Ku wa Gatatu tariki 12 Mutarama 2022, Minisitiri w’uburezi Dr Valentine Uwamariya, yakiriye mu biro bye Ambasaderi wa Israeli mu Rwanda, Dr Ron Adam, bagirana ibiganiro ku bufatanye mu by’uburezi.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Amashuri abanza n’ayisumbuye muri Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), Gaspard Twagirayezu, yasabye amashuri n’ababyeyi kutabuza abana kwiga bitewe no kubura amafaranga yunganira ifunguro ryatanzwe na Leta.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero butangaza ko bwatesheje agaciro icyemezo cyafashwe n’ikigo cya EAV Kivumu, cyo kongera amafaranga y’ishuri kugira ngo hagurwe imodoka y’icyo kigo.
Bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri byo mu Karere ka Huye, bavuga ko bishimiye kuba Leta yaratangiye kongera 10% ku mishahara y’abarimu buri mwaka, ariko bakavuga ko ku bafite impamyabushobozi za A2 bo bari bakwiye kubanza kongererwa umushahara, mbere yo gutangira kongeraho 10%.
Inama nkuru y’Igihugu ishinzwe amashuri makuru na kaminuza (HEC) yatangaje ko iyitwa “Atlantic International University", nyuma yo gusanga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika itemewe, yahisemo kutayemera nka kaminuza yatanga ubumenyi bukenewe ku isoko mpuzamahanga, kandi ko nta handi yemewe yaba mu Bwongereza cyangwa ikindi (...)
Minisitiri y’uburezi (MINEDUC), iratangaza ko n’ubwo amashuri abanza n’ayisumbuye yemerewe gukomeza igihembwe cya kabiri ku gihe cyari cyarateganyijwe, habayeho kugoragoza kuko icyorezo cya Covid-19 cyongeye gukaza umurego.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 7 Mutarama 2022, Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi bw’amashuri (NESA), cyatangaje gahunda y’ingendo ku banyeshuri biga bacumbikirwa, ni gahunda izatangira kuri iki cyumweru tariki 9 Mutarama 2022 ikazasozwa ku wa Gatatu tariki 12 Mutarama 2022.
Icyorezo cya Covid-19 cyagize ingaruka nyinshi harimo n’umwuka w’ubwoba ndetse n’ihungabana ku bana, ingimbi n’abangavu, bituma kuri bamwe na nyuma batiga neza amanita bagiraga aragabanuka.
Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda (MINEDUC) yatangaje ko gahunda y’ingendo z’abanyeshuri basubira ku mashuri izatangazwa bitarenze ku wa Gatanu tariki 7 Mutarama 2022.
Ibigo by’amashuri yigenga mu Karere ka Gakenke bikomeje gufunga umusubirizo, intandaro ngo ni gahunda y’uburezi bw’amashuri y’ubumenyi bw’ibanze bw’imyaka icyenda na 12 bwegerejwe abaturage, bituma ayo mashuri abura abanyeshuri.
Umwaka wa 2021 mu burezi waranzwe n’ibihe bikomeye ndetse hakorwa n’impinduka zitandukanye zirimo no gusubukura uburezi bw’icyiciro cya mbere cy’amashuri abanza n’ay’incuke yari amaze amezi 10 asubitswe kubera icyorezo cya Covid-19.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana (UNICEF), ryasinyanye amasezerano y’imikoranire n’Itorero Anglican binyuze mu ishuri ryaryo ry’Ubumenyingiro rya Muhabura Integrated Polytechnic College (MIPC), amasezerano ajyanye no kwigisha abarimu ururimi rw’amarenga mu guteza imbere uburezi budaheza.
Kuri uyu wa Kane tariki 23 Ukuboza 2021, hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga rya webex, u Rwanda rwasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Zimbabwe, aho icyo gihugu kigiye guha abarimu u Rwanda bazigisha mu mashuri atandukanye.
Abana 21 bahagarariye u Rwanda mu marushanwa mpuzamahanga y’Icyongereza yiswe “Inter-continental Spelling Bee Championship”, batwaye ibikombe byose uko ari bitatu byahatanirwaga, bose bambikwa umudari wa Zahabu.
Umuyobozi w’ishuri rikuru ry’Abaporotesitanti (PIASS), Prof. Elisée Musemakweli, arasaba abanyeshuri barangije muri iryo shuri kutiheba bavuga ngo nta kazi kakiboneka kubera Covid-19, ahubwo bagashyira imbaraga mu kukishakira.
