Guteza imbere imibereho myiza y’abaturage byagenewe amafaranga agera kuri miliyari 877,6Frw, mu ngengo y’Imari y’umwaka wa 2016/2017.
Nyuma y’imyaka umunani Ikigo nyarwanda gikora ibya Cinema, 94Histudio, gitangiye gukora, cyafunguye ishuri rya filime, rigamije kubaka ubunyamwuga bw’Abanyarwanda bafite inyota muri ubwo buhanzi.
Akarere ka Nyabihu kavuga ko kashoboye kugaruza mu gihe cy’amezi abiri 90% by’amafaranga bari baragujije muri VIUP ariko ntiyishyurirwe igihe.
Ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro mu Ntara y’Iburasirazuba (IPRC East) ryageneye amahirwe abagore babyifuza kubigisha umwuga wo guteka ku buntu.
Abaturage bo mu Murenge wa Gahara i Kirehe bavuga ko batangiye gutera imbere nyuma yo kwiyemeza guca ukubiri n’amakimbirane mu miryango.
Urubyiruko rwo mu Murenge wa Rurenge muri Ngoma bacuruza amazi bavomye, bikabaha amafaranga abafasha kwikenura mu gihe cy’izuba.
Abatuye ku kirwa cya Nkombo bavuga ko Perezida Kagame yabahaye bumaze imyaka igera kuri ine bukora nyamara nibabone umusaruro ubuturukaho.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) iri mu gikorwa cyo kubyaza nyiramugengeri yo mu gishanga cy’Akanyaru, ingufu z’amashanyarazi zingana na megawati 80.
Abakoze amatsinda adakora mu Karere ka Ngororero bagiye bakingirwa ikibaba n’abayobozi batari inyangamugayo, bituma inguzanyo zatanzwe muri VIUP zitishyurwa neza.
Urubyiruko rwo mu Murenge wa Rwezamenyo rwavuye Iwawa rwashinze koperative y’ububaji bahurizamo ibitekerezo n’ubumenyi batahukanye, bakabasha gukora imirimo ibabeshaho
Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere (RGB) gitangaza ko inkunga kimaze igihe kigenera imiryango itegamiye kuri leta, yayikoresheje mu guteza imbere imibereho myiza y’abaturage.
Ababyeyi bo mu Karere ka Gakenke barashinja urubyiruko kwanga gukora imirimo y’ubuhinzi, ahubwo bagahugira mu bindi bavuga ko bidafite akamaro.
Abatuye Umurenge wa Kamubuga mu Karere ka Gakenke bahangayikishijwe no kutagira imihanda nyabagendwa, bavuga ko bibazitira kugera ku iterambere.
Abahagarariye Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) basanze hari impinduka zabaye mu magreza y’u Rwanda, kuko uretse kuba ahagororerwa hanakorerwa ibikorwa by’itermbere.
Perezida Kagame yavuze ko hari icyizere ko umushinga wa Kivu Watt mu mezi 10 uzaba utanga megawati 10 ziyongera kuri 26 uri gutanga ubu.
Perezida Kagame yabwiye abavuga rikijyana bo mu Ntara y’Iburengerazuba ko bagomba kwibuka ko iterambere rigomba guturuka mu musaruro w’ibyavuye mu maboko yabo.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame arashishikariza Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo kwifatanya n’u Rwanda kongera ingufu zituruka kuri Gaz Methan yo mu Kivu.
Abakorera ubucuruzi mu Murenge wa Nyanza muri Gisagara, basaba ko ikibazo cy’ibura ry’umuriro imvura iguye kiri kubicira akazi.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame atangaza ko iterambere nyaryo rishingira ku bushake bw’abaturage n’amahitamo bafite mu buzima bwa buri munsi.
Abamugaye 79 bahawe amagare mu Karere ka Gicumbi, bavuga ko bagiye gukoresha ayo mahirwe mu kuyakoresha mu bikorwa bibateza imbere.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Munyeshyaka Vincent, yaabye abatuye Gisagara kwitabira umurimo kuko aribwo buryo bwonyine bwabageza ku iterambere.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yizeje abaturage b’Uburasirazuba ko umuhanda uva Kagitumba ukagera i Kayonza ugakomeza ku Rusumo ugiye gukorwa.
Perezida Kagame yemereye abaturage bo mu Karere ka Ngoma ibikorwa remezo birimo imihanda, amashanyarazi n’umuyoboro wa Interineti wihuta.
Mu ruzinduko ari kugirira mu Ntara y’iIburasirazuba mu Karere ka Ngoma, Perezida Paul Kagame yatangaje ko agenzwa n’urugamba rwo kurwanya ubukene.
Abagore bakorana na Women’s Opportunity Center (WOC) cy’i Kayonza ngo batangiye kwizera iterambere nyuma yo kubona ko ibyo bakora bigurwa.
Abayobozi b’Urugaga rw’Ababaruramari ku Isi, IFAC, barimo gufatanya n’Ikigo Nyarwanda giteza imbere Ababaruramari(iCPAR) mu ishyirwaho ry’ingamba nshya zo kongera ababaruramari mu Rwanda.
Igishoro ngo ntigikwiye kuba inzitizi ku muntu ushaka kwiteza imbere kuko hari imishinga iciriritse yakora agatera imbere bitamusabye igishoro.
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel K. Gasana yabwiye abamotari bo muri Rusizi ko agiye kubafasha gukemura ikibazo kiri mu nyubako yabo.
Abaturage baturiye ingomero z’amashanyarazi za Rukarara ya mbere n’iya kabiri bababazwa n’uko amashanyarazi zitanga atabageraho bakaba mu bwigunge kandi yagakwiye kubaheraho.