Nyirampeta Tarisisiya avuga ko n’ubwo ari umumotari, abangamiwe no kuba akora akazi ari uko yatiye moto yo gukoresha.
Abagize Koperative ”Nawe arashoboye” yo mu Murenge wa Remera Akarere ka Ngoma, bahangayikishijwe no kubura aho bagurisha uduseke baboha.
Abaturage bo mu Gashyushya mu Murenge wa Jali muri Gasabo bubakiwe isoko ahantu bari basanzwe bariremera ntibarigarukamo.
Semasaka Jean Marie Vianney utuye mu Murenge wa Remera Akarere ka Ngoma, avuga ko n’ubwo afite ubumuga bw’akaguru, bitamubujije gukora ngo yiteze imbere.
Abahejejwe inyuma n’amateka bo mu murenge wa Nyabitekeri, Akarere ka Nyamasheke barashima ko bahinduye ubuzima bivuye ku mazu bubakiwe, bakanorozwa.
Minisitiri w’intebe Anastase Murekezi aributsa abatuye akarere ka Gisagara, kuzafata neza imbuto y’imyumbati bahawe kuko ifatiye runini abanyarwanda.
Jeannette Kagame Madamu wa Perezida wa Repurika, yavuze ko ubufatanye bwiza mu iterambere, ari ubudaheza umugore n’umukobwa.
Bamwe mu batuye akarere ka Rusizi, bavuga ko babangamiwe n’amafaranga bavuga ko bacibwa n’ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB), batambutsa amatungo yabo muri Nyungwe.
Ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kanombe ni icya gatatu muri Afurika kiganwa n’abagenzi benshi kubera inama zikomeye zibera mu Rwanda.
Abantu batandukanye bajya gusengera ku musozi wa Kanyarira batangaza ko banejejejwe no kuba barubakiwe ikiraro kibafasha kugera kuri uwo musozi.
Mu mujyi wa Kigali harubakwa imihanda y’amabuye yitwa "Cobblestone", hagamijwe kurengera ibidukikije, guteza imbere ibikorerwa mu gihugu no kubaka ibirama.
Abagize impuzamakoperative “Duhaguruke/ Kora” ikorera mu Mujyi wa Musanze, barashinja ubuyobozi bwabo kurigisa umutungo wa miliyoni 30.
Abaturage bo mu murenge wa Gishari muri Rwamagana batangaza ko Ekocenter bubakiwe na Coca Cola imaze kubagezaho iterambere.
Biteganyijwe ko uruganda rutunga ibikomoka kuri avoka, rwo mu Karere ka Huye, ruzaba rukora bitarenze umwaka wa 2019.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buratinyura abagore bafite ibitekerezo by’imishinga kugana banki n’ibigo by’imari,kuko babihugurirwa ariko ntibabyitabire.
Abagore 300 bo mu Karere ka Musanze, bacuruzaga mu kajagari,bazwi ku izina rya “Abazunguzayi” bemerewe inkunga ya miliyoni 6 ngo biteze imbere.
Abaturage bakoze imihanda muri gahunda ya VUP mu murenge wa Mukindo, akarere ka Gisagara baravuga ko bugarijwe n’ubukene kubera kudahembwa.
Abaturage bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, baravuga ko imodoka baheruka guhabwa n’umukuru w’igihugu yabakijije imvune bagiraga.
Akarere ka Gasabo ni ko kahize utundi mu kwesa imihigo ya 2015/2016, aho kagize amanota 81.6%.
Abatuye umurenge wa Shyira mu karere ka Nyabihu bavuga ko umuhanda Nyakinama-Vunga bakorewe, waborohereje ingendo, kuko ibiciro byamanutse.
Mu Karere ka Nyanza hatashywe ikiraro gihuza Umurenge wa Nyagisozi n’uwa Cyabakamyi, kikazoroshya ubuhahirane hagati y’abayituye.
Abanyamuryango ba Koperative CORIMU ihinga umuceri mu murenge wa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi, barinubira ibyemezo bifatwa na Komite nyobozi, itabagishije inama.
Abaturage 318 bibumbiye mu makoperative akora isuku mu mihanda iri muri Rulindo batangaza ko bamaze amezi atanu badahembwa kandi bakora.
Inama y’igihugu y’abafite ubumuga (NCPD) iratangaza ko kugira ubumuga bitavuze kugira ubukene, kuko hari bamwe mu bafite ubumuga bibeshejeho neza.
Bamwe mu bagore bo mu karere ka Ruhango, baravuga ko gutinda kwishyurwa mu biraka bahabwa, bituma ingo zabo zisenyuka.
Ikigo gishinzwe guteza imbere ibikorwa by’iterambere mu nzego z’ibanze LODA, gitangaza ko ibikorwa giteramo inkunga Akarere bigeze ku kigero gishimishije.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko umunyamuryango nyawe akwiye kurangwa n’ubunyangamugayo,kandi akubaha gahunda leta igenera abaturage.
Abagize koperative Isano ikorera uburobyi mu kiyaga cya Cyohoha ya ruguru mu Karere ka Bugesera bashyizeho gahunda ya “Girinka” murobyi izabunganira.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buratangaza ko umuhanda uhuza Akarere ka Huye n’aka Nyaruguru ukozwe byatuma Kibeho itera imbere ndetse igasurwa kurushaho.
Abatuye mu Murenge wa Gasange mu Karere ka Gatsibo, bibaza impamvu badahabwa w’amashanyarazi, kuko nta n’ipoto ishinze mu murenge wabo.