Umugore yishe ubukwe bw’abageni avuga ko yabyaranye n’umusore

Umugore yatunguranye yinjira mu rusengero ateruye umwana, ubwo pasiteri yiteguraga gusezeranya abageni avuga ko uwo mwana ari uw’umugeni w’umusore babyaranye.

Byabaye ku cyumweru tariki 27 Nzeri 2015, bibbera mu Murenge wa Musaza mu rusengero rw’Abadivantisiti, ubwo abo bageni batifuje ko amazina yabo atangazwa biteguraga gusezerana imbere y’Imana nyuma yo gusezerana mu mategeko.

Pasiteri n'abamwungurije baguye mu kantu babonye umugore yinjiye ashinja umusore witeguye gusezerana ko babyaranye.
Pasiteri n’abamwungurije baguye mu kantu babonye umugore yinjiye ashinja umusore witeguye gusezerana ko babyaranye.

Ubwo isaha yo gusezerana yari igeze Pasiteri yasabye abageni kuza imbere anasaba abantu bitabiriye ibirori ko niba hari umuntu ufitanye akibazo n’umwe mu bageni yabivugira mu ruhame.

Uwo mugore yahise yinjira afashe umwana mu ntoki ajya imbere avuga ko umugabo we (uwo musore) atagomba gusezerana n’undi mugore kuko babyaranye.

Imiryango y’abageni yaguye mu kantu abakuru b’itorero bajya kwiherera biba ngombwa ko bahamagara n’uwo musore bamubaza niba ibyo avugwaho ari ukuri.

Imiryango y'abageni yaguye mu kantu ibonye umugore mu rusengero avuga ko yabyaranye n'umukwe wabo.
Imiryango y’abageni yaguye mu kantu ibonye umugore mu rusengero avuga ko yabyaranye n’umukwe wabo.

Pasiteri John Mugema wari wayoboye uwo umuhango, yabwiye Kigali Today ko babajije mu ruhame rw’abantu uwo ari we wese waba afite ikibazo nk’uko bisanzwe bikorwa nibwo bagiye kubona bakabona uwo mugore yinjiranye n’umwana we.

Yagize ati “Nyuma yo kujya mu cyumba cy’umwiherero ngo tumenye ukuri kubyo uwo mugore avuga twahamagaye n’umukwe ubwe yiyemerera ko ibyo umugore avuga ari byo ko yabyaranye n’uwo mugore avuga ko yamuhaga ibisabwa byose ariko ntiyanyurwa.”

Pasiteri yavuze ko gushyingira byahise bihagarara kuko amategeko atabemerera gushyingira umugabo umwe abagore babiri mu gihe mu ndahiro abageni barahira ubusugi n’ubumanzi.

Ati “Indahiro basinya ni ukuvuga ngo umukobwa nkomeye k’ubusugi bwanjye umuhungu nawe ati nkomeye k’ubumanzi bwanjye kugeza igihe nzakorera imibonano mpuzabitsina nshingiwe, tubanza kubigisha niyo mpamvu abarenze kuri ayo mabwiriza tutabashyingira.”

Nyuma yo kwangirwa gusezererana imbere y’Imana abo bageni bakomereje ibirori byabo muri Reception nyuma bataha mu rugo rwabo birengagije ibyababayeho, mu gihe umugore wabaye nyirabayazana w’isubikwa ry’ibirori yasohowe mu rusengero n’imiryango y’abageni ataha iwe.

Servilien Mutuyimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 36 )

Abadive ni abaswa!

Abadive yanditse ku itariki ya: 30-09-2015  →  Musubize

igihembo cyi icaha ni urupfu kiki se batabiganiriye nu umukunzi

jea’ yanditse ku itariki ya: 30-09-2015  →  Musubize

Neza ubukwe bukaba burapfuye bitewe nuko umugore yazanye umwana,bajye babyitondera hari abantu basigaye babeshya kubi

umutesi yanditse ku itariki ya: 30-09-2015  →  Musubize

erega abagomba gushaka ayindezo apana kumugendana

matilde yanditse ku itariki ya: 30-09-2015  →  Musubize

yewe yeewwe babikoze rwihishwa none bigiye ahagaragara hahaha

serge yanditse ku itariki ya: 30-09-2015  →  Musubize

birababajepe kubyarana ntibivuze kubana gusa uyumugore nawe arihemukiye kdi kubona umugabo bizamugora

lyidie yanditse ku itariki ya: 30-09-2015  →  Musubize

ingaruka z’ibyaha ni ugukorwa n’isoni................

RUSARO yanditse ku itariki ya: 30-09-2015  →  Musubize

Uko niko Imana ishyira k’umugaragaro ibyaha abantu bakorera mubwihisho, bacumura bihishe baziko bitazamenyekana, nibakire ingaruka z’ibyaha byabo, umujyeni mushya yihangane abiguyemo.

Liza yanditse ku itariki ya: 30-09-2015  →  Musubize

umujyeni yahuye n’ingorane koko!! pasiteri atumye abantu bajya kubana atabihaye umugisha bisobanuye ko bagiye kujya bakora ibyaha, nubundi kuba uyu musore yaragiye gusezerana nuyu mujyeni(umukobwa) ntiyari ayobewe ko uwo babyaranye ahali, ni amahitamo yagize, kumahitamo ye rero bagombaga kubiha umugisha ibyuwo bikazakemurwa hanyuma, kuki se atabivuze mbere y’igihe icyo yari agamije ni ukwica ubu bukwe.

Uwase yanditse ku itariki ya: 30-09-2015  →  Musubize

Aba bajyeni rwose baraharenganiye, kuba barabyaranye ntibikuraho ko yasezerana nuwo akunda, bagombaga kubasezeranya ibindi bikazarebwa hanyuma.

Gisele yanditse ku itariki ya: 30-09-2015  →  Musubize

Birababaje, ariko namwe abanyamakuru ntimukice Ikinyarwanda, umugeni w’umusore ntabaho, iyo ari umusore yitwa umukwe, naho umugeni akaba umukobwa.

KANUMA yanditse ku itariki ya: 30-09-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka