Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda (MINAGRI) tariki 15 Kamena 2023 yatangaje amabwiriza mashya ajyanye n’ubucuruzi bwa Kawa yemerera abahinzi bayo kugurisha umusaruro aho bashaka hose.
Ku Cyumweru tariki ya 18 Kamena, Amavubi azakira Mozambique mu mukino asabwa gutsinda kugira ngo agume mu rugendo rwo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika 2023 - 2024.
Mu mezi ya mbere nyuma y’uko umwana avutse ( kuva avutse kugeza ku mezi atatu), amara amasaha menshi y’umunsi asinziriye, aho ashobora gusinzira amasaha agera kuri 18 ku munsi, kuko ngo ashobora gusinzira amasaha 3-4 icyarimwe nk’uko bivugwa n’inzobere mu bijyanye n’ubuzima n’imibereho by’abana batoya.
Abakoze b’uruganda rwa Rubaya Tea Factory ruherereye mu Murenge wa Muhanda mu Karere ka Ngororero, ku wa Kane tariki 15 Kamena 2023, bibutse abari abakozi b’urwo ruganda n’abandi bari baruhungiyemo, ariko barahicirwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umuhanzi Hakizimana Amani ukoresha izina ry’ubuhanzi rya Ama-G The Black yatangaje ko impamvu yise Album y’indirimbo ze ‘Ibishingwe’ ari ukugira ngo agaragaze ko hari ibintu bidahabwa agaciro kandi bigafite.
Ku nshuro ya mbere i Kigali mu Rwanda hagiye guhurira ibihangange mu muziki ku Mugabane wa Afurika, bizahurira mu Iserukiramuco rizwi nka ‘Giants of Africa Festival’.
Mu kiganiro aherutse kugirana na Million Dollaz Worth Of Game ku ya 12 Kamena 2023, umuhanzi David Adedeji Adeleke cyangwa se Davido yavuze ku ko buri munsi ahorana akababaro kenshi nyuma y’urupfu rw’umuhungu we w’imfura.
Ku wa 15 Kamena 2023, Ambasade y’u Rwanda mu Bushinwa yitabiriye umuhango wo gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri 22 b’Abanyarwanda, baminuje mu Ishuri ry’Ubucuruzi rya Alibaba (Alibaba Business School), ryo muri Kaminuza ya Hangzhou Normal University iri mu Bushinwa.
Umwana w’umukobwa w’umunyeshuri uherutse gufotorwa yicaye iruhande rw’umuhanda yigira ku matara yo ku muhanda, yahawe amashanyarazi azajya yigiraho iwabo mu rugo atekanye.
Ku wa Kane tariki 15 Kamena 2023, mu Ishuri Rikuru rya Polisi (National Police College) riherereye i Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru, hatangiye inama y’iminsi ibiri yiga ku Mahoro, Umutekano n’Ubutabera (Symposium on Peace, Security and Justice).
Abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ka Ruhango (JADF) n’ubuyobozi bw’Akarere, baravuga ko biyemeje gushyira hamwe bakareba uko umuturage yungukira mu bikorwa bihuriweho n’izo nzego, hagamijwe gukemura ibibazo byugarije imibereho myiza y’abaturage.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, yagejeje ku Nteko Ishinga Amategeko Umushinga w’Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2023-2024 irenga miliyari 5,030 na miliyoni 100Frw, ikaba yariyongereho miliyari 265 na miliyoni 300Frw ugereranyije n’uyu mwaka wa 2022-2023 urimo kurangira.
Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC) mu kwizihiza Umunsi mpuzamahanga wo gutanga amaraso wabereye mu karere ka Rwamagana tariki ya 14 Kamena 2023 cyahaye Ikimenyetso cy’ishimwe (Certificat) Mukagahiza Immaculee na Mureganshuro Faustin kubera gutanga amaraso inshuro nyinshi mu ntara y’Uburasirazuba.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rubavu bwemeje ko hari umusore warashwe na Polisi y’u Rwanda mu ijoro rya tariki 14 Kamena 2023, aho yari amaze gutega abantu babiri abambura telefoni n’amafaranga.
Umuryango mpuzamahanga wita ku bafite ubumuga (Humanity&Inclusion/HI), uvuga ko imyumvire no kutagira ubumenyi kw’abatanga serivisi bikomeje gutuma abafite ubumuga bahezwa mu burezi, mu buzima no mu mirimo yabateza imbere.
