Uburyo bw’amanota yo gutsindiraho bwarahindutse ariko ntiburasobanurwa

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iratangaza ko uburyo bwo kureberaho amanota fatizo y’umunyeshuri mu bizamini bya Leta byahindutse, aho ubu hakoreshwa ikitwa aggregate ariko uburyo iboneka ntiburasobanurwa.

Ibi byagaragaye kuri uyu wa 12/01/2015 ubwo hatangazwaga amanota y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza hamwe n’ibisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye (tronc commun) by’umwaka ushize wa 2014.

Mu mashuri abanza amanota yafatiweho kugirango umuntu abe yatsinze (agregate) ni 41 ni ukuvuga ko umunyeshuri ufite hejuru yayo aba yatsinzwe. Muri tronc commun aggregate ni 69.

Nyuma y’uko ibi bitangajwe, abantu benshi ku mbuga nkoranyambaga bakomeje kwibaza niba bivuze ko abanyeshuri babonye amanota macye aribo batsinze nyamara nta n’umwe wabashije kubisobanukirwa.

Minisitiri Lwakabamba ashyikirizwa impapuro zirimo amanota y'ibizamini bya Leta.
Minisitiri Lwakabamba ashyikirizwa impapuro zirimo amanota y’ibizamini bya Leta.

Kigali Today yagerageje kubaza umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi (REB) uko agregate iboneka ariko nawe nta gisubizo gifatika yabashije gutanga, gusa ngo harateganwa ikiganiro n’abanyamakuru kizabisobanura.

Gukoresha agregate mu mwanya w’ijanisha nk’uko bisanzwe ngo ni uburyo bwashyizweho bigendanye n’uburyo busanzwe bukoreshwa mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), nk’uko byasobanuwe na Olivier Rwamukwaya, Minisitiri wa Leta muri MINEDUC.

Abanyeshuri baratsinze bishimishije

Muri 2014, abatsinze ibizamini mu mashuri abanza ni 84,5% by’abakoze ibizamini, mu gihe umwaka ushize abatsinze ibizamini bari 84,03%. Mu mashuri y’isumbuye abatsinze ibizamini ni 86, 57% by’abakoze ugereranyije na 85, 14% by’abakoze umwaka ushize.

Minisitiri w’Uburezi, Prof. Silas Lwakabamba, yavuze ko mu mashuri abanza abitabiriye ibizamini bya Leta bangana na 95,05% by’abari biyandikishije gukora ibizamini ugereranyije na 94,09% b’umwana ushize. Mu mashuri yisumbuye abitabiriye ni 97,77%, ugereranyije na 97,32 b’umwaka ushize.

Mu bizamini bisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye (tronc commun) mu mwaka wa 2014, abakobwa batsinze ku kigero cya 51% mu gihe abahungu batsinze ku kigero cya 49% mu gihe mu mashuri abanza ho abahungu batsinze kurusha abakobwa kuko abahungu batsinze ku kigero cya 54% abakobwa bakaba 45%.

Ministeri y’Uburezi yatangaje ko gutsinda bitandukanye no guhabwa ikigo cyangwa gukomeza mu cyiciro gikurikiyeho kuko hari abazahabwa imyanya mu bigo bifite amacumbi n’abazashyirwa mu mashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 9 na 12.

Amanota bayatangarije mu kiganiro kigenewe abanyamakuru, cyanitabiriwe n'abandi bayobozi batandukanye bakora muri MINEDUC.
Amanota bayatangarije mu kiganiro kigenewe abanyamakuru, cyanitabiriwe n’abandi bayobozi batandukanye bakora muri MINEDUC.

Bamwe mu bafite ibibazo byatumye amanota yabo adasohoka nk’ibijyanye n’imyirondoro no kuzuza nabi impapuro z’ibizami, bahawe itariki ntarengwa yo kuba bagiye gukemura ibibazo byabo bitarenze tariki 20/1/2015. Mu gihe itariki yo gutangiriraho umwaka w’amashuri ari tariki 26/01/2015.

