rwanda elections 2013
kigalitoday

Amajyaruguru: Abazahagararira abagore mu nteko ngo bazaharanira kuzamura imibereho myiza y’abaturage

Yanditswe ku itariki ya: 11-09-2013 - Saa: 12:28'
Ibitekerezo ( )

Abakandida 21 biyamamariza kuzahagararira abagore bo mu ntara y’Amajyaruguru mu nteko ishinga amategeko bose bahurije kuzamura imibereho myiza y’abaturage.

Ubwo aba bakandida biyamamazaga mu karere ka Gicumbi tariki 10/09/2013, bagaragarije abantu bagera kuri 2859 bagize inteko zitora mu nzego z’abagore zaturutse mu mirenge itandukanye y’akarere ka Gicumbi ibigwi n’ibyo abiyamamaza babateganiriza mu gihe bazaba bageze mu nteko ishinga amategeko.

Abakandida babanje kwiyereka abaturage.
Abakandida babanje kwiyereka abaturage.

Nk’uko Uwamariya Devota yabigaragaje ngo yifuza kuzazamura imibereho myiza y’abaturage no gufasha abatishoboye.

Kabasinga Chantal yunze mu rya mugenzi we ko nawe azazamura imibereho myiza y’abaturage no gufasha abatishoboye ndetse agasesengura ibibazo no kubishakira umuti urambye.

Abagore bari babukereye baje kumva icyo abo bazatora bazabamarira.
Abagore bari babukereye baje kumva icyo abo bazatora bazabamarira.

Ikindi bagaragaje bazabakorera ni ugukora ubuvugizi ku bibazo byugarije umuryango, guharanira kwigira ku bagore, gushyiraho amategeko yorohereza abihangira imirimo, ireme ry’uburezi, gushyigikira serivisi y’ubuzima.

Hari kandi gukomeza kubumbatira ubumwe bw’Abanyarwanda no kurwanya ihohoterwa aho riva rikagera n’ibindi ari nako basaba amajwi ku girango bazabe bamwe mu bazaba bagize inteko ishinga amategeko.

Ernestine Musanabera



Andi makuru - Amatora y’abadepite 2013

- Abatuye Kinigi ngo bafitanye igihango na FPR-Inkotanyi

- FPR ntiyadusondetse, natwe ntitugomba kuyisondeka - Munyantwali

- Uburasirazuba: Abakandida-depite b’abagore ngo nibatorwa bazaca akarengane n’ihohotera mu miryango

- Gisagara: Kibirizi bemereye abakandida ba FPR kuzayitora 100%

- U Rwanda ni rwiza, muzantore turwuzuzemo ubumuntu no gukorera mu mucyo-Kandida depite Mwenedata

- Ngo PSD nitsinda amatora y’Abadepite izashyiraho banki yihariye yunganira abahinzi n’aborozi

Ibitekerezo

Ohereza igitekerezo
Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.