Abari batuye batatanye mu Murenge wa Mamba muri Gisagara, bagiye gutuzwa mu mudugudu w’icyitegererezo wa Ruhuha, bikazongerera ubutaka bwabo agaciro.
Impuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu (CLADHO), itangaza ko 7% mu banyarwanda basaga miliyoni 11, ari bo basobanukiwe iby’ingengo y’imari ya Leta.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo buvuga ko bwateguye gahunda ndende yo gutuza abantu mu midugudu, hagamijwe gukemura burundu ikibazo cy’abatuye mu manegeka.
Umuyoboro w’amazi meza ugiye kubakwa mu murenge wa Manyagiro muri Gicumbi witezweho guha amazi meza abaturage ibihumbi 15 bitarenze 2017.
Inzu abatuye mu Murenge wa Cyanika bubakiwe yo guhunikamo imyaka, hashize imyaka itatu idakoreshwa icyo yagenewe ahubwo yaragizwe icyumba cy’inama.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Gatsibo rutangaza ko mu gihe rumaze rwihangiye imirimo rwatangiye kubona inyungu rubikesha gahunda ya “Kora wigire”.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA) itangaza ko hari gushakishwa uko amashanyarazi yakongerwa akagera kuri bose kuko ariyo nkingi ya mwamba y’iterambere.
Abasaga 100 bo mu Murenge wa Kirehe bahagaritswe mu kazi ka VUP bemeza ko byatewe n’amakosa hashyirwa abantu mu byiciro by’Ubudehe.
Nteziyaremye Célestin wo mu Karere ka Musanze avuga ko inka yagabiwe igiye kongera kumusubiza ku mata yaherukaga akiri uruhinja.
Urubyiruko rwo mu karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru rurasabwa guhanga umurimo rukurikije ibibazo sosiyete nyarwanda ifite.
Bamwe mubitabira ibikorwa by’ubumenyi ngiro mu karere ka Rusizi baravuga ko byabateje imbere ugereranyije n’aho bari bari.
Mu karere ka Nyabihu abaturage bo mu murenge wa Rambura batashye ikiraro kinyura mu kirere kizoroshya ubuhahirane n’imigenderanire hagati yabo.
Banki nyafurika yunganira ubucuruzi (AFREXIMBANK) yemereye u Rwanda miliyoni 225 z’amadolari y’Amerika (arenga miliyari 180RWf) yo kubyaza nyiramugengeri amashanyarazi.
Bamwe mu bigiye imyuga muri gahunda ya NEP Kora Wigire bo muri Kamonyi, barashima ko yabahaye icyerekezo gituma batazigera Babura umurimo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero n’abafatanyabikorwa bako bagiye kubaka umudugudu w’icyitegererezo uzaba uhiga iyindi mu karere, uzatuzwamo abantu 100.
Nshunguyinka Annanie w’i Nyange muri Ngororero yahanze umuhanda wa miliyoni eshanu, uhuza utugari tubiri, agamije kugira igikorwa gifitiye akamaro abaturage asiga.
Hatangiye imirimo y’ibanze yo kubaka ikibuga mpuzamahanga cy’indege cya Bugesera kuburyo igice cya mbere kizuzura mu mpera za 2018.
Igihugu cy’u Rwanda na Congo byashyize umukono ku masezerano ya COMESA, akuraho amahoro ku bicuruzwa 168, kubacuruzi batarenza ibihumbi bibiri by’amadolari.
Banki yo muri Maroc yitwa Attijariwafa yashyize umukono ku masezerano yo kugura banki nyarwanda yitwa COGEBANQUE.
Abaturage bo mu murenge wa Mageragere muri Nyarugenge bibaza impamvu bagicana agatadowa kandi bamaze imyaka itatu baratanze amafaranga yo kwizanira amashanyarazi.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Rusizi ruvuga ko nubwo mu karere kabo hari amahirwe nta bushobozi rufite bwo kuyabyaza umusaruro.
Ambasadeli Arnout Pauwels uhagarariye Ububiligi mu Rwanda, yatangaje ko ntacyahagarika ubutwererane hagati y’ibihugu byombi.
Nyuma yo kurangiza kwishyura imodoka bari bamaranye imyaka itanu, abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge yose y’igihugu bagiye guhabwa imodoka nshya.
Ubuyobozi bw’umupaka wa Rusumo uhuza u Rwanda na Tanzaniya, buhamya ko kubaka One Stop Border Post byongereye urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu.
Urubyiruko rwiga imyuga rwakunze kubangamirwa no kubura igishoro cyo gutangira gushyira mu bikorwa ibyo rwize, mu gihe rushoje amasomo.
Abacururiza ahadasakaye mu isoko rya Rugarama mu karere ka Burera bavuga ko bahangayikishijwe n’igihombo baterwa no kunyagirwa ndetse no kwibwa.
Minisiteri y’Umurimo n’abakozi ba Leta (MIFOTRA), ivuga ko ibiganiro hagati y’abakozi n’abakoresha, aribwo buryo bwo kubona umusaruro mwiza mu kazi.
Leta y’u Rwanda igiye gushora miliyari 170RWf mu iyubakwa ry’imidugudu 30 y’icyitegererezo izakwizwa mu turere twose tw’igihugu.
Abaturage bo mu Murenge wa Mugano mu Karere ka Nyamagabe, barasaba kubakirwa isoko hafi y’aho batuye.
Ibigo by’imari iciriritse bya SACCO n’Ikigega cy’ingwate (BDF) ntibavuga rumwe ku itangwa ry’inguzanyo y’ibikoresho, ihabwa urubyiruko rwigishijwe imyuga ngo rwiteze imbere.