Abaganga b’ibitaro bya Kacyiru na Muhima bibutse Abatutsi bishwe, banasubira mu ndahiro barahiye yo kuvura abantu bose badashingiye ku ivangura.
Umuryango SEVOTA ukorera muri Kirehe wahuguye unafasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, babasha kubana neza n’abo bavugaga ko badahuje amoko, ndetse hari n’abashakanye kandi ngo babanye neza.
Mu rukerera rwo kuri iki cyumweru tariki ya 29 Mata 2018, umuryango w’Abanyarwanda batuye Austin mu murwa mukuru wa Texas muri Leta zunze ubumwe za Amerika, bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 24.
Perezida wa Côte d’Ivoire Alassane Ouattara uri mu Rwanda yasuye urwibutso rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, yerekwa amateka yaranze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Bamwe mu barokokeye mu cyahoze ari komine Gitesi, ubu ni mu Karere ka karongi, bavuga ko kuba batarabonye imibiri y’ababo bishwe muri jenoside ngo babashyingure ngo bituma banga guheba bakibwira ko baba bakiriho.
Ministeri y’Uburezi (MINEDUC) irizeza ko ntawakongera koshya Abanyarwanda kwica abandi, ishingiye ku myumvire y’Abaturage n’uburyo bamaze kujijuka.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu cyahoze ari komine Rwamatamu ubu ni mu karere ka Nyamasheke, bavuga ko bazinutswe urusengero rw’Abadivantisiti rwaguyemo imbaga y’Abatutsi, bagasaba ko rwaba ikimenyetso cy’amateka ya Jenoside muri aka gace.
Mu cyobo kizwi nka CND giherereye mu Gahoromani mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro, hamaze gutaburwa imibiri irenga 120 ariko ngo ishobora kwikuba uko bakomeza gushakisha.
Abaturage n’abashinzwe gukora ibikorwa by’ubutabazi baratangaza ko bamaze gukura imibiri igera ku 120 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside bakajugunywa mu cyobo cyari cyariswe CND.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bari bahungiye mu Kigo cya Caraes, bashengurwa n’uko abasirikare b’Umuryango w’Abibumbye (UN) bahisemo gukiza imbwa yabo bo bakabihorera.
Imibiri myinshi y’abantu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 imaze kuvumburwa i Kabuga ahitwa mu Gahoromani mu cyobo cyari cyariswe ’CND’ muri Jenoside.
Hagati ya Mata na Nyakanga buri mwaka ni igihe ibigo n’abantu ki giti cyabo baba bahugiye mu bikorwa byo gufasha no kwita ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu karere ka Nyagatare haracyagaragara ibikorwa n’amagambo bigamije guhohotera abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, biganisha ku ngengabitekerezo ya Jenoside.
Itorero ry’Abadiventiste b’umunsi wa karindwi mu Rwanda SDA, rimaze gukusanya miliyoni zisaga 70frw yo kubaka urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ku Mugonero, mu Murenge wa Gishyita mu karere ka Karongi.
Umuhanzi Jean de Dieu Rwamihari bakunze kwita Bonhomme, avuga ko umusirikare w’Inkotanyi bahuye bwa mbere yamuteruye yamubwiye ijambo atazibagirwa kuko ryamugaruriye icyizere.
Abayobozi mu nzego zitandukanye bahangayikishije n’uko ababyiruka muri iki gihe ntacyo bazi cyerekeranye na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Koffi Annan wabaye umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN) aracyahagaze ku cyemezo cy’uko uyu muryango utigeze unanirwa guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abayobozi b’uruganda rwa CIMERWA ruherereye mu karere ka Rusizi, baravuga ko bagiye kujya baha akazi, abana bakomoka ku babyeyi bakoreye uru ruganda, bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Guhera mu mwaka 1959, uburenganzira bwa muntu bwagiye bubangamirwa, kugeza ubwo bibyaye Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Bamwe mu Batutsi bahigwaga mu gihe cya Jenoside iyo bagwaga mu maboko y’Inkotanyi bameraga nk’abasazi kubera kutiyumvisha ko hari uwabarokora.
Umuryango w’Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bari muri Tchad bakoze igikorwa cyo kunamira Abatutsi bazize Jenoside yo mu 1994.
Senateri Tito Rutaremara asaba ababyiruka kubika amateka y’ibyangijwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bikarenza imyaka ibihumbi 10.
Ku mugoroba wo Kuri uyu wa 14 Mata 2018, Dr CP Daniel Nyamwasa yamuritse igitabo "Le Mal Rwandais" yanditse abitewe n’ishavu yatewe n’itotezwa ry’Abatutsi mu Rwanda no mu mahanga.
Dr Sendegeya Augustin uyobora ibitaro bya Kaminuza bya Butare, CHUB, avuga ko bibabaje kuba abaganga barahiriye kwita ku magara y’abantu baravuyemo abicanyi.
Mgr Servelien Nzakamwita uyobora diyoseze ya Byumba avuga ko yamaze kubabarira abamwiciye umuryango, ariko akababazwa no kuba abo yababariye ntawutera intambwe ngo yicuze ibyo yamukoreye.
Umulisa Christine (Izina yahawe muri iyi nkuru), ni umubyeyi wo mu Murenge wa Shyogwe mu karere ka Muhanga, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ahamya ko inzira y’umusaraba yanyuzemo, aho yakubiswe, agasambanywa inshuro nyinshi ndetse akanandura SIDA, bitatumye yiheba burundu.
Komiseri muri Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC) Muhire Louis-Antoine, asanga umuntu utaratabaye Abatutsi bicwaga yari ari mu Rwanda, afite uruhare rutaziguye mu iyicwa ryabo.
Mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi si abarimu gusa bagiraga uruhare mu guhagurutsa abanyeshuri ngo bivuge ubwoko, kuko hari n’abanyeshuri babigiragamo uruhare.
Nyuma yo gushyira hanze indirimbo yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, yise “Amateka ni ayacu”, umuhanzi Semukanya Aimable uzwi ku mazina ya Sema Jackson atangaza ko abahanzi bakomeye bakwiye kugira umukoro wo kutibanda gusa ku rukundo, ahubwo bakwiye gutekereza n’ibindi byubaka sosiyete.