Mu gihe abantu bakunze kujya gusengera i Kibeho cyane cyane ku itariki ya 15 Kanama bazirikana ijyanwa mu ijuru rya Bikira Mariya, no ku ya 28 Ugushyingo bazirikana igihe amabonekerwa yahatangiye, hari benshi bavuga ko bagiye bahabonera ibitangaza.
Ambasaderi wa Zimbabwe mu Rwanda, Charity Manyekure, aratangaza ko hari byinshi abashoramari bo mu gihugu cye biteguye kuza kwigira no kwagurira ibikorwa byabo mu Rwanda, mu rwego rw’ubukerarugendo, by’umwihariko bukorerwa mu Karere ka Musanze.
Lewis Hamilton ukomoka mu Bwongereza akaba azwi cyane mu mukino wo gusiganwa atwara imodoka nto (Formula 1), yasuye u Rwanda asura n’ingagi muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga mu rwego rw’urugendo arimo akorera muri Afurika.
Umukozi wa Pariki y’Akagera ushinzwe ubufatanye hagati ya Pariki y’Akagera n’abayituriye, Karama Joseph, avuga ko uyu mwaka bashoye amafaranga y’u Rwanda angana na Miliyoni 250 mu bikorwa bigamije guteza imbere abaturage bayituriye aturuka ku nyungu zabonetse kubera ibikorwa by’ubukerarugendo.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Kamena 2022, muri Village Urugwiro, yakiriye Ellen DeGeneres na Portia de Rossi ndetse n’itsinda bari kumwe mu Rwanda, aho batashye ku mugaragaro ikigo cy’ubushakashatsi ku kubungabunga ingagi.
Abatuye mu gace kitwa Norvège mu Mujyi wa Kigali bavuga ko ubuzima bwaho bugenda burushaho guhenda bagereranyije no mu myaka yo hambere, kubera iterambere ririmo inyubako nziza n’ibikorwa remezo bikomeje kuhashyirwa.
Ni byinshi biba mu buzima n’imibereho y’inyamaswa, ariko bimwe ntitubimenye kuko tudakunze kuzibona kenshi. Kugira ngo zibeho ndetse zororoke, na zo zikenera guhura hagati yazo zigahuza ibitsina (gutera akabariro). Iziri muri aya mafoto zitwa inkomo, umunyamakuru ufotora wa Kigali Today akaba yaraziguye gitumo muri Pariki (...)
Abatuye mu Kagari ka Biryogo mu Murenge wa Nyarugenge, Akarere ka Nyarugege, by’umwihariko ahazwi nko muri Tarinyota, barishimira ko hahindutse hakaba hasigaye hakurura ba mukerarugendo.
Robert Pires na Ray Parlour bamamaye mu ikipe ya Arsenal bagaragaje ko bagiriye ibihe byiza mu Rwanda, muri gahunda bajemo ya Visit Rwanda, y’ubufatanye bw’u Rwanda n’iyi kipe yo mu Bwongereza.
Ikigo Royal Balloon Rwanda ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB) na Pariki y’Igihugu y’Akagera, cyatangije uburyo bufasha ba mukerarugendo kwitegereza ibyiza bitatse Pariki y’Igihugu y’Akagera bari mu kirere, mu mipira itwarwa n’umwuka ushyushye izwi nka Hot Air Balloon.
Sosiyete nyarwanda y’ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir yongeye gusubukura ingendo zijya i Dubai muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu nyuma y’igihe kirenga ibyumweru bitatu zihagaritswe.
Umujyi wa Musanze ukomeje kugaragaza umuvuduko w’iterambere. Ni umwe mu mijyi yunganira Kigali, ukaba by’umwihariko uzwiho kuba umujyi uherereye mu gace karangwamo ubukerarugendo, dore ko uyu mujyi witegeye imisozi ibereye ijisho irimo Ibirunga n’ingagi ziboneka hake ku Isi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko ahazwi nko kwa Yezu Nyirimpuhwe hagiye kubakwa ibijyanye n’ubukerarugenda bushingiye ku iyobokamana buhakorerwa.
Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB), ku wa Kane tariki 06 Mutarama 2022 rwatangaje ko rwahannye amahoteli, resitora n’ahandi hakira abantu, hose hamwe 18, kubera kurenga ku mabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19.
Intare ni inyamaswa zidakunze kuboneka henshi ndetse z’inkazi ku buryo bitoroha kuyibona ngo abantu bamenye uko ibaho. Mu mwaka wa 2015 nibwo intare zari zarazimiye muri Pariki y’Akagera zongeye kugaruka mu Rwanda.
