Mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango mu Ntara y’Amajyepfo habereye impanuka mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 16 Kamena 2020, ihitana Munyeshyaka Michel wari uri kuri moto ajya ku kazi mu Murenge wa Kinazi, akaba yaguye mu cyobo aho umuhanda waciwe n’ibiza mu minsi ishize.
Polisi y’Igihugu mu Karere ka Muhanga yerekanye abantu 15 bafashwe barafungwa kubera kurenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, bose bakaba barafatiwe mu tubari.
Umugabo wo mu Kagari ka Kabona, Umurenge wa Rusebeya mu Karere ka Rutsiro ari mu maboko y’ubugenzacyaha ashinjwa gusambanya umukobwa we.
Ku wa Gatanu tariki ya 12 Kamena 2020, abapolisi bo ku rwego rw’abofisiye bakuru muri Polisi baturutse mu bihugu umunani byo ku Mugabane wa Afurika basoje amasomo ajyane n’imiyoborere.
Ahagana saa moya n’igice z’umugoroba ku wa gatanu tariki 12 Kamena 2020, abagizi ba nabi bateze abaturage bane mu Mudugudu wa Munyege, Akagari ka Munyege, Umurenge wa Uwinkingi mu Karere ka Nyamagabe, barabakomeretsa.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ruratangaza ko muri aya masaha y’igicamunsi cyo ku wa gatandatu tariki ya 13 Kamena 2020, ruri mu gikorwa cyo gusaka urugo rwa Ingabire Victoire Umuhoza, mu rwego rwo gukomeza iperereza ku ruhare akekwaho rwo gukorana n’imitwe y’iterabwoba ikorera hanze y’igihugu.
Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) buratangaza ko hari abasirikare babiri bafunzwe bakaba bakurikiranyweho ibyaha byo guhohotera abaturage.
Ubuyobozi bwa gereza buvuga ko imfungwa n’abagororwa bafashijwe kurwanya umuhangayiko kubera ko ibikorwa byo gusura byahagaze mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya covid-19.
Alexandre Hatungimana w’i Bukomeye mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, yatawe muri yombi akekwaho kwica Chantal Vuguziga ngo wari wamuzaniye umugore asambanya.
Abantu 51 bafashwe mu masaha y’igicamunsi cyo kuri iki cyumweru tariki 07 Kamena 2020 basengera ku musozi witwa Ndabirambiwe uherereye mu Murenge wa Muhoza mu Kagari ka Cyabararika.
Polisi ikorera mu karere ka Nyabihu yafashe Irakiza Marie-Grace agerageza guha ruswa abashinzwe umutekano ngo bamufungurire abavandimwe bari baherutse gufungirwa gukubita no gukomeretsa.
Polisi y’u Rwanda yerekanye abasore batandatu ibashinja guhurira mu nzu ikinirwamo ibijyanye n’imikino yo gutega (Betting), hamwe n’umumotari uregwa gusiga abantu amazi ababeshya ko ari umuti wagenewe kwirinda Covid-19 (Sanitizer).
Kwizera Jean Bosco ufite imyaka 30 y’amavuko yafashwe tariki 5 Kamena 2020 afite udupfunyika tw’urumogi ibihumbi bitatu avuga ko arujyanye i Kigali.
Mu Karere ka Nyabihu mu Murenge wa Mulinga ku manywa yo ku wa Gatanu tariki 05 Kamena 2020 hadutse inkangu yibasiye imiryango itanu igizwe n’abantu 24 itwara inzu zabo.
Ku Ishami rya Polisi rikorera i Remera mu Karere ka Gasabo, Polisi yamurikiye itangazamakuru abantu 29 bafatiwe mu bikorwa bihabanye n’amabwiriza yo kwirinda ikwirakwiza ry’Icyorezo cya Coronavirus cyugarije u Rwanda ndetse n’isi muri rusange.
