Ishuri ryigisha amahoro (Rwanda Peace Academy) rifatanyije n’inzego zitandukanye, rirasuzuma aho u Rwanda rugeze rwiyubaka rinashakisha ibyarufasha gukomeza kubaka amahoro arambye.
Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda bwongeye kwihanangiriza abantu bose bafite inshingano zo kurera (Ababyeyi n’abarimu) ndetse n’abandi banyarwanda muri rusange ko nta muntu wemerewe gukubita umwana bikabije bikaba byanamuviramo gukomereka ndetse n’ubumuga.
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye na Komisiyo y’Igihugu y’abana (NCC) bakomeje kwihanangiriza abantu bajyana abana bari munsi y’imyaka 18 mu tubari bakabaha inzoga ndetse hakaba n’abo usanga barabahaye imirimo itandukanye muri utwo tubari.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mimuli mu Karere ka Nyagatare, Bandora Emmanuel, yatangaje ko kugwa kw’isoko rya Mimuli bishobora kuba byatewe n’imyubakire mibi.
Mu mpera z’icyumweru gishize, Polisi y’u Rwanda yafashe abatwara ibinyabiziga basinze barenga 140 binangiye gukurikiza inama zo kwirinda gutwara basinze. Ni ibikorwa byatangiye ku wa gatanu ahafashwe abagera kuri 80, ku wa gatandatu hafatwa 37 mu gihe ku cyumweru hafashwe abagera kuri 27 bose hamwe bakaba 144. Si byo (…)
Polisi y’igihugu ishami rishinzwe kurwanya inkongi z’umuriro, iributsa abaturage ko igihe bamaze gukoresha ibikoresho bikoresha amashanyarazi bakwiye kwibuka kubicomokora no kubizimya mbere yo kuva aho bari bari.
Korari ‘Abarinzi’ ya ADEPR yavaga mu mujyi wa Kigali yerekeza ku Buhanda mu Karere ka Ruhango kubwiriza ubutumwa yakoze impanuka igeze mu murenge wa Kabagari mu Karere ka Ruhango perezida wayo n’undi muririmbyi umwe bahita bitaba Imana.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafashe babiri bakekwaho gucura umugambi no kwica Imanishimwe Sandrine, barimo uwahoze ari umukunzi we.
Ibiyobyabwenge ni bimwe mu biza ku isonga mu guhungabanya umutekano w’abaturage ndetse bikagira n’ingaruka mbi ku buzima bw’ababikoresha no kudindiza iterambere ryabo n’iry’igihugu muri rusange.
Mu ijoro rya tariki ya 9 Nzeri 2019, Uwineza Christine utuye mu mudugudu wa Murambi, akagari ka Buhaza mu murenge wa Rubavu, akarere ka Rubavu yatawe muri yombi, yinjiza mu Rwanda udupfunyika ibihumbi 24 tw’urumogi, tungana n’ibiro 30.
Abasirikari 34 bo mu rwego rw’aba Ofisiye baturutse mu bihugu icyenda byo ku mugabane wa Afurika bari guhabwa amahugurwa abafasha gukarishya ubumenyi ku buryo bwo kunoza akazi igihe bazaba bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro.
Iranzi Geofrey w’imyaka itandatu na Uwase Pascaline w’imyaka ibiri bo mu mudugudu wa Barija A, akagari ka Barija umurenge wa Nyagatare mu karere ka Nyagatare, kuri uyu wa kabiri 10 Nzeri 2019 bapfuye bahiriye mu nzu, abaturanyi bakavuga ko uwo muriro watewe n’amashanyarazi.
Ku wa gatandatu tariki ya 7 Nzeri 2019, mu Karere ka Nyabihu, Umurenge wa Rambura, umuyobozi ushinzwe uburere (animatrice) mu kigo cy’amashuri yisumbuye cya Saint Raphael witwa Aloysia Vuganeza ufite imyaka 36 y’amavuko yafatanywe udupfunyika 86 tw’urumogi yacuruzaga.
Umukobwa witwa Scolastique Hatangimana w’imyaka 25 y’amavuko, mu masaha ya saa tanu kuri uyu wa gatanu 06 Nzeri 2019 yasimbutse mu igorofa rya kane mu nyubako ya Makuza Peace Plaza, ashaka kwiyahura.
