Ubwirakabiri bwatumye ukwezi guhinduka nk’amaraso - AMAFOTO

Mu rukerera rwa tariki 28 Nzeri 2015 mu gihugu cy’u Bwongereza ukwezi kwagaragaye kwabaye nk’amaraso benshi barakangarana.

Ku isaha ya saa saba n’iminota icumi nibwo ubwirakwabiri bw’ukwezi bwagaragaye mu kirere cyo mu Bongereza nk’uko ikinyamakuru The Telegraph cyandikirwa muri iki gihugu cyabitangaje.

Kimwe n’ibindi byinshi mu binyamakuru byo mu Bwongereza, The Telegraph cyakomeje kivuga ko abantu benshi muri iki gihugu babyutse bagatangira gufata amafoto y’uku kwezi kwari kwahindutse nk’amaraso ari nako ngo abantu benshi muri iki gihugu bari bakangaranye kuko ubwagiye buba mu myaka yashize bwo batabubonaga.

Iyi foto yafatiwe mu mujyi wa Glastonbury, mu Bwongereza
Iyi foto yafatiwe mu mujyi wa Glastonbury, mu Bwongereza

Si mu bwongereza gusa ibi byagaragaye kuko no mu bihugu byinshi byo ku migabane y’Uburayi na Amerika (Amajyepfo n’Amajyarugur), nka Leta zunze ubumwe za Amerika, Ubufaransa, Ubusuwi, Brezil, Espagne, ndetse na Afurika, ukwezi kwagaragaye kumeze gutyo.

Mu minsi ishize ikigo cyo muri Amerika gishinzwe ibijyanye n’ubumenyi bw’isanzure ry’ikirere n’imibumbe(NASA), cyari cyatangaje ko ubu bwirakabiri bw’ukwezi buteganyijwe kuba mu mpera z’uku kwezi kwa Nzeri 2015.

Bamwe bari bahanuye ko icyo kiri mu bimenyetso by’irangira ry’isi ariko NASA ikavuga ko nta mpamvu yo kugira ubwoba kuko ibi ari ibintu bisanzw bibaho.

Andi mafoto:

Uko ukwezi kwari kumeze i Rio de Janeiro muri Brazil
Uko ukwezi kwari kumeze i Rio de Janeiro muri Brazil
Mu mujyi wa Kansas, muri USA
Mu mujyi wa Kansas, muri USA
 California muri USA
California muri USA
I Paris mu Bufaransa hafi y'umunara wa Eiffel
I Paris mu Bufaransa hafi y’umunara wa Eiffel
London,mu Bwongereza
London,mu Bwongereza
Ifoto yafatiwe i Buenos Aires, muri Argentina
Ifoto yafatiwe i Buenos Aires, muri Argentina
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 14 )

bene data tureke gukerentsa ubutumwa bw’imana tuvuga ngo niko byahoze nibyiza cyane kwihana kuruta gucunga ibimenyetso kuko nyir’ibihe byose azadutungura ngaho musome MATAYO;7:12_2M

jluc yanditse ku itariki ya: 20-02-2016  →  Musubize

ibimenyesyo. Byiperuka.Umwami.Mana arihafi!Ese. Uriteguye???.Isubize.

pacific yanditse ku itariki ya: 7-01-2016  →  Musubize

NTAKIZABA KIDAHEREKEJWE N’IBIMENYETSO’’385’’MU GUSHIMISHA IMANA.IBYAREMWE UKO BINGANA BYITEZE IMPANDA YE.

ALPHONSE NSABIMANA yanditse ku itariki ya: 10-10-2015  →  Musubize

ntawe uzi umunsi umwana w’umuntu azazira

alias yanditse ku itariki ya: 8-10-2015  →  Musubize

Apotre yavuze ukuri, none byabinyamakuru byahinduye inkuru byihutiye kwandika ngo science....... ese muzi ko science igengwa n’Imana? Yesu amaze kubambwa ntimuzi ko habaye ubwira kabiri, mubyumve cyangwe mubireke Iki nikimenyetso kigaragaza ko hazaba icyo ntazi. Gitwaza ukomeze utubwire abumva bazumva abatumva bareke. Yona yanze kubwira abi NINEWI urufi ruramumira, none wewe uratubwira tukavuga nkigihe cya NOWA nga Imvura izavahe? byenda ibashinzwe iteganya gihe baribatarahaba. Umukozi w’Imana warakoze cyane, ese kuki itegenya gihe ritabigaragaje mbere.

elias yanditse ku itariki ya: 29-09-2015  →  Musubize

Respect To Kigali Today

Lil Chris Hardman yanditse ku itariki ya: 28-09-2015  →  Musubize

nta wamenya ntitugahakane wasanga izaba gusa bikaba ari integuza .NOA ntiyapinzwe gake.

isaac yanditse ku itariki ya: 28-09-2015  →  Musubize

Ibibyose gitwaza yara bivuze guza nyabuna muzamwitonda kumukozi wimana.

k yanditse ku itariki ya: 28-09-2015  →  Musubize

Abbbbb ibi byose umukozi wimana yaryarabivuze apotre poul gitwaza urintumwa yimana!

k yanditse ku itariki ya: 28-09-2015  →  Musubize

mucyo bambwirire rwose, ijuru turirimo tayali namwe muracyategereje.

KARERE yanditse ku itariki ya: 28-09-2015  →  Musubize

Haaahaaahhh ubundi se niki kibabwira ko tutagiye, abari mw’ijuru bakaba barimo, n’abari mumuriro bakaba barimo....

Mucyo yanditse ku itariki ya: 28-09-2015  →  Musubize

ninde se ubundi wari wavuze imperuka? abantu bazi guhimba, Apotre Gitwaza ntiyavuze imperuka yahuje bibliya na science
mutangira kumubeshyera, abantu musebya abakozi b’Imana mwagiye mugira aho mugarukiriza koko

odette yanditse ku itariki ya: 28-09-2015  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka