Itorero Methodiste Libre rivuga ko ryicuza kuba hari abarigize biciye ababahungiyeho mu nsengero zaryo, ubwo Jenoside yakorerwaga Abatutsi mu 1994.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Munyantwari Alphonse, avuga ko Abanyarwanda ari nk’urupapuro rumwe, bagomba gufatanye muri byose mu kwiyubakira igihugu.
Sosiyete y’Ubwishingizi ya Britam Rwanda, yashyikirije amazu atanu yasannye abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Bamwe mu barokokeye Jenoside Inyarushishi mu Karere ka Rusizi baruhukijwe n’uko bashyinguye ababo bagera kuri 1098 bishwe muri Jenoside mu icyubahiro.
Abari abakozi b’amakomine yahujwe akaba Akarere ka Huye bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bishwe mbere kugira ngo batabangamira umugambi wa Jenoside.
Mu Karere ka Burera habaruwe abanyeshuri 5001 biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye, bataye ishuri. Kuri ubu abarenga 3700 bamaze kurisubiramo.
Umunyamateka akaba n’umushakashatsi kuri Jenoside, Tom Ndahiro, yasabye CNLG gushaka abayifasha kurwana ‘intambara itoroshye y’ingengabitekerezo ya Jenoside.
Abakozi b’umuryango utegamiye kuri Leta “JHPIEGO” bageneye abatishoboye bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bo mu Murenge wa Gikomero muri Gasabo, ibikoresho bifite agaciro karenga miliyoni.
Kuri uyu wa 24 Kamena 2016, ibigo by’amashuri byo mu Murenge wa Karama muri Kamonyi byibutse abanyeshuri basaga 320 n’abarezi 25 bazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umuryango IBUKA uvuga ko hakwiye kubaho ikigega mpuzamahanga cyabafasha gukora ibikorwa biteza imbere imiryango y’abishwe muri Jenoside.
Abanyeshuri biga mu gihugu cya Misiri bakomoka mu bihugu bihuzwa n’Uruzi rwa Nil, baramagana abakirangwaho ingengabitekerezo ya Jenoside kuko yabagizeho ingaruka bose.
Urwibutso rwa Jenoside rushya rurimo kubakwa mu Murenge wa Kibungo muri Ngoma ngo ruzafasha urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside kumenya amateka kuko ruzabasha kubika imibiri mu gihe kirekire.
Ubuyobozi bwa Komisiyo ishinzwe Kurwanya Jenoside, CNLG, buravuga ko Leta itazigera ituza mu gihe hari abakigaragaza ingengabitekerezo ya Jenosie.
Imibiri isaga ibihumbi 20 yavanywe hirya no hino mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango, yashyinguwe mu cyubahiro.
Abari abakozi ba Perefegitura zahinduwemo Intara y’Amajyepfo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bubukiwe i Nyanza ku cyicaro cy’Intara.
Abagore barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko bagiye kwishakamo ibisubizo by’ibibazo basigiwe na Jenoside, by’umwihariko bagafasha abakecuru b’incike.
Umuryango Dukundane Family w’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bahujwe no kwiga muri College Saint André(Kigali), urasaba amazina y’abajugunywe mu mazi.
Ibuka isanga abantu bazwi kandi bakunzwe cyane mu buhanzi ndetse no mu mikino (Stars), bakwiye kujya bifashishwa mu kurwanya Jenoside n’ingengabitekerezo yayo.
Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro mu Ntara y’Iburasirazuba(IPRC East) ryubakiye inzu umukecuru warokotse Jenoside utishoboye, nyuma y’uko iyo yabagamo yari igiye kumugwaho.
Mu kwibuka abana n’abagore bazize Jenoside, ababyeyi basabwe kwirinda gutoza abana ingengabitekerezo ya Jenoside kuko ari yo yoretse u Rwanda.
Bamwe mu nshike zarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, babaga mu nzu zangiritse basaniwe amazu n’abakozi b’ibitaro bya Kigeme muri Nyamagabe.
Abarokokeye Jenoside kuri St Paul bababazwa no kutamenya aho abo bari basangiye ikibazo biciwe mu kibuga cya Ste Famille bajugunywe.
Umunyambanga Uhoraho muri Minisiteri y’Umuco na Siporo (MINISPOC), Lt. Col. Rugambwa Patrice, yashimiye Abanyamwulire muri Rwamagana ubutwari bwabaranze muri Jenoside yakorewe Abatutsi, abasaba kubukomeza kugira ngo batsinde ingaruka zayo.
Inama njyanama y’Akarere ka Nyarugenge yasabye urubyiruko rw’abanyeshuri bo muri aka karere, kwifashisha ikoranabuhanga rugahangana n’abapfobya Jenoside bari hanze y’igihugu.
Abari abakozi b’ibitaro bya Kabutare by’Akarere ka Huye batahigwaga, ntibatanga amakuru ku byo bazi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi bari bahari.
Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge, Bishop John Rucyahana, aravuga ko muri Jenoside yakorewe Abatutsi, u Rwanda rutapfushije Abatutsi gusa ahubwo rwanapfushije ubumuntu ariko ko bushobora gushibuka.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne, yihanangirije Abanyangororero bagifite ingengabitekerezo ya Jenoside n’abadashaka kurangiza imanza za Gacaca.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwari, avuga ko abakifitemo ingengabitekerezo ya Jenoside bihemukira kuko bajyana umutima wabo ahabi.
Ubuyobozi bw’Ishuri Rikuru ryigisha Ubumenyingiro ryo mu Ntara y’Amajyepfo (IPRC South), buravuga ko amakuru kuri Jenoside muri iki kigo akomeje kuba urujijo.
Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) yemereye uturere ubufatanye mu kwandika amateka ya Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.