Umuyobozi w’akarere ka Kayonza Mugabo John avuga ko ako karere gafite umushinga wo gutunganya inyama, akarere kakaba kari gushaka abashoramari bazawushoramo imari.
Bamwe mu rubyiruko n’abagore bamaze kubona inkunga y’ikigega cya BDF barashime uburyo iki kigega kibateza imbere kishingira imishinga yabo bigatuma bahabwa inguzanyo mu mabanki no mu bindi bigo by’imari bagasaba bagenzi babo na bo kubyaza umusaruro ayo mahirwe.
Mu gihe nta mwihariko wajyaga ugaragara ku baka inguzanyo zo gukoresha imishinga y’ubuhinzi cyangwa ubworozi, ibigo by’imari byegereye abaturage (Saccos) byaborohereje uburyo bwo kwishyura kandi na Leta ibinyujije mu Kigega cy’ingwate BDF, yabemereye ingwate no kubafasha kwishyura.
Koperative Duharanire Amahoro yo mu Murenge wa Simbi, iri kubaka uruganda rutunganya ifu y’ibigori abantu bakunze kwita kawunga ikaba iteganya ko mu cyumweru gitaha rwatangira gukora kuko ibisigaye gukorwa ari bikeya cyane, harimo no gushyira amakaro hasi mu ruganda.
Mu rwego rwo kwitegura guhangana n’ikibazo cy’ubushomeri mu rubyiruko, abasore n’inkumi bo mu murenge wa Hindiro mu Karere ka Ngororero bashinze itsinda ryo kuzigama bita YIG (Youth Imvestment Group) ngo batezeho kuzabona igishoro mu mirimo itandukanye badatagereje ubaha akazi.
Agakiriro k’Akarere ka Kayonza kubatswe mu Mudugudu wa Gihima mu Kagari ka Mburabuturo mu Murenge wa Mukarange, ku birometero nka bitanu uvuye rwagati mu mujyi wa Kayonza. Ako gakiririo kazengurutswe impande n’impande n’amazu ameze nk’ay’ubucuruzi agaragara nk’akiri mashya ndetse hakaba n’andi acyubakwa.
Abikorera bo mu karere ka Nyamasheke barakangurirwa gutangira kubyaza umusaruro amahirwe bafite y’umutungo kamere wiganjemo ikiyaga cya Kivu gikora ku mirenge hafi ya yose igize aka karere, ishyamba rya Nyungwe n’ubutaka bwera akarere gafite.
Nyuma y’imyaka itanu ibigo by’imari by’umurenge sacco bitangiye gukora, abanyamuryango babyo basanga bamaze kugera ku iterambere mu bijyanye no kubitsa no kwaka inguzanyo, ariko ngo baracyabona imbogamizi muri serivisi zitangwa n’ibyo bigo bigikoresha amafishi, ndetse n’umunyamuryago ukeneye amafaranga ari kure ya sacco ye (…)
Abaturage bo mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi baravuga ko mu gihe abandi Banyarwanda badatuye ku birwa bahabwa inguzanyo n’ibigo by’imari bagatanga ingwate z’imitungo yabo, bo ngo hashize imyaka 2 barafatiwe ingamba n’ibigo by’imari bikorera muri ako karere.
Umushinga wo kubaka isoko mpuzamahanga ryo ku mupaka wa Cyanika, mu Karere ka Burera, ukomeje kudindira, mu gihe nyamara ubwo wamurikirwaga abaturage mu mwaka w’2013, bizezwaga ko uzashyirwa mu bikorwa bidatinze.
Itsinda ry’abashoramari umunani baturuka mu gihugu cya Turukiya bagiriye urugendo mu Karere ka Bugesera kuri uyu wa 15 Gicurasi 2015 bagamije kureba aho bashora imari.
Uruganda rukora Sima rwa CIMERWA rukorera i Rusizi mu Ntara y’Uburengerazuba rwamaze kwagura ibice byarwo bikora sima, ku buryo rugiye kuzajya rukora ikubye inshuro esheshatu iyo rwakoraga.
Maga Kabera, umugore wo mu Kagari ka Barije mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare avuga ko yatangiye acuruza ijerekani imwe y’ubushera none ubu afite iduka ry’ibyuma by’imodoka rifite agaciro ka miliyoni 12.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka arasaba abanyarwanda by’umwihariko abikorera bo mu Karere ka Muhanga kugaragariza Umukuru w’igihugu, Paul Kagame, icyo bazamufasha mu iterambere naramuka yemeye kongera kwiyamamariza indi Manda.
Abikorera bo mu Karere ka Burera bavuga ko mu kwaka inguzanyo mu ma banki hari bamwe bakwa ruswa kugira ngo amadosiye yabo yo kwaka inguzanyo yihutishwe.