Umuryango mpuzamahanga wita ku bidukikije ARCOS ugiye gushora miliyoni zirenga 500 z’amafaranga y’u Rwanda mu guhangana n’ibibazo byangiza ibinyabuzima byo mu kiyaga cya Kivu mu turere twa Karongi na Rutsiro.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwarekuye by’agateganyo Turahirwa Moïse washinze inzu y’imideli ya Moshions, akaba akurikiranyweho ibyaha byo gukoresha ibiyobyabwenge no gukora inyandiko mpimbano.
Inkuru icukumbuye yakozwe na BBC, igaragaza ko abantu bahunga bava muri Afghanistan bashimutwa bakanakorerwa iyicarubozo n’udutsiko tw’abagizi ba nabi baba bari ku mupaka uhuza Iran na Turkey.
Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, rwaburanishije imiryango isaga 200, ku kirego cyo kutagira ibyangombwa by’irangamimerere byatwikiwe mu biro by’izahoze ari Komini Mushubati, Buringa na Nyakabanda mu ntambara y’abacengezi mu myaka ya 1997-1998.
Mu rubanza rwa Hategekimana Philippe uzwi nka Biguma, kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Kamena, humviswe umutangabuhamya warangije igihano cye nyuma yo kwemera ko yikoreye isanduku yarimo amasasu yicishijwe Abatutsi bari barahungiye kuri Isar-Songa mu 1994.
Umuhanzikazi w’Umunyamerika, Beyoncé Giselle Knowles-Carter, ukomeje kuzenguruka u Burayi mu bitaramo bigamije kumenyekanisha Album ye nshya aheruka gusohora yise ‘Renaissance’, ubwo aheruka muri Suède yateje izamuka ry’ibiciro ku isoko.
Umuyobozi wungirije w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiturire (Rwanda Housing Authority) Nsanzineza Noel yavuze ko ibibazo isoko rya Gisenyi rifite uyu munsi, byatewe no kuba ryaratangiye kubakwa ridafite icyangombwa ndetse no kudakorerwa ubugenzuzi buhagije, bigatuma imyubakire yaryo itangira idakurikije ibisabwa ku nyubako (…)
Imiryango 3000 idafite ubushobozi, yasenyewe inzu n’ibiza byibasiye tumwe mu turere tw’Intara y’Iburengerazuba n’Amajyaruguru muri Gicurasi 2023, igiye kubakirwa.
Musenyeri w’Itorero Angilikani ry’u Rwanda, akaba n’umuyobozi w’Umuryango uharanira gukurikiza ibyo Bibiliya yigisha, GAFCON, Laurent Mbanda yatangaje ko itorero abereye umuyobozi ritazigera rinyuranya n’amahame ya Bibiliya ngo rigendere mu buyobe ndetse ko ritazemera umuntu uribera umuyobozi kandi ari mu nzira itari iyo (…)
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko mu mpera z’uyu mwaka uruganda rukora imiti n’inkingo rwa BioNTech, ruzaba rwatangiye gukora kuko abashoramari babonetse. Ni uruganda rwitezweho kuba ikigega Nyafurika mu bijyanye n’imiti n’inkingo, ruherutse kwemezwa kugira ikicaro i Kigali binyuze mu masezerano yasinywe hagati ya (…)
Urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango FPR Inkotanyi bo mu Karere ka Bugesera, biyemeje kwigisha urubyiruko amateka, ubukana, n’ubugome byaranze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kugira ngo na rwo rurusheho kuyamagana.
Umunyeshuri muri Kaminuza mu ishami ryo gufasha abantu bahuye n’ibiyobyabwenge no kubivura, utashatse ko imyirondoro ye igaragazwa, avuga ko yatangiye kunywa inzoga ku myaka 12 y’amavuko yiga mu mashuri abanza, arabikomeza kugeza ubwo zimuteye uburwayi ari bwo yaziretse, anahitamo kwiga gufasha abandi.
Ubuyobozi bwa Nigeria bwatangaje ko nibura abantu 103 baguye mu mpanuka y’ubwato bwarohomye, bwari butwaye abantu bavuye mu bukwe, mu gihe abandi basaga 100 bo bashoboye gutabarwa.
Myugariro Imanishimwe Emmanuel (Mangwende) ukina muri Maroc aracyategerejwe mu mwiherero w’Amavubi, mu gihe Rafael York ukina hagati atazakina umukino wa Mozambique kubera imvune.
Gacinya Chance Denys yatangaje ko yiteguye kwiyambaza CAF na FIFA nyuma y’uko kandidatire ye mu matora ya FERWAFA yongeye kwangwa.
Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda Brig Gen Ronald Rwivanga kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Kamena 2023 yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru cyabereye ku cyicaro cya RDF avuga kuri bimwe mu byatumye abasirikare bo mu rwego rwa ofisiye 116 birukanwa ku mirimo yabo ndetse 112 muri bo amasezerano yabo araseswa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwateguje abasabiriza ko bashobora kugezwa imbere y’amategeko, kuko iyi ngeso ikomeza kwaguka mu mujyi wa Gisenyi.
