Mugihe abarema isoko rya Rwimiyaga bifuza kubakirwa isoko rinini ryahuriramo abacuruzi bose ndetse n’iry’ibiribwa ryatangiye kwangirika rigasanwa, ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko butarabona ubushobozi ariko nanone bukavuga ko buzegera abikorera bakaba bafatanya.
Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema, yasoje uruzinduko rw’iminsi ibiri yagiriraga mu Rwanda, ahita yitabira indi nama mu Bufaransa yiga ku buryo bushya bwo gushyigikira ishoramari ku isi. Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Perezida Hakainde Hichilema, yashimiye mugenzi we w’u Rwanda Perezida Paul Kagame wamwakiriye neza.
Umuryango w’Abanyeshuri barokotse Jenoside (AERG), uvuga ko imyaka 29 ishize Abanyarwanda bamaze babana mu mahoro, imaze kubaka mu rubyiruko indangagaciro nzima, ziruhesha ubushobozi bwo guhagarara mu mwanya w’abitanze babohora u Rwanda.
Kompanyi y’indege ya RwandAir ikora ubwikorezi bw’abantu n’ibintu, yatangaje ko yamaze kugirana amasezerano y’imikoranire n’abategura Igikombe cy’Isi cy’Abakinnyi bakanyujijeho (Veteran Clubs World Championship - VCWC) kizabera mu Rwanda mu mwaka utaha wa 2024.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’umukino wa Basketball mu bagabo, iri mu gihugu cya Tanzania mu mikino y’akarere ka gatanu mu rwego rwo gushaka itike yo gukina imikino ya Afurika yiswe AFROCAN, iteganyijwe kubera muri Angola tarikiya 8 kugeza tariki ya 17 Nyakanga 2023, ikaba yatsinzwe n’u Burundi.
Tariki 14 Gicurasi 2023 mu masaha ya ni mugoroba ni wo munsi ababyeyi n’abana bavukana n’umwana w’ umwaka umwe witwa Neza Eliola batuye mu murenge wa Gahanga, Umudugudu wa Kagasa mu karere ka Kicukiro batazigera bibagirwa mu buzima bwabo kubera ibyago bahuye nabyo bigahungabanya ubuzima bwabo.
Itsinda ry’abana b’ababyinnyi babigize umwuga ryo muri Uganda ‘Ghetto Kids’, rikomeje gukora amateka nyuma yo kwitabira iserukiramuco rikomeye rya Tribeca mu mujyi wa New York.
Ikiraro cya Bukeri cyambukiranya umugezi wa Mukungwa kigahuza Akarere ka Nyabihu na Gakenke, cyongeye kuba nyabagendwa nyuma y’amezi akabakaba abiri gifunze kuko cyari cyangije n’ibiza.
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutwererane ari cyo ‘Rwanda Cooperation’ Ambasaderi Christine Nkulikiyinka, n’Umuyobozi w’Ikigo cya Comoros cy’Ubutwererane Mpuzamahanga (Agence Comorienne de Coopération Internationale - ACCI), Madamu Fatoumia Bazi, kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Kamena 2023, bashyize umukono ku (…)
Abantu bane bakomerekeye mu gikorwa cyo guhosha amakimbirane hagati y’Umugabo witwa Mbarushimana Jean Pierre n’umugore we, bo mu Karere ka Musanze.
Madamu Jeannette Kagame yavuze ko adakunda ko abagore biyumva nk’abashyitsi ahateraniye abagabo, akanga ko bisuzugura mu mikorere, ndetse adakunda ko imiterere y’umubiri na yo ibateza kwiyumvamo ubwo bushobozi buke.
Umugabo yafatiwe mu cyuho ataburura imbuto y’ibirayi, byari byatewe mu murima w’umuturage ahita atabwa muri yombi. Abamuzi bakaba bavuze ko basanzwe bamukekaho ubujura bw’imyaka muri ako gace.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Kamena 2023, Perezida Kagame yakiriye Ravi Menon, Umuyobozi wa Banki Nkuru ya Singapore (Monetary Authority of Singapore - MAS), akaba n’umwe mu bateguye ihuriro ‘FinTech’ baganira ku guteza imbere uburyo bw’Imari bugera kuri bose.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame na mugenzi we wa Zambia Hakainde Hichilema, bagaragaje ukuntu ikoranabuhanga ryakemuye ikibazo cy’ingorabahizi, cyo kohererezanya amafaranga mu myaka yo hambere.
