Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente, avuga ko Leta y’u Rwanda imaze gutera inkunga imishinga 647 y’abaturage baturiye pariki z’igihugu kuva muri 2005, kugira ngo biteze imbere banarusheho kuzibungabunga.
Mu muhango wo ku wa 06 Nzeri 2019 wo Kwita Izina ingagi 25 ziherutse kuvuka, Perezida Paul Kagame yeretse abari bitabiriye uwo muhango inyungu ziri mu kwita kuri Pariki y’Ibirunga n’ingagi ziyituyemo.
Mu ijambo rya Perezida Paul Kagame, yashimiye abaturage uburyo bakomeje kugira uruhare mu kubungabunga Pariki y’Ibirunga, abaturage bamwizeza ko bagiye kurushaho gufata neza Pariki kugira ngo irusheho kugira uruhare mu guteza imbere ubukungu bw’u Rwanda.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye abaturage baturiye Pariki y’igihugu y’Ibirunga kurushaho gufatanya no gufata neza iyi Pariki n’ibikorwa by’ubukerarugendo biyishamikiyeho, mu rwego rwo kugira ngo irusheho kuzana abakerarugendo benshi n’inyungu nyinshi ku gihugu no kuri bo ubwabo.
Abaturage bo mu karere ka Musanze by’umwihariko abaturiye Pariki y’igihugu y’Ibirunga, baremeza ko kuba akarere kabo gacumbikiye ingagi zo mu Birunga bibateza imbere, bakabifata nk’akarusho kuko buri mwaka baba bizeye gusurwa n’Umukuru w’igihugu mu muhango wo Kwita Izina.
Abaturage bo mu mirenge ituriye Pariki y’Igihugu y’Ibirunga baravuga ko hari impinduka mu buryo bw’imibereho n’ubukungu bwabo babikesha umusaruro uturuka mu bukerarugendo bukorerwa muri iyi Pariki (Revenue sharing).
Umuhango wo Kwita Izina muri uyu mwaka uratanga icyizere cyo kugenda neza kurusha imyaka yashize biturutse ku bikorwa Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwateguye bibanziriza umunsi nyirizina.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), ruravuga ko rwashyizeho ingamba zihamye zo kurwanya ubushimusi n’ibindi bikorwa bitemewe muri za Pariki z’igihugu, harimo no gukoresha indege zitagira abapilote (drones).
Umuyobozi ushinzwe Ubukerarugendo mu Rwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), Belise Kariza arasobanura ko u Rwanda rwafashe ingamba zo kurinda ingagi gufatwa n’icyorezo cya Ebola.
Hagati y’1990 n’1994, Parike nkuru y’Akagera yaracecetse cyane. Nta mitontomo y’intare yongeye kuhumvikana. Birashoboka ko zari zarahumuriwe ikibi cyendaga kuzana icurabundi mu Rwanda.
Kuri uyu wa mbere tariki 09 Nyakanga 2019, igihugu cya Kenya cyashyizeho ingamba zigamije kubungabunga inyamaswa ziba mu misozi zo mu bwoko bw’isha zizwi nka Montain Bongo, nyuma y’uko bigaragaye ko ziri gukendera cyane kuko hasigaye izitarenga 100 muri Kenya, ari naho honyine ziri ku isi.
Mu rukerera rwo ku wa 25 Kamena 2019, zishagawe na Polisi y’u Rwanda, inkura eshanu zifite amazina ya Jasiri, Jasmina, Manny, Olomoti na Mandela, zahagurutse ku kibuga cy’indege i Kanombe zerekeza muri Pariki y’Igihugu y’Akagera.
Inkura eshanu zaturutse ku mugabane w’u Burayi zageze mu Rwanda mu rukerera rwo kuri uyu wa mbere tariki 24 Kamena 2019 ziturutse muri Repubulika ya Tchèque.