Umuhanda mushya wa ‘Kivu Belt’, uzengurutse ikiyaga cya Kivu uhereye mu Karere ka Nyamasheke ukagera i Karongi na Rutsiro, ubu uri gucanirwa. Uwo mushinga wo kuwucanira wose ugeze ku kigero cya 80%.
Mu gihe ibisubizo by’ikoranabuhanga bimaze guhindura byinshi mu buzima bw’Abanyarwanda, Banki ya Kigali (BK) ikomeje urugendo rwo guhanga udushya, hagamijwe korohereza abakiliya bayo, kubona serivisi mu buryo buboroheye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu burashimira abafatanyabikorwa, uruhare bagize mu gufasha abaturage kuva mu bukene no kugira imibereho myiza bityo bakiteza imbere.
Umushinga w’Itegeko Nshinga uzatorwa mu matora ateganyijwe ku Cyumweru tariki 18 Kamena 2023, wongera ububasha bw’Umukuru w’Igihugu, bukangana n’ubw’Abadepite.
Aline Umurizaboro w’i Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, avuga ko yavutse ku mubyeyi wafashwe ku ngufu muri Jenoside n’abamwiciye abe, agakurana ibikomere ku mutima, kandi ko umuti wabyo ari we ubwe wavuyemo.
Guinness World Records yemeje ko umutetsi wo muri Nigeria Hilda Baci, ari we ufite umuhigo mushya wo kumara amasaha menshi atetse aho yamaze amasaha 93 n’iminota 11.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko abaturage bari bakuwe mu byabo n’ibiza bagashyirwa mu nkambi bamaze gusubira mu miryango yabo, aho bamwe basubiye mu nzu zabo, abandi bagakodesherezwa aho kuba mu gihe cy’amezi atatu.
Umubano wa Kylian Mbappé na Paris Saint-Germain ukomeje kuba mubi nyuma y’aho uyu mukinnyi abamenyesheje ko adateganya kongera amasezerano n’Ikipe ya Paris Saint-Germain, azarangira muri Kamena 2024.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kwita ku mikurire y’abana bato mu Rwanda (NCDA), cyatangaje ko imibare y’igwingira ry’abana bari munsi y’imyaka itanu, igomba kuba yagabanutse ikava kuri 33% maze ikagera ku gipimo cya 19% mu mpera z’umwaka wa 2024.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwasabye ababyeyi bo mu Murenge wa Bugeshi, kongera isuku y’abana, kubagaburira indyo yuzuye mu kubarinda igwingira ndetse bakerekwa urukundo.
Babu Tale, usanzwe ari Umujyanama w’icyamamare Diamond Platnumz ukomoka muri Tanzania, yatangaje ko inzu y’uyu muhanzi isanzwe ifasha abahanzi ya Wasafi, yafashe umwanzuro wo kuba yitondeye ibijyanye no gusinyisha abahanzi bashya.
Nubwo mu 2020 hubatswe ibyumba by’amashuri byinshi mu Rwanda, na n’ubu hakaba hari ibigenda byubakwa buri mwaka, ikibazo cy’ubucucike no kuba hari abatabasha kwiga umunsi wose nyamara biteganyijwe, i Nyaruguru, ngo cyakemuka ari uko bubatse ibyumba 707.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwimiyaga, Bagabo Anthony, avuga ko kuva indwara y’uburenge yagaragara mu nka guhera muri Gicurasi 2023, muri uyu Murenge by’umwihariko inka 205 arizo zimaze gukurwa mu bworozi hagamijwe kudakwirakwiza indwara.
Mu ngendo abasenateri bagiriye mu turere dutandukanye basura abatujwe mu midugudu bakaganira n’abahatuye, basanze Leta ikwiye kunoza imicungire y’iyi midugudu kuko hari ikigaragaramo ibibazo birimo ibikorwaremezo bidahagije.
Abana bafite ubumuga bagiye kubakirwa amashuri yihariye, afite ibyangombwa byose bikenerwa byaborohereza mu kwiga, kubera ko kutayagira ngo hari abo bikoma mu nkokora bigatuma bareka ishuri.
Umugore w’imyaka 26 wo mu Kagari ka Nyarubuye, Umurenge wa Rwaza Akarere ka Musanze, yagejejwe mu bitaro bya Ruhengeri ari muri koma, nyuma yo kunywa umuti batera mu myaka witwa Rocket, ubwo yakekaga ko gukeka ko umugabo we yamwibye amafaranga.