatille, ku wa Mbere tariki ya 12 Kamena 2023 yagiranye ibiganiro n’intumwa zaturutse mu Nteko Ishinga Amategeko ya Zimbabwe, baganira ku birebana n’ingengo y’imari u Rwanda rugenera urwego rw’Ubuzima ndetse n’uko bishyirwa mu bikorwa.
Itsinda ry’abanyeshuri 20 bo mu Ishuri rya gisirikare ry’i Hamburg mu Budage, bari mu rugendo mu Rwanda rwatangiye kuva ku ya 10 rukazageza ku ya 17 Kamena 2023.
Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), ku wa Mbere tariki 12 Kamena 2023, yatangaje ko yakiriye ku nshuro ya 14 itsinda rigizwe n’abantu 134, bifuza ubuhungiro bavuye ahanini mu Ihembe rya Afurika.
Ku Cyumweru tariki 11 Kamena 2023, Igihugu cya Malawi cyohereje mu Rwanda Theoneste Niyongira uzwi ku izina rya Kanyoni, ukurikiranyweho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu cyahoze ari Komine Ndora i Butare, ubu ni mu Karere ka Gisagara mu Ntara y’Amajyepfo.
Silvio Berlusconi, wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani yitabye Imana kuri uyu wa Mbere tariki 12 Kamena 2023, afite imyaka 86 y’amavuko, umugabo uvugwaho kuba yaravuguruye cyane politiki y’u Butaliyani.
Kuri uyu wa Mbere, ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda ryatangaje ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2023-2024 uzatangizwa n’umukino w’abakeba.
Muri uyu mwaka wa 2023 ukiri mu gihembwe cyawo cya kabiri, nibura Abanyarwanda batatu bamaze gushyirwa mu nshingano zikomeye ku rwego rw’Isi. Ni inshingano zitandukanye ariko zatanzwe hagendewe ku buryo abashyizwe muri iyi myanya bitwaye mu nshingano bari bafite imbere mu Gihugu.
Umuhanzi Burna Boy ukomoka muri Nigeria, yahaye impano y’umukufi ukoze muri Diyama igihangange akaba n’umunyabigwi mu mupira w’amaguru, Thierry Henry, wakiniye ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa na Arsenal.
Umunyamideri Moses Turahirwa wamamaye nka Moshions mu ruganda rw’Imyidagaduro cyane cyane mu ruhando rw’imideri yatakambiye urukiko asaba ko arekurwa agakurikiranwa ari hanze kuko ari gucikanwa n’amasomo yicyiciro cya gatatu cya Kaminuza.
Hari igihe umuntu aba yifuza serivisi zijyanye n’ubutaka, ubuzima, gusora, kureba niba hari ibihano afite muri Polisi n’ibindi, agakora ingendo ndende agana inzego zibishinzwe, nyamara hari uburyo yakanda kuri telefone bigakemuka atavuye aho ari.
Ku Cyumweru tariki 11 Kamena 2023, mu Ntara y’Amajyepfo mu Karere ka Huye mu Iseminari nto yo ku Karubanda (Petit Seminaire Virgo Fidelis), hasojwe irushanwa ryo kwibuka Alphonse Rutsindura wari umwarimu n’umutoza wa Volleyball muri iryo shuri, wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Ibigo by’amashuri bisaga 900 byarafunzwe kubera ikibazo cy’umutekano mukeya mu gace Tillabéri mu Majyepfo y’u Burengerazuba bwa Niger.
Abarokotse Jenoside bo mu itorero ry’Ababatisita (UEBR), i Huye, bifuza ko bagenzi babo basangiye ukwemera bakoze Jenoside baca bugufi bakabasaba imbabazi, kuko batekereza ko byabafasha gukira ibikomere bafite ku mutima.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Ruhango basanga mu gihe cyo kwibuka, hakwiye no kugarukwa ku mazina amwe y’abari bayoboye Jenoside kugira ngo hakomeze kugaragazwa ukuri kwayo.
Abakiri batoya barashishikarizwa kujya basura ishyinguranyandiko kandi bakagira umuco wo gusoma kugira ngo bagire uruhare mu kuzuza ahakiri icyuho mu makuru.
Urukiko rwo mu Karere ka Iringa, rwahanishije igihano cyo gufungwa burundu no kwishyura amande y’Amashilingi Miliyoni eshanu ya Tanzania, umugabo witwa Method Muhimba w’imyaka 33, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gufata ku ngufu umwana w’imyaka icumi (10), wiga mu mwaka wa Gatanu w’amashuri abanza.
Abaturage basaga 200 bari batuye mu Midugudu ya Nshuli mu Murenge wa Rwempasha n’uwa Rwinyemera mu Murenge wa Karangazi, batangiye guhabwa ibyangombwa by’ubutaka bamaze imyaka isaga 10 batuyemo.
Mu minsi ishize, umwe mu bacuruzi bafite ahantu hacururizwa ikawa yo kunywa mu Rwanda, yahuye n’ikibazo cyahungabanyije ubucuruzi bwe ku buryo n’ubu butarongera gusubira ku rwego bwari buriho.
Abantu 10 bari bavuye mu bukwe baguye mu mpanuka y’imodoka ya bisi bari barimo yagonze ‘rond-point’, Polisi ikaba yatangaje ko umushoferi yatawe muri yombi kuri uyu wa mbere.
Komisiyo y’ubujurire y’amatora ya FERWAFA yatangaje imyanzuro ku bakandida bajuriye, yemeza ko ubujurire bwa Gacinya Chance Denis ari bwo bwonyine bufite ishingiro
Amwe mu mateka y’inyito z’ahantu usanga asobanura ibintu biba byarabayeho kera ariko abantu benshi ntibamenye inkomoko yabyo. Uyu munsi tugiye kubagezaho inkomoko y’insigamigani “Guta inyuma ya Huye” hamwe n’amateka y’ibisi bya Huye.
Kuri uyu wa Mbere, Umuhanga mu guhanga imideri, Turahirwa Moses yitabye urukiko aho agiye kuburana ubujurire yatanze ku cyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge cyo kumufunga iminsi 30 y’agateganyo.
Ubushakashatsi bwagaragaje ko kunywa umutobe (jus) wa beterave, bifasha mu guhangana n’indwara z’umutima, ndetse bunasaba abarwayi bazo ko bajya bawunywa buri munsi.
Ibiro by’umurenge wa Shyira ni imwe mu nyubako zasenywe n’ibiza byibasiye akarere ka Nyabihu, tumwe mu turere tunyuranye tugize Intara y’Iburengerazuba hamwe n’iy’Amajyaruguru.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe buvuga ko ahitwa mu Dusego mu Murenge wa Gasaka, mu Karere ka Nyamagabe hagiye gukatwa ibibanza, hakazubakwa inzu zimeze kimwe, zijyanye n’umujyi.
Mu Karere ka Rubavu abagera ku 5000 basenyewe n’ibiza bari mu nkambi ku ma site atandukanye, mu rwego rwo kwita ku mikurire myiza y’umwana, ku mafunguro y’abana n’abagore batwite hariyongeraho igi.
Mu Bushinwa, umugabo yirukanywe n’umukoresha we kubera ko yamaraga umwanya munini cyane mu bwiherero, kandi ari mu masaha y’akazi, aho bivugwa ko yajyaga mu bwiherero akamaramo igihe kiri hagati y’iminota 47 n’amasaha atandatu (6).
Ku Cyumweru tariki 11 Kamena 2023, mu umuhango wo gutambagiza Isakaramentu ritagatifu, umukirisitu umwe yavuze ko igituma abikora ndetse atabisiba, ari uko bimuha ibyishimo kuri uwo munsi ndetse no mu buzima bwe bwa buri munsi.
Polisi y’ahitwa Osun muri Nigeria, yafashe umujura wiba za telefone uzwi cyane ku izina rya Saheed Abioye, ariko bakunda kwita ‘Anini’, nyuma yo kwiba telefone 10 z’abakirisitu mu rusengero nyuma agahita arusinziriramo.
Abafite ubumuga barasaba ko barushaho kwegerezwa insimburangingo n’inyunganirangingo, ku buryo babibonera ku rwego rw’Akarere kandi ku bwisungane mu kwivuza (Mituweli), kuko ahenshi bazibona bibahenze.