Abafite amahoteli mu karere ka Rubavu barasaba Leta n’itangazamakuru kugaragaza ko akarere ka Rubavu ari nyabagendwa kubera ko hari abavuga ko umutekano mucye ubera mu burasirazuba bwa Congo ugera no muri ako karere bigatuma bamucyerarugendo bagabanuka bikabatera igihombo.
Inama ya “Atlas Africa” yari iteraniye i Kigali yiga ku kamaro k’ubukerarugendo mu kongera ubukungu, yasoje abayitabiriye ku ruhande rw’u Rwanda biyemeje kugira uruhare mu bikorwa by’ubukerarugendo biteza imbere Abanyarwanda.
Umuhango ngaruka mwaka wo Kwita izina ingagi mu Rwanda, ukurura abantu benshi baturutse hirya no hino ku isi, urateganywa kuba tariki 22/06/2013. Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) kigatangaza ko agashya k’uyu mwaka ari uko hazagaragazwa uruhare rw’abaturiye iyi pariki.
Impuguke mpuzamahanga mu bijyanye n’ubukerarugendo zirateganya guhurira mu Rwanda, ku butumire bw’Ishuri rikuru ry’ubukerarugendo (RTUC), aho zizaba ziganira ku buryo u Rwanda n’umugabane w’Afurika muri rusange, bagira ubumenyi bubafasha gukurura ba mukerarugendo benshi bo hirya no hino ku isi.
Minisitiri w’Inganda n’Ubucuruzi aragira inama abashinzwe imicungire ya Pariki y’Akagera gukora ku buryo abaturage bayituriye bagira uruhare mu micungire no ku nyungu ziyiturukaho kuko bizatuma irushaho kubungabungwa neza.
Abakora umwuga wo gutwara ba mukerarugendo mu bice nyaburanga bitandukanye mu gihugu, basanga ubuvumo bwa Musanze ari umwimerere kuko uretse gutunganya aho umuntu akandagira ibindi bice byose nta cyahinduwe.
Agasozi kitwa “Ku Kabazungu” gaherereye mu mudugudu wa Mariko, akagari ka Kaganda, umurenge wa Kinyababa, akarere ka Burera, gafite amateka kuburyo ngo iyo abazungu bahageze bahagarara bagafotora.
Minisitiri w’umutekano mu gihugu, Sheikh Musa Fazil Harerimana, aravuga ko bitewe n’amateka menshi yaranze gereza ya Ruhengeri, igice kimwe cyayo gishobora kuzahindurwa ahantu h’amateka, ikindi kigasigara ari gereza y’abagore n’abakiri bato.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Iterambere ry’igihugu RDB, Rwanda Development Board, cyiremeza ko mu gihe cy’umweki kumwe ubuvumo buzwi nk’ubwa Musanze buherereye I Musanze mu karere ka Musanze buzaba bwamaze gutunganywa bunasurwa n’ababyifuza bose barimo na ba mukerarugendo, nk’ahandi hantu nyaburanga haboneka mu gihugu.
Leta y’u Rwanda igiye kuzana intare n’ubundi bwoko bw’inyamaswa zitabaga muri Parike y’Akagera nk’uko bivugwa na Ngoga Telesphore ushinzwe guhuza Parike z’igihugu n’abazituriye, akaba anashinzwe ishami ryo kubungabunga Parike z’igihugu mu kigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB).
Nk’uko bigaragazwa na raporo ku bukerarugendo yashyizwe ahagaragara mu cyumweru gishize n’ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB), umusaruro uva mu bukerarugendo wiyongereye ku kigereranyo cya 17 ku ijana mu mwaka wa 2012 ugereranije n’umwaka ubanza wa 2011.
Tariki 12/02/2013, mu mujyi wa Ngororero batashye Guest House yubatswe muri gahunda yo gukemura ikibazo cy’amacumbi kubantu bagana akarere, resitora itunganye, inzu y’inama n’ibindi.
Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Kanimba François, yashimye uburyo abayobozi ba Parike y’Akagera bakemura ibibazo abaturage bayituriye baterwaga n’inyamaswa zabahohoteraga zikanabonera imyaka.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Kinigi akarere ka Musanze, bibumbiye mu makoperative akorera mu nyubako y’ubucuruzi ya Kinigi, baravuga parike y’ibirunga igira uruhare mu kubavana mu bukene, bityo bakemeza ko ari amahirwe ataboneka henshi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke burishimira ko muri aka karere hamaze gukorwa ikibuga cy’indege cya Gisakura kandi bukavuga ko iki kibuga kizaba igisubizo ku iterambere ry’ubukerarugendo muri aka karere.
Nyuma y’igihe kirekire itegerejwe, plage mpimbano ya Nyakariba biteganyijwe ko izatahwa ku mugaragaro hagati y’itariki 8-9 Gashyantare 2013. Ibirori byo kuyitaha bizabera rimwe n’igikorwa cyo gutangiza ubukerarugendo na sports mu Kivu.
Ikigo k’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) gifatanyije n’umushinga WCS ushinzwe kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, bakoranye igitaramo cy’ubukangurambaga n’abaturage bo mu murenge wa Butare mu karere ka Rusizi mu rwego rwo kubakangurira kubungabuga iyi Parike.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) gifite gahunda yo gutangiza ubukerarugendo na siporo mu Kivu, hagamijwe gukurura ba mukerarugendo benshi.
Abanyamerika babiri, Joe Mc Donald n’umugore we Ann Mc Donald, baravuga ko kuva mu mwaka wa 2003 basura ingagi byibura inshuro ebyiri mu mwaka, ndetse ngo bakaba bifuza gukomeza kuzisura bakanarenza inshuro 100 dore ko ngo bishoboka cyane.
Inzego zishinzwe kubungabunga parike mu Rwanda, Uganda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuriye mu karere ka Musanze kuva kuri uyu wa 05/12/2012 kugirango bungurane ibitekerezo ku buryo bakemura ibibazo bahura nabyo.
Ababaturage bo mu murenge wa Gihundwe akarere ka Rusizi batangaza ko inyamaswa zitwa inkende zibonera imirima cyane kuko ngo zimaze kuba nyinshi cyane imusozi. Bimwe mu bihingwa izi nyamaswa zona cyane ni ibijumba imyumbati ndetse n’ibindi byerera mu butaka.
Ikibuye cya Shali giherereye mu murenge wa Ngera mu karere ka Nyaruguru, aho akarere ka Nyaruguru gahanira imbibi n’akarere ka Huye, ku muhanda Butare-Akanyaru werekeza i Burundi kivugwaho inkomoko zitandukanye, ariko iz’ingenzi usanga zishingiye ku mwami Ruganzu Ndori.
Umushinga wo gutunganya pariki ya Nyungwe ku buryo abayisura babasha kubona ibiyirimo byose bari mu kirere batabangamiye inyamaswa n’ibimera nyaburanga watsindiye igihembo ku rwego rw’isi mu irushanwa ryateguwe n’ikigo The British Guild of Travel Writers.
Abasirikare bakuru 26 bo mu gihugu cya Botswana bayobowe na Col. Thomamo Makolo basuye ingoro y’umwami Mutara III Rudahingwa iri mu karere ka Nyanza ku gicamunsi cya tariki 26/10/2012.
Ba mu kerarugegendo bagera kuri 80% by’abasura igihugu bose bagera mu karere ka Musanze, bitewe n’ibikorwa bikurura ba mukerarugendo ku rwego rwo hejuru biboneka muri Musanze.
Ikigo kitwa Gazella Safaris kiyemeje gukundisha Abanyarwanda ubukerarugendo cyane cyane urubyiruko, ibyo bikorwa bikaba byaratangirijwe mu karere ka Bugesera.
Abanyarwanda barakangurirwa kwitabira ubukerarugendo bwo gusura inyoni maze bakareba amoko atandukanye ndetse bareba n’ibyiza bitatse u Rwanda.
Sitade umwami Mutara III Rudahigwa yakiniragaho umupira w’amaguru yubatse mu murenge wa Rwinkwavu mu karere ka Kayonza ishobora kugirwa ahantu nyaburanga ikajya inakira imikino ikomeye iramutse itunganyijwe neza.
Ikompanyi yo mu Rwanda ikora ibijyanye no kwita kuri ba mukerarugendo yitwa Thousand Hills Expeditions irabwira ba mukerarugendo bose baza gusura u Rwanda ko intambara ibera muri Kongo itigeze ihungabanya umutekano w’u Rwanda.
Ubuyobozi bwa Parike y’Akagera ku bufatanye n’ubuyobozi bw’imirenge ihana imbibe n’iyo parike n’inzego z’umutekano, basubije muri Parike imbogo 42 zari zimaze igihe gisaga ukwezi ziba hanze ya Parike.