Perezida Kagame yasabye Minisante na Polisi guhagurukira ibyo kwitukuza

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko nawe ahangayikishijwe n’ingaruka z’imikorogo mu Banyarwanda, asaba Minisiteri y’Ubuzima na Polisi y’Igihugu kubikurikirana.

Yabitangaje nyuma y’aho umwe mu bakoresha Twitter yanditse ubutumwa atabaza Minisante na Polisi, asaba ko ibyo bigo byagira icyo bikora kuri iki kibazo.

Ubutumwa bw’uwitwa Fiona Kamikazi bwagiraga buti “Ikigo cy’igihugu gishinzwe Ubuziranenge na Minisiteri y’Ubuzima bikwiye guhagurukira ikibazo cyo kwitukuza kuko kimaze kuba kinini.”

Akimara kwandika ubwo butumwa abantu benshi bagaragaje ko nabo kibahangayikishije.

Kuri iki Cyumweru tariki 25 Ugushyingo 2018, Perezida Kagame yunze mu ry’abamagana ayo mavuta, nawe yemeza ko kwitukuza biri mu bintu bya mbere by’ibanze byangiza ubuzima.

Ati “(Kwitukuza) biri mu byica ubuzima. Kimwe no gukoresha indi miti cyangwa amavuta bitemewe. Minisante na Polisi bikwiye kubikurikirana byihuse.”

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 27 )

Kbs birakwiye mubitwike kbs kuko usanga umugore asigaye ahaho umugabo we umuntu wazanye igitekerezo cyokubicya yarakoze peee kuko abantu baribashize kbs

Adeliphine yanditse ku itariki ya: 3-12-2018  →  Musubize

ibyo gucibwa byo ni byinshi bace n’amatabi bashyire imbaraga mu kurwanya ibiyobyabwenge mukorogo yo yari isigaye iteye isesemi

Josee yanditse ku itariki ya: 1-12-2018  →  Musubize

nukuli ibi birakwiriye ahubwo bahagerukire nicyitwa kwambara ubu bace na mini kugitsina gore kuko biteza ingaruka zogufatwa kungufu nyamara nabo babigizemo uruhare

arsene yanditse ku itariki ya: 27-11-2018  →  Musubize

ayo mavuta ahubwo batinze kuyafatira ingamba ndetse nabayisinga.

isp yanditse ku itariki ya: 26-11-2018  →  Musubize

mubyukuri ni babice pe nibura abana bacu bazarokoka ntabantu iyaba bari bazi ko kwirabura bihenze umuntu muhura arigikara mwakogera guhura ukamuyoberwa muzarebe uruhu rwabo agize ikibazo ntiyabagwa ngo bikunde

Peace yanditse ku itariki ya: 26-11-2018  →  Musubize

the ben se buriya siwe baheraho bafatira imyanzuro. kubera arikwicangaho irange.

don yanditse ku itariki ya: 26-11-2018  →  Musubize

ark njyew haricyo ntibaza ayo mavuta kafatwa nka magendu yinjira murwanda gt kd amenshi aturuka muricongo igoma kko bajyaga bayafatira igisenyi ndeba urumvako rero imbaraga zagakwiye kwiyongera kko twazashiduka inkumi zacu zarabaye inzobe zose kd dukunda uruhu rwacu

hirwa patty yanditse ku itariki ya: 26-11-2018  →  Musubize

Yemwe HE ntako atagira kumva kwa bamwe nicyo kibazo. Uruzi yibaye yaduciraga na ya myambaro iterurwa n’umuyaga cyangwa ituma umuntu adashobora kunama.Murebe na bya binini bamira bagahinduka hose.

uwurerwa alice yanditse ku itariki ya: 26-11-2018  →  Musubize

Rwose acike. Mushiki wanjye yarayisize amara amezi 3 munzu adasohoka kugeza akiza. Yivurisha amavuta yinka.
bicike rwose

Ni ibanga yanditse ku itariki ya: 26-11-2018  →  Musubize

Ariya mavuta ahindura uruhu rwose usanga adakwiye kuko hamwe mu bayisiga usanga bibatera ibibazo ku ruhu Kandi bashakaga gusa neza.

Alias yanditse ku itariki ya: 26-11-2018  →  Musubize

ayo mavuta atukuza abantu rwose akwiye gucika ndetse burundu

MUTABAZI Joseph yanditse ku itariki ya: 26-11-2018  →  Musubize

Ibi bintu si byiza rwose bukwiriye guhagurukirwa

Sadi yanditse ku itariki ya: 26-11-2018  →  Musubize

Ntanumwe wabishyigiki ntakwitukuza kuko bifite ingaruka rwose icyiza ni uguca mukorogo kwisoko ryurwanda

Petere yanditse ku itariki ya: 26-11-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka