Uganda: Abanyarwanda bagera kuri 200 batawe muri yombi
Inzego z’Umutekano muri Uganda ku wa mbere tariki 25 Ugushyingo 2019 zataye muri yombi Abanyarwanda babarirwa hagati ya 150 na 200, bakaba bafatiwe i Kisoro mu Majyepfo y’Uburengerazuba bwa Uganda.

Frank Mugambage uhagarariye u Rwanda muri Uganda yavuze ko u Rwanda rutamenyeshejwe iby’itabwa muri yombi ry’abo Banyarwanda. Ambasade y’u Rwanda na yo ngo yarimenyeye mu itangazamakuru, ariko ngo barimo kugerageza kubikurikirana.
Ubusanzwe amasezerano mpuzamahanga avuga mu gihe habayeho igikorwa nk’iki, abahagarariye igihugu bagomba kubimenyeshwa.
Ikinyamakuru The New Times cyanditse ko impamvu y’itabwa muri yombi ry’abo bantu itazwi, gusa mu myaka mike ishize hari amagana y’Abanyarwanda bafungiwe muri Uganda bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda.
Icyakora u Rwanda rwo rwakomeje kugaragaza ko ibivugwa na Uganda nta shingiro bifite, ko ibikorerwa Abanyarwanda muri Uganda ari ihohoterwa n’akarengane, dore ko abo bantu bafatwa badashyikirizwa inkiko ngo baburanishwe ku byo baregwa.
Bamwe muri abo bafatwa bamaze iminsi bazanwa n’inzego zo muri Uganda zikabajugunya ku mupaka w’u Rwanda na Uganda barembye kubera iyicarubozo baba barakorewe.
Iyi nkuru ikomeza ivuga ko aba bantu bafashwe ku wa mbere bahurijwe hamwe bakajyanwa ku biro bya polisi bya Kisoro. Nyuma bamwe muri bo ngo baje kurekurwa, basanze ari Abanyekongo n’Abanyatanzaniya.
Inkuru zijyanye na: Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda
- Perezida Kagame na Museveni baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi
- Perezida Kagame yageze muri Uganda
- Uganda: Gen Muhoozi yashimiye abitabiriye ibirori by’isabukuru ye y’amavuko (Amafoto)
- Perezida Kagame yagabiye inka z’Inyambo Gen Muhoozi
- Gen. Muhoozi yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
- Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Gen. Muhoozi Kainerugaba
- Gen. Muhoozi Kainerugaba yagarutse mu Rwanda
- Umuyobozi wa Kisoro muri Uganda na we ngo yari akumbuye gutemberera mu Rwanda
- Umupaka wa Cyanika wafunguwe: Dore ibisabwa ushaka kwambuka
- Umupaka ntushobora gufungurwa ibyatumye ufungwa bitabanje gukemurwa – Perezida Kagame
- Abaha serivisi abagenda mu muhanda Kigali-Gatuna-Kampala ngo bagiye kongera kubona inyungu
- Abaturage bishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wafunguwe
- Abanyarwanda bifuza kujya muri Uganda barasabwa gushishoza
- Ibicuruzwa by’u Rwanda byiteguye guhatana ku isoko rimwe n’ibya Uganda umupaka nufungurwa?
- Imiryango ya Afurika yunze Ubumwe na EAC yishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Abanyarwanda 58 bari bafungiye muri Uganda n’Umurundi umwe barekuwe
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ugiye kongera gufungurwa
- Uganda: Gen Kandiho yakuwe ku buyobozi bw’ubutasi (CMI)
- Perezida Kagame na Gen. Muhoozi Kainerugaba bagiranye ibiganiro bitanga icyizere
Ohereza igitekerezo
|