Ikinyabutabire cya Mercure kiba mu bikoresho bitandukanye abantu bakenera mu buzima bwa buri munsi, impugucye zikemeza ko kigira ingaruka zikomeye ku buzima bw’umuntu, kuko iyo agihumetse cyihutira kujya mu bwonko, byaba inshuro nyinshi kikamutera uburwayi butandukanye buganisha no ku rupfu, ari yo mpamvu abantu bakangurirwa (…)
Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema, wagiriye mu Rwanda uruzinduko rw’iminsi ibiri, yasobanuye ko ibyo yabonye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali (ku Gisozi) ari agahinda n’igisebo ku bantu, bikaba bikwiye kwibukwa mu gihugu cye, kugira ngo akumire ubugome hakiri hare.
Minisitiri w’Uburezi Uwamariya Valantine, yanenze abakobwa baherutse kugaragara bifotoje mu buryo budahesha agaciro Umunyarwanda, nyuma y’umuhango wo gushyikirizwa impamyabumenyi, wabaye mu ntangiro z’ukwezi kwa Kamena 2023.
Ubuyobozi bwa sosiyete RICO (Rubavu Investment Company) yeguriwe kubaka isoko rya Gisenyi bwatangaje ko buzishimira umwanzuro watanzwe na Minisitiri w’ibikorwaremezo Dr Nsabimana Ernest nibwakira icyangombwa cyo kubaka kuko bahagaritswe biteguye kuzuza isoko.
Viateur Kamanzi ukomoka mu Murenge wa Mata mu Karere ka Nyaruguru, avuga ko hamwe n’umuryango we barokotse Jenoside, abikesha uwari umujandarume bakomokaga hamwe, wakoze uko ashoboye abambutsa umupaka bahungira i Burundi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame aratangaza ko ubushake bwa Politiki z’Ibihugu bya Afurika ari ingenzi mu kunoza no gushyira mu bikorwa amasezerano y’isoko rusange rya Afurika.
Mu rubanza rwa Hategekimana Philippe uzwi nka Biguma, ubwo Perezida w’Urukiko yamusabaga kugira icyo avuga ku byaha bya Jenoside aregwa, yavuze ko ababazwa n’ibyo ashinjwa kuko we nta ruhare yabigizemo, akemeza ko ibyo bamushinja ari ibinyoma, ahubwo yakijije Abatutsi.
Abakobwa batewe inda bari munsi y’imyaka 18 mu murenge wa Kabacuzi ho mu karere ka Muhanga, basabye inzego zibishinzwe gutegura gahunda zibasobanurira ibijyanye n’imyororokere kuburyo batazajya bagwa mu bishuko.
Mu biganiro byahuje Umuyobozi Mukuru w’Inama y’Igihugu ishinzwe Amashuri Makuru na Kaminuza (HEC), Dr Rose Mukankomeje n’Abadepite bagize Komisiyo y’Uburezi Ikoranabuhanga, Umuco n’Urubyiruko, tariki 20 Kamena 2023, hagaragajwe raporo ivuga ko abarimu bagera kuri 666 bari mu kazi ariko badafite ‘Equivalence’ (…)
Perezida wa Zambia Hakainde Hichilema uri mu Rwanda, yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, maze yunamira inzirakarengane zihashyinguye.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), kivuga ko amavuta yagenewe kurinda abafite ubumuga bw’uruhu ategereje abayakeneye, ariko bakaba bagomba kubanza kubimenyesha Ikigo Nderabuzima, kugira ngo kiyatumize mu bubiko bw’imiti i Kigali.
Muri iki gihe abantu bakoresha imbuga nkoranyambaga cyane, biborohera gutambutsa amakuru mu buryo bwihuse, ndetse bamwe bakayakwiza cyane cyane bifashishije amashusho y’urukozasoni, bakoresheje izo mbuga.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), kiratangaza ko mu myaka 20 ishize mu Rwanda impfu z’abana zagabanutse ku kigereranyo kirenga 80%, aho zavuye ku 196 zikagera kuri 45%, ku bana 1,000 baba bavutse ari bazima.
Perezida Paul Kagame yakiriye ku meza mugenzi we wa Zambia, Hakainde Hichilema, uri mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda.
Perezida wa Sena, Dr Kalinda François Xavier, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 20 Kamena 2023, yagiranye ibiganiro na Ambasaderi wa Angola mu Rwanda, Octávio Filomeno Leiro Octávio, baganira ku gushimangira umubano w’ibihugu byombi ndetse no kongera imikoranire hagati y’Inteko z’ibihugu byombi.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie, yasabye abana kujya batanga amakuru ku babyeyi babo mu gihe hari abantu babatwara aho ababyeyi batazi, kuko bashobora kubashora mu ngeso mbi.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Kamena 2023, Banki ya Kigali (BK) yasinye amasezerano y’ubufatanye n’Ikigo Mpuzamahanga gishinzwe Imari (International Finance Corporation - IFC), agamije gufasha abacuruzi.
