Impanuka yabereye i Musambira yahitanye abantu 11
Impanuka yebereye mu Murenge wa Musambira, muri Kamonyi, ahitwa mu ry’Abasomari, yahitanye abantu 11 abandi 18 barakomereka.

Umuvugizi wa Polisi y’igihugu mu urwego rushinzwe umutekano wo mu muhanda, CIP Emmanuel Kabanda yabitangarije Kigali Today mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki 20 Ukwakira 2016.
Akomeza avuga ko abakomeretse baraye bajyanywe kuvurirwa mu bitaro bya Kabgayi.
Ni impanuka yaraye ibaye mu ma saa mbiri n’igice z’ijoro ku wa gatatu tariki 19 Ukwakira2016.
Yabaye ubwo imodoka yo mu bwoko bwa Coster RAB 183 U, y’ikompanyi itwara abagenzi yitwa Horizon, yavaga i Nyanza yerekeza i Kigali, yagonganaga n’ikamyo ifite puraki T957 BBT yo muri Tanzania yerekezaga mu Ntara y’Amajyepfo.
Iyo kamyo yaryamiye Coaster ku buryo gukuramo abantu byabanje kunanirana. Hitabajwe iimashini zagenewe guterura imodoka (breakdown) n’imashini zikata ibyuma.
Abatuye hafi y’aho impanuka yabereye batangaza ko yatewe n’iyo kamyo yari yacitse feri. Polisi y’igihugu yo itangaza ko ikomeje gukora iperereza ku cyateye iyo mpanuka.
Ibitekerezo ( 53 )
Ohereza igitekerezo
|
Yooo........ Imana ibakire mu bayo kandi nukuri abasigaye Imana ibashoboze Kwihangana.
Imana ibakire mubo yishimira
Bayo
Ariko mana mubuzima duhura nabyinshi bitubabaza ariko nkweretse abantu nawe wavuye mumubiri mana ubakire kdi nihaganishije imiryango nabuze ababo NGO bakomeze kwihangana nabakomeretse mana bafashe bakire kuko urimana ishoboye byose
Imana ibakire Twabakundagaa
Mana weee,hoza amarira ababuriye ababo muriyi mpanuka,uvure abayikomerekeyemo,wakire mubawe abatabarutse!
niwowe Ngabo idukungira Mana tube hafi kuko bisigaye bikabije!!
R.I.P kuri Bose bitabye Imana
abo bavandimwe Imana ibakire mubayo
twabakunda ark hari uwabakundaga kuturusha
mbifurije kuzagira iherezo ryiza
ababuriye ababo mu mpanuka imana ibasange ibahe kwihanga a. birababaje cyane pe.
Imana ibakire mubayo kdi twihanganishije imiryango yose y’ababuriye ababo muri iyi mpanuka.
Ariko se koko Mana! Gasana wari umunyamishinga y’iterambere aragiye koko ???!!! Nyagasani akira intore za we. Iriya Hotel abasigaye muyuzuze hari hasigaye gukora ho bikeya.
Muminsi Imana yatugeneye yokubaho tugomba guhura n’ibyiza n’ibibi twihanganishije Imiryango yaburiy’abayo mur’iriyampanuka (ababuz’ubuzimabwabo Imana ibakire mubayo)
imana yakire aba bavandimwe baguye muriyi mpanuka knd ihe imiryango yabuze ababo kwihangana nogukomera knd bagire iruhuko ridashira