Mu rugendo Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), Franҫois Kanimba yagiriye mu Karere ka Kirehe ku wa 24 Mata 2015 asura ahagiye kubakwa isoko mpuzamahanga ryambukiranya imipaka rya Rusumo, yavuze ko isoko rigiye kubakwa rizafasha abacuruzi barituriye kubonera ibicuruzwa hafi.
Abikorera bo mu Karere ka Burera batangaza ko babangamiwe n’amwe mu mabanki atinda kubaha inguzanyo baba basabye cyangwa ntibanayihabwe bigatuma bagwa mu gihombo kandi baba batanze ibisabwa byose.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubwikorezi (RTDA) kivuga ko umushinga wo kubaka umupaka umwe (One stop Border Post) rwagombaga guhuriraho na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) wadindijwe na RDC ivuga ko cyagize imbogamizi zo kubona ubutaka bwo kubakaho, mu gihe u Rwanda ruvuga ko rwarangije kwitegura (…)
Bamwe bu bakiliya ba Duterimbere IFM Ltd bo mu Karere ka Huye baratangaza ko basanze kuba rwiyemezamirimo bigomba gutandukana no kuba nyir’urugo, bivuze ko iyo umuntu yiyemeje gukora imirimo imubyarira inyungu agomba gutandukanya amafaranga ava muri iyo mirimo n’ayo akoresha mu rugo, kugira ngo abashe kumenya niba yunguka (…)
Nyuma y’uko bamwe mu baturage bo mu Karere ka Ngororero batangaje ko batazi ikigega cya BDF (Business Development Fund), ndetse bakaba bataranagisobanuriwe, ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero hamwe n’abakozi b’icyo kigega barasaba abaturage kukigana kugira ngo bafashwe mu ishoramari.
Ikigo k’igihugu gishinzwe gutanga amasoko ya leta (RPPA) kiratangaza ko gahunda cyafashe cyo gushyira ba rwiyemezamirimo bakora mu by’ubwubatsi mu byiciro hakurikijwe ubushobozi bwabo, bizagira uruhare mu kugabanya ruswa n’abahataniraga amasoko batayashoboye.
Golden Tulip, isosiyete y’Abafaransa ifite amahoteli akomeye mu Bufaransa, kuri uyu wa 27 Werurwe 2015 yasinye amasezerano ayegurira gucunga La Palisse Hotel, iherereye mu Karere ka Bugesera
Minisitiri w’Ubucuruzi n’inganda (MINICOM), François Kanimba aributsa abikorera bo mu Ntara y’Amajyaruguru ko Urwego rw’abikorera arirwo nkingi ya mwamba izatuma intego zitandukanye u Rwanda rwihaye, zirimo gahunda y’imbaturabukungu ndetse na gahunda yo guhanga imirimo zigerwaho.
Abikorera mu ntara y’amajyaruguru batangaza ko umwe mu mihigo bashyize imbere ari ugushishikariza bagenzi babo gukorana n’ibigo by’imari bakava ku ngeso yo gukorana na “Bank Lambert” igaragara kuri bamwe.
Ubuyobozi bwa Koperative Umwalimu SACCO buravuga ko inguzayo ingana na Miliyari ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda yemerewe n’ikigo cy’Abaholandi cyitwa Oika Credit, izafasha abarimu kugera ku iterambere ryihuse ibunganira mu kunoza imishinga yabo.
Bamwe mu bayobora Koperative zo kubitsa no kugurizanya “Umurenge SACCO” baravuga ko guhomba kw’imishinga y’abaturage baba barasabye inguzanyo cyane cyane iyinganjemo iy’ubuhinzi, ubworozi n’ubucuruzi, ari bimwe mu bituma koperative zamburwa.
Mu gihe harimo gutegurwa ibiganiro bizaba muri Mata 2015 hagati y’u Rwanda n’abashomari bo mu gihugu cya Pologne, bamwe muri abo bashoramali bageze mu Rwanda kuri wa 11 Werurwe basuye Akarere ka Rubavu bagaragaza inyota yo gushora imali mu buhinzi bwo mu Rwanda.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, n’intumwa ayoboye bageze ahitwa Sharm El Sheikh mu Misiri aho batumiwe na Perezida Abdel Fattah Al Sisi wa Misiri mu ihuriro rizitabirwa n’abakuru b’ibihugu na za Leta 110 ndetse n’abashoramari bakomeye 3,000.
Abikorera bo mu Ntara y’Amajyepfo batangaza ko bagambiriye kwishyira hamwe kugira ngo bayizamure ive mu bukene, dore ko ari yo ikennye cyane kurusha izindi mu Rwanda.
Cooperative Umwalimu SACCO iratangaza ko igiye gutangiza uburyo bushya bwo guha abanyamuryango bayo inguzanyo biciye mu mishinga yabo bwite bazajya bakora ibyara inyungu.