Minisiteri y’Ubuzima muri Zanzibar yatesheje agaciro impapuro zemerera umuforomo n’abaganga gukora umwuga w’ubuvuzi, nyuma y’uko bahamijwe kugira uburangare n’imyitwarire itari iya kinyamwuga, bikavamo urupfu rw’umugore utwite ndetse n’umwana we mu byumweru bibiri bishize, ku Bitaro bikuru bya ‘Mnazi Mmoja referral hospital’.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yahakanye amakuru avuga ko ahantu hacumbikiwe abagizweho ingaruka n’ibiza hagaragaye indwara ya Kolera, yemeza ko kugeza ubu nta hantu hacumbikiwe abagizweho ingaruka n’ibiza haragaragara icyo cyorezo.
Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Kugenzura Imikorere y’Inzego zimwe z’Imirimo ifitiye Igihugu Akamaro (RURA), rwatangaje ko guhera ku itariki ya 2 Kamena 2023 ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli bitangira kubahirizwa guhera saa moya (19:00) z’ijoro.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki ya 1 Kamena 2023, Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bari muri Amman mu murwa mukuru w’Ubwami bw’Igihugu cya Jordania, aho kuri iki gicamunsi bifatanyije n’abandi bayobozi bo hirya no hino ku Isi mu gutaha ubukwe bw’Igikomangoma cya Jordania Al Hussein bin (…)
Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC) gitangaza ko kutivuza indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina ku gihe kandi neza bigira ingaruka ku buzima bw’umuntu zirimo n’ubugumba.
Urwego ngenzuramikorere RURA rutangaza ko ibibazo byose byagaragajwe n’abamotari byahawe umurongo ndetse ibyinshi birimo biragana ku musozo, ku buryo byose bizaba byakemutse muri uyu mwaka.
Muri Tanzania, ahitwa Musoma, umugabo w’imyaka 60 witwa Msirari Muhere yahanishijwe gufungwa imyaka irindwi (7), nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwanduza ku bushake Virusi itera SIDA umwana w’umugore we, umwana wandujwe SIDA, afite imyaka itandatu. Uwanzuro w’Urukiko watangajwe kuri uyu wa Gatatu tariki 31 (…)
Bienvenue Redemptus wakoreye igihe kinini Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Igihozo Divine bari bamaze imyaka itatu mu munyenga w’urukundo.
Muri Uganda, gucuruza ingingo z’abantu ngo ni ibintu bibaho cyane, aho usanga hari abagore bitangazwa ko babazwe bitari ngombwa, bagakurwamo ingingo runaka, ariko ubu bikaba byahawe umurongo kubera iryo tegeko ryatowe.
Umusore w’imyaka 22 yafatiwe mu cyuho mu Karere ka Ngororero, agerageza gukorera undi muntu ikizamini cy’uruhushya rw’agateganyo rwo gutwara ibinyabiziga hifashishijwe mudasobwa.
Kuri uyu wa Kane umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Carlos Ferrer yahamagaye abakinnyi 28 bagiye kwitegura umukino w’umunsi wa gatanu w’amatsinda yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika 2023 izakiramo Mozambique.
Nyuma y’ibiganiro bamaze ibyumweru 15 bagirana mu matsinda yo muri gahunda ya Mvura Nkuvure, bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, abayigizemo uruhare kimwe n’abakomoka ku miryango yabo mu Karere ka Nyabihu, bahamya ko byabafashije kwigobotora ingoyi y’amoko, babasha gukira ibikomere, aho kuri ubu babanye batishishanya.
Mu rwego rwo kubungabunga ku buryo burambye amateka y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, by’umwihariko mu gace ka Bukonya, ku wa Gatatu tariki ya 31 Gicurasi 2023, Paruwasi Gatolika ya Janja mu Karere ka Gakenke, yafunguye isomero rigamije gusigasira amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Imikino y’Abakozi mu Rwanda (ARPST) ryateguye irushanwa ryo kwibuka abari abakozi bishwe muri Jenosode yakorewe Abatutsi mu 1994 riteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru.
Ikigo mpuzamahanga mu bijyanye no kwakira inama, ‘International Congress and Convention Association’ (ICCA), cyashyzize umurwa mukuru w’u Rwanda, Kigali, ku mwanya wa kabiri mu kuba igicumbi cy’inama n’ibindi birori muri Afurika. Ni umwanya Umujyi wa Kigali ubanzirizwaho n’uwa Cape Town yo muri Afurika y’Epfo, iyoboye (…)
Kuva tariki ya 10-11 Kamena, mu Karere ka Huye muri Petit Séminaire Virgo Fidelis de Butare, harongera guhurira ibihanganjye mu mukino wa Volleyball mu irushanwa ngarukamwaka ryitiriwe kwibuka nyakwigendera Alphonse Rutsindura (Memorial Rutsindura), irushanwa rizaba ku nshuro ya 19.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo-Rwanda), kivuga ko Intara y’Iburasirazuba, Umujyi wa Kigali n’ahandi henshi mu Majyepfo, hateganyijwe imvura nke iri munsi ya milimetero 10 muri uku kwezi kwa Kamena 2023.
Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda, ibinyujije mu muryango w’Abashinwa witwa ‘Warm Children’s Hearts’ (bishatse mu Kinyarwanda ngo ‘Susurutsa imitima y’abana’), ukorera muri Afurika, watanze ibiribwa, ibikoresho by’isuku, ibikoresho by’ishuri bigenewe abana bafite ibibazo bitandukanye barererwa mu kigo cyitwa ‘Inshuti (…)
Perezida mushya wa Mukura VS, Nyirigira Yves avuga ko bimwe mu byo yizeza abakunzi b’ikipe ya Mukura VS harimo no kuba bakwegukana igikombe cya shampiyona.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), yibutsa aborozi b’inkoko ko hari gahunda ya Leta yitwa PSTA4 ibasaba kuzamura umusaruro w’amagi, ukikuba inshuro zirenze ebyiri bitarenze umwaka utaha wa 2024, n’ubwo bataka ko bahendwa n’ibiryo byazo.
Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), yateranye ku wa Gatatu tariki 31 Gicurasi 2023 i Bujumbura mu Burundi, yiga ku kibazo cy’umutekano muke wo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yemeje ko umutwe wa M23 ujyanwa mu kigo cya Rumangabo, nyuma yo gushyira (…)
Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (RP) na Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), batanze impamyabumenyi ku barangije kwiga muri za IPRCs (amakoleji agize RP), barimo uwatangiye umushinga wo gukora imbaho mu bisigazwa bya pulasitiki n’ibarizo.
Umucuruzi wari umenyerewe mu by’akabari mu Mujyi wa Muhanga mu Murenge wa Nyamabuye, Vincent Nsengimana, yitabye Imana azize urupfu rutunguranye.
Ku mikino ya nyuma y’igikombe cy’Amahoro igomba kubera mu karere ka Huye kuri uyu wa Gatandatu, amatike yose yamaze kugurwa
Abari bafungiye ibyaha birimo guhohotera abagore, ubujura, ubuhemu n’ibindi byaha bito biyemeje kwisubiraho bakabana neza n’abandi mu muryango Nyarwanda.
Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mbonyintwari Jean Marie Vianney, yagaragaye mu muhanda ahagaze hejuru mu modoka afite indangururamajwi agenda abwira abaturage ingamba zihari zo kurwanya umwanda muri santere ya Rukomo n’ingaruka z’umwanda igihe batawirinze.
Perezida Maduro yakiriwe na Perezida mushya wa Brazil, Luiz Inacio Lula da Silva, mbere gato y’inama y’abayobozi 11 b’ibihugu by’Amerika y’Amajyepfo, ibera muri Brazil kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Gicurasi 2023.
Ku Rwunge rw’Amashuri rwitiriwe Mutagatifu Faransisiko d’Assise Remera (GS St François d’Assise Remera), giherereye mu Murenge wa Remera mu Karere ka Musanze, huzuye Salle abanyeshuri bazajya bafatiramo ifunguro rya saa sita.
Urubyiruko rwo muri Senegal rushyigikiye Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri icyo gihugu, Ousmane Sonko, rwatangiye imyigaragambyo guhera tariki 29 Gicurasi 2023, mu duce tumwe two mu Mujyi wa Dakar twegereye urugo rwe.
Abahanzi barimo Riderman, B Threy na Niyo Bosco, bagiye guhurira ku rubyiniro mu gitaramo ‘European Street Fair’ gisanzwe gitegurwa n’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi (EU).
Umugore witwa Mukanoheli utuye mu Murenge wa Cyanika Akarere ka Burera, amaze imyaka ine mu gahinda yatewe n’umugabo we, wamutemye akamuca urutoki, yarangiza agatorokera muri Uganda.
Abanyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda ari na bo bari bahagarariye u Rwanda, bitwaye neza mu irushanwa mpuzamahanga mu ikoranabuhanga rya Huawei ICT 2022-2023, aho begukanye umwanya wa kabiri mu cyiciro cya nyuma cyaryo, cyabereye i Shenzhen mu Bushinwa.
Umuryango w’Abibumbye (UN), wongeye gusaba Igisirikare cya Sudani n’umutwe w’abarwanyi wa Forces de Soutien Rapide (FSR), gutanga agahenge k’iminsi itanu kugira ngo haboneke uburyo bwo kugeza inkunga ku babaye muri iki gihugu.
