Mu myaka itatu cyangwa ine ishize, u Rwanda rwagiye rugaragaza imishinga minini, umwaka ku wundi.Imwe muri yo yagiye igaragara mu gihe cyo gushyirwa mu bikorwa, ndetse ikagaragaza igihe kirekire izarangirira.
Abagore 300 bo mu Mirenge ya Muko, Muhoza na Cyuve yo mu Karere ka Musanze, bagiye kwigishwa gusoma no kwandika binyuze mu matsinda 17 y’abakora imyuga y’ububoshyi n’ubudozi, ubuhinzi n’ubucuruzi.
Ubuyobozi bwa Koperative CVM y’abatwara abagenzi ku magare (Abanyonzi) mu Karere ka Musanze, buravuga ko bugiye kuvugurura imikorere, umutungo w’iyi Koperative ukazajya ukoreshwa mu nyungu z’abanyamuryango.
Mukankusi Jannet wo mu Kagari ka Musheri, Umurenge wa Musheri mu Karere ka Nyagatare, asanga Perezida wa Repubulika Paul Kagame avukana na Yesu kuko atarobanura ku butoni.
Kuri uyu wa 27 ukuboza 2019, ni bwo Abanyarwanda 15 bakora mu kigo cyitwa RICEM bari bamaze amezi abiri mu gihugu cy’Ubuhinde bahugurirwa gufungura ishami ryihariye mu kigo cyabo rizafasha mu guhugura ba rwiyemezamirimo, basoje amahugurwa bagahabwa impamyabushobozi.
Imiryango 53 mu miryango 116 yibumbiye mu itsinda ‛Twitezimbere-Gitwe’, yo mu Mudugudu wa Gitwe, mu Kagari ka Runoga Umurenge wa Gitovu mu Karere ka Burera, irishimira iterambere yagezeho, nyuma yo kuva mu nzu zisakaje amategura ijya mu nzu z’amabati ku nkunga y’umushinga Spark MicroGrants.
Inama ya 17 y’Umushyikirano yagaragaje ko ubukungu bwagiye buzamuka ku rugero rwa 8% mu myaka 18 ishize, buramutse buzamutse ku rugero rwa 10% ubushomeri bwacika mu Rwanda.
Mu nama y’Igihugu y’Umushyikirano yatangiye kuri uyu wa kane tariki 19 Ukuboza 2019, abaturage bo mu bice bitandukanye by’igihugu bagaragaje ko bafite ikibazo cy’umuriro w’amashanyarazi.
Ikigega cy’Igihugu cy’Ubushakashatsi no Guhanga Udushya kimaze gutanga asaga miliyoni 550 z’amafaranga y’u Rwanda mu mishinga yo guteza imbere urubyiruko, n’urundi rugasabwa gutinyuka kuko amahirwe ahari.
Amina Drocelle utuye mu Mudugudu wa Nyamahuru mu Kagari ka Sure, mu Murenge wa Mushubati mu Karere ka Rutsiro, avuga ko mu mwaka wa 2015 yari atunzwe no guca inshuro, ibyo ahashye ntibibashe gutunga urugo.
Kompanyi yitwa NOTS Solar Lamps Ltd, ku itariki ya 02 Nyakanga 2019 yagiranye amasezerano na Guverinoma y’u Rwanda yo kugeza ku ikubitiro amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba ku miryango ibihumbi ijana (100,000) ituye mu bice by’icyaro.
Muri gahunda y’ukwezi kwahariwe umuryango, urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango FPR-Inkotanyi mu ntara y’Amajyaruguru, kuri uyu wa 23 Ugushyingo 2019 rwamurikiye umuryango utishoboye inzu n’ibikoresho binyuranye.
Abafite inzu z’ubucuruzi mu mujyi wa Huye zari zarafunzwe, nyuma y’imyaka ibarirwa muri itandatu bakemererwa kuzivugurura, barishimira ko ubu bazifitiye abakiriya, ariko abacuruzi bo bararira ayo kwarika kuko ngo nta baguzi.
Banki y’u Rwanda y’iterambere (BRD), iratangaza ko igiye gutanga inguzanyo ku bifuza kugura inzu ziciriritse ku rwunguko rutoya ugereranyije n’inyungu yari isanzwe yakwa n’amabanki.
