Chief Supertendent of Police (CSP) Alphonse Businge, Umuyobozi wungirije wa Polisi y’Igihugu mu Ntara y’Iburasirazuba, arasaba abatwara ibinyabiziga kutagenda bacunga Polisi, ko ahubwo bakwiye gutwara batekereza ku buzima bwabo.
CIP Hamdoun Twizeyimana, umuvugizi wa Polisi y’igihugu mu Ntara y’Iburasirazuba avuga ko 80% by’impanuka ziterwa n’imyumvire.
Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda(Traffic Police) ryasobanuriye abatwara ibinyabiziga uruhande rw’umuhanda bakwiriye kuba banyuramo, abatabyubahiriza bagafatirwa ibihano.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Mutarama 2020, Ingabo z’u Rwanda, Abapolisi ndetse n’abakora mu nzego zishinzwe abinjira n’abasohoka, bahuriye mu mahugurwa y’umunsi umwe agamije kubungabunga umutekano wo ku mipaka.
Mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Nyarugunga ku muhanda uva i Kabuga ujya ku Murindi, tariki 14 Mutarama 2020 habereye impanuka yahitanye umuntu umwe, batatu barakomereka bikomeye.
Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CP Rogers Rutikanga, avuga ko nk’uko Kiliziya yifuza ko abantu babaho badakora ibyaha, na Polisi ari uko.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba, CIP Hamdoun Twizeyimana, avuga ko kuva ubukangurambaga bwa Gerayo Amahoro bwatangira impanuka zo mu muhanda zimaze kugabanukaho 11%.
Uwitwa Emmanuel Ntivuguruzwa w’imyaka 28 ari mu maboko ya Polisi, akurikiranyweho gushinga ikigo cyitwa “Isango Group Ltd” cyizeza abantu ko kirimo kubahuza n’abifuza abakozi, ariko buri muntu akabanza kwishyura ikiguzi cy’amafaranga 12,500 Frw.
Kiliziya Gatolika yemereye Polisi y’u Rwanda ko amateraniro y’abayoboke bayo yose agomba kwigishirizwamo ubukangurambaga bwiswe ‘Gerayo Amahoro’ na ‘Rengera Umwana’.
Mu rwego rw’ubufatanye bwa Polisi y’u Rwanda na Kiliziya Gatolika mu kurwanya impanuka zo mu muhanda, kuri iki cyumweru tariki 12 Mutarama 2020, hirya no hino mu gihugu muri Kiliziya Gatolika hatangijwe ku mugaragaro ubukangurambaga bwa ‘Gerayo Amahoro’.
Ku wa gatanu tariki ya 10 Mutarama 2020, mu ishuri rikuru rya gisirikare ry’u Rwanda riherereye i Nyakinama mu Karere ka Musanze, ku nshuro ya munani hizihijwe umunsi wahariwe umuco mu bya gisirikare.
Abaturage baturiye umusozi wa Rubavu mu Kagari k’Amahoro mu Mujyi wa Gisenyi, batangaza ko bugarijwe n’imbwa n’abajura baturuka mu mashyamba ari ahahoze hatuye abaturage bimuwe ku musozi wa Rubavu bakajyanwa Kanembwe.
Umukecuru w’imyaka 88 wo mu Murenge wa Kimonyi mu Karere ka Musanze, ari mu maboko ya Polisi, Sitasiyo ya Muhoza, nyuma yo gufatanwa urumogi.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri yigisha amategeko y’umuhanda no gutwara ibinyabiziga baravuga ko integanyanyigisho bakoreshaga yavugururwa ikongerwamo amasomo ajyanye na gahunda ya Gerayo Amahoro.
Umunyarwanda witwa Mbonabakeka Félicien w’imyaka 35 uvuka mu Murenge wa Gahunga mu Karere ka Burera, biravugwa ko yiciwe muri Uganda mu ijoro ryo ku itariki 31 Ukuboza 2019 rishyira kuwa 01 Mutarama 2020, agashyingurwa mu buryo butazwi.
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu CP John Bosco Kabera, yasabye Abanyarwanda kumenya nimero itishyurwa bagomba guhamagaraho kugira ngo bajye batabarwa vuba na bwangu.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko gahunda yiswe ‘Gerayo Amahoro’ yo gukumira impanuka mu mihanda muri 2019, yagabanyije impanuka ku rugero rungana na 17%.
Abashoferi bazwi ku izina ry’Abasare biyemeje gufasha abantu banyoye inzoga barabahamagarira kudatinya gufata icyo kunywa cyane cyane muri iyi minsi mikuru kuko biteguye kubageza mu ngo zabo amahoro.
Mu gihe hasigaye amasaha make ngo umwaka wa 2020 ugere, Polisi y’u Rwanda yasabye abantu kwigengesera, birinda kwishora mu byaha, ibasaba no gutanga amakuru y’ikintu cyose babonye cyabangamira ibyishimo by’abandi.
Abagabo batatu bari mu maboko ya Polisi bakurikiranyweho kwiyitirira Polisi, bakariganya abaturage amafaranga babizeza impushya za burundu zo gutwara ibinyabiziga (Perimi).
Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) ruvuga ko umubare w’abacungagereza rufite ukiri hasi cyane kuko kugeza ubu umwe acunga imfungwa zisaga 30.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase, yaburiye buri wese ugitekereza gushakira amahaho mu gihugu cya Uganda, asaba abaturage kubicikaho nyuma y’ibibazo by’iyicarubozo rikomeje gukorerwa Abanyarwanda bari muri icyo gihugu.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yashimiye ingabo z’u Rwanda n’izindi nzego z’umutekano kubera ubwitange zagaragaje mu gucunga umutekano haba mu gihugu ndetse no mu mahanga.
Guverinoma yasabye abatuye i Kigali bose bafite inzu zashyizweho ikirango cy’amanegeka X kwimuka mu rwego rwo guhunga ibiza bishobora kubasenyera no kubica.
Imvura yaguye ku mugoroba wa Noheli 2019 mu Mujyi wa Kigali yateje imyuzure n’imivu y’amazi, kugeza n’aho itembana imodoka.
Polisi y’u Rwanda irasaba abaturarwanda muri rusange kwishimira iminsi mikuru ariko birinda kubangamira abaturanyi babo bakoresheje amajwi asakuza.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu mujyi wa Kigali, iratangaza ko ifunze Umugande witwa Mugenyi Rachid w’imyaka 27, ukekwaho kunyuza ibiyobyabwenge bya mugo (heroine) mu Rwanda.
Buri mpera z’umwaka haba hari iminsi mikuru ikomeye Abanyarwanda, ndetse n’abatuye Isi muri rusange, bizihiza. Tariki ya 25 Ukuboza abakristo bemera Yesu/Yezu bizihiza isabukuru ye y’amavuko nk’umwana w’Imana n’umukiza, ni mu gihe tariki ya mbere Mutarama uba ari umunsi wo gutangira umwaka mushya hasozwa undi.
Kuva tariki 16 kugeza tariki 19 Ukuboza 2019, abantu batatu bafatiwe mu bikorwa byo kwiba umuriro w’amashanyarazi.
Mukiza Willy Maurice ni umwana wa kabiri wa General Major Ntawunguka Pacifique ubarizwa mu mashyamba ya Congo mu mitwe y’iterabwoba igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.