Rwabukambiza Justin, umugabo w’imyaka 46 utuye mu kagali ka Busanza, Umurenge wa Kanombe , akarere ka Kicukiro, kuva tariki 16/03/2012, afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata akekwaho kugurisha imodoka ya Benzinge Ben.
Umugabo w’imyaka 38 y’amavuko witwa Fulgence Simbyondora afungiye kuri Station ya Polisi ya Zaza mu Karere ka Ngoma, nyuma yo gufatanwa ibiro 12 by’urumogi mu gicuba cy’amata ashaka kujijisha abashinzwe umutekano.
Ihene 12 z’abaturage bo mu kagari ka Rugendabari mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza zishwe n’imbwa za bamwe mu baturage batuye muri ako kagari tariki 14/03/2012.
Dusabimana Theophile ukomoka mu mudugudu wa Rwagihura,akagari ka Nyankenke,umurenge wa Nyankenke mu karere ka Gicumbi afungiye kuri station ya polisi ya Gicumbi azira kwica umwana we Umutesiwase amukubise umwase ubwo yarwanaga n’umugore we.
Umubyeyi witwa Urayeneza Marie utuye mu mudugudu wa Munini, akagari ka Rukina, umurenge wa Kinihira mu karere ka Ruhango, yasanze mukeba we witwa Nyiranzajyankundimana Atoinette amwiba ibitoki aramuhururiza maze nawe ahita aramwadukiriye amuhondagura amabuye amusatura umunwa.
Umugabo witwa Munyankiko utuye mu mudugudu wa Mwanza, akagari ka Nyundo, umurenge wa Mataba afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke azira gukubita isuka umugore we witwa Nyirandabantuye Primitive mu mutwe akajya mu bitaro.
Abantu batatu bo mu kagari ka Kamashashi, umurenge wa Rugunga, akarere ka Kicukiro batawe muri yombi kuwa kabiri tariki 13/03/2012 mu mukwabu wa Polisi wo gufata abacuruzi b’ibiyobyabwenge.
Bayiringire Seth w’imyaka 36 y’amavuko utuye mu kagari ka Murama mu murenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango afungiye kuri station ya polisi mu murenge wa Kabagali azira gufata ku ngufu umukobwa witwa Ayingeneye Bertirida w’imyaka 23 y’amavuko tariki 14/03/2012.
Abasore 10 bafatiwe mu isoko rya Bweramana bakekwaho kuyogoza abaturage babatwarira utwabo bafungiye kuri station ya polisi ya Kabagali guhera tariki ya 14/03/2012.
Akarere ka Rubavu ku bufatanye na Polisi y’igihugu, tariki 12/03/2012, bamennye litiro 2750 z’inzoga y’inkorano izwi ku izina “Ihumure” mu murenge wa Rubavu, akagari k’Isangano.
Nizeyimana Mohamed, wo mu murenge wa Kibungo akagali ka karenge umudugudu wa Amahoro, aherutse kwitaba Imana nyuma y’uko abantu bamutwaye amafaranga miliyoni 10 bavuga ko bazamukuriramo amadorari ibihumbi 100.
Masabo Etienne uvuka mu kagali ka Kimirama mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza yatakaje intoki ebyiri atemwe na nyina umubyara amuhoye isambu.
Umugabo witwa Ntambara Bosco yaraye yitabye Imana ubwo umugore we Nyirabahire Claudine afatanyije n’umwana babyaranye, Bitunguhari Felicien bamukubitaga isuka na n’icyuma bita fer a beton mu mutwe. Ubu Nyirabahire na Bitunguhari bafungiye kuri station ya Police ya Kigabiro mu karere ka Rwamagana.
Umubyeyi witwa Nyirabahire Venansiya utuye mu mudugudu wa Nyamugari mu kagari ka Gafunzo umurenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango, yishinganishije mu nzego z’ubuyobozi n’izumutekano kuko yabonaga ibibazo biri mu muryango yashatsemo bishobora guhitana ubuzima bwe.
Umugabo w’imyaka 32 y’amavuko witwa Patrick Semuhoza yatawe muri yombi na Polisi tariki 07/03/2012 akekwaho ubutekamutwe bugamije kwiba amafaranga ibihumbi 120 y’u Rwanda.
Ruzindana Edward uzwi ku izina rya Kongo utuye Cyabusheshe mu murenge wa Gitoki mu karere ka Gatsibo yishe Nshimiyimana Jean de Dieu, imfura ye y’imyaka 25, ubwo yari agiye gukiza se na nyina barwanaga bapfa amafaranga 5000 tariki 09/03/2012.
Umugabo w’Umurundi witwa Barutwanayo Jean de Dieu wari utuye mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza yatemaguye umugore we na nyirabukwe arangije nawe arishahura igitsina cye gitakara hasi.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akagari ka Niboye, umurenge wa Niboye mu karere ka Kicukiro afungiwe kuri sitasiyo ya polisi ya Kicukiro akekwako ubuhemu nk’umuyobozi wemeje amasezerano yo kugurisha inzu abantu babiri afatanyije na ba nyir’inzu.
Nyirakamana Speciose, umubyeyi w’abana batanu wari utuye mu karere ka Musanze, umurenge Musanze yitabye Imana mu ijoro rishyira tariki 29/02/2012 azira ko yacukuye amateke mu murima wa Mukarubayiza Veneranda.
Polisi yo mu karere ka Kirehe yafashe imifuka itanu y’urumogi yatawe n’abantu bikanze abana bari bagiye mu rutoki aho abo bantu bari bihishe.
Umusore witwa Gumureki Safari utuye mu murenge wa Butaro, mu karere ka Burera ubu nta munwa wo hasi afite nyuma yo kurumwa n’umugizi wa nabi akawukuraho wose.
Mu rwego rwo gukomeza guhashya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge mu karere ka Burera, tariki 07/03/2012 mu murenge wa Gatebe akagari ka Musenda hamenywe litiro 605 za kanyanga ndetse n’amagarama 60 y’urumogi.
Uruhinja rw’ukwezi kumwe rwo mu murenge wa Musebeya mu karere ka Nyamagabe rwitabye Imana ruzize imvura nyinshi yaguye mu mpera z’icyumweru cyarangiye tariki 04/03/2012 muri ako karere. Ibindi byangiritse ni amazu 23, ihene 22, ingurube 19 n’intama 2.
Inzu y’umugabo witwa Abdou Maniragaba wo mu Kagali ka Gatare, mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarugenge yafashwe n’umuriro kubera buji atari yajimije ariko Imana ikinga akaboko ntiyangirika.
Hakenewe ibikoresho bihagije bya gisirikare, abasirikare bajijutse kandi bafite imibereho myiza kugira ngo barinde umutekano w’akarere; nk’uko byatangajwe n’impuguke mu bya gisirikare ziteraniye i Kigali mu nama ihuje ibihugu bigize umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Umugabo witwa Ndayisaba Oreste afungiye kuri station ya polisi ya Ruhuha mu karere ka Bugesera akekwaho icyaha cyo kuvogera urugo rwa Murigande Alexis no kumusambanyiriza umugore. Murigande nawe arafunze kubera icyaha cyo kwihanira.
Abaturage batuye mu misozi ihanamye mu karere ka Muhanga batangaza ko bahangayikishijwe n’imvura imaze iminsi igwa kuko ishobora gutera inkangu zigahitana ubuzima bw’abantu.
Sindibana Venuste utuye mu kagali ka Gasiza umurenge wa Bushoki mu karere ka Rulindo yatawe muri yombi n’abacuruzi bo mu isoko rya Gasiza mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 06/03/2012, bamurega kwiba inkwavu zigera kuri 20 za nyinawabo, ariko we akabihakana.
Umugabo witwa Ildephonse Nkundiliza w’imyaka 29 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya Muhoza mu karere ka Musanze azira kwiba ibijumba no gukomeretsa ba nyirabyo bagacika intoki.
Abantu babiri bamaze gupfa bahitanwe n’imvura nyinshi irimo inkuba imaze iminsi igwa mu karere ka Nyamagabe.