Urubanza rwa Mugabe Kwizera Victory ukomoka mu karere ka Gatsibo akaba akurikiranweho ubwambuzi bushukana ndetse no kwiyitirira inzego z’iperereza kandi adakoramo rwaburanishijwe mu mizi kuri uyu wa 16/09/2014 mu rukiko rw’ibanze rwa Gicumbi abatangabuhamya bashinja umuyobozi mu murenge gukorana nawe.
Urubanza ruregwamo umugabo ukekwaho gusambanya umwana we w’imyaka 17 kuri uyu wa kabiri tariki 16 Nzeri 2014 rwaburanishirijwe mu kagari ka Nyankurazo mu murenge wa Kigarama aho atuye asabirwa gufungwa burundu y’umwihariko.
Mu bantu batanu bakurikiranyweho ubufatanyacyaha mu kwangiza ishyamba rya Gishwati batatu basabiwe kuburana bafunze naho babiri bemererwa kuburana bari hanze mu rubanza rw’ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kigeyo mu karere ka Rutsiro yaburanye tariki 15/09/2014 urukiko rumusabira gufungwa iminsi 30 mu gihe bakiga ku kirego aregwa cyo kunyereza umutungo wa Leta ariko uwo bari bafunganywe ushinzwe ubworozi bw’amatungo we yabaye arekuwe by’agateganyo.
Kuri uyu wa gatatu tariki ya 10 Nzeri 214 ku gicamunsi nibwo urukiko rwa gisirikare rwaburanishije mu ruhame urubanza rwa Pte Niyonsaba Olivier na bagenzi be mu bujurire, rwongera kwemeza igihano yari yahawe n’urukiko cyo gufungwa imyaka 11 hari ku itariki ya 5 Kamena 2014.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare rwasubitse urubanza rurengwamo abagabo 5 n’umwana w’umukobwa w’imyaka 17 kubera ko bageze mu rukiko bagasanga dossier y’ikirego gishya kandi batayibonye ngo bategure urubanza.
Ikigo kirwanya ruswa n’akarengane AJIC gikorera mu muryango utegamiye kuri Leta Tubibe Amahoro cyashyize ahagaragara imiterere y’ubutabera mu karere ka Ngororero. Ibi byakozwe mu rwego rwo kwinegura ariko hagamije kwiyubaka.
Umukobwa w’imyaka 20 witwa Uwitonze Chantal wavukiye mu mudugudu wa Kamina mu Kagari ka Shara mu Murenge wa Kagano, aragezwa imbere y’urukiko kuri uyu wa mbere tariki ya 7/9/2014 azira guta umwana yari yabyaye mu kwezi kwa Mutarama muri uyu mwaka wa 2014.
Isoma ry’urubanza rwa Lt. Joel Mutabazi ryari ritegerejwe na benshi ryasubitswe, kubera bimwe mu bimenyetso bijyanye n’uru rubanza bigikeneye icukumburwa ryimbitse, nk’uko byatangajwe na Maj. Bernard Hategeka, Perezida w’uru rukiko rukuru rwa Gisirikare i Kanombe.
Nyuma y’uko abantu bane bafashwe bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umuryango w’abantu 6 mu karere ka Ruhango, Baribwirumuhungu Steven ufungiye muri gereza ya Muhanga yabwiye urukiko ko ari we wabishe wenyine nta wundi bafatanyije.
Nyuma y’iminsi itari mike umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Tangabo mu murenge wa Manihira afunzwe kubera gukekwaho guhisha amakuru y’umwana watewe inda yiga mu mashuri abanza, ubu yafunguwe by’agateganyo.
Umukecuru wo mu Murenge wa Mutuntu mu Karere ka Karongi witwa Kanyanja Colette yageze ku nzego z’ubuyobozi bw’igihugu kuva ku mukuru w’umudugudu kugera mu biro bya Perezida wa Repubulika ngo asaba kurenganurwa ku murima avuga ko yatsindiye mu nkiko muramu we (yita umugabo wabo) nyamara abaturage baturanye ndetse n’ubuyobozi (…)
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe n’ubw’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi buratangaza ko bumaze gutera intambwe igaragara mu kurangiza imanza z’imitungo yononywe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi zaciwe n’inkiko Gacaca, ndetse hakaba hari ingamba zihamye kugira ngo iki kibazo kirangizwe burundu abangirijwe imitungo (…)
Abaturage batuye mu murenge wa Muhororo mu karere ka Ngororero baravuga ko nyuma y’uko urukiko rwisumbuye rwa Gisenyi ruburanishirije uwakekwagaho kwica umuntu rukanasomera imyanzuro y’urubanza imbere y’abaturage, bahakuye isomo ryo kwitondera gukora ibyaha bihanirwa n’amategeko cyane cyane ibyaha bihanishwa ibihano biremereye.
Umugabo witwa Nkubana Vincent w’imyaka 46 wo mu kagari ka Bweramana, umurenge wa Muhororo mu karere ka Ngororero yakatiwe n’urukiko rwisumbuye rwa Gisenyi, igifungo cya burundu nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica umugore witwa nyirabazimenyera Alvera wari indaya ye.