U Rwanda rugiye kwakira izindi nkura eshanu ziturutse muri Repubulika ya Tcheque muri pariki yitwa ‘Dvůr Králové’ aho zari zarahurijwe guhera mu Kwezi k’Ugushyingo 2018.
Abaturage b’imirenge ikora ku ishyamba rya Nyungwe barasaba ko iyi parike yazitirwa cyangwa se bakajya bishyurwa imyaka yabo yonwa n’inyamaswa, ikibazo kimaze igihe kinini nk’uko aba baturage babivuga.
Ku cyumweru tariki 19 Gicurasi 2019, wari umunsi udasanzwe ku badipolomate bakorera mu Rwanda, ubwo basuraga Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, bakishimira bimwe ibyiza nyaburanga bahabonye.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane yateguye gahunda y’iminsi itatu yo gutembereza abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke n’abakozi bako basuye Pariki y’igihugu ya Nyungwe baravuga ko nta kibazo cy’umutekano kiri muri iyi parike, bakanyomoza ibyavuzwe na bimwe mu bihugu by’ amahanga bisabye abaturage babyo kwitonda igihe basura iyi parike.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwahaye uburenganzira ikigo cyitwa ‘Imizi Ecotourism Development Ltd’ bwo gucunga no guteza imbere pariki y’Igihugu ya Gishwati-Mukura mu gihe cy’imyaka 25.
Pariki y’igihugu ya Nyungwe irageramo amashanyarazi acanira umuhanda Rusizi-Nyamagabe na Pindura-Bweyeye mu gihe kitarenze amezi abiri uhereye muri uku kwezi kwa Gashyantare.
Ikigo cy’igihugu cy’iterambere RDB kiravuga ko imirimo yo gutangira ibikorwa by’ikigo kizitirirwa Ellen DeGeneres, ikigo kizakorera mu mushinga Dian Fossey Gorilla Fund yatangiye mu Kinigi mu karere ka Musanze.
Ambasaderi w’u Budage mu Rwanda Dr. Peter Woeste, kuri uyu wa mbere tariki 07 Mutarama 2019 yabwiye abenegihugu be basura u Rwanda ko bitewe n’uburyo umutekano wakajijwe muri Nyungwe, amabwiriza yo kugenda bikandagira yakuweho.
Mu myaka ibiri ishize, Abanyarwanda bavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, babonaga intare kuri tereviziyo no mu bitabo gusa. Nyamara, u Rwanda rwahoranye intare amagana kugeza mu gihe cya Jenoside.
Ibyanya bitatu by’i Burayi byamaze gufata umwanzuro wo kohereza Inkura eshanu muri Pariki y’Akagera iherereye mu Burasirazuba bw’u Rwanda .
IcyamamareEllen DeGeneres, yatangaje ko adafite amagambo yo gusobanura urugendo rwe mu Rwanda, yemeza ko u Rwanda n’Abanyarwanda ari ibitangaza abantu bakwiye gusura bakirebera.
Kampanye yiswe "Visit Rwanda" y’Ikigo gishinzwe Iterambere (RDB) kibifashijwemo n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, irimo kureshya abazaza Kwita izina abana b’Ingagi.
Benshi bibaza uko guhura na Perezida Kagame bimera, n’iyo yaba ari umunota umwe. Iyi ni inkuru y’umukozi usanzwe wamaranye na we amasaha atandatu yose.
Igikomangoma cy’Ubwongereza Harry yagizwe umuyobozi w’ikigo cyitwa Africa Parks gishinzwe amaparike muri Afurika arimo na Pariki y’Akagera.
Dian Fossey uzwi mu Rwanda nka Nyiramacibiri kubera uburyo yitaye ku Ngagi zo mu Birunga, yageze muri Africa aje gutembera birangira ahagumye.
Abaturage bo mu Karere ka Musanze cyane cyane abatuye mu Kinigi batangiye imyiteguro y’umuhango wo “Kwita Izina” abana b’ingagi 19, uba kuri uyu wa gatanu tariki ya 01 Nzeli 2017.