Abagore b’impunzi mu nkambi ya Mahama bavuga ko kwigishwa n’abagore b’abanyarwandakazi kuboha uduseke byabafashije kugira icyizere n’icyerekezo cy’iterambere.
Ministiri w’Intebe, Anastase Murekezi arakangurira abikorera gukorera hamwe bagafasha u Rwanda kugabanya ibyo rutumiza hanze kuko bituma rusesagura amafaranga.
Bamwe mu bakoze mu mirimo yo kubaka ibiro by’akagari k’Akaboti mu murenge wa Kansi ho mu karere ka Gisagara barasaba kwishyurwa.
Ikigo cy’igihugu cy’imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA) cyashyizeho ibiciro bishya by’amazi n’amashanyarazi akoreshwa mu bice by’icyaro.
Umuhire Catherine w’i Musanze, wahanze umurimo wo gukora ibyuma bya “Bende feri” avuga ko umaze ku mugeza ku mitungo ya miliyoni 3RWf.
Abatuye akagari k’Akaboti,umurenge wa Kansi mu karere ka Gisagara biyujurije ibiro by’akagari bya miliyoni 23, bafatanyije n’ubuyobozi.
Akarere ka Gasabo kagiye kubaka umudugudu w’icyitegererezo uzatuzwamo imiryango 1441 yiganjemo abari batuye mu manegeka hagamijwe kurengera ubuzima bwabo.
Abanyeshuri 32 bigishijwe mu buryo bushya umwuga w’ubwubatsi mu ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’Iburasirazuba (IPRC East),bitezweho umusaruro mwiza.
Bamwe mu rubyiruko rudafite akazi rwo mu Karere ka Musanze rwashyiriweho na Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo ikigo kiruhuza n’abagatanga.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru butangaza ko bagiye kongera ibikorwa bizajya bituma abitabira umuhango wo “Kwita Izina” abana b’ingagi barushaho kuhasiga amafaranga.
Abamugaye b’i Huye bishimira kuba baratekerejweho bakagenerwa amafaranga bakwifashisha mu kwihangira imirimo, ariko ngo kuba batarahabwa amakarita abaranga byababereye imbogamizi.
Imbuto Foundation yatangije gahunda yise ‘iAccelarator’ yemerera urubyiruko gukora imishinga ijyanye n’ubuzima cyane cyane ubw’imyororokere, itsinze igaterwa inkunga.
Koperative y’abahinzi ba kawa mu murenge wa Musaza akarere ka Kirehe (COCAMU),boroje inka umunani imiryango ikennye ngo biture perezida Kagame wabagabiye imodoka.
Abagize koperative “ IWACU HEZA” yo mu Karere ka Musanze bafata amacupa yashizemo amazi bakayakuramo imitako n’ibindi bikoresho bikabaha amafaranga.
Indege nini yo mu bwoko bwa Airbus 330-300 y’ikompanyi nyarwanda itwara abagenzi mu ndege RwandAir, yageze i Kigali ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki ya 01 Ukuboza 2016.
Mu rwego rwo guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda, abikorera bo mu Karere ka Kayonza biyemeje gutangiza uruganda ruzakora imyenda.
Igihugu cy’Ubudage cyahaye u Rwanda inkunga ya miliyari 7RWf zizifashishwa mu korohereza Abanyarwanda bohereza ibicuruzwa mu mahanga.
Abanyarubavu baturutse mu nce zitandukanye z’igihugu bahuye biyemeza gushakira hamwe icyateza imbere akarere bakomokamo, kugira ngo karusheho kugira uruhare mu kuzamura ubukungu bw’igihugu.
Kuva mu mwaka wa 2014 gahunda ya NEP-Kora Wigire imaze guha imirimo mishya abarenga ibihumbi 80 hirya no hino mu Rwanda.
Boeing B737-800N yari itegerejwe i Kigali, izanye akarusho ko kugira umuyoboro wa interineti (Wireless connectivity).
Indege yo mu bwoko bwa Boeing B737-800NG y’ikompanyi itwara abagenzi RwandAir iragera mu Rwanda kuri uyu wa gatatu tariki ya 16 Ugushyingo 2016.
Impuguke z’u Rwanda na Congo ziri mu biganiro by’uburyo bafatanya kubyaza umusaruro umutungo kamere uri muri Kivu urimo "Gas Methane".
Madame Jeannette Kagame yatembereje mugenzi we Claudine Talon umudugudu wa Ndatwa w’icyitegererezo wa Nyagatovu uherereye mu Karere ka Kayonza.
Abasore n’inkumi bishyize hamwe bakorera mu gakiriro ka Kayonza bumva umwuga bize wo gukora inkweto n’ibindi bikomoka ku ruhu uzabageza ku bukire.
Abatuye mu Karere ka Nyamagabe batagerwaho n’umuriro w’amashanyarazi bavuga ko bababazwa no kubona inshinga z’amashanyarazi zibaca hejuru badashobora kurahura.
Abari batuye batatanye mu Murenge wa Mamba muri Gisagara, bagiye gutuzwa mu mudugudu w’icyitegererezo wa Ruhuha, bikazongerera ubutaka bwabo agaciro.
Impuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu (CLADHO), itangaza ko 7% mu banyarwanda basaga miliyoni 11, ari bo basobanukiwe iby’ingengo y’imari ya Leta.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo buvuga ko bwateguye gahunda ndende yo gutuza abantu mu midugudu, hagamijwe gukemura burundu ikibazo cy’abatuye mu manegeka.
Umuyoboro w’amazi meza ugiye kubakwa mu murenge wa Manyagiro muri Gicumbi witezweho guha amazi meza abaturage ibihumbi 15 bitarenze 2017.
Inzu abatuye mu Murenge wa Cyanika bubakiwe yo guhunikamo imyaka, hashize imyaka itatu idakoreshwa icyo yagenewe ahubwo yaragizwe icyumba cy’inama.