Sosiyete y’u Rwanda y’ubwikorezi bwo mu kirere (RwandAir) yatangaje ko ku itariki ya 23 Ukuboza 2021 izasubukura ingendo zerekeza mu bihugu byo mu Majyepfo ya Afurika. Ni nyuma y’aho izi ngendo zari zasubitswe tariki 28 Ugushyingo kubera ubwandu bushya bwa Covid-19 bwiswe Omicron.
Abatembereza ba mukerarugendo bikorera ku giti cyabo bahuguwe ku kubungabunga ingagi bazirinda indwara zirimo na Covid-19, kuko abantu ngo bashobora kuzanduza indwara barwaye cyangwa na zo zikabanduza.
Abajya gusengera i Kibeho bakunze kuvuga ko bahabonera ibitangaza binyuranye byaba ibimenyetso by’uko Bikira Mariya ari kumwe na bo, byaba gukemurirwa ibibazo bari bafite mu buzima, n’ibindi.
Akarere ka Rubavu kakiriye ingufu z’amashanyarazi zitangiza ikirere zigomba gucanira inkengero z’ikiyaga cya Kivu no mu mujyi wa Gisenyi. Ni ingufu zitanga KW 12 zatwaye akayabo ka Miliyoni 63 zituruka ku mirasire y’izuba zatanzwe n’ikigo cya UN Habitat mu guteza imbere imiturire itangiza ikirere.
Hari ibihugu byafashe umwanzuro wo guheza bimwe mu bihugu byo muri Afurika y’Amajyepfo nyuma y’uko hagaragaye virusi ya Covid-19 yihinduranyije yiswe Omicron. Mu Nama y’Inteko rusange ya Komisiyo ishinzwe iby’indege za Gisivili ku Mugabane wa Afurika, Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyo bihugu byo mu Majyepfo ya Afurika (...)
U Rwanda rwakiriye muri Pariki y’Akagera inkura30 z’umweru ku wa Mbere tariki 29 Ugushyingo 2021, zikaba zitezweho kongera amadovize ava mu bikorwa by’ubukerarugendo.
Kompanyi y’indege y’u Rwanda (RwandAir) yatangarije abagenzi bava mu bihugu bya Zimbabwe na Afurika y’Epfo bajya muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu ko ihagaritse kubajyanayo kugeza igihe izatangariza ko izo ngendo zisubukuwe.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB) rwatanze ibihembo ku bitabiriye ibikorwa by’imurikabikorwa mu cyumweru cy’ubukerarugendo bw’u Rwanda, ariko runasaba abashoramari bo mu rwego rw’ubukerarugendo kugira uruhare runini mu gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya covid-19.
Inkoni y’Umwamikazi w’u Bwongereza Elizabeth II iri mu Rwanda muri gahunda yo kuyitambagiza ibice bitandukanye by’umujyi wa Kigali. Iyi nkoni y’Umwamikazi w’u Bwongereza yageze mu Rwanda ku wa Kabiri tariki ya 9 Ugushyingo 2021.
Ku itariki 28 Ukuboza 1993 nibwo Umuryango FPR Inkotanyi wohereje abanyapolitike bawo i Kigali baza baherekejwe n’ingabo zabo za Batayo ya gatatu y’abasirikare 600 zaje kubarindira umutekano hagamijwe gushyira mu bikorwa amasezerano y’amahoro yasinyiwe i Arusha muri Tanzania na Leta yayoborwaga na Habyarimana.
Abana 24 b’ingagi bahawe amazina ku nshuro ya 17 mu rwego rwo gukomeza kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima rurimo n’izo ngagi zo mu misozi miremire zisigaye hake cyane ku Isi, igikorwa cyahuriranye n’umunsi mpuzamahanga w’Ingagi ku Isi.
Perezida Paul Kagame aratangaza ko intego ari uko u Rwanda rukomeza kuba igihugu gitekanye kandi nyabagendwa, kugira ngo abarusura cyangwa abifuza kurusura barusheho kurwibonamo.
Urwego rw’Igihugu rw’iterambere (RDB), rwatangije igikorwa cyo gutembereza abakora mu bukerarugendo, kugira ngo babashishikarize gusura ibyiza u Rwanda rufite.
Kompanyi y’indege y’u Rwanda ( RwandAir) yatangaje ko ifite gahunda yo kongera imijyi ya Lubumbashi na Goma yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku rutonde rw’ahantu ikorera ingendo zayo.
Bamwe mu batuye mu Mujyi wa Kigali bavuga ko kutitabira ibikorwa by’ubukerarugendo batabiterwa n’uko batabikunda, ahubwo ngo bakomwa mu nkokora n’amikoro adahagije.