Itsinda ry’ibigo bigize BK Group ari byo Banki ya Kigali, BK TechHouse, BK Insurance na BK Capital ryatangarije abanyamigabane n’abakiriya muri rusange ko rikomeje kubungukira, nyuma yo kubona inyungu irenga miliyari 17 na miliyoni 900 z’amafaranga y’u Rwanda mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka wa 2023.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, ku wa Kabiri tariki ya 30 Gicurasi 2023 yageze i Bujumbura mu Burundi, aho yitabiriye Inama ya 21 idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Minisiteri y’Ikoranabuhanga, n’abafatanyabikorwa bayo baravuga ko hari gahunda yo kuzamura ibikorwa remezo by’ikoranabuhanga, kugira ngo abiga mu mashuri atandukanye barusheho kurikoresha, biborohereze mu myigire yabo.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali burasaba inzego zitandukanye zibifite mu nshingano, ko zabagenera ingengo y’imari yihariye muri serivisi z’ubuzima, kubera ko bahura n’ibibazo bitandukanye batigeze bateganyiriza.
Mu Kagari ka Songa, Umurenge wa Muko mu Karere ka Musanze, haravugwa urupfu rw’umugabo w’imyaka 36 witwa Maniraguha Théoneste, aho bivugwa ko yishwe n’inkoni yakubiswe n’abataramenyekana.
Hoteli Materi Boni Consilii na Credo zo mu Karere ka Huye zamaze gushyirwa ku rwego rw’inyenyeri enye, ibizishoboza bidashidikanywaho kujya zicumbikira amakipe yitabiriye imikino mpuzamahanga ibera kuri Stade ya Huye, yamaze kwemerwa n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF).
Umuhanzi ukomoka muri Nigeria, David Adeleke uzwi cyane ku izina rya Davido, yashyizwe ku rutonde rw’abazahabwa umudari wishimwe wo ku rwego rw’igihugu, nk’abakoze ibikorwa byindashyikirwa ‘Order of the Niger (OON)’.
Umuhungu wimyaka 17 wo mu Kagari ka Cyivugiza, Umurenge wa Nyange mu Karere ka Musanze, ari mu maboko y’inzego z’umutekano, akaba akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka itandatu.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Prof. Jeannette Bayisenge, avuga ko kwica umugore bigamije kurimbura umuryango, kuko ari we utwita akanabyara naho kwica umwana bikaba bigaragaza kwica ejo hazaza h’Igihugu, byose bikaba byari bikubiye mu mugambi wo kurimbura burundu Umututsi muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, hari abarokotse Jenoside bavuga ko bitari byoroshye kwicarana n’abafite imiryango yabo banagize uruhare mu kubicira ababo, ariko ko aho byashobokeye byatanze umusaruro.
Muri Ghana, nyuma y’imyaka 14 bashakane nta mwana barabyara, umugabo witwa Frank Armah n’umugore we Christiana, babyaye umwana wabo wa mbere.
Ku bufatanye n’ishyiramwe y’imikino ngororangingo mu Rwanda (FERWAGY), ishuri ryigisha imikino itandukanye rya The Champions Sports Academy ryatangije ku mugaragaro ikipe y’imikino ngororangingo nyuma y’umwaka umwe bitegura.
Umujyi wa Kigali wateguye imurikabikorwa rihuza abanyeshuri biga Tekiniki (Technical Secondary schools), ndetse n’amashuri y’imyuga (Vocational Training Centers), mu rwego rwo kurushaho kumenyekanisha no gukugaragaza inyungu zo kugana ayo mashuri, aho bahamya ko ibyo biga bibarinda ubushomeri.
Sosiyete y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro yitwa PIRAN Rwanda Ltd, ikorera mu Karere ka Rwamagana izajya yibukirwamo Abatutsi biciwe muri Kiliziya y’i Musha, bitewe n’uko bavanywemo bagatabwa mu birombe byayo.
Perezida mushya wa Nigeria, Bola Ahmed Tinubu, yasabye abaturage bose gushyira hamwe bagateza imbere igihugu cyabo, akaba yarabivuze ubwo yarahiriraga kuyobora Nigeria ku wa Mbere tariki ya 29 Gicurasi 2023, umuhango wanitabiriwe na Perezida Paul Kagame n’abandi Bakuru b’Ibihugu, ndetse n’abayobozi banyuranye bo ku mugabane (…)
Mu gihe hasigaye igihe kitari kirekire ngo abanyeshuri batangire ibizamini bisoza umwaka, abana biga mu ishuri Elena Guerra riherereye mu mujyi wa Huye, beretswe ibihembo byagenewe abazitwara neza kurusha abandi, mu rwego rwo kubashishikariza kwiga bashyizeho umwete.