Urukiko rwa gisirikare rwahanishije Private Ntaganda Vedaste igihano cyo gufungwa amezi atandatu no kwishyura Mugabo Ildephonse amafaranga yakodesheje moto ye nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gutoroka igisirikare ntanubahirize amasezerano yagiranye na nyiri moto yari yakodesheje.
Urukiko rw’ibanze rwa Nyamata mu karere ka Bugesera rwaburanishije urubanza ubushinjacyaha bwasabiraga ifungwa ry’agateganyo uwitwa Nsengiyumva Claude utuye mu murenge wa Mwogo akaba akurikiranyweho kwica Ndayambaje Naheza Jean de Dieu, wamuragiriraga inka.
Urukiko rw’ibanze rwa Gihango ruri ku cyicaro cyarwo mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro rwemeje ko Niyigena Ephrem afungurwa by’agateganyo nyuma y’uko ibimenyetso byagezweho mu iperereza bidahagije ku buryo byatuma habaho gukeka ko ashobora kuba yarakoze icyaha akurikiranyweho cy’ubwicanyi.
Nyuma y’iminsi yari amaze muri gereza ya Rusizi aho yari afungiwe by’agateganyo, umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Giheke, Gatera Egide, yabaye umwere ku byaha yari akurikiranyweho n’ubushinjacyaha aribyo kwambura abaturage ubutaka hakoreshejwe amayeri no gusebya Leta.
Umugabo w’imyaka 56 y’amavuko ubushinjacyaha bw’urukiko rwisumbuye rwa Huye mu Ntara y’Amajyepfo bumukurikiranyeho icyaha cyo kwangiza imyanya ndangagitsina y’umugore we bashakanye akayishyiramo urusenda.
Nishimwe Felix wavutse mu mwaka w’1988 washinjwaga kwiha ububasha ku mirimo itari iye akiyita muganga ndetse agasiramura abagabo yahamijwe icyaha ahanishwa igifungo cy’amezi ane n’urukiko rwa Kagano.
Umwe muri 15 baregwa hamwe na Lt Joel Mutabazi, witwa Ngabonziza Jean Marie-Vianney cyangwa Rukundo Patrick, yemereye urukiko rukuru rwa gisirikare i Kanombe ko yakoranaga n’umutwe wa RNC nk’umukangurambaga wayo mu gihugu cya Uganda.
Urubanza ruregwamo Lt Joel Mutabazi n’abasivili 15, rwongeye gusubukurwa kuri uyu wa 17/6/2014; aho Lt Mutabazi na Nshimiyimana Joseph witwa Camarade, bahakana ko bavuganaga ibyo guhungabanya umutekano w’igihugu; mu gihe uwitwa Ngabonziza we yemera ko yakoreraga umutwe wa RNC, ariko akavuga ko ngo atari azi ko ari icyaha.
Kuri uyu wa 09 Kamena itorero rya Eglise Vivante de Jesus Christ ryagejeje imbere y’urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare uwo ryita ko yari umushumba waryo mu karere ka Nyagatare Niyonagira Locus rumusaba kuva mu mitungo yaryo kuko ubu yamaze kwitandukanya naryo mu mwaka wa 2013.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare rwategetse ko abagabo batanu n’umwana w’imyaka 17 wigaga mu rwunge rw’amashuli rwa Nyagatare bafungwa iminsi 15 y’agateganyo mu gihe bakurikiranweho gusambanya abana no kubashora mu buraya.
Abasirikare batanu bashinjwaga kwica Inkeragutabara yari iri ku irondo tariki 25/12/2013 bakatiwe n’urukiko rwa gisirikare rwari rukuriwe na Capitaine Charles Sumbanyi mu ruhame ku kibuga cy’umupira cya Kanjongo tariki 05/06/2014.
Sergent Namuroreye Clement na Pc Ndonsumugenzi Gabriel, bombi baregagwa kwica abasirikari babiri aribo Misago Innocent na Ndayisaba Francois, bakaba bararasiwe mu murenge wa Musambira, Namuroreye yakatiwe gufungwa burundu; naho Ndonsumugenzi aba umwere.
Abantu 16 bareganwa na Mukashyaka Xaverina ibyaha by’ubugambanyi, kugirira nabi ubutegetsi buriho no guhungabanya umudendezo wa Leta bafatanyije na FDLR, basabiwe gufungwa iminsi 30 y’agateganyo kugira ngo hakomezwe gukorwa iperereza kubyaha baregwa kuko barekuwe bahita bacika.
Nizeyimana Fabrice wari ukurikiranweho icyaha cyo kwica umwana w’imyaka 15 witwa Uwineza Hasina, mu murenge wa Mwurire wo mu karere ka Rwamagana, yakatiwe igifungo cya burundu y’umwihariko nyuma y’uko ahamijwe icyaha cy’ubwicanyi bwongeyeho ubushinyaguzi, ngo kuko yishe uwo mwana yabanje kumusambanya.
Kayumba Charles wahoze ari Umunyamabanaga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Manishya mu Murenge wa Gatsibo, afunzwe azira icyaha cyo gutuka inzego zishinzwe umutekano mu karere ka Gatsibo, ubushinjacyaha mu rukiko rwibanze rwa Kiramuruzi bukaba bwamusabiye gufungwa iminsi 30 y’agateganyo.