Ingabo z’u Rwanda zibinyujije mu Bitaro bikuru bya Gisirikari by’i Kanombe, zizatangiza muri Mutarama 2019 ikigo gishya kizafasha kuvura kanseri mu buryo bwihariye (oncology) bukazafasha benshi bugarijwe n’iyi ndwara.
Kugira ngo umuntu ahorane ubuzima buzira umuze kandi agira imbaraga, imirire myiza ni ingenzi.
Abantu bari hejuru y’imyaka 50 bafite virusi itera SIDA (VIH) bagiye kwitabwaho kurushaho, nyuma y’uko bigaragaye ko abafata imiti neza babana na yo igihe kinini kandi bakagirira igihugu akamaro.
Abaganga baraburirwa ku bwoko bubiri bw’imiti ari yo Misoprostol na Oxytocin bwinjiye mu Rwanda butujuje ubuziranenge, buturutse mu Bushinwa ndetse no mu Buhinde.
Ubushakashatsi bwerekanye ko Abanyafurike barenga miliyoni 33 bapfuye biturutse ku gukoresha imiti igabanya ubukana bwa SIDA itari umwimerere, ikibazo cyahurije inzego zitandukanye i Kigali ngo higwe uko ikoreshwa ry’iyi miti ryacika.
Sosiyete Zipline ishinzwe gutwara amaraso yifashishije ‘Drone’ mu Rwanda iravuga ko mu myaka ibiri imaze mu Rwanda, imaze gutwara udupfunyika tw’amaraso turenga 8000, harimo 3000 twajyanywe amaraso akenewe cyane.
Izo nshingano azihawe n’Umuryango w’Abibumbye, ishami ryawo ryo kurwanya SIDA (UNAIDS), kuri uyu wa Gatanu tariki 7 Ukuboza 2018, bitewe n’uruhare agira mu gukora ubuvugizi kugira ngo abana bagire ubuzima bwiza.
Urwego rw’Ubwiteganyirize bw’Abakozi (RSSB), ruvuga ko hari abanyamuryango barwo batiza abandi bantu amakarita yo kwivurizaho, bigatuma habaho kuvura umuntu indwara adafite.
Itsinda ry’Abaganga 15 b’Abashinwa riri mu Rwanda, Kuri uyu wa mbere tariki ya 3 Ukuboza 2018 ryatanze serivisi z’ubuvuzi zitandukanye ku buntu.
Mu gihe hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wahariwe abafite ubumuga kuri uyu wa mbere tariki 03 Ukuboza 2018, abakora mu nzego z’ubuzima bavuga ko bagihura n’inzitizi zo kutamenya uburyo bavugana n’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga.
Urukiko rw’ ibanze rwa Kacyiru mu karere ka Gasabo ruzaterana tariki ya 28 Ugushyingo2018, rusoma urubanza ku kirego cy’umuganga wo ku bitaro bya Kibagabaga ushinjwa kurangarana umurwayi, bikamuviramo kujya muri koma kuva muri Kanama 2017, kugeza magingo aya.
Minisitiri w’Ubuzima Dr Diane Gashumba, yemeza ko abajyanama b’ubuzima ari inkingi ikomeye mu by’ubuzima ari na cyo gituma gahunda zo kuboneza urubyaro zikora neza.
Ku nshuro ya kabiri, Ikigo cya Johnson & Johnson cyatangije amarushanwa yo guhanga udushya muri siyansi yiswe “Africa Innovation Challenge 2.0”, aho abafite imishinga myiza bashobora kuzatsindira ibihumbi 50 by’Amadolari ya Amerika bakanakurikiranwa (Mentorship) kugeza bagejeje imishinga yabo ku isoko.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ivuga ko harimo gukorwa ibishoboka byose kugira ngo buri kagari kabone poste de santé mu rwego rwo kwegereza abaturage ubuvuzi.
Kuri iki cyumweru tariki 28 Ukwakira, Abanyarwandakazi amagana, bahuriye mu mihanda ya Kigali bakora siporo mu rwego rwo kubungabunga ubuzima.
Benshi mu barwaye kanseri bahamya ko imiti ikoreshwa mu kuyivura ihenda cyane ku buryo batabasha kuyigurira bagasaba Leta kubafasha kugira ngo iboneke kandi ihendutse.
U Rwanda rwamaze kurangiza inyubako ndetse rwanateguye ibikoresho bikenerwa mu gutangiza ikibuga gishya cya Drones zifasha mu kugeza amaraso ku ndembe n’indi miti ku bitaro n’ibigo nderabuzima 430 zitari zisanzwe zigeramo.
Ubuyobozi burizeza abatuye Akarere ka Gakenke ko batazongera kubura serivisi z’ubuvuzi, kuko ibitaro bya Gatonde bimaze imyaka 19 bategereje bigiye kuzura.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ihamya ko Abanyarwanda bafite virusi itera SIDA bose bamenyekanye bakajya ku miti igabanya ubukana bwayo, ubwandu bushya bwazacika burundu.
Minisitiri w’Ubuzima Dr Diane Gashumba aramagana abakora ibikorwa by’ubuvuzi babyamamaza mu itangazamakuru kuko bitemewe n’amahame ya kiganga.
Abahanga mu by’imiti bavuga ko urugendo rwo gushinga uruganda rukora imiti mu Rwanda rusigaje gukorerwa igenamigambi gusa, nyuma yo kwegerenya abazarukoramo.
Perezida Paul Kagame avuga ko kimwe mu bidindiza iterambere ry’umugabane wa Afurika ari indwara z’ibikatu zikomeza kwibasira abayituye.
Abavuzi gakondo baranenga abasuzugura umwuga wabo babita amazina asebanya n’andi abatesha agaciro kandi ngo hari uruhare runini mu buzima bw’abaturage.
Ububi bw’umuhanda uva ku Rusuzumiro werekeza ku kigo nderabuzima cya Kivu cyo mu Karere ka Nyaruguru butuma baheka abarwayi ku birometero bine ngo babashyikirize imbangukiragutabara.
Abavuzi gakondo bakorera mu Ntara y’Amajyaruguru n’iy’Uburengerazuba, bavuga ko abantu bakibiyitirira ari bo bangiza isura y’ubuvuzi gakondo.
Rwizihirwa Ngabo Raymond umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Rwimbogo avuga ko ababyeyi n’abana bahavukiraga batwaraga n’izindi ndwara banduriye kwa muganga.
Autisme, ubumuga bamwe bavuga ko ari uburwayi, ni ikibazo cy’imyitwarire idasanzwe gikunze kugaragara ku bana bato ariko benshi mu babyeyi ntibamenye ibyo ari byo.
Abatuye Umurenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke, barasaba kurenganurwa bagahabwa serivise z’ubuvuzi, nyuma yuko batanze mituweri bifashishije urubuga rw’irembo bashyiriweho n’umurenge, umukozi w’urwo agatorokana amafaranga yose batanze.
Sosiyete nyarwanda itanga ubwishingizi bw’ubuzima (SONARWA Life) yishyuriye ubwisungane mu kwivuza abaturage 200 baturiye igice kiri kuberamo Imurikagurisha Mpuzahanga rya 2018, i Gikondo mu karere ka Kicukiro.
Hashize umwaka Minisitiri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaje ko irimo gushyira mu bikorwa imishinga ikomeye izafasha u Rwanda kuba icyitegererezo mu karere mu bijyanye n’ubuvuzi.