Bimaze kumenyerwa ko ibikorwa bihuriweho n’inzego z’umutekano bigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage ari ngarukamwaka, aho Ingabo z’u Rwanda (RDF) hamwe na Polisi y’Igihugu bafatanya gukora ibikorwa bitandukanye biteza imbere abaturage.
BK Foundation ku bufatanye n’Ikigo cy’u Budage cy’Iterambere (GIZ), batangije umushinga uzafasha ba rwiyemezamirimo by’umwihariko urubyiruko, kubona inguzanyo igera kuri Miliyoni 30 Frw yishyurwa nta nyungu.
Minisiteri y’u Rwanda y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane (MINAFFET), yatangaje ko u Rwanda rwahagaritse gahunda y’ubutwererane Igihugu gisanzwe gifitanye n’u Bubiligi.
Hari igihe avoka yitwaga ibiryo by’abanyabutare byo kuvuga ko ari zo zibatunze, ko muri rusange nta bindi biryo bafite, ariko kuri ubu ibasha kugurwa n’abifite ndetse n’iyo yoherejwe mu mahanga igurwa Amadorari.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko izamuka n’ishyirwaho ry’imwe mu misoro mishya ryemejwe n’Inama y’Abaminisitiri nta ngaruka zikomeye rizagira ku muguzi wa nyuma, kubera ko byakozwe bibanje gutekerezwaho.
Inama y’Abaminisitiri yemeje amategeko n’amateka mashya ajyanye n’imisoro, aho ibikoresho by’ikoranabuhanga bigiye kujya byishyura umusoro ku nyongeragaciro (VAT).
Urubyiruko 33 rugizwe n’abasore n’inkumi bahawe Miliyoni 170 z’Amafaranga y’u Rwanda, azabafasha kwagura imishinga yabo yiganjemo iy’ubuhinzi n’ubworozi, nyuma yo guhabwa amahugurwa y’igihe kirenga umwaka mu mahanga.
Mu rwego rwo kurushaho guteza imbere imibereho myiza y’abajyanama b’ubuzima, Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko irimo kureba uburyo na bo baba abanyamuryango ba Muganga SACCO.
Bamwe mu baturiye ahari gukorwa Umuhanda Base-Kirambo-Butaro-Kidaho mu Karere ka Burera, batigeze babarurirwa imitungo yabo, bakomeje gusaba ko imitungo yabo igizwe n’amasambu ndetse n’inzu, byabarirwa agaciro bakabona uko bahava bakimukira ahandi.
Umuhanda ni kimwe mu bikorwa remezo bihenze kandi biba bifatiye runini abawukoresha kuko uhindura ubuzima bwaho ugeze, binyuze mu korohereza abaturage mu bikorwa bitandukanye birimo kugenderana no guhahirana.
Minisitiri w’Ibidukikije Dr Uwamariya Valentine yemereye abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore ko mu gihe cy’imyaka ibiri ibibazo biri mu butaka bijyanye n’imbibi bizaba byakemutse.
Mu murenge wa Jenda, Akarere ka Nyabihu hari ikiyaga cyitwa Nyirakigugu, gifite amateka atangaje. Ni ikiyaga gikora ku muhanda Musanze-Rubavu, abenshi bafata nka kimwe mu byiza nyaburanga bitatse u Rwanda.
Intumwa z’ibihugu bigize Umuhora wa Ruguru mu bijyanye n’Umutekano (Northern Corridor Integration Projects Defence Cluster) ziteraniye i Kigali mu nama y’iminsi itatu, kuva kuri uyu wa Gatatu tariki 8 Mutarama 2025, aho basuzumira hamwe imishinga ifitiye akamaro abaturage bo muri ibi bihugu.
Kwaduka kwa moto zitwarwa n’amashanyarazi mu Rwanda birimo guteza imbere uburinganire n’ubwuzuzanye, aho umubare w’abagore batwara abagenzi kuri moto ugenda wiyongera bitewe n’uko zitabateza imvune, kandi bakaba boroherezwa kubona igishoro cyo kuzigura.
Abagore bahoze mu bikorwa byo gutunda magendu n’ibiyobyabwenge bo mu mirenge ya Burera ihana imbibi na Uganda, barishimira ko bashoje umwaka wa 2024 batakibaranwa n’abakora ibyaha.
