Ikigo cy’igihugu cy’iterambere RDB cyatangaje ko umubare w’ingagi mu birunga wiyongere cyane mu gihe cy’umwaka umwe ushize.
Mu gikorwa cyo kwakira ku mugaragaro intare zirindwi muri Parike y’Akagera, zikuwe mu gihugu cy’Afurikay’Epfo, uhagarariye African Parks, yavuze ko ari ikimenyetso cy’uko u Rwanda ruza ku isonga muri Afurika mu kwita kuri za parike.
Ubuyobozi bwa Pariki y’Igihugu y’Ibirunga butangaza ko mu mwaka wa 2014 abantu babarirwa muri 30 bafatiwe muri iyo pariki bari gukora ibikorwa bitewe biyangiza byatuma urusobe rw’ibinyabuzima biyituyemo bihura n’ingorane.
Bamwe mu baturage baturiye Pariki y’Akagera ku ruhande rw’akarere ka Kayonza bavuga ko badatewe impungenge no kuba intare zagarurwa muri iyo Pariki n’ubwo zifatwa na benshi nk’inyamaswa z’inkazi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyabihu bwanyuzwe n’icyemezo cy’uko Gishwati yahinduka Pariki nyuma y’igihe kitari gito bwamaze bwerekana ko Gishwati ari agace keza nyaburanga kakurura benshi mu bakerarugendo bitewe n’imiterere yako myiza ibereye ijisho, inzuri nziza, n’amashyamba ateye ku misozi mu buryo bunogeye amaso.
Ubwo umuyobozi w’intara y’uburengerazuba, Madame Mukandasira Caritas yagendereraga umurenge wa Bweyeye mu karere ka Rusizi tariki 31/07/2014 yasabye abaturage kubungabunga pariki y’igihugu ya Nyungwe, kuko nk’uko yabivuze, bibabaje kubona hari abaturage bamwe bajyamo guhiga inyamaswa bakazica kandi bazi akamaro zifitiye igihugu.
Ubuyobozi bw’Ikigo k’igihugu gishinzwe kwihutisha iterambere (RDB) gifite no mu nshingano guteza imbere ubukerarugendo butangaza ko mu myaka 10 ishize ingagi ziyongereye binagirira akamaro abaturage baturiye parike basaranganya ku mafaranga ava ku bukerarugendo.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) kiritegura gukora igikorwa ngarukamwaka cyo kwita izina abana b’ingagi bavutse. Uyu mwaka hakazitwa amazina abana 18 bavutse mu muhango uzabera mu Kinigi, mu karere ka Musanze nk’uko bisanzwe.
Mantis bita Dystacta tigrifrutex cyangwa the bush tiger mantis ni ubwoko bushya bw’inigwahabiri (insects) bwavumbuwe ku isi buvumburwa mu ishyamba rya Nyungwe mu mezi make ashize ataragera ku mwaka.
Byibura abana 4 b’ingagi buri kwezi nibo bavutse mu Rwanda muri uyu mwaka wa 2013, nk’uko byagaragajwe na raporo y’abashinzwe kubungabunga ubuzima bw’urusobe bw’ibinyabuzima n’inyamaswa zo muri parike.
Kuri uyu wa gatanu tariki 27/09/2013, u Rwanda rwifatanije n’isi yose kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’ubukerarugendo ufite insanganyamatsiko igira iti “Ubukerarugendo n’amazi: Tubungabunge umurage rusange”. Uyu muhango wabereye mu marembo ya Pariki y’igihugu ya Nyungwe mu murenge wa Bushekeri mu karere ka Nyamasheke.
Umuyobozi w’akarere ka Musanze, Mpembyemungu Winifrida, aravuga ko mbere ya Jenoside, akamaro ka parike y’ibirunga ku bayituriye kari ako kwica inyamaswa zibarizwamo maze bakazirya gusa, ibintu byahindutse kuri ubu.
Igiko gishinzwe gukora ubushakashatsi ku ngagi KARISOKE Project Center, kiravuga ko cyakira byibura abanyeshuri bari hagati y’100 n’150 ba za kaminuza zitandukanye zo mu gihugu bari mu bushakashatsi ku bijyanye n’ingagi, iyo bari mu bushakashatsi bwabo.
Kuva mu mwaka wa 2005 gahunda yo gusaranganya umutungo uva mu bukerarugendo itangiye, aho ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) kimaze gutanga amafaranga miliyali imwe na miliyoni 650 mu makoperative y’abaturage baturiye amapariki.
Abana b’ingagi bahawe amazina kuva mu myaka ya za 69, nk’uko amateka y’ingagi zo mu birunga abigaragaza, n’ubwo umuhango wo kwita izina abana b’ingagi, nk’uko tuwuzi ubu ugiye gukorwa ku nshuro ya cyenda.
Abayobozi ba pariki ya Nyungwe biyambaje inzego zitandukanye zo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke dore ko bose bahurira kuriyo Pariki kugirango babafashe gukumira barushimusi bakomeje kubangamira umutekano w’ibinyabuzima bituye muri iyi pariki.
Umuhango ngaruka mwaka wo Kwita izina ingagi mu Rwanda, ukurura abantu benshi baturutse hirya no hino ku isi, urateganywa kuba tariki 22/06/2013. Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) kigatangaza ko agashya k’uyu mwaka ari uko hazagaragazwa uruhare rw’abaturiye iyi pariki.
Minisitiri w’Inganda n’Ubucuruzi aragira inama abashinzwe imicungire ya Pariki y’Akagera gukora ku buryo abaturage bayituriye bagira uruhare mu micungire no ku nyungu ziyiturukaho kuko bizatuma irushaho kubungabungwa neza.
Leta y’u Rwanda igiye kuzana intare n’ubundi bwoko bw’inyamaswa zitabaga muri Parike y’Akagera nk’uko bivugwa na Ngoga Telesphore ushinzwe guhuza Parike z’igihugu n’abazituriye, akaba anashinzwe ishami ryo kubungabunga Parike z’igihugu mu kigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB).
Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Kanimba François, yashimye uburyo abayobozi ba Parike y’Akagera bakemura ibibazo abaturage bayituriye baterwaga n’inyamaswa zabahohoteraga zikanabonera imyaka.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Kinigi akarere ka Musanze, bibumbiye mu makoperative akorera mu nyubako y’ubucuruzi ya Kinigi, baravuga parike y’ibirunga igira uruhare mu kubavana mu bukene, bityo bakemeza ko ari amahirwe ataboneka henshi.
Ikigo k’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) gifatanyije n’umushinga WCS ushinzwe kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, bakoranye igitaramo cy’ubukangurambaga n’abaturage bo mu murenge wa Butare mu karere ka Rusizi mu rwego rwo kubakangurira kubungabuga iyi Parike.
Abanyamerika babiri, Joe Mc Donald n’umugore we Ann Mc Donald, baravuga ko kuva mu mwaka wa 2003 basura ingagi byibura inshuro ebyiri mu mwaka, ndetse ngo bakaba bifuza gukomeza kuzisura bakanarenza inshuro 100 dore ko ngo bishoboka cyane.
Inzego zishinzwe kubungabunga parike mu Rwanda, Uganda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuriye mu karere ka Musanze kuva kuri uyu wa 05/12/2012 kugirango bungurane ibitekerezo ku buryo bakemura ibibazo bahura nabyo.
Ababaturage bo mu murenge wa Gihundwe akarere ka Rusizi batangaza ko inyamaswa zitwa inkende zibonera imirima cyane kuko ngo zimaze kuba nyinshi cyane imusozi. Bimwe mu bihingwa izi nyamaswa zona cyane ni ibijumba imyumbati ndetse n’ibindi byerera mu butaka.
Umushinga wo gutunganya pariki ya Nyungwe ku buryo abayisura babasha kubona ibiyirimo byose bari mu kirere batabangamiye inyamaswa n’ibimera nyaburanga watsindiye igihembo ku rwego rw’isi mu irushanwa ryateguwe n’ikigo The British Guild of Travel Writers.
Ubuyobozi bwa Parike y’Akagera ku bufatanye n’ubuyobozi bw’imirenge ihana imbibe n’iyo parike n’inzego z’umutekano, basubije muri Parike imbogo 42 zari zimaze igihe gisaga ukwezi ziba hanze ya Parike.
Pariki y’igihugu ya Nyungwe ni ishyamba cyimeza ribarizwa mu burengerazuba bw’amajyepfo bw’u Rwanda. Rifatanye na Pariki y’igihugu ya Kibira yo mu gihugu cy’u Burundi kandi rishobora kuba ari ryo shyamba ry’inzitane ryo mu misozi minini kandi miremire muri Afurika yose; ryari rifite ubuso bwa km² 924 mu mwaka w’i 2000.
Ku gicamunsi cyo ku cyumweru tariki 29/07/2012 ku kibuga cy’umupira w’amaguru cyo mu kagali ka Gatare, umurenge wa Nkungu mu karere ka Rusizi habereye igitaramo cyahuje abaturage bose batuye umurenge wa Nkungu.
Imbogo 30 zimaze iminsi ibiri ziri mu baturage bo mu mudugudu wa Mucucu mu murenge wa Murundi n’abo mu kagari ka Kageyo mu murenge wa Mwili nyuma yo kuva muri pariki y’Akagera zikabura uko zisubiramo kubera uruzitiro rurimo kubakwa.