Mu Rwanda guhera muri Nzeri ibihe birahinduka cyane. Nibwo haba hatangiye ibihe by’imvura yitwa ‘Umuhindo’. Iyi mvura ikunze kuba ari nyinshi cyane kandi ari mbi kuko iba irimo imiyaga n’amahindu bikaba byateza impanuka zitandukanye.
Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, mu ijoro ryo ku cyumweru tariki ya 01 Nzeri 2019, ryongeye gufatira mu Mujyi wa Kigali abandi bashoferi barenga 30 bazira gutwara banyoye ibisindisha. Byabaye nyuma y’aho mu ijoro ryo ku wa gatanu n’iryo ku wa gatandatu Polisi yari yafashe abashoferi barenga 88 n’ubundi mu (…)
Inyubako iherereye imbere y’isoko rya Kamembe mu mujyi wa Rusizi yafashwe n’inkongi y’umuriro ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 02 Nzeri 2019.
Bimaze kugaragara ko impanuka nyinshi zibera mu mihanda hirya no hino mu gihugu zituruka ku businzi bwa bamwe mu bashoferi batwara ibinyabiziga banyoye ibisindisha. Ni mu gihe nyamara Polisi y’u Rwanda idahwema gukangurira abantu kwirinda gutwara ibinyabiziga basinze.
Mu turere tugize Intara y’Amajyaruguru, hakomeje ubukangurambaga bwo kumenyekanisha mu baturage Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha(RIB), mu rwego rwo kurushaho kubarinda ibyaha harimo iby’ihohoterwa rikunze kugaragara muri ako gace, no kubereka aho bageza ibibazo byabo mu gihe bakorewe ibyaha.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Mufulukye Fred, avuga ko abayobozi baha inzira ibiyobyabwenge na magendu bagiye guhanwa harimo kwirukanwa ku buyobozi.
Nyuma y’uko Umuyobozi wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu mu Karere ka Musanze (Visi Meya) Ndabereye Augustin, atawe muri yombi akurikiranyweho gukubita umugore we akanamukomeretsa, ubu uwo mugore arimo gukurikiranwa n’abaganga b’inzobere mu kuvura ihungabana.
Ndabereye Augustin umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu yagejejwe mu maboko ya RIB aho akurikiranweho gukubita umugore we akamukomeretsa.
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Rwempasha mu Murenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare hafungiye umusore ushinjwa gutema inka y’umukuru w’umudugudu atuyemo, nyuma yo kumwonera.
Mu muhanda Kigali - Musanze, ikamyo ya BRALIRWA ifashwe n’inkongi y’umuriro ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 25 Kanama 2019, Polisi y’igihugu ishami rishinzwe kuzimya inkongi yihutira gutabara.
Kamali Sylver w’imyaka 27 ukora ibijyanye na fotokopi y’inyandiko zitandukanye, afunganywe n’uwitwa Mutungirehe Emmanuel kuri sitasiyo ya Polisi ya Kimironko kuva tariki 23/8/2019.
Ubukangurambaga buzwi ku izina rya ‘Gerayo Amahoro’ ku wa gatanu tariki 23 Kanama 2019 bwakomereje mu ishuri ryisumbuye rya Lycée Notre Dame de Cîteaux riherereye mu Mujyi wa Kigali.
Kuri uyu wa kane, urukiko rwategetse ko abagabo bane barimo abanya – Kenya bane n’umunyarwanda umwe baregwa ubushukanyi no gukoresha inama itemewe bakomeza gufungwa kuko impamvu batanze basaba gufungurwa bakaburana bari hanze zitabashije kunyura urukiko.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko iperereza ry’ibanze ku murambo wasanzwe mu modoka mu Mudugudu wa Rubingo, Akagari ka Kagugu, Umurenge wa Kinyinya, rimaze kugaragaza ko ari uwa Callixte Ndahimana.
Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako ikoreramo uruganda RWACOM, rukora ibikoresho bya plastic.
Polisi y’u Rwanda n’Akarere ka Kicukiro batangaje ko barimo gukurikirana abashinzwe umutekano bavugwaho guhohotera umuntu bari bafashe bamutwaye mu modoka.