Ku itariki ya 13 Ukuboza 2021, abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye batangiye ibizamini bisoza igihembwe cya mbere, gusa hari bamwe batangarije Kigali Today ko hari amasomo bamaze igihembwe batize kubera ko batigeze babona abarimu.
Abanyeshuri 21 biga muri Wisdom School mu Karere ka Musanze, berekeje i Dubaï mu marushanwa mpuzamahanga y’Icyongereza, muri gahunda yiswe “Intercontinental Spelling B Championship”.
Abanyeshuri 152 barangije amahugurwa y’ubumenyingiro mu Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro rya IPRC Musanze bashyikirijwe impamyabushobozi, bibutswa ko iyi ari imbarutso yo kuba ba rwiyemezamirimo babereye isoko ry’umurimo.
Kaminuza ya Kigali yashyizeho amahame ndangamyitwarire mashya abanyeshuri n’abakozi bayo bagomba kugenderaho, mu rwego rwo kurushaho kurera umunyeshuri ufite ubwenge n’ubumuntu.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR), ku wa 24 Ugushyingo 2021 ryatanze Mudasobwa 185, ‘tablets’ 1.680 n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga, babishyikiriza Ikigo gishinzwe Uburezi cy’u Rwanda (REB), mu rwego rwo kuzamura ireme ry’uburezi mu mashuri yigamo abana b’impunzi.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Ikoranabuhanga, Imyuga n’Ubumenyingiro, Claudette Irere, aratangaza ko inyubako nshya zubatswe mu Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro rya IPRC Musanze, Igihugu cy’u Bushinwa cyamurikiwe Leta y’u Rwanda, zigiye gutuma iri shuri rirushaho kwiyubaka mu bijyanye (...)
Umukozi w’Intara y’Iburasirazuba ushinzwe imiyoborere, Byukusenge Madeleine, avuga ko abakoze n’abatanze ibikoresho mu mirimo yo kubaka ibyumba by’amashuri bakishyuza amafaranga bakoreye bazishyurwa muri uyu mwaka w’ingengo y’imari.
Ikigo gishinzwe ibizamini bya Leta n’ubugenzuzi mu mashuri (NESA) gitangaza ko kimaze kwakira abanyeshuri bagera kuri 400 bakoze ibizamini bya Leta bisoza umwaka wa Gatandatu w’amashuri yisumbuye, bavuga ko batanyuzwe n’amanota babonye, mu gihe amanota yabo yatangajwe ku wa mbere w’icyumweru gishize.
Ku cyumweru tariki 14 Ugushyingo 2021, Banki y’abaturage (BPR), yitabiriye umuhango wo gutanga impamyabushobozi ku nshuro ya 27, muri Kaminuza y’Abadiventisiti yo muri Afurika yo hagati.
Abarezi, abanyeshuri n’ababyeyi bagaragaza ko umushinga ‘Soma Umenye’ w’ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe iterambere mpuzamahanga (USAID) wababereye ingirakamaro mu kuzamura ubumenyi bw’abana mu gusoma, kuko ubu babasha gusoma inyandiko z’Ikinyarwanda neza bagereranyije n’urwego bagenzi babo babaga bariho mbere y’uwo mushinga.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) kuri uyu wa Mbere tariki 15 Ugushyingo 2021, yatangaje amanota y’abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye, aho abo mu cyiciro cy’ubumenyi rusange (General Education) batsinze ku kigero cya 85.3%, bakaba baragabanutse ugereranyije n’umwaka ushize kuko ho bari 89.5%.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K Gasana, yashimiye abanyeshuri biyegereza Imana avuga ko ari uburyo bwo kurwanya ibyaha n’ibishuko bitandukanye mu rubyiruko.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yandikiye Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) iyisaba ubufasha mu gushyira abarimu mu myanya mu gihe uturere turimo kuyoborwa n’abanyamabanga nshingwabikorwa kandi bitari mu nshingano zabo.
Covid-19 yatumye ibihugu n’u Rwanda rurimo, bihindura uburyo bw’imyigishirize hashyirwa imbere gukoresha ikoranabuhanga mu kwirinda ikwirakwira ry’icyo cyorezo.
Ibigo by’amashuri hirya no hino mu gihugu bikomeje gusaba amasafuriya manini bita muvelo byemerewe na Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), kugira ngo bibashe guteka amafunguro ahagije abana muri gahunda yo kubagaburirira ku ishuri yatangiranye n’uyu mwaka wa 2021/2022.