Habimana Olivier Assouman uri mu kigero cy’imyaka 31 y’amavuko, nyuma y’igihe kingana n’umwaka n’igice ashakishwa n’abasore icumi yatetse ho imitwe ko azabakurira amamodoka mu gihugu cy’Ubudage, ubu ari mu maboko ya Polisi ya Kicukiro, aho akurikiranyweho ubuhemu n’ubushukanyi bugamije kwambura.
Bitandukanye n’ibyo abantu benshi bibwira ko umuziki waba warazanywe n’abazungu mu Rwanda, amateka yerekana ko kuva kera Abanyarwanda bagiraga umwanya wo gutarama, bavuza ingoma, babyina, baririmba, ndetse bakanavuga ibisigo. Ibi bikagaragaza ko u Rwanda rwagiraga umuziki kuva kera na kare.
Bihoyiki Emmanuel uregwa kwambura abana imitungo yasizwe na Nyina ubabyara wari umugore we mu buryo butemewe n’amategeko, yaretswe bimwe mu bimenyetso bihamya ko iyo mitungo aregwa n’abana ba Nyirataba Jeannette, atari iye nk’uko we abyemeza.
Nyuma y’uko kuva mu kwezi kwa Nyakanga hagaragaye impanuka nyinshi mu mihanda yo mu bice bitandukanye zigatwara ubuzima bw’abantu ndetse zikanangiza byinshi, Kigali Today yagerageje gucukumbura icyaba gitera izo mpanuka.
Ubuyobozi bw’Ingoro z’Umurage z’u Rwanda burasaba inzego bireba kubafasha kubona uburyo bwo gusana izo nzu kuko zimwe muri zo zimaze gusaza kandi zibitse ibimenyetso by’amateka kamere ndetse n’iby’ umuco w’igihugu bikwiye kubungabungwa.
Umugabo uri mu kigero cy’imyaka 44 witwa Bihoyiki Emmanuel utuye mu Murenge wa Kimisagara mu karere ka Nyarugenge, aravugwaho kwambura imitungo abana barindwi ba Nyirataba Jeannette wari umugore we mu buryo butemewe n’amategeko.