Nyuma y’imyaka itatu ingo zibarirwa mu bihumbi bibiri zo mu Karere ka Gisagara zifashwa kwikura mu bukene bukabije n’umuryango Concern, zirishimira intambwe zateye.
Burya ngo, “utazi iyo ava, ntamenya iyo ajya”. Iyo ukebutse gato ukareba mu myaka 12 ishize, uko tumwe mu duce tw’umujyi wa Kigali twasaga, bikwereka imbaraga zakoreshejwe kugira ngo umujyi wa Kigali ugere ku iterambere rishimishije ugaragaza.
Jacqueline Mugirwa wo mu kagari ka Bitare mu murenge wa Ngera mu karere ka Nyaruguru, yavuye ku manota 40% agira 70% abikesha amashanyarazi bahawe na Polisi y’u Rwanda.
Bamwe mu bakozi b’ikigo cy’ubwikorezi ndengamipaka ku muhora wo hagati bakunze kwita ‘Central Corridor’ (CCTTFA) bari mu ruzinduko mu Rwanda, barashima iterambere ry’ibikorwa remezo mu Rwanda, bigatuma gutwara imizigo byihuta.
Shallon Abahujinkindi warangije kaminuza mu ishami ry’icungamutungo n’ibaruramari, yahisemo kwiga umwuga ujyanye n’ubwiza harimo no gutunganya imisatsi, kuko yabonaga kubona akazi kajyanye n’ibyo yize bitoroshye none ubu biramutunze.
Abaturage bo mu mirenge 13 y’uturere twa Musanze, Gakenke na Burera mu ntara y’Amajyaruguru bahawe umuriro w’amashanyarazi, baravuga ko batangiye kuruhuka imvune baterwaga no kutagira amashanyarazi.
Abakozi 250 b’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu (REG) basoje itorero kuwa kane tariki ya 31 Ukwakira 2019, mu minsi 10 bari bamaze i Nkumba mu karere ka Burera, bagejeje umuriro w’amashanyarazi ku miryango 131 banavugurura umuyoboro wacaniraga imiryango 40.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabwiye abitabiriye inama yiga ku iterambere ry’ikoranabuhanga ibera muri Qatar ko iterambere ry’imijyi rikwiye kuba iriteza imbere abaturage mbere ya byose kuruta kuba imijyi yuzuyemo ibikoresho by’ikoranabuhanga.
Ubuyobozi bwa ICPAR, ikigo gishinzwe guteza imbere abakora umwuga w’ibaruramutungo, butangaza ko imwe mu mpamvu itera ibihombo mu bigo bya Leta ari umubare muto w’ ababaruramutungo w’umwuga babihuguriwe.
Imibare igaragazwa na Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (REG), irerekana ko ubu ingo zifite amashanyarazi zimaze kugera kuri 53%, zirimo 38% zifite amashanyarazi afatiye ku muyoboro mugari, na 15% zifite amashanyarazi adafatiye ku miyoboro migari yiganjemo akomoka ku mirasire y’izuba.
Inama y’Abaminisitiri yemeje Iteka rya Minisitiri w’Intebe rivana ubutaka buherereye mu Karere ka Rubavu buri mu kibanza gifite UPI: 3/03/04/05/1069, mu mutungo rusange wa Leta, rikabushyira mu mutungo bwite wa Leta.
Tariki 30 Nzeri 2019, i Remera mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru hatashywe urugomero rutanga amashanyarazi azacanira abaturage hafi 300.
Bwa mbere mu Rwanda hateguwe irushanwa ryo guhanga udushya, twafasha inganda gutera imbere hifashishijwe ikoranabuhanga.
Abasore n’inkumi bize imyuga mu kigo cy’urubyiruko cya Gisagara (Yego center) bavuga ko bafite intego yo kwigira, ariko ko kubona igishoro gikenewe bitaboroheye.
Mu gihe isi igihanganye n’ingaruka z’ihungabana ry’ubukungu ryo muri 2008, Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr. Edouard Ngirente avuga ko uburyo bwonyine bwo kurandura iki kibazo ari agushishikariza abantu bose gukorana n’ama banki.
Ubuyobozi bwa Sosiyete ya Star Times buratangaza ko abatunganya filime cyangwa ibindi bihangano by’amashusho by’umwimerere Nyarwanda, baramutse babishyizemo imbaraga byajya bitambuka ku mirongo yayo kandi bakabibonamo amafaranga.