Nyuma yo gushinja bagenzi be kumwandikira sms z’iterabwoba, umunyeshuri wo muri G.S. Gatagara yatahuwe ko ari we wabwiyandikiraga maze ahanishwa igifungo cy’imyaka ibiri.
Urukiko rwisumbuye rwa Gicumbi rwahamije Ndereyimana Joseph ibyaha bitatu birimo kwica uwari umugore we no kwihekura, n’ubwinjiracyaha mu kwihekura mu ntangiriro z’icyumweru gishize.
Kuri uyu wa kabiri tariki ya 18/11/2014, urukiko rwisumbuye rwa Rusizi rwarekuye by’agateganyo umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Bushenge, Bizuru Isaac ndetse n’umucungamutungo wa Sacco ya Bushenge, Kimazi Jimmy, mu gihe uwari uhagarariye VUP mu Bushenge yakatiwe gufungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Uwahoze ari umukozi wa banki ya Kigali, akaba n’umucugungamutungo w’ishami rya Nyamasheke ahitwa mu i Tyazo, yakatiwe gufungwa by’agateganyo iminsi 30 n’urukiko rwa Rusizi , mu gihe agitegereje kuburana mu mizi ku byaha ashinjwa.
Kuri uyu wa 04/11/2014, Urukiko rw’Ibanze rwa Bwishyura ruhagarariwe na Perezida warwo, Tuyisenge Jean Claude, rwaburanishije uwitwa Rukundo Jean wo mu Murenge wa Gitesi mu Karere ka Karongi ku cyaha ubushinjacyaha bumukurikiranyeho cy’ubwinjiracyaha ku cyaha cy’ubwicanyi, maze ubushinjacyaha bumusabira gufungwa (…)
Urukiko rw’ibanze rwa Busasamana mu karere ka Nyanza rwakatiye umugabo witwa Gasana Gaddy ukurikiranweho gutwika umwana we ibiganza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo muri gereza ya Huye, mu gihe urubanze rwe rugitegereje kuburanishwa mu mizi.
Umugabo witwa Evariste Mutangana arashinjwa icyaha cy’ubwicanyi aho akekwaho kwica uwitwa Alphonse Nsabimana nyuma yo kumuniga yarangiza akamutemagura mu ijosi akamuta mu muferege tariki ya 27/06/2014.
Umugabo witwa Daniel Ntibarihuga wo mu mudugudu wa Nyagasozi, akagari ka Ruhanga umurenge wa Kigina mu karere ka Kirehe, kuwa 17/10/2014 yakatiwe igifungo cya burundu nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica umugore we amukubise isuka mu mutwe.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Kamonyi Emmanuel Bahizi hamwe n’abandi batatu bari bafunganwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamabuye mu karere ka Muhanga barekuwe by’agateganyo n’urukuko rwisumbuye rwa Muhanga ku mugoroba wa tariki 16/10/2014.
Abanyeshuri babiri b’abakobwa biga mu mwaka wa gatandatu mu rwunge rw’amashuri rwa Gatagara, i Huye, bakurikiranyweho icyaha cyo gutera mugenzi wabo bigana ubwoba bamwandikira ubutumwa bugufi kuri telefone bamubwira ko bazamwica, kandi ko batazatuma akora ibizamini bya Leta.
Sebanani Vincent wahoze ari umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge mu karere ka Nyaruguru arasaba akarere kumwishyura amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni 13 yatsindiye mu rukiko nyuma yo kwirukanwa mu kazi mu buryo butubahirije amategeko.
Kuri uyu wa kane tariki 09/10/2014, Umugabo witwa Daniel Ntibarihuga wo mu mudugudu wa Nyagasozi, akagari ka Ruhanga umurenge wa Kigina mu karere ka Kirehe yemeye icyaha cyo kwica umugore we asabirwa igifungo cya burundu.
Urukiko rukuru rwa gisirikare ruri i Kanombe rwavuze ko urukiko rw’ibanze rwa gisirikare ruri i Nyamirambo rutibeshye ku kuba rwarakatiye igifungo cy’agateganyo cy’iminsi 30, abasirikare bakuru ari bo Brig Gen Frank Rusagara, Col Tom Byabagamba na Sgt François Kabayiza.
Umugabo witwa Ruhamya Yohani wo mu kagari ka Nyarurema, umurenge wa Gatunda mu karere ka Nyagatare arashinjwa kwihakana umukazana we Mutezimana Claudine n’abana yabyaye agamije kwikubira imitungo.
Kuri uyu wa kabiri tariki ya 7/10/2014 nibwo urukiko rukuru rwa Gisirikari ruherereye i Kanombe rwumvise ubujurire bw’abasirikari bakuru Col Tom Byabagamba, Brig Gen Frank Rusagara utakiri mu gisirikari ndetse n’umushoferi we Sgt François Kabayiza nawe utakiri mu gisirikari ku ifungwa ry’agateganyo bakatiwe n’urukiko (…)
Kaporari (Cpl) Habiyambere Emmanuel ukurikiranyeho icyaha cyo kurasa abantu mu kabari ka Caribana mu mujyi wa Gisenyi mu rucyerera rw’itariki ya 22/9/2014, kuri uyu wa kabiri tariki ya 07/10/2014 yagejejwe imbere y’ubutabera kugira ngo akurikiranweho ibyaha aregwa.