Ibikoresho Ingabo z’u Bushinwa zahaye ingabo z’u Rwanda bifite agaciro k’ibihumbi 290 by’Amadolari ya Amerika.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko yafashe ibicuruzwa bigizwe n’insinga z’amashanyarazi ibizingo icumi ndetse n’iminzani icumi ipima imyaka. Polisi yabifatanye uwitwa Uyisenga Marie Jeanne ufite imyaka 37 y’amavuko, akaba yarafashwe mu ijoro ryo ku itariki ya 31 Gicurasi 2020 afatirwa mu karere ka Huye mu Murenge wa Ngoma.
Mu ijoro ryo ku wa mbere tariki ya 01 Kamena 2020, abajura bataramenyekana binjiye mu rusengero rwa ADEPR Paruwasi ya Kora mu Murenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu, biba ibikoresho binyuranye birimo ibyuma by’umuziki.
Umucungamutungo wa SACCO Inyange yo mu Karere ka Musanze ari mu maboko ya RIB Station ya Muhoza, akekwaho kunyereza amafaranga y’abagize amatsinda.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rubavu mu Mirenge ya Kanama na Kanzenze ku Cyumweru tariki ya 31 Gicurasi 2020 yafashe abantu 13 barimo gutema ibiti mu ishyamba rya Gishwati. 11 muri aba bantu bafatanwe ibiti babyashijemo inkwi abandi 2 bafatanwa imbaho.
Umugabo witwa Evariste Munyaneza wo mu Kagari ka Kimana mu Murenge wa Musha mu Karere ka Gisagara, yagejejwe mu maboko y’ubugenzacyaha nyuma yo kugaragara mu mashusho akubita umugore we mu ruhame.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko kubera isubukurwa ry’ingendo hagati y’intara n’Umujyi wa Kigali ndetse n’ingendo za moto, hagiye gusubukurwa gahunda ya #GerayoAmahoro yari yarasubitswe igeze mu cyumweru cya 13, kugira ngo hirindwe impanuka n’icyorezo cya Coronavirus.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko mu myaka itanu ishize rumaze kwakira hafi dosiye z’ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside 2,300.
Mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, mu ijoro rishyira tariki 28 Gicurasi 2020, abantu batahise bamenyekana bitwikiriye ijoro bajya mu murima w’amasaka y’umuturage barayatema.
Ku wa Gatandatu tariki 23 Gicurasi 2020 nibwo abahanzi bagize itsinda rya Tuff Gang bari bateguye igitaramo ndetse kiranatangira, ariko hadashize umwanya, Polisi iragihagarika ndetse abari bakirimo batabwa muri yombi, ariko nyuma baza kurekurwa.
Polisi y’u Rwanda itangazako kubera igabanuka ry’ibinyabiziga mu mihanda hirya no hino mu gihugu, impanuka na zo zagabanutse. Mbere ya gahunda ya #GumaMuRugo, ubukangurambaga bwa Gerayo Amahoro na bwo bwari bwagabanyije impanuka ku kigero gishimishije nkuko byemezwa na Polisi.
Abantu 20 barimo abagore umunani bari mu maboko ya Polisi mu Mujyi wa Kigali, bazira kuba baragiye kota umwotsi w’ibyatsi bishyushye (igikorwa cyitwa Sawuna), nyamara amabwiriza yo kwirinda Covid-19 atabyemera.
Umuhinzi ntangarugero w’urutoki, Alexis Mwumvaneza, afungiwe ahitwa i Gikonko mu Karere ka Gisagara, akurikiranyweho kwenga inzoga z’inkorano bakunze kwita nyirantare cyangwa muriture.
Ganza Chritian ari mu maboko y’Ubushinjacyaha nyuma yo gutabwa muri yombi n’inzego z’umutekano ashaka guhindura nimero ya telefone ya Habarurema Donat ngo ajye ayikoresha muri gahunda ze.
Abasirikare batanu b’u Rwanda baregwa ibyaha birimo gusambanya abantu ku gahato muri Kangondo i Nyarutarama, bagaragarije urukiko uburyo ibirego bashinjwa ngo ari amagambo y’ibinyoma adafite gihamya, basaba kuburana badafunzwe.