Perezida Kagame yemeza ko ari uruhare rw’abayobozi kugira ngo ihame ry’ubuvuzi butagize uwo busiga inyuma butere imbere.
Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, umuyobozi w’Ishami ry’Umuryano w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) yageze mu Rwanda aho aje kureba aho u Rwanda rugeze rwubahiriza ishyirwa mu bikorwa ry’ubuvuzi kuri bose.
Abahuraga n’ibibazo byo kurwara bakabura uko bagera kwa muganga byihuse kuri ubu babonye igisubizo babikesha ikoranabuhanga rikoresha terefone.
Niba uri umubyeyi ufite ikibazo cy’indwara yo kujojoba warwaye nyuma yo kubyara, ugiye kuvurwa wongere ugire ubuzima buzira umuze.
Iyi ni imwe mu nkuru igaragaza uburyo u Rwanda rugenda rukurura benshi mu barugenderera bikarangira bahisemo kudasubira iwabo ahubwo bakahaguma ubuziraherezo.
Abanyarwanda baba mu mahanga bakusanyirije arenga miliyoni 22RWf yo gufasha Serubogo Ally wari umaze igihe atabarizwa ku mbuga nkoranyambaga, kugira ngo abone ubufasha bwo kumuvuza kanseri y’ukuguru.
Nsengimana Jean Pierre, umubyeyi w’umwana w’umuhungu w’imyaka ibiri watwitswe n’itara ry’aho ababyeyi babyarira akivuka, arasaba ubufasha kugira ngo avurwe kuko bisaba miliyoni esheshatu z’amafaranga y’u Rwanda.
Abanyarwanda bamaze kumenya ibibazo biterwa n’ubwoko butandukanye bw’ihungabana ariko ntibatera intambwe yo kwegera abaganga babisobanukiwe ngo babafashe.
Minisiteri y’ibikorwa remezo (MININFRA) ivuga ko hari kurebwa uburyo hakumirwa ingaruka zituruka ku mirasire yangiza (Rayons ionisant) iboneka muri serivisi zitandukanye, cyane izitangirwa kwa muganga.
Ambasade ya Misiri mu Rwanda yashyikirije ibitaro bya Gisirikare bya Kanombe impano y’ibikoresho bizajya byifashishwa mu kuvura hifashishijwe umuhanga utari mu Rwanda (a distance).
Ababyeyi bavuga ko inzu nshya y’ibyariro (Materinite) y’Ibitaro bya Gahini izaborohereza ingendo bakoraga bajya konsa impinja zavutse zitagejeje igihe,kuko byabagoraga cyane dore ko baba batarakomera umugongo.
Ihuriro ry’abaganga batera ikinya mu Rwanda (Rwanda Association of Anesthetists) ryashyize ahagaragara igitabo kigenga uwo mwuga hagamijwe gukumira amakosa awugaragaramo.
Abarwayi b’impyiko bajya kwivuriza ku bitaro bya bigisirikare bya Kanombe barizezwa ko batazajya boherezwa kuvurirwa ahandi kuko ibyo bitaro bigiye kujya nabyo bibavura.
Nubwo nta mibare izwi y’abarwayi banga guhabwa amaraso, Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko bene abo barwayi bakomeje kugaragara mu bitaro.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko 1% by’abantu barengeje imyaka 50 y’amavuko,bafite uburwayi bw’amaso.
Abari batuye ku Kirwa cya Bushonga mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Burera bubakiwe umudugudu w’icyitegererezo urimo n’ivuriro.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko 25% by’abivuza mu Rwanda baba bafite nibura imwe mu ndwara zitandura, ariko ugasanga batari babizi.
Abaturage batishoboye 34 bo Mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro, bishyuriwe mitiweri n’itorero ‘Izere Yesu Christian Church’, bavuga ko zizabarinda kutongera kwivuza magendu.
Madamu Jeannette Kagame yatangarije abitabiriye inama y’ihuriro ry’Abagore b’Abakuru b’ibihugu by’Afurika (OAFLA) ko u Rwanda rwiyemeje kutazacika intege mu rugamba rwo gutuma Abanyarwanda bagira ubuzima bwiza.
Abaturage 67 bo mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro bishimira ko batazongera kurembera mu rugo kuko bishyuriwe mitiweri izabafasha kwivuza.
Abajyaga kwivuza kanseri ku Bitaro bya Butaro biri mu Karere ka Burera bakabura aho barara basubijwe kuko bagiye kubakirwa inzu bazajya bacumbikamo ku buntu.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yabwiye ibitaro bya Kibogora ko nta mwenda ibibereyemo, nyuma y’aho byari byagaragaje ko ibifitiye umwenda wa miliyoni 123Frw.
Kubaga umuntu bagasubiza umubiri aho wavuye,cyangwa ubusembwa buri ku mubiri (Plastic Surgery) kubera impamvu zitandukanye bikorwa n’abaganga babiri gusa mu Rwanda.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko umubare w’abaganga b’inzobere bavura abana ukiri muto ugereranije n’abana b’igihugu cyose bakenera kuvurwa.
Ihuriro ry’abavuzi gakondo mu Rwanda (AGA Rwanda), ritewe impungenge no kubura ibimera bivamo imiti bakoresha. Bamwe ngo bajya kubishaka mu mahanga kuko mu Rwanda birushaho gukendera.
U Rwanda hamwe n’ikigo gikoresha indege zitagira abapilote (Drones) mu gutwara amaraso akenewe n’indembe, Zipline bahawe igihembo cyo ku rwego rwo hejuru cyitwa Index Awards 2017.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku buzima (RBC) kiratanga urukingo rw’indwara ya Hepatite C ku buntu, ku baturage batifashije bo mu Karere ka Huye.
Abaturage 1500 batishoboye bo mu murenge wa Musanze mu karere ka Musanze ntibazongera kurembera mu rugo kuko bishyuriwe Mitiweri izabafasha kwivuza.
Abaturage bo mu Murenge wa Kabatwa mu Karere ka Nyabihu bakoraga urugendo rw’ibirometero bajya kwivuriza ku mavuriro yo muri Musanze na Rubavu basubijwe kuko bubakiwe ivuriro rishya.
Ababyeyi bo mu murenge wa Munyaga muri Rwamagana ntibazongera kuvunika bajya kubyarira mu bitaro bya Rwamagana kuko begerejwe inzu y’ababyeyi yujuje ibyangombwa.