Umwana w’imyaka 10 wo mu Karere ka Rulindo mu Murenge wa Tumba yishe murumuna we w’imyaka 5
Umusore witwa Haruna Kubwimana wo mu Kagari ka Karambo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Rutsiro yakubitiwe mu kabari aza kwitaba Imana.
Abaturage ba Bereshi mu Kagari ka Hehu muri Bugeshi mu Karere ka Rubavu bashimiwe uruhare rwabo mu kubungabunga umutekano no gucyura uwahoze muri FDLR.
Buri gihugu cyashyize umukono ku masezerano mpuzamahanga yo kurwanya iyicarubozo gisabwa gushyiraho urwego rukurikirana ishyirwa mu bikorwa ryayo.
Mu mvura yo ku mugoroba wo kuri uyu wa 26 Ugushyingo 2015, inkuba ihitanye babiri mu Karere ka Nyagatare undi ajyanwa kwa muganga yahungabanye.
Umugabo witwa Bitonderubusa Fidele wari utuye mu Murenge wa Cyinzuzi, Akagari ka Migendezo, mu Mudugudu wa Gitabage yiciwe aho yararaga izamu mu ijoro rishyira tariki 26/11/2015.
Rugimbabahizi Philemon w’imyaka 93 yakomerekeje umuhungu we anatema umukazana we abaziza ifumbire mvaruganda y’ikawa bari bafashe we akayibura.
Lt Col Habamungu Desire wari ushinzwe umutekano muri FDLR yageze mu Rwanda n’umuryango we kuri uyu wa 25 Ugushyingo 2015 abifashijwemo na Monusco.
Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buranyomoza ibyatangajwe na Bloomberg ko haba hari umusirikare w’u Rwanda waguye mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Amajyepfo.
Ibirindiro by’umutwe wa FDLR byari Rusamambo byafashwe n’ingabo za Congo zifatanyije na Mai Mai Cheka, abayobozi barimo Gen Rumuri barahunga.
Abayobozi b’imidugudu mu Karere ka Rwamagana barasabwa gufasha abaturage kurwanya amakimbirane mu miryango kandi bagatanga amakuru kare mbere y’uko bigeza ku bwicanyi.
Abatuye umurenge wa Mutendeli mu karere ka Ngoma, bashima ingufu ziri gushyirwa mu guca kanyanga, hafatwa abaziteka bagashyikirizwa ubutabera.
Abarwanyi ba FDLR bane basize ubuzima mu bitero byo gusahura abaturage ahitwa i Rugari barashwe n’ingabo za Kongo tariki 16-17 Ugushyingo 2015.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Rutsiro kuva ku wa 17 Ugushyingo 2015 ari mu maboko ya Polisi ashinjwa kurya ruswa.
Kuri uyu wa 18 Ugushyingo abantu 2 bo midugudu wa Mirama I na Mirama II biyahuye umwe yitaba Imana.
Bus ya ONATRACOM, kuri uyu wa 16 Ugushyingo 2015 yahiriyemo ibicuruzwa igeze mu Kagari ka Rutaraka mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare.
Kuri uyu wa 16 Ugushyingo 2015 mu ma saa mbeli n’igice, mu gishanga cya Base mu Karere ka Ruhango batoraguye umurambo w’umuntu ariko ntibamenya uwo ari we.
Polisi y’u Rwanda yerekanye abajura babiri yafatiye i Gikondo ku mugoroba wo kuwa Gatanu, bibisha imbunda yo mu bwoko bwa Pistolet.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rukomo mu Karere ka Nyagatare buvuga ko kutagira sitasiyo ya Polisi aribyo bikurura abajura biganjemo ab’amatungo magufi.
Abaturage bo mu Kagari ka Ruragwe mu Murenge wa Rubengera muri Karongi bavuga ko baterwa ubwoba n’abajura bafata bakababwira ko nibabivuga bazabica.
Impanuka ya moto igonze ikamyo ikibirindura mu muhanda muri iki gitondo, yateje akavuyo muri kaburimbo yo ku muhanda ugana Kinamba - Nyabugogo.
Uwahoze ayobora ingabo za Loni zabungabungaga amahoro mu Rwanda 1994 Lt Gen Dallaire yasuye ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo
Abaturage bo mu Murenge wa Mahama muri Kirehe batoraguye uruhinja mu murima ruvirirana amaraso mu mazuru, ariko rupfira kwa muganga.
Umugabo witwa Ndizihiwe Canisius yatawe muri yombi ashinjwa ko imbwa ye imaze iminsi irya abantu, akaba yarananiwe kuyizirika ndetse bigakekwa ko ishobora kuba idakingiye.
Mukamana Immaculée utuye mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza yatoraguye uruhinja rukimara kuvuka ruzingazinze mu bitenge hafi y’urugomero rw’amazi.
Hakizimana Emmanuel ari mu maboko ya polisi guhera mu mpereza z’icyumweru dushoje, nyuma yo gufatanwa ikiyobyabwenge cya Kanyanga.
Abaturage bo mu murenge wa Muganza mu karere ka Nyaruguru babangamiwe n’insoresore zinywa inzoga zitemewe zigateza umutekano muke.
Polisi mu Karere ka Muhanga irasaba abakora akazi kazwi ku izina rya karani ngufu gukomeza kunoza akazi kabo bakirinda ibiyobyabwenge n’ubujura bwa hato na hato.
Polisi Mpuzamahanga(Interpol) yashimye kuba ibigo bishinzwe kuvura abahohotewe no kurwanya ihohoterwa bya Isange One Stop Centers ari umwimerere w’u Rwanda.
Akarere ka Gasabo na Polisi y’Igihugu, kuri uyu wa 04 Ugushyingo 2015, beretse itangazamakuru ryitabiriye inama ya Interpol uburyo Polisi ikorana n’abaturage mu micungire y’umutekano.