Urukiko rwemeje ko 25 bakekwaho gukorana na RNC bafungwa iminsi 30 y’agateganyo (Video)
Urukiko rwa gisirikare ruri i Nyamirambo mu Mujyi wa Kigali, nyuma yo gusuzuma ubwiregure bw’abaregwa, rutegetse ko bafungwa mu gihe cy’ukwezi, kubera ko rutinya ko batoroka ubutabera.

Ni urubanza ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, ruregwamo Maj (Rtd) Habib Mudathiru na bagenzi be 24, rukaba ari uko rukijijwe, kuri uyu wa 28 Ukwakira 2018.
Urukiko rwatangiye rwibutsa ibyaha bose uko ari 25 baregwa ari byo kwinjira mu mitwe y’ingabo itemewe, kugirana umubano n’ibindi bihugu hagamijwe gushoza intambara, kurema umutwe w’abagizi ba nabi no kugirira nabi ubutegetsi buriho.
Urukiko kandi rwibukije inzira bose banyuzemo kugira ngo bagere muri iyo mitwe y’abarwanyi yibumbiye mu cyitwa P5, ndetse runavuga uko bose bisobanuye, aho ahanini bavuze ko bajyanywe bazi ko bagiye guhabwa akazi kazabahemba neza.
Nyuma y’isomwa ry’icyemezo cy’urukiko, Maj (Rtd) Mudathiru, wemeye ibyaha byose kuva urubanza rugitangira ndetse anabisabira imbabazi, yasabye ijambo maze urukiko rurarimuha, agira ati "Ntacyo mfite navuga ku cyemezo cy’urukiko kuko ibyaha twarabikoze tugomba guhanwa".
Ati " Gusa ndashimira Leta y’u Rwanda kuko uburyo dufunzwemo ari ubwa kimuntu, nta totezwa dukorerwa muri make dufashwe neza".



Reba Video igaragaza uko urubanza rwagenze
Inkuru zijyanye na: RNC
- Urukiko rwahamije Maj Habib Mudathiru kuba umutoza mukuru w’abarwanyi ba P5
- Maj Habib Mudathiru na bagenzi be barimo gusomerwa
- Maj (Rtd) Mudathiru aravugwaho kuba ku isonga mu bashakishaga abasore bajyanwaga muri P5
- Ubushinjacyaha bwa Gisirikare ntibwemeranya n’abavuga ko bajyanywe mu mitwe y’iterabwoba ku gahato
- Mudathiru na bagenzi be bongeye kwiregura ku cyaha cyo kujya mu mutwe w’iterabwoba
- Ubushinjacyaha bwavumbuye imikoranire y’abasirikare ba RDF na RNC bazaburana mu kwezi gutaha
- Abasirikare ba RDF batangiye kumenyeshwa ibyaha byo gukorana na RNC, FLN
- Abasirikare batanu b’u Rwanda biyongereye ku baregwa kuba muri RNC
- Ubushinjacyaha bwagaragarije abagize P5 uburyo bari biteguye gutera u Rwanda
- Umurundi uri mu bakekwaho gukorana na RNC yasabye ubuhungiro mu Rwanda
- Bamwe mu baregwa gukorana n’umutwe wa RNC baravuga ko batunguwe no kwisanga mu bikorwa bya Gisirikare
- Maj (Rtd) Habib Mudathiru ukekwaho gukorana na RNC yemeye ibyaha aregwa
- Abakekwaho gukorana na RNC baje kuburana bafite abunganizi
- Urubanza rw’abakekwaho gukorana na RNC rwasubukuwe (Video)
- Urubanza rw’abantu 25 bakekwaho gukorana na RNC rurasubitswe
- 25 bakekwaho gukorana na RNC batangiye kuburanishwa mu rukiko rwa Gisirikare (Video)
Ohereza igitekerezo
|
Iyo urebye aba basore batera u Rwanda,usanga ahanini bajyamo kubera ubushomeli.Bababeshya ko bagiye kubaha akazi bakemera.Ibyo kuzafatirwa ku rugamba ntabwo babitekerezaho cyane.Gusa bajye bibuka ko Imana ntabwo yaturemeye kurwana,ahubwo yaturemeye gukundana.Ikindi kandi,abanyarwanda turi abavandimwe.Abashaka intambara,ni ukubera inyungu zabo gusa:Ibyubahiro n’amafaranga.Ariko babigeraho habanje gupfa abantu benshi cyane.Nyamara bakitwaza "akarimi keza",ngo baje kubohora igihugu.Niko inyeshyamba zose zivuga.Umukristu nyakuri,abima amatwi,akanga kubarwanirira.Nkuko Zaburi 5 umurongo wa 6 havuga,Imana yanga abantu bose bamena amaraso y’abandi.Intwaro y’abakristu nyakuri ni Bible.Bayirwanisha bajya mu nzira bakabwiriza abantu gukundana no gushaka Imana,kugirango izaduhe ubuzima bw’iteka muli paradizo.Ariko abakora ibyo itubuza,urugero abarwana,Bible ivuga ko batazaba muli paradizo.Bisobanura ko batazazuka ku munsi wa nyuma wegereje.