Umusore wo mu kigero cy’imyaka 30 utazwi umwirondoro, amaze umwaka n’amezi umunani ari indembe mu bitaro bya Ruhengeri, aho abaho atagira umurwaza akaba yitabwaho n’abaganga.
Igikorwa cyo gutera umuti wica imibu mu ngo zo mu Karere ka Huye cyatangiye tariki ya 15 Mutarama, kigasozwa ku ya 4 Gashyantare, cyasize hari ingo 1207, zitawuterewe.
Umugore utwite akwiye gufata indyo yuzuye kugira ngo ashobore kubona intungamubiri akeneye ndetse n’izitunga umwana atwite.
Abakobwa 174 biga mu mwaka wa mbere muri INES Ruhengeri, barihirwa na FAWE Rwanda bibukijwe ibikubiye mu masezerano bagiranye na FAWE, ko gutwita imburagihe ari ikizira kandi ko uwo bizabaho azahita asezererwa.
Abana bafite munsi y’imyaka itanu bakenera indyo yuzuye igizwe n’imboga, imbuto, ibinyamisogwe, amata n’ibiyakomokaho na poroteyine. Indyo yuzuye, igira intungamubiri zikenerwa mu mikurire y’umwana, mu iterambere rye no mu myigire ye.
Ababyeyi batuye ku kirwa cya Nkombo mu karere ka Rusizi baravuga ko kugera ku kigo nderabuzima bibagora cyane cyane abagiye kubyara bitewe n’uko kuri icyo kirwa cyose nta mbangukiragutabara ihari. Basaba akarere ko kabatekerezaho kuko bikomeje kubagiraho ingaruka.
Umunyu ni ingenzi mu mikorere myiza y’umubiri w’umuntu, ukaba n’ikintu gikomeye mu mateka y’isi, kuko ubushakashatsi bwerekanye ko abasirikare b’Abaromani bahabwaga umunyu nk’igice cy’umushahara wabo. Iyo umuntu arya umunyu ku rugero ruto cyane, bimuteza ingorane.
Mu buzima, abantu basabwa gukora kugirango babashe kwitunga, gutunga ababo ndetse no gukorera sosiyete n’ibihugu byabo.
Mu karere ka Rusizi, bamwe mu rubyiruko barifuza kuboneza urubyaro kugira ngo birinde kubyara imburagihe, ariko ababyeyi n’ubuyobozi bw’akarere babyamaganye.
Dufitimana Janviere wiga muri Kaminuza y’u Rwanda avuga ko we na bagenzi be batinya gutwara inda kurusha gutinya kwandura virusi itera SIDA.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko poste de santé zigiye kongererwa ingufu bityo zitange serivisi nyinshi kuruta izo zari zisanzwe zitanga hagamijwe korohereza abaturage kwivuza.
Icyumba cy’umukobwa ngo gifite agaciro kanini ku ishuri kuko gifasha abana b’abakobwa bagize ikibazo kijyanye n’imiterere yabo ariko ngo ababyeyi ntibajya bibuka ko gikeneye ibikoresho.
Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruvuga ko ibigo bya Isange one stop center bikiri bike bigatuma hari abahohoterwa batabigeraho vuba ngo bafashwe ibimenyetso bitarasibangana.
Abaturage bo mu Karere ka Nyanza basimbuje imbuga z’amazu yabo uturima tw’imboga baravuga ko barwanyije imirire mibi mu bana babo.
Mu mwaka wa 2018 hari ibikorwa by’ingenzi byaranze urwego rw’ubuzima kuva ku bushakashatsi bushya kuri Sida mu Rwanda kugeza ku kwikanga Ebola mu mezi make ashize.
Abana baba mu mihanda yo mu Mujyi wa Nyagatare batewe inda, bavuga ko babayeho nabi kuko batakirwa kwa muganga batazanye ababyeyi.
Raboratwari y’igihugu ishinzwe gupima ibimenyetso byifashishwa mu butabera iratangaza ko uwifuza gupimisha umurambo ngo hamenyekane icyamwishe, acibwa amafaranga 50,000, ariko akaba ashobora kwikuba inshuro zirenze 10.
Perezida Paul Kagame yategetse ko ikibazo cy’imirire mibi kikiri mu bana kigomba gukemuka mu gihe gito cyane, asaba inzego zose gukorana mu kugishakira umuti.
Mukamwiza Jeanne (amazina yahawe) watewe inda na se wabo amufashe ku ngufu afite imya 16, avuga ko asigaye atinya umugabo wese ataretse na se n’ubwo ari umubyeyi we.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Nyagatare rurashinja abagabo bakuze, bafite amikoro kuba aribo batera abana b’abangavu inda.
Abahanga mu mirire bemeza ko kurya inyanya mbisi bifite akamaro kuruta izitetswe mu biryo, kuko ari bwo zigirira umubiri akamaro.
Mu Rwanda buri mwaka abasaga 12.000 bandura virus itera Sida, akaba ariyo mpamvu muri uyu mwaka hashyizwe imbaraga mu gukangurira abanyarwanda kwitabira uburyo bwo kwipimisha kugira ngo bamenye uko bahagaze binatume bafata ingamba.
Kuri uyu wa mbere tariki 26 Ugushyingo, Polisi y’Igihugu ifatanije n’inzego zirimo Minisiteri y’Ubuzima, Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) n’Ikigo gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti mu Rwanda, bakoze umukwabu wo kugenzura amaduka acuruza amavuta ahindura uruhu azwi nka Mukorogo.
Uturere turasabwa kugira icyo dukora kugira ngo ingengo y’imari ishyirwa mu kurwanya ikibazo cy’imirire mibi yiyongere, kuko hakiri byinshi bigikenewe kongerwamo imbaraga mu guhangana n’iki kibazo.
Abaturage bo mu kagari ka Murandi mu Murenge wa Remera, Akarere ka Musanze, biyemeje kwishyira hamwe kugira ngo bahangane n’ibibazo by’imirire n’igwingira ry’abana, maze biyemeza kwiyubakira ikigo mbonezamikurire y’abana bato Early Childhood Development (ECD).
Ibi byagaragaye ubwo aba bangavu begerwaga bakaganirizwa, muri gahunda Minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango yihaye yo kubegera (GBV Clinics), kuva tariki 14 kugeza ku ya 15 Ugushyingo.
Umuryango uharanira uburenganzira bw’umuguzi (ADECOR) uhamya ko hakiri icyuho mu ikorwa ry’ibiryo byongewemo intungamubiri bigatuma bitaboneka ku isoko n’aho biri bigahenda.
Ubushakashatsi bugaragaza ko buri segonda ku isi hapfa umwana wavutse atujuje iminsi isanzwe yo kuvuka, ihwanye n’amezi icyenda.
Abitabiriye inama mpuzamahanga ku kuboneza urubyaro (ICFP 2018) bifuje ko serivisi zo kuboneza urubyaro zanozwa, zigatangwa neza kurushaho kugira ngo zigere ku ntego.
Umuryango Imbuto Foundation ntiwemeranya n’abavuga ko kwigisha abakiri bato ibyo kuboneza urubyaro ari ukubagabiza ubusambanyi ahubwo ko hari ibibazo byinshi bibarinda.