Myugariro w’inyuma ku ruhande rw’iburyo ukinira Mukura VS yavuze ko umutoza Afahmia Lotfi wamutoje muri iyi kipe ariwe akesha kugira umwaka mwiza w’imikino ijana ku rindi kubera ikizere yamugiriye.
Muri Texas, umuganga yakatiwe igihano cyo gufungwa imyaka 10, nyuma yo guhamwa n’ibyaha by’ubugome n’uburiganya yakoresheje mu kazi ke, akabeshya abantu bagera mu magana ko barwaye indwara zidakira, zisaba ubuvuzi buhenze cyane kandi abizi ko ubwo buvuzi bufite ingaruka mbi ku buzima bwabo.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, kuri uyu wa Mbere tariki 2 Kamena 2025, rwashyize ahagaragara amayeri akomeje gukoreshwa n’abagizi ba nabi bashuka abantu kubajyana mu mahanga kandi bagiye kubacuruza.
Mu gihe haburaga iminsi itatu ngo irushanwa ngarukamwaka ryo kwibuka mu mukino wa volleyball (Volleyball Genocide Memorial Tournament) ribe, ryamaze gusubikwa nk’uko ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball (FRVB) ryabitangaje.
U Rwanda rwateye intambwe ishimishije mu buhinzi, aho ubutaka buhingwa bwiyongereyeho hegitari zasaga 50.000 mu gihembwe cya mbere cy’ihinga cy’uyu mwaka wa 2025, ugereranyije n’uko byari bimeze mu mwaka ushize wa 2024.
Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda(RSSB) rurasaba abafite Ubwisungane mu Kwivuza (Mituelle de Santé) gukangurira abatarayishyura kugira ngo batazabura uko bahita bivuza guhera ku itariki ya 01 Nyakanga 2025, ubwo umwaka mushya wa Mituelle 2025-2026 uzaba utangiye.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Misiri, Lt Gen Ahmed Fathi Ibrahim Khalifa, kuri iki Cyumweru yatangiye uruzinduko mu Rwanda, yakirwa ku cyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda ku Kimihurura na mugenzi we w’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga.
Abanyeshuri ba Wisdom Instruction yo mu Karere ka Rubavu, bababajwe cyane n’ubugome n’ubwicanyi bwakorewe abana muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, biyemeza guharanira ko bitazongera kubaho ukundi.
Kuri iki Cyumweru, muri Petit Stade Amahoro i Remera hasojwe irushanwa ryo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ryegukanywe na Equity HC yo muri Kenya mu bagabo, Gorillas HC yo mu Rwanda iritwara mu bagore.
Senateri Mureshyankwano Marie Rose yifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyaruguru, mu Murenge wa Mata kwibuka abari abakozi b’uruganda rw’icyayi ’Mata Tea Company Ltd’, bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolée, avuga ko umuryango ari inkingi ihetse Abanyarwanda, bityo iyo umuryango umwe uzimye Igihugu kiba kibuze amaboko.
Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda (RDF) ya Diviziyo ya 5 yatsinzwe kuri penaliti 4-3, mu mukino wa gicuti w’umupira w’amaguru wayihuje n’iy’Ingabo za Uganda (UPDF) ya Diviziyo ya 2.
Abanyeshuri n’Abarimu bo muri Kaminuza y’u Rwanda Ishami ryigisha Ubuhinzi, ubumenyi n’ubuvuzi bw’amatungo (UR-CAVM), iherereye mu Karere ka Musanze, basanga igihe kigeze ngo abantu bitabire kwibanda ku mirire n’imyitwarire ituma bakumira indwara zitandura, zugarije abatari bacye muri iki gihe.
Amakipe ya APR HC na Police HC ahangana muri Handball y’u Rwanda yageze muri 1/2 cy’irushanwa ryo Kwibuka Ku Nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 riri kubera mu Rwanda, kuva tariki 31 Gicurasi kugeza ku ya 1 Kamena 2025.
Minisiteri y’Iterambere ry’Umuryango, MIJEPROF n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’imikurire y’umwana, NCDA, barashimira ba Malayika Murinzi, bemeye kwitanga nta gihembo, bakemera kwakira abana batagira imiryango yo kubitaho, nyuma y’uko ibigo by’imfubyi bifungiwe, akavuga ko umwana w’Umunyarwanda adakwiye kurererwa (…)
Ikipe ya PSG yakoze amateka yo kwegukana UEFA Champions League ku nshuro ya mbere mu mateka, nyuma yo kunyagirira Inter ku mukino wa nyuma wabereye mu Budage ibitego 5-0 mu ijoro ryo ku wa 31 Gicurasi 2025.
Jean Baptiste Niyitegeka, umuyobozi wa IBUKA mu Karere ka Nyanza, yabwiye abakozi b’umuryango Action Aid kimwe n’indimiryango mpuzamahanga, ko bakeneye kumva ijwi ryabo ryamagana abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994.