Rungu ni kamwe mu tugari tugize Umurenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, ukora ku ishyamba rya Pariki y’igihugu y’Ibirunga.
Ku wa Gatanu tariki 13 Ukuboza 2024, hasojwe icyiciro cya mbere cy’umushinga ‘Advancing Citizens Engagement - ACE’ wo gufasha abaturage kuzamura uruhare mu iterambere bafashijwemo na Spark Microgrants.
Ministeri y’Ubucuruzi n’Inganda, ivuga ko mu mwaka wa 2035, u Rwanda ruzaba rwinjiye mu Bihugu bifite umusaruro mbumbe ugereranyije ku buryo nibura buri muturage abasha kwinjiza amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni esheshatu (5,000 USD), buri mwaka.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) ivuga ko ubukungu b’Igihugu bwakomeje kuzamuka muri uyu mwaka wa 2024 kubera ihindagurika rito ry’ibiciro ryagumye hagati ya 2-8%, ndetse no kuba igipimo cy’inyungu fatizo kitarahindutse nyuma y’uko cyagiye kigabanywa kuva mu mwaka ushize wa 2023.
Abaturage baganiriye na Kigali Today bavuga ko hakwiye gufatwa ingamba zakumira guhenda kw’ibintu no guta agaciro kw’ifaranga ry’u Rwanda, bashingiye ku byo ryaguraga mu myaka irenga 20 ishize.
Impuguke mu bijyanye n’ubukungu ziravuga ko nubwo izamuka ry’ubukungu ritanga icyizere k’u Rwanda, ariko mu rwego rwo kugira ngo rugere mu cyiciro cy’ibihugu byateye imbere cyane muri 2035, hakenewe icyatuma ubumenyi bw’Abanyarwanda bugira uruhare ku bukungu bw’Igihugu.
Abantu bafite ubumuga bo hirya no hino mu Rwanda barashima Ihuriro ry’Imiryango Nyarwanda y’Abantu bafite Ubumuga (NUDOR) hamwe n’abafatanyabikorwa batandukanye babatekerejeho, bakabashyiriraho amatsinda yo kuzigama abafasha kwiteza imbere mu bijyanye n’ubukungu.
Amafaranga angana na Miliyoni 759 y’u Rwanda mu minsi ishize, Ikigo LODA cyari cyagaragaje ko akibitswe kuri kuri Konti z’Uturere tugize Intara y’Amajyaruguru, nyamara yakabaye yarahawe abagenerwabikorwa ba gahunda ya VUP; ibintu bamwe mu bakozi b’iki Kigo bagaragaje ko bitari bikwiye, kuko uko kuyagumishaho ntakoreshwe ibyo (…)
Itegeko No 057/2024 ryo ku wa 20/06/2024 rigenga Amakoperative mu Rwanda ryitezweho guca akajagari mu micungire no gusigasira ubukungu bw’amakoperative, cyane ko mu bikubiyemo rigena ko abaziyobora n’abakozi bazo bazajya bamenyekanisha imitungo yabo kandi inakorerwe igenzurwa.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yageze mu Budage aho yitabiriye inama yiga ku iterambere rirambye, agaragariza abitabiriye iyi nama uburyo u Rwanda rwashoboye kwihaza mu bijyanye n’ingufu z’amashanyarazi.
Mu Murenge wa Nyange, Akarere ka Musanze, hagiye kuzura uruganda rugiye kujya rwenga inzoga mu birayi yitwa VODKA.
Raporo yiswe FinScope yakozwe na Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) muri 2024, ivuga ko Abanyarwanda bangana na miliyoni 7 n’ibihumbi 800 bahwanye na 96%, bacitse ku muco wo kubika amafaranga mu ngo, kuko bitabiriye gukoresha serivisi z’imari.
Bamwe mu bageze mu zabukuru bagorwa n’ubuzima cyane cyane iyo badafite abana babitaho, bakabaho bakora imirimo ivunanye ngo babone ikibatunga. Akenshi usanga iyo mirimo bakora bayihemberwa amafaranga y’intica ntikize ugasanga barahemberwa ibitajyanye n’imbaraga batanga ku murimo, ugasanga barakora ako kazi kubera amaburakindi.