Bamwe mu banyeshuri biga ku kigo cya Rambo mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu batangaza ko hari bagenzi babo batagarutse ku ishuri kubera kubura ubushobozi, nyuma y’uko ibiza byibasiye Akarere ka Rubavu bibasenyeye, imiryango yabo ikabura ubushobozi.
Buri mwaka (Nzeri n’Ukwakira) hafatwa amezi abiri yo guhagarika uburobyi mu Kiyaga cya Kivu kugira ngo amafi n’isambaza bishobore kongera kororoka, nyuma y’amezi 10 abakora akazi ko kuroba bataruhuka.
Uwahoze ari Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta, akaba umuhuza w’impande zishyamiranye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yasabye ko imirwano ihagarara muri Kivu y’Amajyaruguru, kugira ngo hakorwe ubutabazi n’ibikorwa byo kugarura amahoro.
Abarwanyi ba M23 bongeye kwisubiza umujyi wa Kitchanga anyuma y’iminsi ibiri uyobowe n’abarwanyi ba Wazalendo, bari bawuhawe n’ingabo z’Abarundi ziri mu bikorwa byo kugarura amahoro, zari zawuhawe n’abarwanyi ba M23, kugira ngo ukoreshwe mu gucunga umutekano w’abaturage mu gihe hategerejwe ibiganiro byo kurangiza intambara.
Abarwanyi ba M23 bongeye kwisubiza uduce twari twafashwe n’ingabo za Congo, FARDC n’imitwe bakorana yibumbiye muri Wazalendo muri Masisi, nk’uko byemejwe n’umwe mu bayobozi b’ingabo za Congo ziri ku rugamba.
Ikigo Ubumwe Community Center cyita ku bafite ubumuga bukomatanyije mu Karere ka Rubavu, cyatangije inyubako izajya ikora insimburangingo mu gufasha abafite ikibazo cyo kuzibona.
Imirwano ishyamiranyije ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), n’abarwanyi ba M23 ikomeje kugera mu bice bitandukanye uyu mutwe uherereyemo.
Senateri Mureshyantwano Marie Rose yemeza ko mu Rwanda hari amabuye menshi y’agaciro, ko abavuga ko rwaba ruyiba mu gihugu cy’abaturage ari ukwirengagiza ukuri, cyangwa kutagira amakuru.
Imirwano yongeye kubura hagati y’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) hamwe n’umutwe wa M23 muri teritwari ya Masisi. Imirwano yatangiye tariki 01 Ukwakira 2023 mu masaha ya saa cyenda kugera ku mugoroba mu bice Kirolwire, Kibarizo, Busumba na Kirumbu. Byarangiye abarwanyi ba M23 bashubije inyuma (...)
Toni eshanu z’imbuto y’ibirayi zafashwe zinyuzwa mu nzira zitemewe ku mupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho zari zigiye kugurishwa.
Ambasaderi wa Zimbabwe mu Rwanda, Charity Manyekure, yatangaje ko ashaka guhuza Akarere ka Rubavu n’umujyi wa Mutare muri Zambabwe, bakajya bakora mu bucuruzi n’ibindi.
Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Mukarutesi Vestine, yabwiye Kigali Today ko inzu z’abaturage 11 arizo zangijwe n’umutingito hamwe n’ibyumba bibiri by’amashuri, ariko barimo gushaka uburyo bisanwa byihuse.
Abaturage mu mujyi wa Goma bagaragaye bari mu myigaragambyo ubwo bari bategereje igikorwa cyo gushyingura urubyiruko rwarashwe n’ingabo za Congo (FARDC) tariki 30 Kanama 2023.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Dushimimana Lambert, yasabye Minisitiri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) gushyiraho abayobozi b’uturere, kugira ngo bakorane mu kugeza servisi nziza ku baturage, kuko mu Turere turindwi tugize iyo Ntara, dutatu tudafite abayobozi.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyundo, Nyirasafari Monique, yabwiye Kigali Today ko bamaze kugenzura inyubako z’abaturage bangirijwe n’amazi ubwo habaga ibiza, bakaba barafashe umwanzuro wo gukodeshereza imiryango igera kuri 200, kugira ngo inzu zitabagwa hejuru.