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, Kazarwa Gertrude, yifatanyije n’abaturage bo mu Karere ka Kayonza mu Murenge wa Rwinkwavu, mu muganda usoza ukwezi kwa Gicurasi, wo gusibura inzira z’amazi ku nkengero z’umuhanda no mu mudugudu urimo gutuzwamo abaturage bubakiwe na Leta.
Kuwa 28 Gicurasi 2025 u Rwanda rwijihije umunsi mpuzamahanga w’isuku mugihe cy’imihango (Menstrual Hygiene Day)
Inzego z’umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri muri Mozambique zashyikirije abaturage bo mu Mujyi wa Macomia, isoko rishya zabubakiye mu rwego rwo gushyigikira imibereho myiza n’iterambere ry’ubukungu ry’abatuye mu Ntara ya Cabo Delgado, yari yarashegeshwe n’ibikorwa by’iterabwoba.
Myugariro wa APR FC Niyigena Clement yahembwe nk’umukinnyi mwiza wa shampiyona 2024-2025, Darko Novic wamutozaga ahita abandi batoza bose mu bihembo byatangiwe muri Kigali Convention Center kuri uyu wa Gatanu.
Abakozi b’inzego z’ubuzima mu Rwanda bibukiye i Mageragere mu Karere ka Nyarugenge (hahoze ari muri Komine Butamwa), bunamira imibiri 1200 y’abazize Jenoside ishyinguye mu rwibutso rwaho, ndetse bagaya umubyeyi wa Victoire Ingabire kuko ngo ari we wabicishije.
Umushinga w’abanyeshuri ba Kagarama Secondary School, wegukanye irushanwa ry’ibiganiro mpaka ku mikoreshereze n’imicungire y’ifaranga rizwi nka ‘Money makeover’, ryabaye ku nshuro ya gatatu.
Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Richard Nick Ngendahayo, yongeye gukora ku mitima ya benshi asohora indirimbo nshya yise Amenya, ari na yo ya kabiri kuri alubumu ye ya gatatu ateganya gusohora, nubwo kugeza ubu atari yatangaza izina ryayo.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Mark Cyubahiro Bagabe, avuga ko u Rwanda rugiye kuvugurura icyororo cy’inka zitanga umukamo, rushingiye ku buryo bukoreshwa muri Brazil, kugira ngo rukube gatatu ingano y’amata aboneka ku munsi, kugeza ubu angana na litiro Miliyoni eshatu.
Amakuru atangwa na serivisi ishinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Huye, agaragaza ko mu gihe mu Rwanda hibukwa ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, hakiri imiryango 718 y’abarokotse Jenoside bakeneye gutuzwa n’abandi 1918 batuye mu nzu zikeneye gusanwa.
Abasirikare babiri b’u Rwanda baguye muri Repubulika ya Santrafurika, bari mu bo Umuryango w’Abibumbye wahaye imidali y’icyubahiro, ku bari mu nzego z’umutekano baguye mu butumwa bwo kugarura amahoro hirya no hino ku Isi.
Byiringiro Alfred, umujyanama mukuru mu bya tekinike ushinzwe gutwara abantu n’ibintu muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, avuga ko bitarenze amezi abiri, kasike zujuje ubuziranenge zizaba zakwijwe mu gihugu hose.
Abarenga 500 baturutse ku migabane itandukanye, bateraniye mu Rwanda guhera ku wa Kane tariki 29 Gicurasi 2025, bashakira hamwe ibisubizo by’uko umusaruro w’amata wakwiyongera muri Afurika.
Kuva saa munani z’igicuku cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Gicurasi 2025, igice cy’agakiriro ka Gisozi gikorerwamo intebe, ameza n’ibitanda cy’ahitwa muri ADARWA, cyafashwe n’inkongi y’umuriro, aho Polisi ikomeje kuzimya kugeza muri iki gitondo.
Mu rwego rwo guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi hamwe n’indi mishinga iri mu ruhererekane rw’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi, Banki ya Kigali (BK), yateye inkunga Inama y’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Aborozi n’abatunganya ibikomoka ku mata (Regional Dairy Conference Africa), irimo kubera mu Rwanda.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’iza Tanzaniya (TPDF) zahuriye mu nama ya 12 yitwa Proximity Commanders, igamije gushakira hamwe ibisubizo ku bibazo by’umutekano, ndetse no gushimangira ubufatanye mu kubungabunga umutekano ku mipaka ihuza ibihugu byombi.
Muri Kenya, Umwanditsi wabaye ikirangirire mu bijyanye n’ubuvanganzo muri Afurika no hanze yayo yayo, Ngugi wa Thiong’o, yitabye Imana ku itariki 28 Gicurasi 2025, azize indwara ya kanseri yari amaranye igihe, akaba yaguye ahitwa i Buford muri Leta ya Georgia muri Leta zunze Ubumwe za Amerika.
