Dr Habumuremyi yafunzwe ashinjwa gutanga sheki zitazigamiye n’ubuhemu
Dr Pierre Damien Habumuremyi wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda kuva muri 2011-2014, ubu akaba yayoboraga Urwego rw’Igihugu rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta by’Ishimwe, yatawe muri yombi n’Urwego rw’Ubugenzacyaha(RIB) ku wa Gatanu tariki 03 Nyakanga 2020.

Araregwa ibyaha byo gutanga sheki zitazigamiye hamwe no gusabira Kaminuza ye yitwa Chrisitian University of Rwanda inguzanyo zitangwa n’abantu bungukira ku bandi inyungu z’ikirenga, ibizwi nka ’banki Lambert’.
Iyi kaminuza iri mu mujyi wa Kigali imaze igihe ivugwamo ibibazo birimo icyo kumara igihe kinini idahemba abarimu bayo n’abandi bakozi.
Umuvugizi w’agateganyo wa RIB, Dominique Bahorera, yabwiye umunyamakuru wa Kigali Today ati "Ni byo Dr Pierre Damien Habumuremyi arafunzwe kubera ibyaha byo gutanga Sheki zitazigamiye n’ubuhemu akurikiranyweho".
Bahorera yabwiye Itangazamakuru ko Dr Habumuremyi hamwe na Prof Egide Karuranga wayoboraga Kaminuza ya Kibungo(UNIK), bamaze iminsi ibiri bafunzwe, bakaba bakurikiranyweho ibyaha bakoze mu gihe umwe yari umuyobozi w’ishuri, undi ari nyiraryo.
Mu byaha Prof Karuranga akurikiranyweho ngo harimo gushingira ku kimenyane n’icyenewabo akemerera bamwe mu banyeshuri kwiga ku buntu muri iyo kaminuza iri mu mujyi wa Ngoma (Iburasirazuba).
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yafunze burundu iyi kaminuza ya UNIK ku itariki 30 Kamena 2020, iyiziza gutanga uburezi budafite ireme. Nyuma yaho hari umukozi wa MINEDUC watangarije Kigali Today ko nyuma yo gufungwa iyi Kaminuza ya Kibungo, hari izindi na zo zizakurikiraho.
Inkuru zijyanye na: Dr. Pierre Damien Habumuremyi
- Urukiko rwategetse ko Dr. Habumuremyi afungwa iminsi 30 by’agateganyo
- Dr. Habumuremyi yangiwe kuburanira mu muhezo
- Dr. Habumuremyi arahakana ibyaha aregwa, yasabye ko urubanza rubera mu muhezo
- MINEDUC yatangaje izindi Kaminuza ebyiri zahagaritswe
- HEC siyo ifunga amashuri ahubwo ni twe tubyitera- Dr.Habumuremyi Damien
- CHENO irasaba aho gukorera hari ubwinyagamburiro
- Dr. Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe yahawe inshingano nshya
- Minisitiri w’Intebe yitabiriye inama ya COMESA i Kinshasa
- Minisitiri w’Intebe yamuritse igitabo yamagana abanyepolitiki boretse u Rwanda bashingiye ku mazuru
- Minisitiri w’Intebe arizeza ko “Ndi Umunyarwanda” itagenewe gushyira inkeke ku Bahutu
- Minisitiri w’Intebe Dr. Habumuremyi yikomye abapfobya gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”
- Isura ya ruswa yaranze ubuyobozi bwo muri Afurika igomba kuvaho - Minisitiri Habumuremyi
- Minisitiri w’intebe arakangurira urubyiruko kuba ibisubizo ku bibazo aho kubitera
- Ministiri w’intebe yabwiye abashinjacyaha barahiye ko atari bo kamara nibadashishoza
- Gakenke: Minisitiri w’intebe yatangije kampanye y’iminsi igihumbi yo kurwanya imirire mibi ku mwana n’umubyeyi
- Minisitiri w’intebe arizera ko hari byinshi za kaminuza zakongera ku buhinzi bwo mu Rwanda
- Minisitiri w’Intebe yasuye abakomerekeye mu mpanuka yabereye i Kirehe
- Minisitiri w’Intebe arasaba Abanyarwanda kumenya igihugu aho gupfusha wikendi yabo mu tubari
- Minisitiri w’Intebe yaterwaga ipfunwe na Leta zakurikiye ubwigenge
- “Nta mahane abatuye habi bagomba guteza, imibare iteye ubwoba”, Ministiri w’Intebe
Ohereza igitekerezo
|
REKA DUTEGEREZE AKAZI KU BUTABERA
Njye ndavuga kuri kaminuza ya kibungo yamaze gufunga imiryango mubyukuri iyi kaminuza nubwo yarifite ibibazo bikomeye by’ubukungu ariko nanone yarifitiye abaturage akamaro kanini nkumva bitaribikwiye ko yafunga imiryango burundu prof karuranga nubwo yakoze amakosa yo gukoresha nabi umutungo ufitiye abaturage akamaro nubundi yaje kaminuza iri mubibazo by’ubukungu.kdi tutirengagije ko impamyabumenyi zirenga ibihumbi icyenda (9000)zitunze benshi muri ikigihugu.murakoze
Reka two kumucyira urubanza tubiharire inkiko kuko na social médias zivuga byinshi, ubwo ari gukorwaho iperereza aracyari umwere,ariko icyaha cyo gutanga sheke zitazigamiye niba yaragikoze birababaje umuntu ishyinzwe Imirimo nkiyo ndetse niyo yakoze birababaje. Arega nti wavanga Imirimo ya leta no gucuruza ngo bishoboke abandi nikirazira.Bacuti banyu se ko babaye ba sénateur bigeze bagaragazako universités biyitirira arizabo ntizari ASBL,Ubu ntibazigize umutungo wabo bwite.Ese kuberiki médias zitagaragaza ibibazo byabaye mbere ya RIP.Kandi mubizi,ntabarenyese bahimbirwa ibyaha ntimwacecetse,ntabaterejwe cyamunara yibyabo biteshejwe agaciro. Igihe Amategeko atubahirizwa kuri bamwe,kwishyira ukizana kwabanyamakuru,ishyirahamwe ziribaringa,débat contradictoires zitabaho ngo tuzigere umuco,fredoom of spech ntihabwe intebe urugendo ruracyari rurerure uyumugabo Ntabwo ari inyangamugayo akunda umuntu,ariko muri système bakunda nkabo.Za Kaminuza zose zigenga zifite ibibazo nibashyireho commission neutre urebe ibyo tubagaragariza.Enrichissement sans causes et illicite. Kaminuza igatangira umwana ataravuka ngo niwe member ababigizemo uruhare bagafunga babeshyerwa KO bakoze Imirimo batemerewe amande yibyabo byose bigatezwa.Akarengane mu Rwanda ntikashyira Igihe abashyinzwe kurenganura bakirya ruswa bakirimungengabitekerezo yamoko.
Habumuremyi Pierre Damien ni umunyabyaha byinshyi RIB ntimurekure nanjye BIGIRIMANA JMV ndamurega kwiheshya ikintu cy`undi ukoresheje uburiganya,gutanga ruswa no gukoresha inyandiko mpimbano. Abanyamakuru kandi mukurikirane Cyamuanara yari yatangajwe yo kugurisha Hotel ye yitwa RUHONDO Beach iri mu Karere ka Musanze mu Murenge wa Gashaki kubera ko HABUMUREMYI PD yambuye banki. Leta nimuhagurukire imubaze no kwiyandikishaho ubutaka bwa Leta> Abanyamakuru muzaze mbahe ibimenyetso