Tariki ya 20 Kamena buri mwaka, Isi yose yizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe kuzirikana impunzi. Kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Kamena 2023, u Rwanda rwifatanyije n’isi kwizihiza uyu munsi wizihijwe ku nshuro ya 22.
Mu rwego rwo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, abakozi b’Ikigega cya Leta gifasha imishinga mito n’iciriritse (BDF), basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kibeho, banaremera abarokotse Jenoside bo muri aka Karere, igikorwa cyabaye ku wa 19 Kamena 2023.
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 20 Kamena 2023, Perezida Paul Kagame yakiriye mugenzi we wa Zambia, Hakainde Hichilema muri Village Urugwiro. Ni uruzinduko rw’iminsi ibiri umukuru w’igihugu cya Zambia arimo kugirira mu Rwanda hagamijwe gushimangira umubano w’ibihugu byombi.
Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema, kuva kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Kamena 2023, ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri. Ni uruzinduko rugamije gushimangira umubano hagati y’u Rwanda na Zambia.
Ni umwanzuro wafashwe kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Kamena 2023 nyuma y’uko Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Nsabimana Ernest, hamwe n’Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imiturire (Rwanda Housing Authority) n’abandi bayobozi batandukanye, basuye isoko rya Gisenyi, hemezwa ko rihabwa icyangombwa cyo kubaka ariko habanje (…)
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 20 Kamena 2023, Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’inzego z’ibanze mu Karere ka Kamonyi, yafashe itsinda ry’abantu batatu bakekwaho ubujura bw’amateleviziyo n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga.
Umuraperi akaba Umunyarwenya n’umukinnyi wa filime, Nick Cannon, amaze kubyara abana 12 kandi yatangaje ko nta gahunda yo guhagarika kubyara afite keretse Imana yonyine ari yo ibimusabye.
Umusirikare ufite ipeti rya general mu ngabo z’u Burusiya yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zifite umugambi wo kunyanyagiza imibu itera malariya mu basirikare b’Abarusiya aho bari ku rugerero barwana na Ukraine.
Umutoza w’Amavubi Carlos Ferrer avuga ko adafite ubwoba bwo kuba yabura akazi ke nubwo umusaruro atari mwiza kandi ko atazaba ikibazo k’u Rwanda.
Urubyiruko 48 rwarangije amasomo yo kugororwa ku kirwa cya Iwawa muri 2022, bahakomereza imirimo, bavuga ko bishimira ko bashoboye gukosorwa bagahabwa imirimo bakazasanga imiryango hari icyo bayishyiriye.
Nyuma yuko hagiye humvwa ubuhamya butandukanye, bugaragaza ko hari imbunda nini zazanywe zikicishwa Abatutsi, mu rubanza rwaburanishijwe ku wa Gatanu tariki 16 Kamena 2023, hasesenguwe ubwoko bw’izo mbunda zavuzwe.
Ikigo cy’gihugu cyita ku Buzima (RBC), kirakangurira Abanyarwanda kumenya indwara y’ibihara, ibimentso byayo n’uko yandura bityo umuntu akabasha no kuyirinda.
Umunyamabanga wa Leta Muri Minisiteri y’Uburezi Ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye, Twagirayezu Gaspard, yabwiye abiga ibyerekeranye na Tekinike kubikora neza kuko ari ibintu by’ingenzi, kandi ko ababyize bakenewe cyane ku isoko ry’umurimo, bikabafasha kwiteza imbere, bakanateza imbere Igihugu.
Abahagarariye inzego z’Umuryango kuva ku Karere kugera ku Rwego rw’Umudugudu mu Karere ka Kicukiro, bahuriye mu mahugurwa tariki 18 Kamena 2023, akaba ari amahugurwa yateguwe mu rwego rw’Umuryango wa FPR Inkotanyi.
Mu Kagari ka Ruyenzi, Umudugudu wa Nyagacaca, Umurenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki ya 19 Kamena 2023, inzu y’umuturage witwa Nzaramba Jean Pierre yafashwe n’inkongi y’umuriro, ibyarimo byose birakongoka.
Abanyeshuri 202 bayobora abandi muri za Kaminuza n’amashuri makuru mu Rwanda, batangiye itorero ry’Igihugu icyiciro cya IV mu kigo cy’ubutore cya Nkumba, giherereye mu Karere ka Burera, basabwa kurwanya ingeso mbi mu rubyiruko.