Umusirikare witwa Pte Munyembabazi Theogene wari ukurikiranyweho icyaha cyo kwica abantu 5 abandi 7 bagakomereka yakatiwe gufungwa burundu ndetse akishyura indishyi z’akababaro zasabwe n’imiryango yabuze ababo akanamburwa impeta ze za gisirikare.
Bamwe mu bafite ibibazo byo kutarangirizwa imanza ku gihe baravuga ko bakomeje kuvutswa uburenganzira bwabo, kandi bagahera mu gihirahiro kuko inzego bireba usanga zinanirwa kubakemurira ibibazo.
Urubanza rwiswe urw’iterabwoba rwari rumaze amezi 10 ruburanishwa mo Lt Joel Mutabazi na bagenzi be 15 baregwaga kwifatanya na FDLR na RNC mu mugambi wo guhungabanya umutekano w’igihugu, urukiko rwanzuye ko Lt Mutabazi ahabwa igihano kiruta ibindi cyo gufungwa burundu ndetse akanamburwa impeta za Gisirikari.
Anastase Musirikare wari ukurikiranyweho icyaha cyo kwica umuvandimwe we Domitien Sibomana bariho babara imbago z’umurima kugirango bagabane, akamwica amukubise inshuro ebyiri mu mutwe, yakatiwe gufungwa burundu.
Umusore witwa Murwanashyaka Alexis w’imyaka 21, uvuka mu mudugudu wa Kinina, akagari ka Nyarure mu murenge wa Munini ho mu karere ka Nyaruguru ari mu maboko ya polisi akekwaho gutera inda mushiki we bavukana w’imyaka 14.
Urukiko rwategetse ko Brig Gen Rusagara wari warasezerewe mu Ngabo, Col Byabagamba na Sergent (Sgt) Kabayiza nawe wasezerewe; bafungwa by’agateganyo mu gihe cy’iminsi 30, kuko ngo baregwa ibyaha bifite impamvu zikomeye zabangamira iperereza baramutse barekuwe.
Umugabo witwa Faustin Ryumugabe wakekwagaho gusambanya umwana we w’imyaka 17, urukiko rwisumbuye rwa Ngoma rwamukatiye igifungo cy’imyaka 15 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 100.
Urukiko rw’ibanze rwa gisirikare rwamenyesheje ko Brig Gen Frank Rusagara, Col Tom Byabagamba na Sergent (Sgt) Kabayiza Francois bazagaruka kumva umwanzuro ku ifungwa cyangwa ifungurwa ryabo, ku wa kabiri w’icyumweru gitaha saa cyenda tariki 30/09/2014.
Anastase Musirikari yasabiwe gufungwa burundu nyuma yo gushinjwa icyaha cy’ubwicanyi yakoreye umuvandimwe we Domitien Sibomana taliki 18 Gicurasi 2014 ubwo bariho babara imbago z’umurima kugirango bagabane, akamwica akoresheje isuka bariho bacukuza imbago.
Ingabire Jules w’imyaka 27 y’amavuko ubushinjacyaha bwamusabiye gufungwa imyaka itanu ndetse akanatanga ihazabu y’amafaranga miliyoni eshanu kubera ngo yibye moto umumotari akanamuniga.
Urubanza rwa Mugabe Kwizera Victory ukomoka mu karere ka Gatsibo akaba akurikiranweho ubwambuzi bushukana ndetse no kwiyitirira inzego z’iperereza kandi adakoramo rwaburanishijwe mu mizi kuri uyu wa 16/09/2014 mu rukiko rw’ibanze rwa Gicumbi abatangabuhamya bashinja umuyobozi mu murenge gukorana nawe.
Urubanza ruregwamo umugabo ukekwaho gusambanya umwana we w’imyaka 17 kuri uyu wa kabiri tariki 16 Nzeri 2014 rwaburanishirijwe mu kagari ka Nyankurazo mu murenge wa Kigarama aho atuye asabirwa gufungwa burundu y’umwihariko.
Mu bantu batanu bakurikiranyweho ubufatanyacyaha mu kwangiza ishyamba rya Gishwati batatu basabiwe kuburana bafunze naho babiri bemererwa kuburana bari hanze mu rubanza rw’ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kigeyo mu karere ka Rutsiro yaburanye tariki 15/09/2014 urukiko rumusabira gufungwa iminsi 30 mu gihe bakiga ku kirego aregwa cyo kunyereza umutungo wa Leta ariko uwo bari bafunganywe ushinzwe ubworozi bw’amatungo we yabaye arekuwe by’agateganyo.