Komisiyo y’Imari n’Umutungo bya Leta imurika Imbanzirizamushinga y’ingengo y’Imari ya Leta y’umwaka wa 2025-2026, hamwe n’ingamba z’igihe giciriritse (MTEF2025/26-2027/28), yagaragaje uburyo amafaranga azakoreshwa muri iyi ngengo y’Imari, amenshi akazava imbere mu gihugu kuko angana na 58.4%.
Mu Karere ka Burera hatangijwe imurikabikorwa rigiye guha abaturage urubuga mu kumenya ibibakorerwa, gusobanukirwa icyerekezo cy’Igihugu n’uruhare rwabo mu rugendo rwo kwikura mu bukene, bityo bagasanga kuryitabira atari ubutembere ahubwo ari ukwiga.
Umujyanama mukuru mu bya tekiniki ushinzwe gutwara abantu n’ibintu muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA), Byiringiro Alfred, avuga ko uko abamotari bazagabanya amakosa abyara impanuka zo mu muhanda, ari na ko sosoyite z’ubwishingizi zizagabanya amafaranga zibaka ku bwishingizi.
Umuturage wa Tanzania witwa Juma Ibrahim, yasabye imbabazi Abanya-Kenya mu izina ry’igihugu cye nyuma y’amagambo mabi yavuzwe n’Abadepite bo mu nteko ishinga amategeko ya Tanzania yatumye abaturage benshi bambuka umupaka uhuza Kenya na Tanzania bagira uburakari, batangira gutuka abo badepite ndetse na Perezida wa Tanzania ku (…)
Perezida wa Sena, Dr. François Xavier Kalinda, yatangaje ko ibibazo by’umutekano mucye urangwa mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), bizakemuka binyuze mu nzira za politiki n’ibiganiro.
Ikipe ya Chelsea yo mu Bwongereza yegukanye Igikombe cya UEFA Conference League itsindiye Real Betis Balompié yo muri Espagne ku mukino nyuma ibitego 4-1, yandika amateka yo kuba ikipe ya mbere mu mateka itwaye ibikombe byose bikinirwa ku Mugabane w’i Burayi.
Nubwo mu Rwanda hari Ingoro z’Umurage umunani ziri hirya no hino mu gihugu, bamwe mu rubyiruko bavuga ko batoroherwa no kuzisura, nka hamwe mu habitse amateka y’u Rwanda bashobora kwifashisha biyungura ubumenyi.
Ikipe ya APR FC yashyikirijwe Igikombe cya shampiyona 2024-2025 yegukanye, nyuma yo kubishimangira itsindiye Musanze FC ibitego 3-1 kuri Stade Amahoro mu mukino w’umunsi wa 30 kuri uyu wa Gatatu.
Mu Bwongereza, umugore yafashe umugabo we wari umaze amezi 3 amuca inyuma, abifashijwemo n’uburoso bw’amenyo bukoresha amashanyarazi, bukanohereza amakuru kuri telefoni igihe bwahujwe na telefone hifashishijwe ‘Bluetooth’, noneho hagashyirwamo porogaramu itanga amakuru muri telefone igihe cyose ubwo buroso bukoreshejwe.
Perezida w’Ikipe y’Amagaju FC Nshimiyumuremyi Jean Paul, yavuze ko umupira w’amaguru mu Rwanda ubamo ubugome n’ubugambanyi budafite icyo bumaze.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya Muhazi United yatsindiwe na Amagaju FC kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye ibitego 2-1, isubira mu cyiciro cya kabiri nyuma y’imyaka ibiri izamutse mu cyiciro cya mbere.
Abantu batunze telefone zigendanwa, hari abo usanga bakunda kuzikoresha igihe barimo kuzisharija, abandi bagahitamo kuzireka batiri (battery) ikabanza ikuzura umuriro 100%. Ese gukoresha telefone igihe iri ku muriro hari ikibazo?
Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Kazarwa Gertrude, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Gicurasi 2025, yavuze ko bimwe mu bibazo bizibandwaho mu ngendo bagiye gukora hirya no hino mu gihugu harimo iby’ubutaka, imiturire ndetse n’imyubakire, ibiro bishinzwe irangamimerere n’izindi serivisi (…)
Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, Adel Amrouche yatangaje urutonde rw’abakinnyi 27 azifashisha mu mukino wa gicuti uzahuza Amavubi na Algeria muri Kamena 2025, mu rwego rwo kurushaho kwitegura imikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.
Ubuyobozi bw’Inteko y’Umuco ku bufatanye n’ubw’Intara y’Iburengerazuba, batangaje ko ku kirwa cya Nkombo kiri mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi, hagiye kubakwa Ikigo Ndangamuco cy’abaturage (Community Based Cultural Center).