Mu mudugudu wa Burema, akagali ka Mataba mu murenge wa Mageragere akarere ka Nyarugenge mu mujyi wa Kigali, habonetse imibiri itatu y’abantu bikekwa ko bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Muri gahunda y’ibikorwa byo kwibuka yashyizwe ahagaragara, biteganyijwe ko kimwe mu bikorwa bidasanzwe biteganyijwe ari ugutangiza ubusitani bwo kwibuka, i Nyanza ya Kicukiro bikazaba tariki 08 Mata 2019.
Komisiyo ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG) iratangaza ko mu kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi, abaturage n’ibigo bazahurira hamwe inshuro ebyiri zonyine, kandi ko abantu batazongera guhagarika imirimo kubera ibiganiro byo kwibuka bihoraho.
Urubyiruko rwo mu Ntara y’Iburasirazuba ruhamya ko kumenya byimbitse amateka y’u Rwanda bizarufasha gukumira Jenoside kuko ruzaba rusobanukiwe ububi bwayo.
Ku cyumweru tariki 13 Mutarama 2019, umuryango w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, GAERG, uzizihiza isabukuru y’imyaka 15 umaze ushinzwe.
Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside CNLG, iratangaza ko irimo gukoresha uburyo bwose bushoboka kugira ngo ibitabo byandikwa ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bigere ku Banyarwanda benshi bashoboka.
Muri paruwasi gaturika ya Rugango mu Karere ka Huye bafashije abagabo 19 bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu rugendo rwo gusaba imbabazi.
Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) iravuga ko u Rwanda rudafite umuntu uhugukiwe ibyo kwandikisha umutungo warwo mu mitungo kamere w’isi icungwa.
Ashingiye ku mateka y’urwango Abanyarwanda baciyemo ariko bakaza kwiyunga, umwe mu bayobozi b’Ingabo z’Amerika yahanuriye u Rwanda ko ruzagira agaciro k’intangarugero.
Perezida w’Ishyirahamwe ry’Amagare ku isi David Lappartient yatangaje ko gusura urwibutso rwa Genoside rwa Kigali, byamuhaye andi makuru arenze kure ayo yari afite ku Rwanda.
Kamuzinzi Eric wo mu Karere ka Rusizi avuga ko kurokokera Jenoside yakorewe Abatutsi mu Nkambi ya Nyarushishi ari amateka atazibagirwa mu buzima.
Perezida Filipe Nyusi yunamiye imibiri irenga ibihumbi 250 ishyinguye mu rwibutso rwa Kigali ruherereye ku Gisozi.
Imiryango y’Abagide (aba Scout b’abakobwa) gatolika ku isi, bahuriye i Kigali aho biga ku bumuntu(humanity) bw’ejo hazaza, hashingiwe ku burere bw’umukobwa.
Mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Rusororo muri Centre y’ubucuruzi ya Kabuga ahitwa mu Gahoromani hakomeje kuboneka imibiri myinshi y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abacuruzi bo mu Ntara y’Amajyepfo baragaya bagenzi babo bashoye imari muri Jenoside yakorewe Abatutsi aho kuyifashisha Abanyarwanda bari bakennye cyane.
Ministeri y’Uburezi (MINEDUC) ivuga ko nihagira abanyeshuri bagaragarwaho ingengabitekerezo ya Jenoside, bizajya biryozwa ababyeyi babo, ngo kuko ari bo baba bayikongeza mu bana.
Abakozi b’umushinga utegamiye kuri Leta witwa JHPIEGO, basannye y’uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, igikorwa gifite agaciro ka 1,021,650 Frws
Mahoro Emmanuella ushinzwe isanamitima n’ubwiyunge mu itorero ADEPR avuga ko Abakirisito batamaganye ikibi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko batatojwe kuba Abakirisito nyabo.
Ahagana mu mpera z’i 1996 Guverinoma ya Tanzania yirukanye Abanyarwanda barenga ibihumbi 480 bari bahatuye, bituma bakwira imishwaro mu bihugu bikikije u Rwanda.
Abasiramu ba Kirehe bavuga ko bakibabazwa n’inzirakarengane zazize Jenoside zirimo abari abana n’urubyiruko kuko ubu bari kuba ari amaboko ateza igihugu imbere.
Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi Ibuka, washimiye Ingabo z’u Rwanda zashubije agaciro abishwe bitwa ibishingwe bigiye kumenwa ku Kicukiro.
Abamotari b’i Huye bibumbiye muri koperative Cottamohu bifuza ko urubyiruko rwajya rusura urwibutso rwa jenoside rwa Murambi kugira ngo rusobanukirwe amateka ya jenoside.
Urubyiruko rwa Congo rwifatanyije n’urubyiurko rw’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, baharanira ko ibyabaye mu Rwanda ntahandi byakongera kuba.
Umudugudu wa Giheka wo mu Kagari ka Kagugu mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, ufite umwihariko w’uko muri Jenoside yakorewe Abatutsi, abaturage bawo batigize bitandukanya, abahigwaga n’abatarahigwaga bishyize hamwe bakumira ibitero by’interahamwe zashakaga kwinjira mu Mudugudu wabo ngo bice Abatutsi.
Ishuri ryisumbuye rya IFAK rivuga ko rigiye kwandika amateka ya Jenoside yakorewe abarimu, abanyeshuri n’abaturanyi baryiciwemo mu 1994.
Komisiyo y’igihugu ishinzwe kuvugurura amategeko “RLRC” yasuye urwibutso rwa Komini rouge mu karere ka Rubavu inasura umuturage yavugururiye inzu.
Abanyapolitiki bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda n’abandi bahakorera bemeye inshingano zabo mu gufasha u Rwanda gukurikirana abashinjwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Perezida wa Ibuka mu Rwanda, Prof. Jean Pierre Dusingizemungu, avuga ko abarokotse Jenoside badakwiye kureka kunamira ababo ngo kuko batazi aho baguye.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Mwendo baravuga ko kwibuka ababo bazize Jenoside bikwiye kujyana no gukemura ibibazo bafite.
Abari baturiye ibitaro bya Kabutare kimwe n’abahahungiye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bavuga ko ibi bitaro byiciwemo Abatutsi benshi.