Kureba amanota y’umunyeshuri ni ugusura urubuga rw’Ikigo k’igihugu gishinzwe uburezi (REB) kuri www.reb.rw cyangwa gukoresha telefoni igendanwa wandika ubutumwa bugufi bubanjirijwe na P6 niba uri mu mashuri abanza ugakurikizaho nimero zawe ubundi ukohereza kuri 489.

Mu mahuri yisumbuye wandika S3 niba uri mu kiciro rusange cyangwa S6 niba uri mu wa gatandatu w’amashuri yisumbuye ugakurikizaho nimero zawe ubundi ukohereza kuri 489.

Amanota y’abize ibijyanye n’ubumenyingiro n’imyuga nayo arasohoka vuba, nk’uko umuyobozi wa WDA, Jerome Gasana, yabitangarije abanyamakuru.

Emmanuel N. Hitimana

Ibitekerezo   ( 38 )

Mberenambere Nukubashimira Ibyiza Mukomeza kudushyitsaho

Byadufasha Abasorenabo Mubagabanyirije Byibuze Bagafatira Kuru 50 Abakobwa 55 Nkatwe Ababyeyi Mwaba Mwutorohereje Mukanatwereka Uko Babara Ageregete

NTAKIYIMANA SANTINIZO yanditse ku itariki ya: 15-01-2016  →  Musubize

byatekerejwe gute kumvako ufiteake ariwe warushike abandi?iyo she baloresha inyugiti. byibura.

anne yanditse ku itariki ya: 15-01-2016  →  Musubize

Nibyiza kugutsinda kwabanyeshuri muri uyu mwaka wa 2015 byashimije benshi cyane ariko turabasaba ubusobanuro bwa aggregate kuko benshi ntabwo tubisonukiwe uko bazibara turabashimiye cyane murakoza.

nshimyumuremyi emile yanditse ku itariki ya: 14-01-2016  →  Musubize

buriya nk’abanyeshuri b’abahungu babonye amanotamenshikurusha abandi ntakintu nka leta ibateganyiriza ko abakobwa bo nyakubaha jeannette KAGAME yabahembye?

NIYONGABO Straton yanditse ku itariki ya: 25-03-2015  →  Musubize

Nibyizako badusobanurira uko babara amagregates banatubwire igihe result s6 zizasohokera

Dufitamahoro celestin yanditse ku itariki ya: 19-02-2015  →  Musubize

Babikorane Ubushishozi Kuko Abanyeshuri Barigutsinda Bakabura Ikigo bitewenizo Aggregate.Mwatubariza Igihe Result za S6 Zizasohokera,thx

Alias yanditse ku itariki ya: 12-02-2015  →  Musubize

Twabasabaga ko mwazajya mumenyesha igihe ntarengwa mugutangariza abakoreye diprome,kugirango umuntu ategure ibyo gukora bitewe nigihe afite.

Habana Peter yanditse ku itariki ya: 6-02-2015  →  Musubize

amanota ya s6 ntago yari yatangazwa? ntago muramenya igihe?

felix yanditse ku itariki ya: 5-02-2015  →  Musubize

ese mwatubariza igihe amanota yabarangije amashuri yisumbuye s6 azasohokera murakoze

nsimiyimana theophile yanditse ku itariki ya: 29-01-2015  →  Musubize

byaba byiza aho ayo magarade asobanuwe aho aturuka kuko ababyeyi batumereye nabi.

MURWANASHYAKA GERMAIN yanditse ku itariki ya: 17-01-2015  →  Musubize

thanks,thos aggregates always arises many problems;is there the fixed marks considered every year or they always change?the same to s6 letters A,B,C...do they vary each year or fixed? if so on which percent is A?

bonheur yanditse ku itariki ya: 14-01-2015  →  Musubize

Kabisa gustinda kwaBAnyeshuri birashimishije ariko reb nisobanure ukuntu ageregetwe ziboneka biraducanga murakoze

Ntambabaro Pascal yanditse ku itariki ya: 13-01-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka