Igishoro ntigikwiye kuba inzitizi, hari imishinga itagikenera

Igishoro ngo ntigikwiye kuba inzitizi ku muntu ushaka kwiteza imbere kuko hari imishinga iciriritse yakora agatera imbere bitamusabye igishoro.

Mukakibibi Emilienne wo mu Murenge wa Munyiginya mu Karere ka Rwamagana ni umwe mu bagore bo mu cyaro bagerageje kwigobotora ubukene. Ibishingwe benshi bafata nk’umwanda abibyaza amakara akunguka nta faranga yashoye.

Aya ni amakara Mukakibibi akora mu bishingwe.
Aya ni amakara Mukakibibi akora mu bishingwe.

Ati “Twifashisha ibibabi by’ibigori, ibitiritiri, ibirere, ibihatirwa by’ibirayi cyangwa by’ibitoki, tukabitwika bikaba ivu tukabivanga n’igikoma cy’ifu y’imyumbati. Duhita tubishyira mu iforomo amakara akaboneka ku buryo ku munsi nkora amakara yuzuye agafuka k’ibiro 50.”

Agafuka kamwe k’amakara Mukakibibi ngo akagurisha amafaranga 8000. Uretse ibiro bitatu by’ifu y’imyumbati abarira agaciro k’amafaranga 1000, ngo nta kindi gishoro ashora muri ayo makara, kuko ibyo bishingwe abivana mu baturanyi bamwinginga kuko baba babona abakijije umwanda.

Nubwo akora amakara mu bishingwe, ngo yigishijwe indi myuga irimo gukora imisatsi, gushyira amarangi mu bitenge no kuboha ibikapu, ariko akabona kuyikora bimusaba igishoro atakwigondera ahitamo gukora amakara mu bishingwe kuko byo bitasabaga igishoro.

Ibishingwe abandi bafata nk'imbogamizi kuri bo, Mukakibibi abibyaza umusaruro abikoramo amakara.
Ibishingwe abandi bafata nk’imbogamizi kuri bo, Mukakibibi abibyaza umusaruro abikoramo amakara.

Ayo makara kugeza ubu ngo amufasha guteza imbere urugo rwe n’abana bakabona amafaranga y’ishuri bitagoranye, kandi mbere byari umutwaro umukomereye.

Ati “Ndi umubyeyi w’abana batanu, ariko kubigisha byarangoraga cyane. Umwana bavuga ngo yatsinze ntibibe igisubizo ahubwo bikambera ikibazo. Ariko mperutse gutsindisha umwana ajya kwiga nta kibazo mu gihe bakuru be batsindaga ngahangayika.”

Gukora amakara mu bishingwe uyu mugore ngo yabihawemo amahugurwa n’umushinga wa Care International wafashaga mu bijyanye n’iterambere ry’umugore w’icyaro.

Gusa ngo aracyabura ubujyanama kugira ngo umushinga we ukomeze gutera imbere.

Kivuye avuga ko abantu bakeneye ubujyanama ku mishinga yabo, iyo begereye urugaga rw'abikorera bafashwa kububona.
Kivuye avuga ko abantu bakeneye ubujyanama ku mishinga yabo, iyo begereye urugaga rw’abikorera bafashwa kububona.

Kwizera Kivuye Anitha ushinzwe ubujyanama mu by’ubucuruzi mu ihuriro ry’abagore ba rwiyemezamirimo, avuga ko iyo abantu bakoranye n’urugaga rw’abikorera, rubafasha kubona ubujyanama, bagakomeza gukora neza nta mbogamizi.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana buvuga ko Mukakibibi akwiye kuba urugero ku bandi bantu baheranwa n’ubukene, bavuga ko babuze igishoro baheraho bakora imishinga yatuma biteza imbere.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 27 )

ese hari ibigo bishobora gutanga inguzanyo kumushinga runaka?
0788411105

ishimwe yanditse ku itariki ya: 31-07-2021  →  Musubize

Nfite igishoro camafaranga 100000frw nuwuhe mushinga nakora

Joyce yanditse ku itariki ya: 14-05-2021  →  Musubize

Nfite igishoro camafaranga 100000frw nuwuhe mushinga nakora

Joyce yanditse ku itariki ya: 14-05-2021  →  Musubize

Mfite 100000frw nuwuhemushinga wakoreramo ukabyara inyunga. Biturutse KUri icyo gishoro. Location. Is Rwanda kigali

Alias yanditse ku itariki ya: 29-09-2021  →  Musubize

Muraho neza Nyagasani abishimire.
Nashakaga ko mwafasha mfite igishoro cya mafaranga 70000rwf ndi Kigali niyihe business nakora igatangira kuma inyungu ishimishije. Mwafashiriza kuriyi numero 0784799541 iba Whatsapp

Niyonsenga Fabien yanditse ku itariki ya: 26-04-2021  →  Musubize

Komfite amafaranga ibihumbi 700frw nkaba mburaho ibihumbi 800frw ngontangire umushinga wange ubunakorki?

0788499825

Alias yanditse ku itariki ya: 9-03-2021  →  Musubize

igishoro cya 10k USD, ni iyihe mishinga wakora ukunguka neza?

Henry yanditse ku itariki ya: 15-01-2021  →  Musubize

nta career ufite?

ishimwe yanditse ku itariki ya: 31-07-2021  →  Musubize

0788411105 ushobora kumpamagara nkagusangiza kuyo pfite

ishimwe yanditse ku itariki ya: 31-07-2021  →  Musubize

Ushobora gukora imishinga yo guhanga imirimo mishya y’ubukorikori cg iy’ubuhinzi n’ubworozi.
Niba wifuza ibisobanuro biruseho, nyandikira kuri Whatsapp:0788221215 cg kuri Email:[email protected]

Peter yanditse ku itariki ya: 18-10-2021  →  Musubize

Uramutse ufite 100000 harimo uwuhe mushinga

Jose yanditse ku itariki ya: 15-10-2020  →  Musubize

Mfite umushinga waje muyambe y,atonyijwe m,ugihugu mu marushanwa ya hangumurimo [300]mu gihugu ariko nabuze uruhare rwa 25% TEL;0784012808 mwa dufasha

Uzabakiriho Theoneste yanditse ku itariki ya: 15-05-2019  →  Musubize

Nyandikira kuri iyo E-mail tuvugane kuri iyo 25%

[email protected]
Mob:+250785331642
NB: WHTATSAP GUSA USHAKA GUHAMAGARA KORESHA +249995436380

M Maurice yanditse ku itariki ya: 6-09-2019  →  Musubize

mfiteigishorocyibihumbi500000,mumbwire niki nabasha gucuruzamo kandi nkabona inyungu nkokumishinga iciriritse

Fanny yanditse ku itariki ya: 5-07-2018  →  Musubize

Muraho neza inama nakugira
shaka abakwigira umusinga

etienne yanditse ku itariki ya: 24-10-2018  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka