MINEDUC yatangaje izindi Kaminuza ebyiri zahagaritswe
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangaje ko kaminuza ebyiri ari zo Christian University of Rwanda na Indangaburezi College of Education zambuwe uburenganzira bwo gukora kuko hari ibyo zananiwe kuzuza kugira ngo zikore mu buryo bwemewe n’amategeko.

Amakuru y’ihagarikwa ryazo aje akurikira andi y’ihagarikwa rya Kaminuza ya Kibungo (UNIK), zose zikaba zarahagaritswe mu ntangiriro z’uku kwezi kwa karindwi 2020.
Minisitiri w’Uburezi, Dr Valentine Uwamariya, yemeje aya makuru, asobanura ko zizira ibibazo bitandukanye bishamikiye ku ireme ry’uburezi rikemangwa, n’andi makosa y’imicungire y’ibyo bigo.
Kaminuza ya Kibungo (UNIK) yakoreraga i Ngoma mu Burasirazuba, Christian University of Rwanda yakoreraga mu Mujyi wa Kigali kuri Saint Paul naho Indangaburezi College of Education (ICE) yakoreraga mu karere ka Ruhango, zose zikaba zari kaminuza zigenga.
Mu kiganiro yagiranye na RBA ku cyumweru tariki 5 Nyakanga 2020, Minisitiri w’Uburezi, Dr Valentine Uwamariya yasobanuye iby’ifungwa ry’izo kaminuza uko ari eshatu.
Ati “Kaminuza ya Kibungo yari ifite uruhushya rwo gukora rwa burundu ikaba yo yarahagaritswe mbere, Christian University of Kigali yo yari ifite uburenganzira bw’igihe gito. Ariko kuko yari yarananiwe kubyuzuza kuva yatangira gukora muri 2016, byabaye ngombwa ko na bwa burenganzira bw’igihe gito ibwamburwa”.
Ati “Indi ni Indangaburezi College of Education ikorera mu karere ka Ruhango, yigishaga amashami atandukanye y’uburezi. Iyi na yo yari ifite uburenganzira bw’igihe gito ariko na yo yananiwe kuzuza ibyari bisigaye ngo yemerwe n’amategeko, bituma na yo yamburwa bwa burenganzira bw’igihe gito, ni ukuvuga ko ari kaminuza eshatu zahagarikiwe igihe kimwe”.
Minisitiri Uwamariya yavuze kandi ko igenzura rikomeje no mu zindi kaminuza kugira ngo ahari ibibazo bigaragare hakiri kare.
Ati “Kaminuza nyinshi zifite ibibazo, ni yo mpamvu Inama Nkuru Ishinzwe Uburezi (HEC) iba igomba gukora igenzura rihoraho, kandi n’ubu amagenzura arakomeje. Aho bazasanga hari ibidakosorwa cyangwa batubahiriza ibisabwa hazafatirwa ibyemezo. Gusa aho hose ibibazo bigomba kuba byakemutse mbere y’uko amashuri muri rusange atangira”.
Yakomeje avuga ko bagiye kongera ibiganiro na za kaminuza kugira ngo ahari ibibazo bikemuke hakiri kare, bitabaye ngombwa ko abantu babanza gutabwa muri yombi.
Ibyo biravugwa mu gihe kuri iki cyumweru, Urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi abayobozi babiri ba zimwe muri izo kaminuza, ari bo Dr Pierre Damien Habumuremyi ukuriye Christian University of Rwanda na Prof Egide Karuranga wayoboraga Kaminuza ya Kibungo (UNIK).
Inkuru zijyanye na: Dr. Pierre Damien Habumuremyi
- Urukiko rwategetse ko Dr. Habumuremyi afungwa iminsi 30 by’agateganyo
- Dr. Habumuremyi yangiwe kuburanira mu muhezo
- Dr. Habumuremyi arahakana ibyaha aregwa, yasabye ko urubanza rubera mu muhezo
- Dr Habumuremyi yafunzwe ashinjwa gutanga sheki zitazigamiye n’ubuhemu
- HEC siyo ifunga amashuri ahubwo ni twe tubyitera- Dr.Habumuremyi Damien
- CHENO irasaba aho gukorera hari ubwinyagamburiro
- Dr. Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe yahawe inshingano nshya
- Minisitiri w’Intebe yitabiriye inama ya COMESA i Kinshasa
- Minisitiri w’Intebe yamuritse igitabo yamagana abanyepolitiki boretse u Rwanda bashingiye ku mazuru
- Minisitiri w’Intebe arizeza ko “Ndi Umunyarwanda” itagenewe gushyira inkeke ku Bahutu
- Minisitiri w’Intebe Dr. Habumuremyi yikomye abapfobya gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”
- Isura ya ruswa yaranze ubuyobozi bwo muri Afurika igomba kuvaho - Minisitiri Habumuremyi
- Minisitiri w’intebe arakangurira urubyiruko kuba ibisubizo ku bibazo aho kubitera
- Ministiri w’intebe yabwiye abashinjacyaha barahiye ko atari bo kamara nibadashishoza
- Gakenke: Minisitiri w’intebe yatangije kampanye y’iminsi igihumbi yo kurwanya imirire mibi ku mwana n’umubyeyi
- Minisitiri w’intebe arizera ko hari byinshi za kaminuza zakongera ku buhinzi bwo mu Rwanda
- Minisitiri w’Intebe yasuye abakomerekeye mu mpanuka yabereye i Kirehe
- Minisitiri w’Intebe arasaba Abanyarwanda kumenya igihugu aho gupfusha wikendi yabo mu tubari
- Minisitiri w’Intebe yaterwaga ipfunwe na Leta zakurikiye ubwigenge
- “Nta mahane abatuye habi bagomba guteza, imibare iteye ubwoba”, Ministiri w’Intebe
Ohereza igitekerezo
|
GUSA NTIBYOROSHYE UBUSE TUZAJYA KWIGA HEHE KKO??? TURASHAVUYE KBSA
GUSA LETA IZODUFASHE IDUSHAKIRE aho tuzerekeza MU KWA CYENDA
murakoze,
Ntagitangaza nibindi nuko Mineduc yatangiye cyangwa yazihishyiriye.Ngo baracuruza bacuruza iki ko amafaranga ava mubabyeyi.ASBL bahinduye Company ,Ireme ryuburezi ryavaha baka les fondateurs Ibigo byabo bakabiha abo bishakiye.Amategeko ntiyubahirizwa ariko Ubu bari bagore bombi ministre na Rose wa HEC baraza kubikosora.Nabandi barye barimenge nta mwere ubarimo nabatwaza Imana twarababonye. Plus par moins donne moins.
Mbere yuko baha ikigo uburenganzira bwo gukora Mineduc ige ibanza irebe ko ibisabwa ikigo kibyujuje kuko ibi ni ukubangamira abanyeshuri.
okay mujye muduha updates zibigo byemewe tutazajya tuyoba kabsa
Nonese ko ayo makaminuza ahagaritswe abanyeshuri bayigahamo barateganyirizwa iki smashuri natangira
Bazacunge niyitwa Unicaf ikorera ahahoze Isae Rubilizi kuko yo sukutuzuza ibisabwa gusa ahbwo iranatubura yiba abiga ibabeshya ko biga online