Umuryango wa Croix-Rouge y’u Rwanda washyikirije inkunga abaturage bo mu mirenge ya Kanama, Nyundo, Rugerero na Nyakiriba bangirijwe n’ibiza mu ntangiriro za Gicurasi 2023.
Guverineri Dushimimana Lambert wagizwe umuyobozi w’Intara y’Iburengerazuba, yasabye abatuye iyo Ntara n’abayobozi bahakorera, ubufatanye mu kugera ku iterambere n’imibereho myiza y’abaturage.
Mu gihe kuri ubu u Rwanda ruri mu kwezi ko gusoma guherutse gutangizwa na Minisiteri y’Uburezi, biteganyijwe ko kuzarangira Abanyarwanda benshi bagejejweho ibitabo byo gusoma, no gushishikariza ababyeyi gusomera ibitabo abana.
Abantu batatu nibo bamenyekanye ko bakubiswe n’inkuba mu Ntara y’Iburengerazuba, harimo umukobwa w’imyaka 16 mu Karere ka Nyamasheke n’abandi babiri mu Karere ka Rutsiro ku mugoroba tariki 8 Nzeri 2023.
Ibikorwa by’isanamitima mu Karere ka Rubavu byafashije abari bafite agahinda kadashira babasha kubohoka ndetse bashobora kubabarira ababahemukiye kugera aho bamwe bashyingiranye n’ababahemukiye.
Imyigaragambyo yabaye tariki 30 Kanama 2023 mu mujyi wa Goma, biravugwa ko yaguyemo abaturage 43 barashwe n’ingabo za Congo (FARDC) ndetse abarenga 150 barafungwa, ibi bikaba byabaye intandaro yo gukuraho uwayoboraga iyo ntara, hashyirwaho Gen Nduru Chaligonza wari ukuriye Polisi.
Hon. Dushimimana Lambert wahawe kuyobora Intara y’Iburengerazuba tariki ya 4 Nzeri 2023, yavutse tariki 29 Kanama 1971 mu Karere ka Rubavu, yari asanzwe mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Umutwe wa Sena.
Guverinoma ya Kinshasa yatangiye urugendo rusura abaturage babuze ababo mu myigaragambyo iheruka mu mujyi wa Goma tariki 30 Kanama 2023. Ni imyigaragambyo yaguyemo urubyiruko rurenga 40 bishwe barashwe n’ingabo za Congo (FARDC) ndetse hakoremereka abarenga 80, mu gihe abafashwe bagafungwa barenga 140.
Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Rubavu, Nzabonimpa Deogratias, yatangaje ko babaye bahagaritse ibikorwa byo gucukura umucanga uzwi nk’ibicangarayi bijyanwa mu nganda zikora sima, ku musozi wa Nyakiriba, kugira ngo babanze bashake amakuru ku mibiri yahashyinguwe irimo kuboneka iyo barimo gucukura umucanga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko abaturage bambuye ibitaro bya Gisenyi amafaranga agera kuri miliyoni 200 bazayishyuzwa, naho abatishoboye bakishyurirwa na Leta.
Abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri Kivu y’Amajyaruguru bishyize hamwe mu kurwanya umutwe wa M23, babyukiye mu myigaragambyo yaguyemo abarenze 6 abandi babarirwa mu 10 barakomereka.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Etincelles yo mu Karere ka Rubavu, butangaza ko bwatangiye gutegura inzira yo kwitunga nyuma y’uko amafaranga ikoresha iyahabwa n’Akarere ka Rubavu, kandi hari igihe aba adahagije.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda Dr Jean Chrysostome Ngabitsinze, yasabye abaturiye umugezi wa Sebeya mu Karere ka Rubavu, kwitegura imvura izagwa mu kwezi kwa Nzeri, birinda ko ibiza byazabagiraho ingaruka.
Abayobozi b’imari mu bigo bya Leta n’iby’abikorera mu Rwanda, beretswe inshingano birengagiza kandi arizo zifasha ibigo kugera ku ntego.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bweyeye, Ndamyimana Daniel, yahamirije Kigali Today ko ishyamba rya Nyungwe rimaze iminsi rishya, ryashoboye kuzima nyuma yo kwifashisha indege.